Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 1 cya Adiventi,
4 Ukuboza 2012
AMASOMO: 1º. Iz 11, 1-10; 2º. Lk 10, 21-24
Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA
Igihugu kizasakarwamo n’ubumenyi bw’Uhoraho
Dutangiye gutegura ihimbaza ry’amaza ya Nyagasani. Uwo Mukiza naza, isi izasagwa n’ibyishimo kuko azaba azanye umwuka mushya mu biremwa byose. Nta we uzongera kugira nabi. Ituze n’amahoro bizasakara mu biremwa byose.
Uwo Mukiza, azazanira isi impumeko nziza. Isi izuzura umwuka w’ubuhanga n’ubushishozi, umwuka w’ubujyanama n’uw’ubudacogora, umwuka w’ubumenyi n’uw’ukubaha Imana n’uwo gutinya Uhoraho. Azakwiza atyo ingabire za ngombwa ku isi. Isi izavugururwa ibe nshya. Buri muntu azamenya igikwiye. Nta we uzongera guca imanza akurikije amarangamutima ye. Nta we uzagendera ku gihagararo cyangwa ku bigaragara inyuma gusa. Bose bazagendera mu KURI. Ibyo bizaba ryari? Igihe wiyemeje kwakira, kwemera no gukunda YEZU KRISTU. Icyo ni igisubizo cyihuse.