Inyigisho: Igihugu kizasakarwamo n’ubumenyi bw’Uhoraho

Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 1 cya Adiventi,

4 Ukuboza 2012 

AMASOMO: 1º. Iz 11, 1-10; 2º. Lk 10, 21-24

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Igihugu kizasakarwamo n’ubumenyi bw’Uhoraho

Dutangiye gutegura ihimbaza ry’amaza ya Nyagasani. Uwo Mukiza naza, isi izasagwa n’ibyishimo kuko azaba azanye umwuka mushya mu biremwa byose. Nta we uzongera kugira nabi. Ituze n’amahoro bizasakara mu biremwa byose.

Uwo Mukiza, azazanira isi impumeko nziza. Isi izuzura umwuka w’ubuhanga n’ubushishozi, umwuka w’ubujyanama n’uw’ubudacogora, umwuka w’ubumenyi n’uw’ukubaha Imana n’uwo gutinya Uhoraho. Azakwiza atyo ingabire za ngombwa ku isi. Isi izavugururwa ibe nshya. Buri muntu azamenya igikwiye. Nta we uzongera guca imanza akurikije amarangamutima ye. Nta we uzagendera ku gihagararo cyangwa ku bigaragara inyuma gusa. Bose bazagendera mu KURI. Ibyo bizaba ryari? Igihe wiyemeje kwakira, kwemera no gukunda YEZU KRISTU. Icyo ni igisubizo cyihuse.

Inyigisho: Nimuze tugendere mu rumuri rw’Uhoraho

Inyigisho yo ku wa 1 w’icyumweru cya 1 cya Adiventi,

3 Ukuboza 2012 

AMASOMO: 1º. Iz 2, 1-5, 2º. Mt 8, 5-11

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Nimuze tugendere mu rumuri rw’Uhoraho 

Kwitabira ubwo butumire, ni ko kwitegura neza ukuza kwa Nyagasani YEZU. Gukururwa n’iryo jwi riduhamagara, ni ko kwibonera neza uko YEZU KRISTU akiza. Abamwemeye yarabakijije. Yabacengejemo urumuri rwe maze amashagaga y’ubugome abakamukamo. Umukiza yasezeranyije umuryango wa Israheli kuza kubamurikira maze ibikorwa byose by’umwijima bikarangira. Abarwanaga bagatuza, ibirwanisho bigacurwamo ibikoresho bifite akamaro. Ivanjili yatweretse umutegeka w’abasirikare wemeye ububasha bwa YEZU bukamanukira ku mugaragu we agakira. Iyo vanjili ihuye neza n’isomo rya mbere kuko ibyo Nyagasani yasezeranye bizazanira amahoro isi, byigaragaje muri umwe mu bafite uruhare mu kurwanira ayo mahoro. Kwemera ububasha bwa YEZU bituma bumva kurwanira amahoro ku buryo bushya. Ni ikimenyetso cy’uko abantu bose nta kurobanura, ibyo baba bakora byose, bashobora gupfukamira YEZU KRISTU bakibonera ikuzo rye.

Inyigisho: Mwifate ku buryo bushimisha Imana

Inyigisho yo ku cyumweru cya 1 cya Adiventi, Umwaka C

Ku ya 2 UKUBOZA 2012 

AMASOMO: 1º. Yer 33, 14-16;  2º. 1 Tes 3,12-13; 4, 1-2; 3º. Lk 21, 25-28.34-36

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Mwifate ku buryo bushimisha Imana

1.Adiventi: igihe cya kera n’igihe cya none

Adiventi ni igihe dutegereje iyuzuzwa ry’amasezerano Imana yagiranye n’umuryango wayo. Umuryango wa Israheli wamaze imyaka n’akaka utegereje. Adiventi ni igihe kidushushanyiriza uko gutegereza. Kuri twebwe aba-KRISTU bo mu kinyejena cya 21 Amasezerano yujujwe, natwe imvugo y’aba kera yo gutegereza ni yo tugenderaho. Natwe turategereje. Dutegereje ko YEZU agaruka. Mu Isezerano rya Kera bahoraga bategereje ukuza kwe mu isi. None twe twemera ko yaje koko mu myaka ibihumbi bibiri n’imisago ishize, dutegereje ko azagaruka. Isezerano rya kera ni ugutegereza. N’Isezerano Rishya, ni ugutegereza. Ubusobanuzi bwa gihanga mu byitwa Tewolojiya, bufite amagambo menshi cyane kandi akomeye kumva yo gusobanura ko ngo yaje kandi ataraza.

Inyigisho: Mube maso kandi musenge

Inyigisho yo ku wa gatandatu w’icyumweru cya 34 B gisanzwe,

Ku ya 1 Ukuboza 2012 

AMASOMO: 1º. Hish 22, 1-7; 2º. Lk 21, 34-36

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Mube maso kandi musenge

Iyi ni intego y’uwa KRISTU wese uri ku isi. YEZU ashoje inyigisho zose yaduhaye muri uyu mwaka wa Liturujiya B adushishikariza kuba maso no gusenga. Gusenga no kuba maso birajyana. Iyo usenga utari maso ntibikubuza kubikirwa (gutungurwa) na Sekibi. Kuba maso ni ukutaba umwasama cyangwa indangare. Kuba maso, ni ukwirinda ubujiji n’ubwangwe byatuma uhagarara mu isi ya none umeze nk’igitambambuga cyangwa igisekera mwanzi. Gusenga bituma tugenda dukura mu gihagararo gikristu ku buryo tumenya gutandukanya icyatsi n’ururo. Twirinda guhendwa ubwenge no guhabwa uburozi na Sekibi ihora ishaka kudutsindagira ibyakatsi itubeshya ngo ni uburo. Ihora ishaka kudutamika amasaka amasakaramentu akaturumbira.