Inyigisho ku ya 2 Ugushyingo: Uyu mubiri wagenewe kubora uzagezwa ku bidashanguka

Ku ya 2 Ugushyingo: Umunsi wo gusabira abapfuye

AMASOMO: 1º.2 Mak 12, 43-45; 2º.1 Kor 15, 51-57

3º. Yh 6, 51-58 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Uyu mubiri wagenewe kubora uzagezwa ku budashanguka 

Nyuma yo guhimbazanya ibyishimo byinshi Umunsi Mukuru w’ABATAGATIFU BOSE, uyu munsi turasabira abapfuye bose. Abo dusabira, ni abari muri Purugatori. Purugatori iyo, ni uburyo roho z’abapfuye zibabazwa cyane n’uko kugera mu ijuru bidahise bishoboka. Abamenye YEZU KRISTU twifuza kuzajya mu ijuru aho yagiye kudutegurira umwanya. Twagombye gupfa duhita twinjira mu ijuru. Ibyo akenshi ntibikunda kubera uburangare bwacu. Iyo tugize amahirwe yo kunyura mu isukuriro, duhorana icyizere cy’uko umunsi tuzajyanwa mu ijuru uzashyira ukagera. Uku ni ukuri: ntituzapfa buheriheri. Imibiri yacu izahindurwa ukundi muri Nyagasani. Ntitugomba guheranwa n’agahinda ko kuzapfa. 

Uyu munsi si uw’imibabaro n’agahinda dutewe n’uko abavandimwe bacu tutongeye kubabona. Bagiye tubakunze, none duhorana imiborogo y’uko batakiri kuri iyi si. Iyo duheze muri iyo mibabaro, tuba tugaragaje ko igipimo cy’ukwemera kwacu ari kigufi cyane. Uyu ni umunsi wo gusabira abapfuye bose. Nk’uko twabivuze, dusabira roho zo muri Purugatori bikazigirira akamaro. Ese tubwirwa n’iki ko uwacu wapfuye ari muri Purugatori? 

Icyo ni ikibazo tudashobora gusubiza. Icyo tuzi cyo kandi cy’ukuri, ni uko mu bapfuye bose, bamwe muri bo bari mu ijuru, abandi bari muri Purugatori hakaba n’abari mu muriro utazima. Ntidushobora guca urubanza iyo umuntu apfuye. Ntidushobora kumenya niba kanaka wapfuye ari mu muriro, muri Purugatori cyangwa mu ijuru. Ibyo bimenywa gusa n’ab’ijuru. Cyakora na none, tuzi neza ko abari mu muriro utazima bamerewe nabi kandi bazabaho iteka ryose muri iyo mibereho mibi. Bazahora barira kandi bahekenya amenyo ubuziraherezo. Ibyo YEZU ubwe abitubwira mu ivanjili. Avuga yeruye ko hariho abazajya mu muriro utazima. Hamwe mu hadufasha kubyumva ni mu Ivanjili yanditswe na Matayo 25, 31-46 aho YEZU avuga ibyerekeye urubanza rw’imperuka. Purugatori yo, ni isukuriro ariko ritabuze ububabare bujyana na ryo. Dufite ubuhamya bwinshi kandi bwemewe na Kiliziya. Ubwo buhamya ni ubwo Bikira Mariya yagiye yereka benshi mu bo yagiye abonekera. Hari abo yeretse uko mu muriro w’iteka hateye. Byabateye ubwoba. Hari abo yeretse Purugatori ndetse abereka mu marenga ijuru. Yariberetse mu marenga kuko nta n’umwe wigeze akandagiramo kuko bari bakiri ku isi. Mu mwaka wa 1917, ubwo Bikira Mariya yabonekeraga abana b’i Fatima muri Portugal, Lusiya yamubajije amakuru ya bagenzi be bari bamaze igihe bitabye Imana. Yamubwiye ko umwe yageze mu ijuru hanyuma ariko amubwira ko undi (umukobwa w’imyaka nka 20 wari amaze igihe apfuye) azaguma muri Purugatoli kugeza igihe isi izashirira! 

Ntidukwiye kwigira indangare. Ayo mabanga yose y’ijuru, Purugatori ndetse n’Umuriro utazima turayazi. Twarayahishuriwe mu Byanditswe Bitagatifu. Icyo dukwiye guhugukira ni ugukomera ku ibanga rizatugeza mu ijuru ari ryo kwemera no gukunda YEZU KRISTU. Abari muri Purugatori na bo tugomba guhora tubasabira kugira ngo badohorerwe ububabare babone Imana bidatinze. Abari mu muriro bo, nta cyo twabavugaho kuko ibyabo byarangiye. Dufashanye gutsinda ikintu cyose cyatworeka mu muriro utazima. Tuzakomeza muri uku kwezi kose gusabira roho zo muri Purugatori. 

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU MITIMA YACU

BIKIRA MARIYA UGIRA IBAMBE ADUHAKIRWE. 

Inyigisho ku munsi mukuru w’Abatagatifu bose: Nitwishimire twese muri Nyagasani

Ku ya 1 Ugushyingo: Umunsi mukuru w’Abatagatifu bose 

AMASOMO: 1º.Hish 7, 2-4.9-14

2º.1 Yh 3, 1-3

3º. Mt 5, 1-12ª 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Nitwishimire twese muri Nyagasani 

Umunsi Mukuru w’ABATAGATIFU BOSE uhimbazwa ahantu henshi mu byishimo bikomeye. Bategura liturujiya ku buryo bw’ibirori bihanitse. Kuri uyu munsi, nkunda iyo turirimba tuti: “Nitwishimire twese muri Nyagasani, dukore umunsi w’ibirori byo gusingiza Abatagatifu bose, ari bo abamalayika bishimiye umunsi mukuru, bagasingiriza hamwe umwana w’Imana…”. Ibyo byishimo bifite ishingiro kubera izi mpamvu zikurikira. 

1. Bageze mu ijuru 

N’ubwo iyo tukiri ku isi, ibyerekeye ijuru dusa n’aho tutabyumva, iyo umuntu apfuye, amaso arahumuka akabona ikuzo ryari rimutegereje yagombaga guharanira iminsi yose y’ukubaho kwe. Dukurikije ibisobanuro byagiye bitangwa na YEZU KRISTU ubwe n’ibyo Bikira Mariya agenda yibutsa abo abonekera, nta muntu uva kuri iyi si ngo yifuze kugaruka mu mubiri. Umwe mu bo Bikira Mariya yabonekeye mu Rwanda, twigeze kuganira nagiye i Kibeho, ambwira ko beretswe ibyiza bihebuje ku buryo bahora bifuza kubibona ubuziraherezo. Ubuhamya bwose dufite ku ngingo yerekeye ijuru, bwose butumenyesha ko mu ijuru ari heza cyane. Ni ibyishimo bidashira. 

Kuri twebwe, gukora umunsi w’ibirori dusingiza ABATAGATIFU BOSE, ni n’uburyo natwe duhabwa kugira ngo twikomezemo inyota yo kuzagera aho bageze. Ibyo Yohani atubwira yeretswe, ni ukuri gushushanya ibyiza by’ijuru bidutegereje. Ababigezemo ari bo abatagatifu twishimiye, nta kindi batwifuriza usibye kuzagerayo natwe umunsi twarangije ubuzima bwacu hano ku isi. 

2. Batsinze urugamba 

Kuba ku isi kandi ushaka kuganisha ubuzima bwawe mu ijuru, ntibyoroshye. Twishimira ko bakuru bacu batsinze isi n’ibyo ishukisha byose. Kuba baratsinze kandi bari abantu nkatwe, ni ikimenyetso cy’uko natwe dushobora gutsinda. Hari igihe ubuhamya bwabo dusa n’ababuhindura impfabusa iyo abatwigisha cyangwa abayobozi bacu ba roho batugira inama yo kurebera urugero ku mutagatifu runaka. Akenshi turasubiza ngo: “Kanaka uwo we, yari umutagatifu. Ibyo umbwira sinabishobora kuko ntari umutagatifu nka we!”.

Ibyo ni ukwibeshya cyane. Imana Data Ushobora byose, ntabo yereka inzira y’ubutagatifu ngo igire abandi iyihisha. Ntibera. Twese iduha amahirwe yo kugera ku butagatifu. None se Ivanjili abatagatifu basomaga, si yo natwe dusoma? Urufunguzo rwo gutsinda nka bo, ni ukwiyoroshya no kwemera kuyoborwa n’Ivanjili aho gukurikira ibitekerezo binyuranye bigwiriye muri iyi si. Batsinze urugamba igihe bemeraga gukunda YEZU KRISTU kuruta byose na bose. Batsinze igihe bemeraga kubamba imibiri yabo n’ingeso mbi zayo ndetse n’irari. Baratsinze karahava ubwo bahoraga bashaka gusukura imitima yabo kugira ngo icye maze bazabone Imana. Inzira banyuzemo, ni iy’ingingo nterahirwe. Inzira z’isi y’umwijima barazanze maze baratsinda karahava. Ubu bataramiye Nyir’ubutagatifu ubuziraherezo. Uko batsinze natwe tuzatsinda nitwemera gukunda nk’uko bakunze. 

3. Batwereka isoko y’URUKUNDO 

Abatagatifu duhimbaza bakunze n’umutima wabo ibi bikurikira bibabera isoko idakama y’URUKUNDO, UBUZIMA n’ UBUTAGATIFU. 

1º. Gukunda YEZU KRISTU mbere ya byose 

YEZU KRISTU, ni We Soko y’URUKUNDO. Ahatari URUKUNDO hari Sekibi. Aho banga kwakira YEZU ubazaniye URUKUNDO, bagendererwa n’Umushukanyi akazabarindimurira mu muriro utazima. Abantu bose tuzi babaye abatagatifu, nta n’umwe utari ufite ubucuti bwihariye na YEZU KRISTU. YEZU KRISTU ni We nshuti ye ya mbere. Ni We aratira abo baziranye bose. Nta we ushobora kuza yitwaje amanyanga y’isi ngo amutandukanye na YEZU KRISTU. 

Mu kuba indatsimburwa mu gukunda YEZU KRISTU, abatagatifu batubereye ishuri nyakuri ry’ubuzima. Buri muntu wese yabona umutagatifu wegereye ubuzima bwe yitonze agakunda gusoma ubuzima bw’abatagatifu. Abana bafite ishuri ry’ubutagatifu mu batagatifu bakomeye kuri YEZU bakiri abana: nk’abatagatifu TARISISI, DOMINIKO SAVIYO, MARIYA GORETI, KIZITO n’abandi. Abantu b’urubyiruko na bo bashobora kugera ku ishuri ry’URUKUNDO banyuze ku batagatifu bunze ubumwe na KRISTU mu bujene bwabo: nk’abatagatifu TEREZA W’UMWANA YEZU, GEMA GALGANI, ALOYIZI GONZAGA n’abandi. Abantu bakuru na bo bafite abatagatifu bakwigiraho. Abari mu ngorane zinyuranye, bafite bene wabo babaye mu mage aremereye ariko ntibigera bitandukanya n’URUKUNDO YEZU KRISTU yadutoje. Hari ababayeho batotezwa, abaranzwe n’uburwayi bubababaza cyane, ariko ntibigera bitandukanya n’IJURU ahubwo imibabaro yabo ikababera ituro ryo guhongerera ibyaha no gusabira roho zikiri mu bubabare bwo muri Purugatori. Abashakanye bagiye bahemukirwa ariko bakababarira abagabo babo cyangwa abagore babo mu izina rya KRISTU, na bo babereye ishuri rihanitse abari kuri iyi si bababazwa. Abantu batari bake bakunze kwiyambaza Mutagatifu RITA utarigeze atandukana n’URUKUNDO mu gihe yatotezwaga n’umugabo we n’umuryango we wose. 

2º. Gukunda UKARISITIYA 

URUKUNDO rwa YEZU tuvuga ko ari rwo ruzatugeza mu ijuru, si amagambo. Hari isakaramentu riruranga. Isakaramentu mu buryo bw’ikimenyetso. Ukarisitiya ni isakaramentu (ikirango, ikimenyetso gihanitse) ry’ukwemera kwacu. Nta mutagatifu n’umwe utarakundaga UKARISITIYA. Bagiraga inyota ya misa ya buri munsi no guhabwa YEZU buri munsi. Urukundo dufitiye UKARISITIYA mu misa ntagatifu, ni kimwe mu bimenyetso biranga ubutagatifu. 

Uburyo mpimbaza misa, uburyo nyiha umwanya w’ibanze mu byo nshinzwe byose, ni bwo bunyegereza YEZU KRISTU akantagatifuza iyo nitoza guhuza ubuyoboke bw’inyuma n’umutima ukunda YEZU. Iyo nkunda iby’isi kurusha uko nkunda iby’ijuru ndonkera muri UKURISITIYA, mba ndi mu nzira y’ubuyobe. Urubyiruko rwabatijwe, nyamara buri mpera z’icyumweru rugashidukira gusahinda mu tubyiniro no kurangara mu biteye isoni, ntirushobora kwirata ngo ruzi inzira y’abatagatifu. Gukunda abantu n’iby’isi kuruta YEZU KRISTU, ni ukuyoba bikabije. Abatagatifu batwigisha uko bakunda. 

3º. Gukunda abantu 

Nta mutagatifu tuzi waranzwe n’urwango no kwihorera. Ukarisitiya bahabwaga yatumaga bunga ubumwe na KRISTU kuburyo bagendera mu RUKUNDO rwe. Nta mutagatifu waranzwe n’irondakoko rishingiye ku bwoko, ku karere cyangwa ku ruhu rw’umubiri. Bafashije abantu kwivugurura no kumenya gukoresha neza iby’isi. Icya mbere bashyize imbere, si ibikorwa bigaragarira amaso. Bihatiye kunga ubumwe na KRISTU, maze ibikorwa by’urukundo bigaragara biza nk’imbuto yeze ku giti cyiza cy’URUKUNDO rwa KRISTU nyine. Twe dushobora kugira igishuko cyo guhinda mu by’isi, ntibigire icyo bitugezaho, ntibigirire akamaro isi kuko tuba tubikoranye umutima umeze nk’urutete kuko utakira URUKUNDO rwa KRISTU. Ibikorwa nk’ibyo bigandiyemo ubuyobe biratunaniza tukazagwa buguni. Icyo uwabatijwe akwiye kwitoza, ni ugukunda YEZU KRISTU mbere ya mbyose, kurebera byose ku batagatifu no kubakunda. 

4º. Gukunda abatagatifu 

Abagororokeye Imana Data Ushoborabyose bose, bashimishwaga n’ubutagatifu bw’abantu bumvaga babayeho mbere yabo barangwa n’umushyikirano mwiza n’ab’ijuru. Abantu babaye kuri iyi bakadusigira umurage mwiza w’ijuru, usanga bose barakunze gusoma Ivanjili bakayizirikana kandi bakihatira gukurikiza urugero basibiwe na bakuru babo banditswe mu bitabo by’abatagatifu. 

Dukwiye kuyobora ku ishuri ry’UBUZIMA abana, urubyiruko n’abandi bose duhura. Iryo ni ryo shuri ry’UBUTAGATIFU, ni ryo shuri ry’URUKUNDO RWA YEZU KRISTU. Hamwe na bo tuzishimira gutaramira Nyagasani IMANA yacu ubuziraherezo nk’uko amagambo y’iyi ndirimbo abiducengezamo: “Intungane, nimuvugirize Uhoraho impundu, imitima iboneye, ibereye ibisingizo bye…Hubahwe Data na Mwana na Roho Mutagatifu, nk’uko bisanzwe iteka bubahwe n’ubu n’iteka ryose, Amina”. 

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU MITIMA YACU

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA UMWAMIKAZI W’ABATAGATIFU BOSE ADUSABIRE.

Inyigisho: Koko abantu bakeya ni bo bazarokoka?

Ku wa gatatu w’icyumweru cya 30 gisanzwe B,

31 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 6,1-9 ; 2º.Lk 13,22-30

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Koko abantu bakeya ni bo bazarokoka? 

Akenshi iyo YEZU yamaraga kwigisha, hari ubwo bamwe batinyukaga bakamubaza ibibazo. Hari ibyo bamubazaga bamwinja cyangwa bamutega imitego. Hari n’abandi bamubazaga ariko bahangayikishijwe no kumenya neza icyo bakora kugira ngo bakurikize inyigisho yatangaga. Hari uwigeze kumubaza icyo yakora kugira ngo azagire umwanya mu Bugingo bw’iteka. Hari n’uyu wamubajije abazarokoka iyi si uko bangaña. Ni bakeya? Cyangwa ni benshi? Iki kibazo gikunze kujyana n’ibindi byinshi by’amatsiko: dushaka kumenya mu by’ukuri niba ijuru ribaho, uko riteye n’ibindi n’abazaryinjiramo. Twibaza niba Purugatori ibaho n’uko ikora. Twibaza kandi n’ibijyanye n’umuriro w’iteka. Ibyo byose ni ibibazo by’amatsiko byerekana ko muntu aho ava akagera atazi neza ibimutegereje mu maherezo y’ubuzima bwe. 

Uburyo YEZU yahisemo kugira ngo asubize ikibazo cyo kumenya uko abazarokoka imirunga yo kuri iyi si bangana, yahisemo gusobanura ku mugaragaro ko aho abantu bagomba kwinjirira ari mu muryango ufunganye. Yanasobanuye ko abenshi bazashaka kwinjira ariko boye kubishobora! Icyo gisubizo gihatse ibisobanuro byinshi. Gishobora no gutuma dukebuka impande n’impande kugira ngo turebe ukuntu umuryango ufunganye utugora. Hari n’aho YEZU yavuze ko inzira ijyana mu ijuru ari inzira ifunganye kandi ko bikomereye abakungu kuyinyuramo. Ngo inzira ijyana mu nyenga ni ya yindi ya gihogera ijyana mu cyorezo. Aho huzuyemo ibisobanuro bihagije ku kibazo natwe twibaza. 

Aho kwibaza byinshi, dukwiye kwihatira kunyura mu nzira ifunganye. Iyo nzira isobanura ko dukora ibishimisha Imana kabone n’aho kamere yacu yaba idukuruza ibindi bishashagirana. Kwemera kunyura aho Nyagasani akwerekeza, ugahunga aho Mushukanyi akoshya kujya, nguko kunyura mu nzira ifunganye. Ni kimwe no kwemera gutotezwa uzira YEZU KRISTU. Ngiryo ibanga ritwinjiza mu ijuru. Nguwo umutsindo wagaragajwe n’abavandimwe bacu babaye abatagatifu banyura Imana uko ibihe byagiye bisimburana. Kwidagadura ku isi bizasozwa no guhekenya amenyo mu muriro w’iteka mu gihe tubaho dusuzugura Imana Data Ushoborabyose. Umuntu wese wiyumvisha icyo ijuru ari cyo akwiye gukora uko ashoboye kugira ngo afashe benshi kuryinjiramo. Igihe abona bimunaniye kuko abo babana n’abo abona banangiye, niyizirike ku isengesho ahore aririra izo ngorwa zishimye none maze ejo zikazashengurwa n’umuriro utazima cyangwa n’ububabare bwo muri Purugatori. Niyifatanye na YEZU wababaye. Imibabaro ye ifasha cyane roho zo muri Purugatori. 

Nimucyo dusabe uyu munsi ingabire yo kumvira Imana Data Ushoborabyose, dushingire ubuzima bwacu kuri YEZU KRISTU kandi tworohere Roho Mutagatifu atuyobore. Aho bumvira Imana mbere ya byose ntibarangwa no kumvirana cyangwa kuvangirana hagati yabo. Urugo YEZU KRISTU yahawemo icyicaro cy’ibanze, ntirushengurwa n’ugushihana hagati y’umugabo n’umugore, hagati y’abana n’ababyeyi. Ababyeyi nibihatire kumvira Roho Mutagatifu muri byose, maze iyo nzira bayitoze n’abo bibarutse. Abantu bakuru bafite abo bashinzwe, nibabayoborane umutima wa YEZU KRISTU na MARIYA, umutima utuza kandi ukoroshya. Ni byo Ushoborabyose yatwibukije yifashishije Pawulo Intumwa. 

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA TWIYAMBAJE BYIHARIYE MURI UKU KWEZI, ADUHAKIRWE UBU N’ITEKA RYOSE. 

Inyigisho: Abagabo bagomba gukunda abagore babo

Ku wa kabiri w’icyumweru cya 30 gisanzwe B,

30 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 5,21-33 ; 2º.Lk 13,18-21 

Inyigisho mwateguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Abagabo bagomba gukunda abagore babo

Inyigisho y’uyu munsi igamije kwibutsa ingo zishingiye ku isakaramentu ry’ugushyingirwa ko zifitemo imbuto zigomba gukura zikera izindi nyinshi. Zifitemo kandi umusemburo ugomba gutuma ibyiza byiyongera mu isi. Koko rero, ingabire Nyagasani yatanze ayinyujije ku mugabo n’umugore, ni ubukungu bukomeye tugomba kubungabunga niba dushaka ko isi yacu itera imbere. Iyo ngabire y’ubuzima ntishobora kugaba amashami umugabo n’umugore batabigizemo uruhare rugaragara. 

Na none ariko, icyihutirwa, ni ugufasha umugabo n’umugore kubaho mu RUKUNDO rwa KRISTU. Ni wo musingi wa byose. URUKUNDO, ni inkingi ya mwikorezi y’ubuzima bwose. Aho URUKUNDO rutari, nta nyubako yindi yahazamurwa. Uyu murwa wa hano ku isi ushaka kwiyubaka no gutera imbere ariko bidateye kabiri ugatembagara kubera ko inyubako idakomejwe na Mwikorezi. 

YEZU KRISTU yaje gukosora ibigoramye. Ni We watweretse inzira y’URUKUNDO nyakuri. Uko yakunze intumwa ze, ni ko Data yamukunze kandi ni ko yaraze abe bose gukundana. Yatangije Kiliziya ayitangira arayipfira agira ngo izabe pepiniyeri y’ibyiza byose biganisha mu ijuru. Iyo pepiniyeri ya Mwiza, ni yo ishakwamo imbuto zigomba kubibwa mu isi kugira ngo itere imbere mu RUKUNDO. Ni muri iyo pepeiniyeri intumwa za YEZU zirangira abashaka gushinga urugo kugira ngo bavaneyo imbuto y’URUKUNDO. Kiliziya ntibabeshya kuko ibyo yigisha yabibwiwe na Mwiza utabasha kuyoba no kutuyobya. Imbuto z’iyo pepiniyeli zishakwa kare. Umwana ukivuka, ni ho yerekezwa gushaka imbuto zizamugirira akamaro. Arazijyana akazikurana maze akaba ari zo yubakiraho ubuzima bwe bwose. 

Umuhungu n’umukobwa bashatse izo mbuto, nta gushidikanya, ni bo bashobora kugera ku bumwe n’ubwumvikane bishyitse. Ibyo kuryana no gutandukana, ntibishobora kuvugwa ku bantu bayobowe muri pepiniyeri ya Mwiza bakivuka. Ibyo kwifurahisha mu by’isi no kutita ku burere bw’abana cyangwa kubica bataravuka, ntibivugwa muri bo. Bitera ubwuzu n’akanyamuneza kubona umusore n’umukobwa bagiye kurushinga bashingiye ku RUKUNDO RWA YEZU KRISTU. Muri iki gihe, urukundo rwabaye indwara y’umutima kuko URUKUNDO rutawurangwamo kandi n’amaso akunda ntabone neza! Kuvura iyo ndwara y’umutima ni ukuwutuzamo YEZU KRISTU. Bityo, urubyiruko nirutozwe gukunda YEZU mbere ya byose. Umukobwa agomba gukunda YEZU KRISTU na mbere y’uko akunda umusore bifuza gushakana. Umusore na we, agomba gukunda YEZU KRISTU mbere y’uko akunda umugeni we. Iyo bimeze bityo, bombi baba bagana hamwe kandi barangamiye ibyiza maze bakabisangira bishimiye kuzabitunga iteka. 

Mu isi ya none hari byinshi byica URUKUNDO. Biterwa n’uko iby’Imana tugenda tubisiga inyuma dukeka ko nta cyiza kibirimo. Isi iraturembuza ikaturyohera ariko igamije kurangiza itwuhira indurwe z’ibibi byose. Uzakomeza kubyishinga azarya ishingwe. YEZU asingirizwe abantu bamumenyera muri ya pepiniyeri ye bakamukunda ubuziraherezo. Babonetse kuva Kiliziya yatangizwa. Bitwa abatagatifu bageze mu ihirwe ry’ijuru. Dusabire abashinga ingo muri iki gihe bakomere ku mbuto y’URUKUNDO RWA KRISTU yababibwemo. Dusabire na Kiliziya ikomeze ikenure abo ishinzwe ibacengezamo UKURI k’URUKUNDO rwa YEZU KRISTU. 

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE UBU N’ITEKA RYOSE.