Inyigisho: Naje kubateranya

Ku wa kane w’icyumweru cya 29 B gisanzwe,

25 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 3,14-21

2º.Lk 12,49-53 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Naje kubateranya” 

Mu nyigisho y’ejo, twazirikanye ku buhamya bwa Pawulo intumwa wagiraga ati “Nacengewe n’ibanga rya KRISTU”. Twavuze ko twe tutaragera ku gipimo cy’ubuhamya bwe ariko ko twifuza kuhagera.Twirinze kwirata no kwishyira imbere. N’uyu munsi rero, amagambo tugize umutwe w’inyigisho, si ayacu. Ni aya YEZU nyirizina. Tugerageze kuyumva neza kugira ngo natwe nitwinjira mu mabanga ye twe kuzatitira tubonye twagirijwe hirya no hino. 

YEZU KRISTU avuga ko yazanywe no gukongeza umuriro ku isi. Yifuza ko waba ikibatsi kigurumana. Kuri We, uwo muriro ufitanye isano na batisimu yahawe. Uwo muriro, ni ikibatsi giteye ukwacyo gituma umuntu adatinya iriya batisimu YEZU avuga. Erega ni batisimu y’amaraso ku musaraba! Ni yo igaragaza rwa RUKUNDO na rwo rumuturukaho rukamera nk’umuriro ushyushya abari akazuyazi. Iyo batisimu, ni yo ishobora no gutera ubwitandukanye mu bantu. Bamwe barayemera, abandi bakayirwanya. Byumvikana neza iyo twibutse uburyo ingo zagiye zisenyuka bitewe no kurwanya YEZU. Cyane cyane mu ikubitiro, hari abashakanye batandukanye bitewe n’uko umwe ahindutse umukristu maze unangiye akajyana urubavu rwe mu nkiko bakarushwanyaguza. Hari ababyeyi bahize abana babo baranabicisha babaziza ko bemeye YEZU KRISTU. Habaye ubuhemu bukomeye no gutatira ibihango kamere biranga abafitanye isano y’amaraso. 

Aya magambo YEZU avuga ni indunduro y’ibyo umusaza Simewoni yahanuriye ababyeyi be agira ati: “Dore uyu nguyu yashyiriweho kubera benshi muri Israheli impamvu yo korama cyangwa gukira, azaba n’ikimenyetso bazagiriraho impaka. Nawe kandi inkota izakwahuranya umutima. Maze ibitekerezo biri mu mitima ya benshi bigaragare” (Lk 2, 34-35). Cyane mu ntangiriro za Kiliziya, abantu bararwanye karahava, bapfa kwemera YEZU KRISTU WAPFUYE AKAZUKA. Yabaye koko ikimenyetso bagiriyeho impaka za ngo turwane. Umubyeyi Bikira Mariya na we yashenguwe n’imibabaro myinshi nk’uko tubizi. Iyo usomye neza amateka y’isi n’aya Kiliziya by’umwihariko, usanga abantu bamwe na bamwe bagiye bagerageza kwakira UKURI kwa YEZU KRISTU batarabuze guhura n’ibitotezo. Abenshi muri bo bahuye n’abanzi benshi kandi rimwe na rimwe ugatangazwa n’uko abo banzi bagaragara nk’abayoboke muri Kiliziya. Ibyo ariko ntibitangaje cyane kuko Sekibi ikomeza umurimo wayo kandi irishima cyane iyo ibashije kwifatira umuntu akaba mu Kiliziya ariko mu by’ukuri yaraviriyemo: kubamo utarimo, umutima wuzuyemo ibitajyanye n’inyigisho ya YEZU ariko nyine ukibonekeza nk’umukristu. 

Urugamba ntirwarangiye. Ibihe turimo si byo byumva neza UKURI kwa YEZU KRISTU. Na none hari abatotezwa bitewe n’uko biyemeje gukurikirana Umukiro bamenye muri YEZU KRISTU. Ingero zirahari. Ari izoroheje ari n’izo usanga zihanitse. None umuntu ushyingiwe agatangira gutotezwa na nyirabukwe kuko yanze imihango ya gipagani amuhatira, ubwo se ntaba agaragaje ukuri kw’amagambo ya YEZU? Umuntu uhindutse akitandukanya n’agaco k’abakora ibi, ko hari igihe abo bahoranye mu mwijima bamuhiga, ubwo se amagambo ya YEZU ntaba antakomeje kuzuzwa? Hari nk’abasore baba bari mu duco tw’ibirara, abanywa urumogi, abajura, abasambanyi…Iyo YEZU amukozeho rikaka, abakiboshywe ntibamwumva, bashobora no kumutoteza. Umuntu wiyumvamo ingabire yo kwigisha ashize amanga UKURI kwa YEZU KRISTU, ese mugira ngo abura guhura n’ibitotezo. Ntitugahunge ibitotezo n’ingorane duterwa no gukunda YEZU ku isi ya none. Dutsinde igishuko cyo kunywana n’isi twishakira kubaho neza gusa. Kwemera kubabara kubera YEZU KRISTU, ni ko kwifatanya na We ku musaraba. None se umusaraba si ikimenyetso ntasibangana cy’ugucungurwa kwacu? 

Twisabire gutera imbere mu bumenyi bw’amabanga ya KRISTU nk’uko Pawulo abiduhamo urugero n’impanuro. Dusabirane gushora imizi mu RUKUNDO rwa KRISTU. Ntituzagira ubwoba bw’uko ibyo yavuze byuzuzwa. 

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

 

Inyigisho: Nacengewe n’ibanga rya Kristu

Ku wa gatatu w’icyumweru cya 29 B gisanzwe,

24 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 3,2-12

2º.Lk 12,39-48

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

“Nacengewe n’ibanga rya Kristu” 

Aya magambo nshyize ku mutwe w’inyigisho y’uyu munsi, si ayanjye. Cyakora icyifuzo gikomeye mfite, ni ugusaba Nyirimpuhwe kungabira kuzayavuga mbere yo guhinguka imbere ye. Icyo cyifuzo kandi ni cyo mfitiye abo dusangiye ibanga rya gisaseridoti aho bari hose ku isi, abo nzi n’abo ntazi. Niducengerwa n’ibanga rya KRISTU bizoroha kurihereza isi ya none ikeneye ihumurizwa ryuzuye. N’umuntu wese wabatijwe, ni cyo mwifurije. Utarabatizwa na we wasoma iyi nyigisho, mwifurije kubyifuza no kubigeraho kugira ngo abe ikiremwa gishya muri KRISTU azanamenye amabanga y’ugukizwa. 

Nacengewe n’ibanga rya KRISTU”, ni ubuhamya Pawulo intumwa yahaye Abanyefezi ubwo yabandikiraga. Ubwo buhamya yabuhaye n’abantu bose bahuye na we igihe amariye kwigobotora ubujiji bwari bwaramuhejeje kure ya YEZU KRISTU Umukiza w’abantu bose. Kiliziya zose Pawulo yashinze yazihaye ubwo buhamya bw’uko yagize amahirwe yo gucengerwa n’ibanga rihebuje rya KRISTU. Ubwo buhamya bweze imbuto nyinshi kuko butaheze ku rurimi gusa. Yabushyizeho umukono udasibangana igihe apfuye ahowe YEZU KRISTU. Kugeza igihe isi izashirira, ubwo buhamya bw’intwari Pawulo wabyirukiye gutsinda, buzakomeza kumurikira isi yose. N’aho ari mu ijuru aradusabira kugira ngo twigobotore ibyaduhotoreye roho bishaka koreka benshi muri iki gihe turimo. 

Gucengerwa n’ibanga rya KRISTU, ni byo bitanga imbaraga zo kwitangira umurimo wa gitumwa. Ubwangwe dushobora kugaragaza mu mibereho yacu, ni ikimenyetso cy’uko tukiri kure mu kunga ubumwe na KRISTU MUZIMA. Iyo turangwa n’ubunyanda mu butumwa, kugenda duseta ibirenge, kwigisha ibitekerezo by’abantu gusa tudashinze imizi mu Nkuru Nziza Pawulo yitangiye, tuba dukwiye kwisuzuma bihagije kugira ngo tubeho dukurikije umurimo twatorewe. Twese, abalayiki n’abasaserodoti, dukwiye kongera kwigira kuri Pawulo intumwa wamamaje YEZU KRISTU igihe n’imburagihe. Tuzirikane ukwigora yagaragaje, imvune, imvura yamucikiyeho, urubura rwamutitije n’ibindi. Nta kindi yari agamije, nta nyungu z’amafaranga yari yimirije imbere, nta kwishakira imitungo ye, nta n’ubwo yigeze ashaka umugore. Ibyo byose tubitekerezeho maze twibaze igihe tuzatangira ubuhamya nk’ubwe tubwira bose ko twacengewe n’ibanga rya KRISTU.

Ingabire dukeneye gusaba, ni ukuba maso igihe cyose. Ni kenshi dushaka kubaho nk’abatagatifu dusoma mu bitabo banditse cyangwa byabanditsweho, ni kenshi twigisha tubwira abantu ibyo guhinduka no kuba abakristu nyabo. Ariko na none, ni kenshi nyuma y’ubutumwa duhangana n’imyambi ya Sekibi. Iyo itwirukankanye tugahunga twonjoroka, iduhonda hasi, tugacika intege, tukabera benshi ibigusha.

YEZU KRISTU mu Ivanjili yatugiriye inama yo kuba maso kuzageza igihe azazira kutujyana aho ari. Nasanga turangariye mu bindi, ntituzahita tujyana na we. Tuzagomba kuborera mu bubabare bwa Purugatori igihe kirekire. Ibyo ntabishaka. Kuko adukunda cyane, ashaka ko tugera mu byishimo hamwe na We tudatinze. Mama wacu BIKIRA MARIYA na we ahora adusabira. Twisuzume kugira ngo dutangire gutanga ubuhamya bw’ibanga rya KRISTU ari na ko turisobanurira abatarizi. Ntituzatungurwe, ntituzakubitwe nyinshi.

YEZU KRISTU NASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE UBU N’ITEKA RYOSE.

Inyigisho: Mukenyere kandi muhorane amatara yaka

Ku wa kabiri w’icyumweru cya 29 B gisanzwe,

23 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 2, 12-22

2º.Lk 12,35-38 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Mukenyere kandi muhorane amatara yaka 

Kuva kera, ubukristu bufatwa nk’urugamba. Uwiyemeje kuba uwa-KRISTU, aba yiyemeje kwambarira urugamba. Arakenyera agakomeza ahasigaye agakutura ku murimo wa gikristu. Usibye igisobanuro cy’urugamba, ubukristu bufite n’igisobanuro cy’umurimo. Ari umurimo, ari n’urugamba, byose bisaba gukenyera ugakomeza. Gukenyera ugakomeza byumvikanisha ko umuntu yambara neza ibimukwiriye maze akirinda ko imyambaro yamucika agasigariraho. Umwambaro twambitswe muri batisimu tuwukomereho kugeza twinjiye mu ijuru.

Urugamba rw’ubukristu, si intambara z’isi. Turwana uko YEZU ubwe yarwanye. Usibye We nyine, tunarebera ku bamukurikiye mu bihe byose. Barakenyeye barakomeza. Bakomeye ku mwambaro wabo. Isi ntiyigeze ibambika ubusa. Yarabagerageje nk’uko natwe tugeragezwa, ariko ntibigeze bava ku izima. Natwe, abantu twaje muri iyi si mu bihe bitatworoheye, umugambi wacu ni ugukomera ku rugamba nka bakuru bacu. Ntibemeye kugirana ubucuti na Sekibi. Bakurikiye YEZU KRISTU kugera ku ndunduro. Urugamba barwanye barutsinze bitwaje intwaro z’urumuri zibumbirwa mu ijambo rimwe: URUKUNDO RWA KRISTU. Aho batotejwe, birinze gutoteza. Aho batutswe bagacibwa mu maso, birinze gusubirisha ibitutsi. Aho bahemukiwe ntibihimuye. Bagize ukwizera n’ukwihangana muri YEZU KRISTU, maze ikinyoma n’ikibi birisenya bo batahana ikamba mu ijuru. Ijambo bahoranaga ku mutima no ku rurimi, ni IMBABAZI za KRISTU. Nguko uko umuntu atsinda isi. Yitwaza ineza n’URUKUNDO. Inabi n’ubugome biri mu isi, biramubabaza cyane bityo akishushanya na KRISTU mu ibabara rye. Kubabara arangamiye uwatubabariye YEZU KRISTU, ni ko kuronka n’imbaraga zo kubabarira no gusabira abagiranabi.

Izo ngabire zo gusenga no kubabarira zirakenewe kugira ngo dutere imbere mu butumwa bwa gikristu. Kera igihe twari dutsikamiwe n’umwijima, twari twarabaye imbata y’ingeso mbi nyinshi zirimo n’urwango. Aho KRISTU atubohoreye, twinjiye mu Kiliziya turonka ibabarirwa ry’ibyaha. Ni yo mpamvu duhimbajwe n’ibyishimo by’uko turi ubwoko bumwe n’abatagatifujwe tukaba tubarirwa mu muryango w’Imana. Pawulo mutagatifu yaduhimbiye igisingizo agira ati: “Muri inzu yubatswe mu kibanza cy’intumwa n’abahanuzi, maze YEZU KRISTU ubwe akaba ibuye riyishyigikira. Ibimwubatseho byose bizamuka bisobekeranye neza, bigahinduka ingoro ntagatifu ibereye Nyagasani. Namwe kandi ni We mukesha gusobekwa kuri iyo nzu imwubatseho, kugira ngo muhinduke Ingoro y’Imana ku bwa Roho Mutagatifu”.

Iryo shema ritagatifu, nta kizarituvutsa. Ubwo twiyemeje gukenyera tugakomeza, nidufate amatara yacu atumurikire ubutazimata. Igihe YEZU azazira kutujyana iwe, ntazadusanga twarazindaye. Ahubwo azasanga tumutegereje n’amatsiko n’ibyishimo byinshi maze atujyane aho tuzabana na We ubuziraherezo. Uwo munsi tuzanabona Umubyeyi wacu BIKIRA MARIYA dushimishwe no gusanganirwa na we mu byishimo bidashira. Ibyiza YEZU adusezeranya, ni UKURI. Dusabirane kandi dufashanye gukomeza urugamba tutarangajwe n’ibishashagirana muri iyi si y’akanya gato.

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE UBU N’ITEKA RYOSE.

Inyigisho: Mwari mwarapfuye

Ku wa mbere w’icyumweru cya 29B gisanzwe,

22 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 2, 1-10

2º.Lk 12,13-21

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Mwari mwarapfuye 

Mbere y’uko Inkuru Nziza ya YEZU KRISTU yamamazwa muri Efezi, Abanyefezi, bari barapfuye. Bari barazize iki abo bavandimwe? Bari barapfuye bitewe n’ ibicumuro n’ibyaha biberagamo kera. Si Abanyefezi gusa byari byararangiriyeho, mbere yo kumenya no gukunda YEZU, nanjye ni uko byari byaragenze. Ese nawe byari uko? Simbishidikanya. Ni ukuri rwose, YEZU KRISTU ni We utanga ubuzima buzima. Ubwo twamumenye akadukiza, nimucyo twishime tumuririmbe, tumutaramire, tumuvuge ibigwi kandi tumuratire n’abandi bose ejo urupfu rutabahitana.m 

Nitwishime kuko twamenye ko gukurikiza imigenzo y’iyi si n’Umugenga w’ibyo mu nsi y’ikirere, ari rwo rupfu rubi. Dukomeze ubutwari bwo kwipakurura iyo migirire yose y’umwijima yari yaratwigaruriye. Igihe twakiriye YEZU KRISTU, twatangiye guca akenge. Twamenye kwitaza wa mwuka ukorera mu bagomeramana. Ni byo koko, Pawulo yabivuze ukuri, natwe twese kera twari tumeze nk’abagomeramana dukurikira irari ry’umubiri wacu, dukora gusa ibyo umubiri ushaka n’ibyifuzo byawo bibi. 

Birazwi ko kamere-muntu itsikamiwe n’iryo rari rigurumana mu mubiri. Ubu bisigaye bitugoye kurera urubyiruko turutoza imico myiza ishingira ku bukristu nyabwo. Biragoye gutoza ubumanzi, ubwizige n’ubusugi. Ese mugira ngo si yo mpamvu ubugomeramana bwabaye bwinshi. Aho bagengwa n’irari ry’umubiri n’ibyifuzo bibi byawo, iyo batisubiyeho binjiranwa n’ubugome buhambaye. Kugengwa n’irari ry’umubiri, ni ukwikururira uburakari bw’Imana. Ni ko Pawulo atubwira. Ni byo koko. Pawulo aratwumvisha ko uwishinze iryo rari n’ibindi byifuzo bibi, ingaruka z’icyaha ntizitinda kumwandagaza. Ingaruka isumbya izindi uburemere, ni umuriro utazima cyangwa ububabare bukabije bwo muri Purugatori. Imana Data Ushoborabyose nta ko itagize ngo itwereke aho umukiro uri. Iyo twemeye kwakira YEZU tukitandukanya n’ingeso mbi n’irari, dusaba imbabazi tukazihabwa. Ni byo Pawulo atubwira muri aya magambo: “Ariko Imana Nyir’impuhwe zihebuje; kubera urukundo rwinshi yadukunze n’ubwo twari twarapfuye tuzize ibyaha byacu bwose, yadushubije ubugingo hamwe na KRISTU.

Ubwo Imana Data Ushoborabyose yatuzuye itwuzuza ubuzima bw’Uwazutse YEZU KRISTU, twikomezemo ukwemera twamamaza iyo Nkuru Nziza igihe cyose n’aho turi hose, abo urupfu rwari rwikoreye bazarurokoka. N’ubwo mu bihe turimo bamwe tuvuga ko hazakira Soryo, nta we uvuma iritararenga, nimucyo dukomeze kwigisha UKURI tutihenda, abana bacu bazakizwa. 

Duhereye ku Ivanjili ya none, nimucyo dusabire abantu bose bariho baryana bitewe n’amafaranga n’imitungo. Abavandimwe bagiye kwicana kubera amasambu n’ibintu, tubasabire kumenya YEZU by’ukuri. Nibamumenya bagatangira gushaka ubuzima bw’iteka, bazigobotora irari ry’ibintu bumve ko n’uwatunga ibya Mirenge atari byo byamubeshaho. Urugero turuhabwa na YEZU muri uriya mugani w’umukungu wapfuye arangariye mu kubaka ibigega ahunikamo imyaka ye yasaga n’aho ari yo ashengereye. Ubona iyo apfa yiteguye asenga arangamiye YEZU KRISTU na BIKIRA MARIYA! Nyamara, ni uko bitugendekera. Turangarira mu by’isi tukabitamo igihe kirekire bikabije, ariko iby’Imana tukabisuzugura. Dusabirane guhugukira iby’ijuru. Ni yo nzira yo kubana iteka na YEZU wadupfiriye akazukira kudukiza. 

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.