Inyigisho: Naho ibyerekeye ubusambayi,…ntibikavugwe

Inyigisho ku wa mbere w’icyumweru cya 30 B gisanzwe,

29 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 4,32; 5,1-8

2º.Lk 13,10-17

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Naho ibyerekeye ubusambayi,…ntibikavugwe 

Abemera YEZU KRISTU tugira amahirwe. Uwo Mwami wacu udukunda, buri munsi atubwira ijambo ridukiza. Nta bwoba rero dushobora guterwa no guheranwa n’ubujiji kuko ingingo zose za ngombwa kandi zidufitiye akamaro azigarukaho kenshi atwibutsa kandi atuburira. Umutima wacu, n’aho waba warabaye nk’urutare, igihe kizagera ukingurire Umukiza. Kiliziya ihora ishishikaza kandi yibutsa ingingo. Uwo murimo murimo wo kwigisha UKURI kwa YEZU igihe n’imburagihe udakozwe, ya mitima yakomeza kuba urutare. 

Twishimire ko uyu munsi YEZU KRISTU yongeye kutuburira agamije kuturinda ubusambanyi n’ibindi byose bijyana na bwo. Twicengezemo aya magambo yatubwiye yifashishije intumwa ye idahemuka Pawulo Mutagatifu: “Naho ibyerekeye ubusambanyi, ubwandavure iyo buva bukagera kimwe n’ubugugu, ibyo ntibikavugwe muri mwe”. Akariho karavugwa kandi umugani ugana akariho. Ibitavugwa ni ibitariho. Iyo hariho ibintu byiza bivugwa hagamijwe kubishima no kubibungabunga. Iyo hariho ibintu bibi, na byo bivugwa byamaganwa, hagashakwa umuti wo kugira ngo bishire. Icyifuzo cya Pawulo, ni uko ubusambanyi bwacika rwose kugeza aho butakivugwa, kugeza aho butakiriho rwose. N’ibindi byose yatubwiye bisa n’aho bibuherekeza ubusambanyi, bikwiye gushira: ubwandavure iyo buva bukagera, ubugugu, amagambo ateye isoni, ay’amanjwe n’amahomvu n’ amagambo atagira aho ashingiye

Kurwanya ibyo byose, birihutirwa. Ku yihe mpamvu? Pawulo Mutagatifu aradusubiza: “Koko rero mubimenye neza: nta musambanyi cyangwa uwandavuye, cyangwa umunyabugugu-we uhindura iby’isi ikigirwamana cye-, abo bose nta we uzagira umugabane mu Ngoma ya Kristu n’Imana…ibyo ngibyo bitera Imana kurakarira abayigomera”. Iyi rero, ni impuruza kuko ibintu birakomeye. Twitegereze ibihugu turimo n’aho dutuye. Na mbere yo kujya kure, twihereho: turisangamo ibigeragezo n’ibishuko Sekibi ishobora kuririraho ikadushora inkungugu mu busambanyi n’ibindi byose Ijambo ry’Imana ryatwibukije. Hari aho mperutse kugera maze umuvandimwe w’umulayiki arantakambira ati: “Mudusabire cyane kuko no mu ikoraniro ryacu hateye roho mbi y’ubusambanyi!”. Ibyo ntibitangaje kuko Sekibi iyo, ntaho itinjira. N’aho ku bw’abantu tubona hatinyitse, yo ntitinya kuhatera. Impamvu itera ikagarika ingogo, ni uko ikorera ahiherereye kenshi. Ni yo mpamvu duhamya ko kimwe mu bimenyetso bikomeye by’ubukristu buhamye ari ukubana na YEZU ahagaragara n’ahatagaragara. Cyane ariko ahatagaragara kuko ari ho Sekibi ikunze kuyugira mu bantu amayeri menshi igashirwa ibatuye mu Rwabayanga. Amagambo Pawulo intumwa yavuze, ntabwirwa abamalayika cyangwa amashitani. Arabwirwa ababatijwe bagomba kuba maso kuko bambaye umubiri. Ni bo bagomba kugaragaza ko ibyo Sekibi ishukisha abantu, dushobora kubitsinda mu izina rya YEZU KRISTU watsinze urupfu akazuka. 

Inzira nziza yo kudufasha gutsinda, ni uguhora atwibutsa. Ashaka ko Kiliziya, yahawe ubutumwa bwo kwinjiza abantu bose mu Mukiro w’iteka, ihora yigisha abo ishinzwe kwirinda ibibatandukanya n’ijuru baremewe. Inyigisho y’UKURI kandi imurikiwe na Roho Mutagatifu, ni yo igandura bantu. Dusabe imbaraga zo guhora tuzirikana ibyiza duteganyirizwa mu ijuru no kubiharanira. Ntitukamere nk’uriya mukuru w’isengero warakajwe n’uko YEZU yakijije umuntu ku munsi w’isabato. Ubutumwa bugomba gukorwa igihe cyose n’ahantu hose. Iyo tutabukoze ngo roho zikire, Sekibi yo ntihuga, ihora ikora yamamaza ibyayo kandi ikamurukana abantu benshi ijya kubata ku gasi hanze y’Ingoma ya KRISTU n’Imana. 

Nta burwayi YEZU adakiza. N’uburwayi bukomeye kandi bugira ingaruka mu buzima bw’abantu, bwa burwayi bwitwa ubusambanyi n’ibijyana na bwo, YEZU arabukiza. Tubumwereke. Tumutakambirane ukwemera, aradukiza. Duhabwe Penetensiya tutabeshya, nta bwoba nta soni, duhabwe ukarisitiya twemera ko ari YEZU duhawe tumaze kwakira impuhwe ze maze ahasigaye twizirike umukanda tumukurikire tumukunze. 

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

BIKIRA MARIYA UMUBYEYI W’ISUGI ADUHAKIRWE.

Inyigisho: Mwigisha, mpa kubona!

Inyigisho ku cyumweru cya 30 gisanzwe B,

Ku wa 28 Ukwakira 2012 

Amasomo: Yer 31, 7-9; Heb 5, 1-6; Mk 10, 46-52

Inyigisho yateguwe na Diyakoni Théoneste NZAYISENGA, Seminari Nkuru ya Nyakibanda 

Mwigisha mpa kubona 

1.Ni icyifuzo dusangiye 

Mwigisha mpa kubona. Iyi nteruro ngufi ntangije iyi nyigisho y’icyumweru cya 30 gisanzwe,B, ni interuro yavuzwe n’impumyi Baritimeyo, mwene Timeyo, atakira Yezu wari umunyuze iruhande ngo amukize. Nanjye ndumva nayigira iyanjye kandi ndakeka ko hari benshi dusangiye iki cyifuzo niba atari bose. Kuko usibye kuba ari ijambo rivuganywe ukwemera, ni n’isengesho. 

2. Gukira ubuhumyi bukabije 

Bavandimwe, ubuhumyi ni ubumuga bubi. Abahanga mu buvuzi(médecins) no mu bumenyi bw’ibinyabuzima(les biologistes), bemeza ko ijisho rifitiye umuntu akamaro kanini. Usibye kuba rituma umuntu areba neza iyo agana ntasitare, akareba ibyiza Umuremyi wa byose yahanze akizihirwa, ngo burya rimurikira ubwenge n’umutima, rigatuma ibyo umuntu areba, yiga… birushaho kumucengera mu bwenge no kuguma mu mutima, wo cyicaro cy’ubwenge. Kandi ni byo koko. Twibaze rero ukuntu umuntu ugendana ubumuga bwo kutabona aba abayeho nabi. Ku rundi ruhande ariko, abahanga mu bumenyi bw’ibya roho( les spirituels), ntibagarukira ku bubi bw’ubuhumyi bw’umubiri, bagera no ku buhumyi bwa roho, cyane ko hari benshi umugenga w’isi(Shitani) agenda ahuma amaso ngo barangamire ibiremwa aho kurangamira Umuremyi. Bene ubu buhumyi bwo burakabije, butambutse kure ubwo twavuze mbere. 

3. Yezu ni We wujuje ibyahanuwe akiza ubuhumyi 

Mwigisha mpa kubona. Aya ni amagambo impumyi Baritimeyo yabwiye Yezu igihe yari mu rugendo asohotse i Yeriko hafi ya Yeruzalemu, asaba Yezu ngo amukize ubumuga bwari bwaramushegeshe, maze huzuzwa ibyahanuwe n’umuhanuzi Yeremiya agira ati: Uhoraho avuza atya: nzabavana mu gihugu cyo mu manyaruguru, mbakoranye mbavana mu mpera z’isi. Muri bo hari impumyi, ibirema, abagore batwite n’abaramutswe, bose bagarutse hano ari imbaga nyamwinshi. Ibi umuhanuzi yabibwiraga Abayisraheli bari barajyanwe bunyago i Babilone. Kujyanwa bunyago na byo ni ubundi buryo bwo guhuma. Koko rero abajyanywebunyago bari barahindutse abacakara, batakigenga, batakibona Ingoro y’Imana, kandi iyo ngoro yari ikimenyetso cy’Imana rwagati muri bo. 

4. Mwigisha dukize n’ubu ngubu 

Ijyanywabunyago n’ubuhumyi, n’ubu biriho. Tubiterwa n’ubucakara bw’icyaha. Aho icyaha n’ingeso mbi byatugize imbata, aho ingusho zacu ziri, ngiryo ijyanwabunyago ribi. None se bavandimwe, twisuzumye neza, ni nde wabura aho yajyanywe bunyago? Aha ni ho ubuhumyi bwacu bushingiye. Hamwe na Baritimeyo, dukeneye rwose kubwira Yezu tuti: “Mwigisha dukize”. Duhe kubona kuko ubuhumyi bw’icyaha cyangwa ingeso runaka zatumugaje, zaduhumye umutima. Dukize kuko abatubona inyuma babona dufite amaso, bakibwira ko tureba kandi twarahumye. 

5. Uburyo budufasha guhumuka 

Bavandimwe, hari uburyo bwinshi bwadufasha gukira ubuhumyi dufite. Mbere na mbere, kumenya uburwayi dufite n’inenge bwaduteye. Baritimeyo we yari yarahumye, agahora yicaye iruhande rw’inzira kandi asabiriza. Ese wowe ubuhumyi bwawe ni ubuhe? 

Ubwa kabiri ni ukumenya muganga w’ukuri. Ku nzira aho Baritimeyo yahoraga yicaye asabiriza, hanyuraga abantu b’ingeri nyinshi ariko nta wundi yasabye gukira usibye Yezu w’i Nazareti. Azi rwose izina rye: “Yezu mwana wa Dawudi, mbabarira”. Koko rero, nta rindi zina twaronkeramo uburokorwe ritari izina rya Yezu. Aha ngaha ariko tugomba kwitonda kuko igihe duhagurukiye gutakira Yezu no kumubonamo umuganga w’ukuri, hari ibitubera cyangwa abatubera imbogamizi ariko ntitugomba kugamburuzwa. Baritimeyo baramucyashye ngo aceceke ariko we arushaho gutakamba. 

Uburyo bwa gatatu, ni ukumvira abo Nyagasani adutumaho. Abo atuma ati: “Nimumuhamagare”. Yezu icyo gihe yabibwiraga intumwa n’abigishwa be. N’ubu rero izo Ntumwa ziriho ngo zitubwire ko Yezu aduhamagara kandi ko yifuza kudukiza. Nituzumvire. Ni na bo Baherezabitambo ( Abasaseridoti), Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi itubwira. N’ubwo arabantu nkatwe, bagatorwa mu bantu, nyamara ntibasanzwe, bafite umwihariko: Imana yarabigombye. Yabashyiriyeho gufasha abantu mu mubano wabo na Yo. Ibashinga guhereza amaturo n’ibitambo bihongerera ibyaha. N’ubwo arabanyantege nke muri byinshi, bashobora kumva abatarasobanukirwa (bagihumye) kandi bagihuzagurika. Byongeye, nk’uko batambirira ibyaha by’imbaga, baboneraho guhongerera n’ibyabo bwite. Ni bo Yezu Kristu wapfuye akazuka yabwiye ati: Abo muzakiza ibyaha bazabikizwa, abo mutazabikiza bazabigumana (Yh 20, 23). Ni na bo batubwira nka Baritimeyo bati: Humura, haguruka, dore Nyagasani araguhamagaye. 

Uburyo bwa kane budufasha gukira ni ukwiyamburamuntu w’igisazira twambaye; nko kwambara uruhu rw’intama inyuma kandi imbere turi ibirura. Nibyo Baritimeyo yakoze, ajugunya igishura cye, ahaguruka bwangu, asanga Yezu. Kujugunya igishura kandi bivuga kwiyaka ibituziga ngo twegukire umukiro vuba na bwangu. 

Uburyo bwa gatanu bwo kugana umukiro ni ukumenya neza icyo dusaba, icyo twifuza ko Yezu adukorera. Yabajije Baritimeyo ati: urashaka ko ngukorera iki? Na we ati: Mwigisha mpa kubona. Muri iki gihe, hari benshi umuntu abona ko bafite inyota yo gukurikira Yezu, ariko bikabamo guhuzagurika no gushidikanya. Ugukurikira Yezu kwabo ntikwigiremo intego cyangwa umugambi. Ni ngombwa ko tumenya icyo twifuza ko Yezu yatumarira mu kumukurikira kandi gihuye n’ugushaka kwe. 

6. Umwanzuro 

Bavandimwe, kumenya ubuhumyi bwacu, kumenya muganga w’ukuri, kumvira abo Nyagasani anyuraho aduhamagara ngo adukize – dore ko ari na bo baturandase kandi bakaba mu cyimbo cya Kristu – kwiyambura ibitubuza kubadukana ibakwe ngo twegukire umukiro no kumenya icyo twifuza ko Yezu akora mu buzima bwacu, ni yo nzira nyayo yo gukira ubuhumyi. Byose ariko bikagiranywa ukwemera kuko ari ko Yezu Kristu aheraho agira ati: “ Genda ukwemera kwawe kuragukijije”. 

Bavandimwe, kuri iki cyumweru cya nyuma cy’ukwezi k’ukwakira kwahariwe Rozari Ntagatifu, Kiliziya Umubyeyi wacu iradusaba gusabira Iyogezabutumwa ku isi yose. Twisunze Umubyeyi Bikira Mariya umwamikazi wa Rozari n’umwamikazi w’Intumwa dusabe kugira ngo Inkuru nziza igere hose n’abayamamaza gagwire babe benshi kandi beza. Dusabire kandi Abepiskopi bari muri Sinodi idasanzwe yiga ku Iyogezabutumwa rishya. 

Bikira Mariya Mwamikazi w’intumwa: udusabire.

Inyigisho: Twahawe ingabire ngo twere imbuto

Inyigisho yo kuwa gatandatu w’icyumweru cya 29 B,

Ku wa 27 Ukwakira 2012 

Amasomo: Ef 4, 7-16; LK 13, 1-9 

Twahawe ingabire ngo tugire umwanya muri Kiliziya kandi twere imbuto. 

Imbuto y’umugisha yera ku giti cy’umuruho. Ku mukristu, uyu mugani ntabwo uvuga ko agomba kuba Miruho cyangwa Magorwa, ahubwo umwibutsa umuhate, ishyaka n’imbaraga agomba gukoresha ngo abyaze imbuto impano yahawe. Kwera imbuto ni ikimenyetso simusiga ku muntu wakiriye Yezu Kristu n’ingabire atanga kugira ngo agire umwanya muri Kiliziya, kurangiza umurimo ashinzwe, abigiriye akamaro rusange no kungura umubiri wa Kristu. Kwera imbuto, ni ikimenyetso cy’ubutungane kuko Yezu ubwe agira ati: “igiti kigaragazwa n’imbuto zacyo” (Mt 12, 33). Kwera imbuto ni ikimenyetso cy’ubutore mu rugero rwa Kristu ugira ati: “Simwe mwantoye, ahubwo ni jye wabatoye, mbashyiraho kugira ngo mugende mwere imbuto…”( Yh 15,16). Byongeye kwera imbuto ni icyifuzo cya Kristu, kikaba n’icyemezo nyakuri cyo guhesha Imana ikuzo: Igihesha Data ikuzo ni uko mwakwera imbuto nyinshi… (Yh15,8). 

Kwera imbuto se tubikesha iki? Tubikesha kwakira ingabire Kristu yatugeneye ku bubasha bwa Roho Mutagatifu. Bene izi ngabire, tuzihabwa igihe tubatizwa kandi tukazisenderezwa dukomezwa. Bumwe mu butumwa uwabatijwe akanakomezwa ahabwa, ni ukuba umuhamya w’Inkuru Nziza ya Yezu Kristu. Ni yo musingi nyakuri wo kwera imbuto. Mu gihe cya Pawulo Mutagatifu, bene abo bahamya b’Inkuru nziza bitwaga abigisha ari bo: intumwa, abahanuzi, abogezabutumwa n’abashumba. Intumwa n’abogezabutumwa bavaga mu mugi bajya mu wundi gushinga za Kiliziya nshya. Abahanuzi bo, rimwe na rimwe, bavaga mu ikoraniro bajya mu rindi ngo bashishikaze abakristu. Abashumba na bo, bitangiraga inyigisho zisanzwe mu ikoraniro ryabo, bo rero ntibajyaga hirya no hino. Muri iki gihe turimo dukwiye guhora dusaba Imana ngo itugwirize bene aba bafasha dukeneye kugira ngo badufashe kubyaza imbuto ingabire twahawe. Koko rero, ubu Kristu nta yandi maguru, nta yandi maboko afite, nta rundi rurimi afite ngo ageze Inkuru nziza ku bakene. Ni twe maguru ye, ni twe maboko ye, ni twe kandi rurimi akoresha ngo Ijambo rye rigere kuri bose. Na none, kwakira, kumvira no kubaha abashumba bacu ni ubundi buryo bwo kwera imbuto. Kandi ntitunahweme kubasabira. 

Usibye ibi tumaze kuvuga, hari n’impano Imana yaduhaye, dukoresha mu buzima bwacu bwa buri munsi. Umwe ni umunyeshuri, undi ni umwarimu, umuganga, umufundi,…. Ni ngombwa ko na zo zidufasha kwera imbuto. Ni ibyo twita guhuza ubukristu n’umurimo. Erega urubanza rw’iteka ni aha rushingiye. Nyagasani we ati: “babiri bazaba bahuriye ku murimo umwe, umwe azagenda undi asigare”. Wenda Nyagasani azasanga umunyeshuri arangaye, umwarimu atita ku burere n’uburezi bw’abo ashinzwe, umuganga afasha abantu gukuramo inda, umufundi amaze kunyereza agasima n’ibindi. 

Kwera imbuto ntibishoboka igihe bitabanjirijwe no kwivugurura no kwisubiraho byimbitse. Ni byo Yezu yabwiye abamutekererezaga ibyo Pilato yakoze yica Abanyagalileya maze amaraso yabo akayavanga n’ay’ibitambo baturaga agira ati: nimuticuza muzapfa kimwe na bo. Kwera imbuto, gukoresha neza ingabire twahawe, kubaha no kumvira intumwa, kwicuza no kwisubiraho nyabyo, bizatuma twunga ubumwe mu kwemera no mu kumenya umwana w’Imana tukazaba abantu bashyitse, bageze ku rugero ruhamye, ruyingayinga igihagararo cya Kristu. 

Mwamikazi utabara abakristu udusabire! 

Diyakoni Théoneste NZAYISENGA,

Seminari Nkuru ya Nyakibanda

Inyigisho: Tumenye ibimenyetso by’Ingoma y’Imana

Ku wa gatanu w’icyumweru cya 29 gisanzwe B,

26 ukwakira 2012 

Amasomo: Ef 4,1-6, Lk 12,54-59 

Tumenye ibimenyetso by’Ingoma y’Imana 

Mu masomo matagatifu yo kuri uyu wa gatanu, Yezu Kristu wapfuye akazuka araturarikira kumenya ibimenyetso by’Ingoma y’Imana. Koko rero, Ingoma y’Imana yaraje kandi iturimo rwagati. Yazanywe na Yezu Kristu wigize umuntu kandi ubwe ayibera Umwami. Ni ingoma ihoraho iteka kandi isumba byose. Abami baratanga, abandi bakima, ariko ingoma ya Yezu Kristu yo ihoraho. Iyo ngoma y’Imana rero igaragazwa cyane n’ibimenyetso, ibitangaza n’ibikorwa by’urukundo Yezu akora cyangwa akoresha bamwe mu bo yatoye ngo bakomeze kugaragaza iyo ngoma ye mu bantu. Ese ingoma ya Kristu ni iyihe? Yagenewe ba nde? Ingoma ya Kristu ni iy’urukundo n’impuhwe, kandi yagenewe abantu bose cyane cyane abemera. 

Bavandimwe,urukundo n’impuhwe ni na byo gipimo kigaragaza umuntu wakiriye ingoma y’Imana kandi akayisakaza mu bandi. Bityo rero, ni ngombwa ko duhora tuvugurura urukundo dukunda Imana na mugenzi wacu. Urukundo rurihangana, rwitangira abandi, ntirugira ishyari, ntirwikuririza, ntirurondera akari akarwo kandi ntirwishimira akarengane (1Kor 13, 4-6). Byongeye, umuntu wakiriye iyi ngoma y’Imana arangwa n’impuhwe, akababarira, ntagire uwo yitura inabi, akabana na bose mu mahoro, bityo inabi akayiganjisha ineza (Rom 12, 21). 

Ingoma y’Imana na none, igaragazwa n’ubumwe ababatijwe bagirana kugira ngo bungure umubiri wa Kristu. Koko rero, abahamagariwe gusangira ukwemera kumwe muri Roho Mutagatifu,bagahamagarirwa kunga ubumwe na Nyagasani Yezu Kristu, bagahabwa Batisimu imwe, bakagira Imana ho umubyeyi wa bose(Ef 4,3-4), uko byagenda kose ntibakwiye kwitandukanya. Ubwitandukanye cyangwa amacakubiri (division), ni imwe mu ntwaro zikomeye Gatanya (Diable-Dayimoni) akoresha ngo atatanye abana b’Imana, ngo atume ya ngoma y’Imana bimitse yibyaramo amahari. Aha ni ho ubushyamirane buturuka: umuhungu na se, umukobwa na nyina,umukazana na nyirabukwe, umuyobozi n’uyoborwa, umwigisha n’umwigishwa kugeza n’aho abigisha batavuga rumwe na Kristu we Mwigisha mukuru. 

Twe ababatijwe rero, ntitukagenze dutyo. Tujye duharanira gushyira urukundo ahari urwango, dushyire imbabazi n’impuhwe ahari ubushyamirane n’intonganya, dushyire ibyishimo ahari agahinda n’imibabaro, ahari amacakubiri tuhashyire ubumwe. Ikindi kandi, ingoma ya Kristu ni yo mukiro n’ubukungu nyabyo. Tukazirikana ariko ko uwo mukiro tuwutwaye mu tubindi tumeneka ubusa. Bityo natwe tugasabwa kwigengesera, twirinda kwishora mu ngeso mbi no kwigaburira ibyonnyi. Igihe kandi tugize intege nke tukabyaza ingoma y’Imana mo amahari, twihutire kugaruka no kwigorora n’Imana ndetse na mugenzi wacu. Ni byo Yezu Kristu atubwira agira ati: “nuko rero nujyana n’umuburanyi wawe agiye kukurega, gerageza kwigorora nawe mukiri mu nzira, hato ataguteza umucamanza, umucamanza na we akakugabiza umurinzi w’uburoko ngo agufunge”. Tudatinze ku gisobanuro cy’uburoko mu buzima busanzwe, uburoko bukabije ni ubw’umutima. Aha ni ho Sekibi asubiza bamwe mu babatijwe mu ngeso mbi zinyuranye zibatandukanya na Nyir’ingoma. Ikibazo nyakuri kiri ku buroko imitima yacu ifungiyemo kurusha ko cyaba uburoko bw’abana b’abantu. Ni ngombwa rwose kwigobotora ingoyi za Sekibi buri munsi, kuko ari cyo Batisimu yaturonkeye. 

Ni muri ubu buryo, umuntu wibohoye ingoyi za Sekibi ashobora kubohora n‘abandi, maze hamwe na Pawulo Mutagatifu akazirikana iki cyishongoro: “Nk’uko umubiri ari umwe, na Roho akaba umwe, ni na ko mwahamagariwe gusangira ukwizera kumwe. Nyagasani ni umwe, batisimu ni imwe n’Imana ni imwe, Yo Mubyeyi wa bose, usumba bose, agakorera muri bose, kandi agatura muri bose”. Ubu ni bwo buryo nyabwo bufasha umukristu kugira ati: Ingoma y’Imana yogere hose, tubabarirwe ibicumuro byacu nk’uko natwe tubabarira

UMWAMIKAZI WA ROZARI ADUHAKIRWE 

Inyigisho yateguwe na Diyakoni Théoneste NZAYISENGA, Nyakibanda