Inyigisho: Nzabagira abarobyi b’abantu

Ku wa 30 Ugushyingo 2012:

Mutagatifu Andereya Intumwa 

AMASOMO: 1º. Rom 10, 9-18; 2º. Mt 4, 18-22
Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA 

Nzabagira abarobyi b’abantu

Uyu ni umunsi mukuru wa Mutagatifu Andereya intumwa. We na mukuru we Petero, bemeye gusiga imirimo yabo bakurikira YEZU KRISTU. Bisa n’aho bidutangaza cyane kubona abantu biberagaho mu buzima busanzwe nta bundi bumenyi bundi YEZU abahamagara bagahita bamukurikira. Ni ikimenyetso gikomeye cy’imibereho y’ukuri kandi yoroshya. N’ubundi abiyoroshya ni bo bihutira kwakira amabanga y’Imana. Abirata n’abiyemera bagorwa no guca bugufi no kwemera ibyo ubwenge bwabo budapfa gushyikira.

Inyigisho: Iraridutse! Iraridutse Babiloni

Inyigisho yo ku wa kane w’icyumweru cya 34 B gisanzwe,

Ku wa 29 Ugushyingo 2012 

AMASOMO: 1º. Hish 18, 1-2.21-23; 19, 1-3.9a;  2º. Lk 21, 20-28

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Iraridutse! Iraridutse Babiloni 

Ari mu isomo rya mbere ari no mu Ivanjili, duhawe ubutumwa bukakaye. Ibivugwamo byose byadutera ubwoba turamutse tugarukiye ku bimenyetso by’inyuma bikarishye. Imidugararo, Ibiza n’isenyuka ry’umurwa biduteye kwibaza. Nyamara ariko ibyo bimenyetso byose bivugwa bihishe ibyishimo bitagereranywa.

None se twabuzwa n’iki kwishima tubonye isenyuka rya Babiloni. Babiloni iyo,

Inyigisho: Ibyo bizatuma mumbera abagabo

Inyigisho yo ku wa gatatu w’icyumweru cya 34 B gisanzwe,

Ku wa 28 Ugushyingo 2012

AMASOMO: 1º. Hish 15, 1-4

2º. Lk 21, 12-19

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Ibyo bizatuma mumbera abagabo 

Inyigisho zose twahawe muri uyu mwaka wa Liturujiya turimo dusoza, zose zatwemeje Ukuri kuzuye kwa YEZU KRISTU. Twemeye ko ari We Mugenga w’ubuzima bwacu. Ni We Mwami wacu. Ni We usumba byose na bose. Ni We wadukunze koko kuko yemeye kudupfira. URUPFU n’IZUKA bye byabaye isoko y’imibereho mishya. Isi yose yahumetse umwuka mushya maze amateka yayo atangira no kugendera kuri icyo gikorwa gihanitse cyaducunguye.

Ahasigaye rero, kuko twemeye YEZU KRISTU, ni ukwemeza n’abandi. Kwemera ntibihagije kugira ngo isi ikire. Icy’ingenzi ni ukwemera n’ukwemeza. Kwemeza abandi UKURI kwa YEZU KRISTU ni ko kumubera abagabo. Ni ko guhamiriza bose na hose ibyo yezu yadukoreye. Kuba umuhamya wa YEZU KRISTU mu isi, si ukwiberaho mu buzima bworoshye, si uguhunga ingorane. Tuzi neza ko isi yandujwe n’icyaha cy’inkomoko. Kuva byagenda bityo, ntiyigeze yorohera uwaje kuyicungura. Ni yo mpamvu YEZU KRISTU yabambwe ku musaraba.

Inyigisho: Nta buye rizasigara rigeretse ku rindi

 Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 34 B gisanzwe,

Ku wa 27 Ugushyingo 2012 

AMASOMO: 1º. Hish 14, 14-19;  2º. Lk 21, 5-11 

Inyigisho muteguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Nta buye rizasigara rigeretse ku rindi

Tujya duhura n’abantu bahuragura amagambo bakwiza inyigisho z’impimbano zivuga ko isi igiye gushira. Iyo zadutse abantu benshi basa n’abava mu byabo bagatangira kubunza imitima. Kuki babunza imitima? Bibwira se ko ubundi ibyo babona bizahoraho cyangwa bazahora babireba? Isi n’ijuru bizashira, ariko Ijambo rya YEZU KRISTU rizahoraho kandi rizuzuzwa.

Muri aka kanya, dutekereze kuri bariya bantu b’i Yeruzalemu bari batuye ibintu by’agatangaza mu ngoro maze bagafata umwanya bayitangarira ngo ni akataraboneka. Bakururwaga n’ubwiza bw’amabuye yari atatse ingoro nyamara baranze kumva Nyirayo. YEZU KRISTU yaboneyeho kubabwira ko ibyo barangariye bidafite ireme rihoraho. Ni nk’aho yababwiye ko Imana ubwayo ibarimo ariko nyamara ntibayitangarire. Ni nk’aho yababwiye ko banze kumva inyigisho yabagejejeho zigamije kubageza mu buzima buhoraho bakarangazwa n’iyo nzu izasenyuka umunsi umwe. Natwe ni uko, ubu aratwigishije: ntidukwiye guharanira ibintu by’inyuma n’ubwiza bwabyo. Icy’ingenzi ni ugushakashaka ibyagirira akamaro roho zacu. Rimwe na rimwe mu bukristu bwacu twita ku mihango ya liturujiya n’ibikoresho byayo ariko nta mutima ugororokeye YEZU KRISTU dufite. Hari ubwo dushengerera amajyambere n’ikoranabuhanga tugezeho ariko tutemera UKURI k’Uwatwitangiye ku musaraba. Tuba duta igihe kuko ibyo byose bisenyuka iyo tubikorana urukundo rutari rwo. Ni ngombwa kwisuzuma rero.

Mbere y’uko isaha yo gusarura igera, nk’uko twabibwiwe mu isomo rya mbere, twihatire kugororokera YEZU KRISTU. Icyo gihe kizagera byanze bikunze n’ubwo nyine nta burenganzira dufite bwo gukwiza ibihuha cyangwa ubuyobe ku byerekeye ishira ry’isi. Twihatire gutunganya ibyo YEZU atubwira, tuzagira iby’ishimo by’ab’ijuru mu gihe tugitegereje kuritahana ishema n’isheja. Duhore tumuririmbira indirimbo nshya ari na ko twiyambura muntu w’igisazira. 

YEZU KRISTU AKUZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA UTABARA ABAKRISTU ADUHAKIRWE