Inyigisho ku cyumweru cya 29 B: Umusaserdoti Mukuru: Kristu

ICYUMWERU CYA 28 GISANZWE, B

21 Ukwakira 2012: 

AMASOMO: 1º.Iz 53, 10-11

2º.Heb 4, 14-16

3º.Mk 10, 35-45 

Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA

DUFITE UMUHEREZAGITAMBO MUKURU UHEBUJE 

Dufite ibyishimo kuri iki cyumweru, byo kwibutswa ko dufite Umuhuza hagati yacu n’Imana Data Ushoborabyose. Ni We udufasha ku buryo buhagije mu mushyikirano ukenewe hagati yacu n’Umubyeyi wacu wo mu ijuru. Uwo ni Umuherezagitambo Mukuru kandi uhebuje. Ni YEZU KRISTU, nta wundi. Ariko kuva amateka y’Imana n’abantu yatangira, imbaga y’Imana yakeneraga abahuza. Abo ni abasaseridoti ba kera YEZU KRISTU yaje yuzuza ku buryo buhebuje. 

1. Umuhuza w’Imana n’abantu arakenewe 

Igihe cyose, abantu bakeneraga umusaseridoti ubafasha mu mubano wabo n’Imana. Abasaseridoti ba kera, n’ubwo bari abantu basanzwe kandi b’abanyantege nke, uko biri kose bafashaga abandi mu guhereza igitambo kikagera kuri Nyagasani Imana, Umubyeyi Ushoborabyose. Icyo gihe cya kera, abasaseridoti bafatanyaga n’abahanuzi ndetse n’abami kugira ngo umuryango w’Uhoraho ukenurwe bihagije. Abahanuzi, nk’uko tubizi, ni bo bari bashinzwe gutangaza mu ijwi riranguruye no mu ngiro zabo icyo Imana ishaka. Ni bo yavugiragamo rwose. Abami na bo bari bashinzwe kuyobora umuryango w’Imana bawurinda gutana no gutatira Amasezerano bagiranye n’Imana ya Israheli ari yo Mana y’ukuri. Iyo barangaraga, abahanuzi babibutsaga kumvira Uhoraho no gufasha abo bashinzwe kumwumvira. Muri ibyo bihe, ubwo umuryango w’Uhoraho wari uremye ihanga rimwe, iby’ubuyobozi busanzwe bw’igihugu byajyana rwose n’ubuyobozi bwa roho. Abasaseridoti bo bitangiraga ibikorwa byose bijyanye n’amasengesho n’ibitambo byo gusingiza Umuremyi. Ni yo mpamvu biswe abaherezabitambo. 

2. KRISTU: Umuherezagitambo Mukuru, uhebuje 

Tuzi ko Isezerano rya Kera ryakuwe n’Irishya. Ubwo kera Abahanuzi, Abasaseridoti n’Abami bafatanyaga mu kuyobora umuryango w’Imana kuri Yo nyine, mu Isezerano Rishya, iyo mirimo yose yabumbiwe hamwe muri KRISTU YEZU. Ni We Musaseridoti, Umuhanuzi n’Umwami nyakuri. Uko ibihe byagendaga bisimburana kuva mu ntangiriro, idini ya kiyahudi yaje kuremera cyane isigara ari ikintu gisa n’icyitandukanyije n’ubusabane nyakuri hagati y’Imana n’abantu. YEZU yaje avugurura byose kugira ngo bose bamenye Imana y’ukuri n’uburyo bwo kuyisanga no kuyisenga. Yaje agomba kuvugurura abayahudi ariko adasenye Amategeko bagenderagaho kuva kuri Musa wayahawe n’Imana ishoborabyose. 

Ikibazo cyabaye gikomeye, ni uko abo mu idini y’abayahudi banze kwemera YEZU KRISTU. Bikomereje ibyabo baranangira rwose. YEZU yatangije ihanga rishya rigamije gukwiza hose Ingoma y’Imana. Yatoye intumwa cumi n’ebyiri n’abandi bamukurikiye kugera ku musaraba. Nta bundi buryo yakoresheje kugira ngo agaragaze ugushaka kwa Se kugera ku ndunduro: yemeye imibabaro. 

3. Umusaseridoti wese azanyura ku musaraba 

Ububabare bw’Umwana w’Imana wiswe Umugaragu wayo, bwatangiye guhanurwa na Izayi, nk’uko twabyumvishe mu isomo rya mbere. Umugaragu w’Uhoraho yakijije imbaga y’abantu mu kwemera kwikorera ibicumuro byabo. Uko byari byarahanuwe, ni ko byagize indunduro. YEZU KRISTU Umusaseridoti Mukuru kandi uhebuje, yabaye muri iyi si ababara cyane. Ubwo bubabare n’ibitotezo, ntibyamutandukanyije n’Imana Se. N’aho amariye gutsinda urupfu akazuka, byaragaragaye ko igitambo cye ari cyo cyaronkeye isi yose Umukiro. 

Intumwa ze n’abandi bigishwa cyane cyane mu ikubitiro rya Kiliziya, bagombye kunyura mu mibabaro kugira ngo babere abandi urugero n’umusemburo wo kudacogora ku Mana Data Ushoborabyose. Iyo misaraba bikoreye bakemera kwicwa, ni yo yabaye nk’iteme ribinjiza mu ijuru. Iyo twemeye YEZU KRISTU ariko nyuma tukamwihakana, ntitwakwemeza ko tuzasangira na We ikuzo mu ijuru. 

Tuzirikane twese amagambo YEZU yabwiye bene Zebedeyi: batisimu yahawe n’inkongoro yanywereyeho, nibitubere ibimenyetso bikomeye biranga abafite inyota y’ibyiza byo mu ijuru. Twese ababatijwe twifuza kuzajya mu ijuru kuko tuzi kandi twemera ko Imana yaturemeye kubanayo na Yo. Kwitiranya iby’isi n’iby’ijuru, ni igipimo cy’imyerere idashyitse. Aho dushaka kuzatura iteka, tuhaharanira mu bwizige no mu bwiyoroshye. Iby’isi ntitubigendamo nk’abahawe kugenga amahanga bayagenga uko bashatse bategekesha agahato. Amatwara meza y’umusaseridoti agira uruhare mu kwinjiza mu ijuru. 

4. Umusaseridoti atagatifuza imbaga 

Umurimo w’ibanze kandi w’ingirakamaro ku musaseridoti wese, ni ukwitagatifuza buri munsi atura igitambo kizira inenge. Yirinda kwiyandarika no kwiyanduza kugira ngo afashe abo ashinzwe kubona inzira y’Umukiro. Afite uruhare ku butumwa bwose YEZU yazanye ku si. Ni umusaserodoti nyine, umushumba n’umwami. Atanga amasakaramentu yitagatifuza kandi atagatifuza abo ashinzwe bose. Ababera umuyobozi mwiza abafasha gutsinda ibyo bahura na byo byose mu nzira y’ubutungane muri iyi si. Afite umwigenge busesuye kuko KRISTU yamubohoye ku byagerageza kumupyinagaza byose. Ntiyatorewe gukorera isi cyangwa kuyigaragira no kunywana na yo. Yatorewe umurimo mutagatifu adashobora kuzuza igihe cyose yibohesheje ubucakara bwo kuri iyi si. Kuko na we yambaye umubiri, urwo rugamba rurakomeye. Ni yo mpamvu byihutirwa gusabira abasaseridoti buri munsi. 

5.Dusabire abasaseridoti 

Kimwe mu byo tubasabira, ni imbaraga zo gushingira mbere na mbere ku Ivanjili ya YEZU KRISTU. Isi ifite ivanjili yayo yigisha kandi ikwira vuba ikigarurira abantu. Kuko buri musaseridoti wese atorwa mu bantu bari mu isi, hari igihe bimugora kwigana Umusaseridoti Mukuru KRISTU, ugasanga aguye mu gishuko cyo kwigana ibigezweho byo mu isi. Icyo gihe, ata umurongo maze ugasanga arakora gusa nk’umwigishamategeko wa kera. Ni ngombwa rero gusabira abasaseridoti kugira ngo bubahirize ubusaserodoti bwa gihereza batorewe. Ikindi dusabira abasaseridoti bacu, ni ukwiyoroshya. Ibyubahiro no kwishyira hejuru no gushaka kugaragirwa, YEZU yabitubujije mu Ivanjili twumvishe. Ushaka Ubwami bw’iteka, ushaka kuba mukuru akwiye kurangwa n’ukwiyoroshya akurikije urugero YEZU KRISTU yaduhaye. Nta kugira ubwoba ngo ntitwabishobora. N’abandi babigezeho dukunze kwiyambaza babaye mu isi kimwe natwe. Kwemera kugendera muri iyo nzira biduhuza na YEZU KRISTU udufasha. Ni We Musaserodoti Mukuru ufite ububasha bwo kuturokora. Dusabire na none abasaseridoti guhora bazirikana ya mirimo itatu bakomora kuri KRISTU: babe abasaseridoti koko, babe abami n’abahanuzi. Nibarangamira KRISTU koko, bazagira imbaraga zo kuzuza amasezerano bagize mu maso y’igihugu cyose nk’uko tujya tubiririmba.

N’umukristu wese, yumve ko yunze ubumwe n’abasaseridoti bashyiriweho kumuyobora kuri YEZU KRISTU. Igihe yivugururamo ingabire yaherewe muri Batisimu, igihe yegera Kiliziya imutagatifurisha amasakaramentu, igihe yirinda gusebya no kuvuga nabi Kiliziya muri rusange, igihe afasha abasaseridoti abasabira kandi abafasha mu byo ashoboye, igihe yirinda kubashuka ku buryo bunyuranye, burya aba agaragaza ubumwe bukomeye afitanya na KRISTU Umusaseridoti Mukuru.

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

Inyigisho y’uwa 20.10.2012: Uzatuka Roho Mutagatifu ntazagirirwa imbabazi

Ku wa gatandatu w’icyumweru cya 28, B gisanzwe

20 Ukwakira 2012 

AMASOMO: 1º.Ef 1, 15-23

2º.Lk 12, 8-12 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Uzatuka Roho Mutagatifu ntazagirirwa imbabazi 

Ni benshi bakunda kwibaza icyaha gikomeye cyane kitanashobora kubabarirwa. Bahera kuri iyi Vanjili ya none, amatsiko akaba menshi. Benshi mu babyibaza, cyane cyane ni urubyiruko tubona mu makoraniro anyuranye y’abasenga n’abandi bakristu bakunze kwitabira inyigisho. Kwirinda icyaha gikomeye, ni ko kwitegura kwinjira mu ijuru tutagombye kuzaborera muri Purugatori. 

YEZU atugaragariza, ku buryo bwumvikana, ko icyaha tutazababarirwa ari icyo gutuka Roho Mutagatifu. Kuvuga nabi YEZU byo, ngo azabitubabarira. Kuvuga Umwana w’umuntu nabi, bishobora guterwa n’uburere twahawe. Umuntu utarigeze yigishwa ibyerekeye YEZU KRISTU, birumvikana ko atazabasha kumenya ibye. Birumvikana kandi ko atazigera anamenya kwigisha abandi ibya YEZU KRISTU wapfuye akazuka. Cyakora, mu duce twinshi tw’isi muri iki gihe, nta wakwirengagiza ngo avuge ko izina rya YEZU KRISTU ritaramugeraho. Burya rero no kumva ibya KRISTU ntubyiteho, ni ugusuzugura Roho Mutagatifu. Ariko cyane cyane, aragowe umuntu wemeye kubatizwa no guhabwa amasakaramentu muri Kiliziya akarenga agasebya izina rya YEZU cyangwa akirengagiza kurimenyesha abandi cyane cyane abo ashinzwe. Umuntu wese, n’aho yaba atari impuguke mu by’ubusabaniramana, yahawe kamere ihita imenya gutandukanya ikibi n’icyiza. Ikibi cyose tuvuga aha, ni icyaha. Ikintu cyose kigamije inabi no kwica urukundo n’amahoro mu bantu, ni igikorwa cyo gusuzugura Roho Mutagatifu. Hariho abantu batemeye kuba abakristu ariko bakaba bazi neza ko iki n’iki ari kibi nyamara bakarenga bakagikora nkana. Ibyo ni ugutuka no gusuzugura Roho Mutagatifu. Dusabe uyu munsi imbaraga zo guharanira ko KRISTU amenyekana aho turi hose kandi twirinde gusuzugura Roho Mutagatifu twahawe. 

Tuzirinda gutuka Roho Mutagatifu igihe cyose tuzemera kuba aba-KRISTU mu maso y’abantu. Icyo ibyo bisobanura, ni ukutagira ipfunwe n’ubwoba by’uko turi aba- KRISTU. Hari igihe imbaraga nke zidutahamo maze Semwijima akatwumvisha ko kugaragaza ubukristu bwacu, ari ukwisebya. Ni yo mpamvu tubura imbaraga zo kubana na YEZU no mu bitotezo. Ni yo mpamvu umuntu yinjira muri tagisi cyangwa bisi agatekereza gusenga ariko akabireka kubera gutinya amaso y’abantu! Ni yo mpamvu umuntu yihanukira akavuga ibinyoma mu maso y’abantu agatinya kuvugisha UKURI ngo aha atiteranya n’abantu! Ni na yo mpamvu kandi, kugaragaza isura nziza imbere y’abantu ari byo dukunze kwibandaho nyamara ahiherereye tugakora ibidakorwa. Uko ni ugutuka Roho Mutagatifu. 

Tuzirinda gutuka Roho Mutagatifu kandi, nidushakashaka ubwenge n’ubujijuke bitangwa n’Imana Data Ushoborabyose tukirinda kwimika ubwenge n’ubushobozi bwa muntu gusa. Pawulo Mutagatifu aradusabira kugira ngo tugire umutima w’ubwenge n’ubujijuke bituma tumenya Imana y’UKURI rwose. Duhore twisabira kandi dusabira n’abo dushinzwe cyangwa dusangiye izina rya kwitwa aba-KRISTU, dusabe ko amaso y’umutima wacu amurikirwa kugira ngo dusobanukirwe n’ukwizera dukesha ubutorwe bwacu hamwe n’ikuzo rihebuje tuzigamiwe hamwe n’abatagatifujwe bose. Ubwo busobanukirwe buzatuma tubaho twunze ubumwe na KRISTU. Ni We tuzahora dupfukamiye igihe cyose tuzumvira Roho Mutagatifu utwemeza ko YEZU amaze kuzuka, yicaye iburyo bwa Se mu ijuru. Nidusobanukirwa ko YEZU ari hejuru y’icyitwa Igikomangoma, Igihangange, Ikinyabubasha n’Ikinyabutegetsi cyose, tukemera ko ari hejuru y’irindi zina ryose ryashobora kuvugwa ubu no mu bihe bizaza, nta kabuza amashagaga yacu yo mu isi tuzayashyira ku ruhande maze turangamire YEZU KRISTU kandi tumwamaze hose nta bwoba dutewe n’umuntu uwo ari we wese. 

YEZU KRISTU AKUZWE MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BKIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

Inyigisho: Mwirinde umusemburo w’Abafarizayi

Ku wa gatanu w’icyumweru cya 28 B,

19 Ukwakira 2012

AMASOMO: 1º.Ef 1, 11-14

                    2º.Lk 12, 1-7

Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA

 Mwirinde umusemburo w’Abafarizayi 

Kwirinda umusemburo w’Abafarizayi, ni yo ngingo duhisemo tuzirikana icyo YEZU KRISTU ashaka kutubwira uyu munsi. Nk’uko bizwi, itsinda ry’Abafarizayi ryari rigizwe n’abantu bahugukiwe cyane n’iby’idini ya kiyahudi. Bo n’Abigishamategeko, bari bazwiho ubumenyi buhagije mu by’iyobokamana. Nyamara ariko, bagaragaweho n’inenge zitagira ingano: iyobokamana ryabo rigarukira mu kuzuza imihango n’imiziririzo by’idini ariko batitaye ku rukundo rw’abantu bose; gukunda ibyubahiro n’iby’isi…Inenge yabaye simusiga, ni umutima wabo wanangiye banga kwemera inyigisho YEZU yatangaga n’ibimenyetso yagaragazaga.

Inyigisho: Luka ni we wenyine turi kumwe

Ku ya 18 Ukwakira 2012:

Mutagatifu Luka, Umwanditsi w’Ivanjili 

AMASOMO: 1º.2Tim 4,9-17a

2º.Lk 10, 1-9 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Luka ni we wenyine turi kumwe 

LUKA mutagatifu, yanditse Ivanjili dusanga muri Bibiliya ku mwanya wa gatatu. Yanditse kandi n’Igitabo cy’ibyakozwe n’intumwa. Mu isomo rya mbere, twiyumviye ko yakoranye na Pawulo intumwa. Iyo ntumwa idahinyuka iravuga ibigwi bya LUKA. Mu gihe benshi bari baragendanye na Pawulo bageze aho bakisubirira mu byabo, LUKA we yakomeje kumuba hafi akamufasha mu butumwa. Ni cyo twamwigiraho none: gukomeza ubutumwa kugera ku ndunduro. 

Mu isi ducika intege ariko ni ngombwa kwirinda kureka umurimo wa gitumwa dukuruwe n’ amaronko yo mu isi. N’umutima ushengutse, Pawulo aduhaye urugero rw’abamutabururiye bakigendera. Demasi yamutaye abitewe no gukunda iyi si. Tuzirikane abavandimwe bitandukanyije na YEZU babitewe no gukunda isi. Natwe dusabe imbabazi YEZU kubera igihe cyose tutabanye na We bitewe na rukuruzi yo mu isi. 

Dushobora kudohoka mu buyoboke bwacu no mu mirimo ya gitumwa bitewe n’impamvu nyinshi harimo n’izitaduturutseho nk’uburwayi, ubusaza n’izindi. Usibye kwa gutwarwa n’iby’isi twavuze, ikibi cyane, ni ugutana (guta inzira) bigeza n’aho guhemuka. Pawulo ashenguwe umutima bikomeye n’uwitwa Alegisanderi wari umucuzi. Uwo nguwo mu mizo ya mbere yari yarakiriye Inkuru Nziza ya YEZU KRISTU ndetse akorana na Pawulo. Ariko igihe cyarageze ahemukira Pawulo ndetse yiha kujya mu gice cy’abarwanya bikomeye Inkuru Nziza y’Umukiro Pawulo yamamazaga. Tuzirikane abaduhemukiye mu butumwa twari dushinzwe bwo kwamamaza YEZU. Tubababarire tubasabire mu Izina rya YEZU KRISTU watsinze urupfu akazuka. Dukurikize urugero rwa Pawulo ugira ati: “Alegisanderi w’umucuzi yangiriye nabi cyane; Nyagasani azamwitura ibihwanye n’ibikorwa bye. Na we umwirinde”. Kwirinda abaduhemukira kandi batwanga mu butumwa dushinzwe, ni kwa kubakunda, kubababarira no kubasabira. Si uguhangana. Ni ukwiyumanganya no gutuza muri Roho Mutagatifu. Uko biri kose, uwo Roho aradukomeza tukaba intasubirinyuma mu kwamamaza YEZU KRISTU. Kumukurikira tumukurikiza kandi tumuyoboraho n’abandi benshi bashoboka, iyo ni yo ntego yacu kugera ku ndunduro. Abakristu ba mbere babiduhayemo urugero kuko bemeye no kugera aho bicwa aho kwitandukanya n’ URUKUNDO rwa KRISTU. 

Dusabire abiyemeje bose kwamamaza YEZU KRISTU nka Pawulo na LUKA bafatanyaga. Tubasabire kubona abandi babunganira mu butumwa. Kwiyumva uri wenyine, ubwo bwigunge buca intege ku buryo bukabije. N’aho umuntu atakwiyumvamo ingabire y’akataraboneka yo guhamya YEZU mu magambo no mu bikorwa bigaragarira abandi, iyo ayobowe na Roho Mutagatifu, ntashobora kurwanya inyigisho zibwirijwe na Roho nyine. Abarwanyije bikomeye inyigisho za Pawulo bari baritandukanyije batyo na YEZU KRISTU ubwe. Ikindi kiranga uwo mutima wa gikristu koko, ni ukwifatanya n’intumwa mu mibabaro zishobora guhura na yo. Ubwo Pawulo yajyanwaga mu rukiko, abenshi baramutereranye biramushavuza. Ariko yarababariye kandi Nyagasani we ntiyigeze amutererana. Ni cyo natwe dukwiye gusabirana. Igihe cyose tuzagirirwa nabi, tuzakomere duhange amaso YEZU KRISTU, ntazigera adutererana. Azatwigaragariza kandi na BIKIRA MARIYA azaba aturi hafi. Tuzirikane impanuro zose YEZU yahaye ba Mirongo irindwi na babili ubwo yaboherezaga mu butumwa. Nta kindi dukwiye kwishingikirizaho kitari UKURI kwa KRISTU udutuma kandi udukomeza kugira ngo bose baronke umukiro. 

YEZU KRISTU ASINGIZWE.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE UBU N’ITEKA RYOSE.