Inyigisho: Yakobo abyara Yozefu, umugabo wa Mariya ari we wabyaye Yezu witwa Kristu

Ku ya 8 Nzeri 2012: Ivuka rya Bikira Mariya Mutagatifu

AMASOMO: Mika 5, 1-4a cyangwa Romani 8, 28-30

Zaburi 13 (12)

Matayo 1,1-16.18-23

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹Yakobo abyara Yozefu, umugabo wa Mariya ari we wabyaye Yezu witwa Kristu ››

Uyu munsi muri Kiliziya turahimbaza iyobera ry’Ukuvuka kwa Bikira Mariya. Nyuma y’amezi icyenda ashize duhimbaje Isamwa rye rizira inenge (12 ukuboza), uyu munsi turahimbaza Ukuvuka kwe gutagatifu. Turabizi ko atavutse ngo amahanga ahurure. Icyo yari agenewe kuba cyari kizwi n’Uhoraho. Kuko ari we wamuteguraga mu ibanga kugira ngo uzamuvukaho Yezu azahagurutswe no kuba Umwami w’isi n’ijuru. Bityo ikuzo Yezu afite arisangire na Nyina. Nuko uwari intamenyekana ahinduke Umwamikazi w’isi n’ijuru ku bw’ububasha bwa Yezu Kristu wapfuye akazuka.

Ngibyo ibyiza duhimbaza none. Bikira Mariya aravutse kugira ngo atubyarire Yezu witwa Kristu. Mu kuvuka kwa Bikira Mariya turizihiriza ukuvuka nyako kw’abantu bose. Kuko kuri we ari ho hakomoka ubucungurwe bwa bene muntu. Kuri Bikira Mariya ni ho havutse uwatsindiye abantu umwaku n’umuvumo biva ku mivukire yabo. Mu kuvuka kwa Bikira Mariya turaha impundu ababyeyi bose babyariye isi kandi bakayirerera abantu bagiye bayifasha kuva mu icuraburindi ry’icyaha n’urupfu. Kuri uyu munsi kandi turazirikana kurushaho agaciro nyako k’ubuzima buhoraho dukesha Ukuvuka kwa Bikira Mariya. Ariko kandi tunabonereho gusobanukirwa n’agaciro rusange k’ubuzima, ko kubyara umuntu.

Koko rero mu Ivanjiri y’uyu munsi inshinga kubyara n’amagambo afitanye isano na yo yagarutse incuro zisaga mirongo ine n’eshanu. Ku buryo duhereye ku iyi Vanjiri twavuga ko Ivuka rya Bikira Mariya rihimbazwa muri Kiliziya, maze Nyagasani agaha isi yose umugisha w’ubuzima, umugisha wo kubyara. Ni umunsi wo gushimira Nyagasani kubera amavuko ya buri wese. Ni umunsi wa buri wese wo gushimira Nyagasani no kumusingiriza mu mavuko ye, uko waba waravutse kose, aho waba waravukiye hose. Ni umunsi wo gushimira Nyagasani kubera umuryango uvukamo, muri ayo masekuruza yose y’abantu batumye ubona izuba, ariko bakaba batarigeze bakubona cyangwa se ngo wowe ubabone. Ni umunsi wo kunga ubumwe n’abo bose mu gitambo cya Misa cya none. Kuko Yezu Kristu wapfuye akazuka uri mu Ukaristuya ahuza abazima n’abapfuye (Rm 14, 7-9).

Uyu ni umunsi Nyagasani Yezu Kristu wapfuye akazuka asesekara mu isi ye kugira ngo ahe umugisha ababyeyi bose nk’uko yawuhaye uwamwibarutse Mariya. Ku munsi w’ukuvuka kwa Mama we, Yezu Kristu aratambagira mu isi ye atanga ingabire yo gukunda ubuzima. Yezu Kristu wapfuye akazuka aratambagira mu isi ye aha ababimusabye ingabire yo gutanga ubuzima. Ni umunsi ukomeye none wo gusabira abantu bose babuze urubyaro barushaka. Uyu ni umunsi wo gusabira abantu bose badashaka urubyaro kandi bujuje ibyangombwa byose bibemerera kubyara imbere y’isi n’Ijuru. Uyu ni umunsi wo gusabira abatwite kuzabyara neza kandi bakishimira uwo bazabyara ari we ubu batwaye mu nda. Uyu munsi ni uwo gusabira abatwite bose bari mu gishuko cyo gukuramo inda kugira ngo Nyagasani Yezu wapfuye akazuka abatsindire icyo gishuko cyo kwihekura. Uyu ni umunsi wo gusabira abantu bose batishimiye uko bavutse, abababyaye n’aho bavukiye, kugirango bumve ko byose bihira abakunda Nyagasani (Rm 8,28-30).

Koko rero nta muntu n’umwe uhirwa bitewe n’imivukire ye. Buri wese ahirwa kuko yakiriye ihirwe nyakuri Yezu adutangariza, iyo twemeye gutsindira icyaha muri we (Mt 5, 3-12; Lk 11, 27-28). Mu basekuruza ba Yezu ntabwo harimo intungane gusa. Kuko uwitwa Rahabu yari ihabara. Naho Salomoni yavutse ku mugore wa Uriya, Dawudi yabohoje amaze kwicisha umugabo we inkota y’abahemoni . Umugisha rero wose Imana Data yawutuzigamiye muri Kristu Yezu wapfuye akazuka (Ef 5, 3-14). Kandi nta muntu n’umwe uhejwe kuri uwo mugisha, aho yaba yaravukiye hose, uko yaba asa kose. Nta n’ubwoko na bumwe bw’abantu bwegereye iyo migisha kurusha abandi. Ni umukiro ugenewe abantu bose (Hish5, 9-12; 7, 9-12). Ibyo bikwiye kuvugwa bigashimangirwa. Kubera ko aho ivanguramoko ryakajije umurego, bamwe baba bashinja abandi ko ari abantu babi kubarusha. Hakaba rero n’abibeshya ko begereye cyangwa borohewe no gukurikira inzira y’Umukiro kurusha abandi. Kuko baba bumva ari ubwoko bw’indobanure. Abatekereza batyo bose, baba bageze mu bihe bicuze umwijima kurusha ibindi mu mateka yabo.

Umubyeyi Bikira Mariya duhimbariza none amavuko, naduheshe ingabire yo gukunda ubuzima isi yahaweho kado iruta izindi. Bityo buri wese yitondere ubuzima bwe. Kandi yite no ku bw’abandi. Kugira ngo twese ubuzima twahawe dushobore kububyaza ubutungane dukesha Yezu Kristu wabyawe na Bikira Mariya, agapfa , agahambwa akazuka. None akaba yicaye mu ikuzo rya Se. Nasingirizwe iteka mu mitima yacu.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

Inyigisho: Ahubwo igikwiye ni ugushyira divayi nshya mu masaho mashya

Ku wa gatanu w’icyumweru cya 22 B gisanzwe

Ku ya 7 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 4,1-5; Zaburi 37 (36), 3-6.27-28.39-40; Luka 5,33-39

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹Ahubwo igikwiye ni ugushyira divayi nshya mu masaho mashya››

Uyu munsi Yezu arakiranura impaka zerekeye gusiba kurya. Abari kumwe n’umukwe ntibasiba. Ariko nabavanwamo bazasiba. Aboneraho kubihanangiriza ko bagomba kumva ko hari ibihe bishya byatangiye bagomba kwinjiramo. Bakirinda gukomeza kuvangavanga ibishaje n’ibishya. Bakirinda konona ikiremo gishyashya bagitera ku mwenda ushaje. Bakirinda no gusuka divayi nshya mu masaho ashaje. Kugira ngo batonona divayi n’ayo masaho. Akababwira ko akenshi uwanyoye divayi ikuze, atifuza kunywa ikiri nshya kuko avuga ko ikuze ariyo nziza.

Yezu Kristu arabwira ariya magambo abayahudi bashakaga ko abigishwa be bakurikiza imihango yabo. Umwe muri iyo mihango wari uwo gusiba kurya. Yezu ntavuga ko abe batagomba gusiba kurya. Ariko arerekana ko abari kumwe na we badakeneye gukora uwo muhango. Mbese icya ngombwa si ugusiba kurya. Ahubwo icy’ingenzi ni ukubana na we. Kandi igihe gusiba bibayeho ntibihabwe agaciro byo ubwabyo. Ahubwo bigafatwa nk’imwe mu nzira cyangwa nka bumwe mu buryo bushobora gufasha abigishwa gushaka Yezu, kumutegereza no kumwitegura kugira ngo tumwakirana umutima utagize ikindi urarikira usibye we ubwe n’ibyishimo bye bihoraho iteka. Ariko Yezu ntabigira itegeko ku be. Ahubwo aramurikira abari bamenyereye iyo mihango ya kera, ngo bafungure amaso bamurebe. Bemere kunywa divayi nshya abazaniye, ari yo We ubwe bagomba kwakira bakunga ubumwe na we. Bareke kwakira inyigisho ze ngo bazishyingure mu bubiko by’inyigisho bahawe kuva kera. Ahubwo bemere kumwakirira mu buzima buvuguruye.

Yezu Kristu wapfuye akazuka aje none kutumurikira ku byerekeranye n’Isezerano rya Kera. Kugira ngo tuyobowe na Roho Mutagatifu tumenye uko tugomba kurikoresha. Tuzi neza ko twebwe aba Kristu dufite Isezerano ryacu Rishya ryasinyiwe mu maraso ya Ntama. Kandi tukagira itegeko rishya yaduhaye ari ryo ryo gukundana nk’uko yadukunze (Yh 13,34-35). Uwo ni wo mutima w’ubukristu bwacu. Inyigisho zacu ntizigomba rero gushingira ku kurya cyangwa kutarya. Ahubwo ishingiro ryazo ni Yezu Kristu ubwe wapfuye akazuka (Rom 9, 9-17; Kol 2, 6-23).

Ntawe uzabuzwa Ijuru nuko atigeze asiba kurya. Ahubwo azaribuzwa n’umutima utababarira kandi wenda gusiba kurya yarabyiziritseho ubuzima bwe bwose (Mt 6, 15; 21, 35). Twibuke inyigisho Yezu aheruka kuduha ku cyumweru gishize atubwira ko ibivuye hanze y’umuntu atari byo bimuhumanya ( Mk 7, 1-23). Ntabwo rero iyobokamana ryacu aba Kristu ari urukurikirane rw’imihango tugomba gukora cyangwa kwirinda. Ahubwo ni uguhura na Yezu Kristu wapfuye akazuka, agahindura ubuzima bwacu nk’uko yahinduye Pawulo agasigara avuga ati ‹‹mu by’ukuri ndiho, ariko si jye: ni Kristu uriho muri jye.›› (Gal 2,20). Umuhango rero wo gusiba kurya ntugomba na rimwe gushyirwa ejuru. N’abawitabira kubera impamvu ntagatifu rwose, Yezu yabasabye kubigira rwose mu ibanga rikomeye (Mt 6,16). Kugira ngo hato hatazagira ubabona agakeka ko ubukristu ari aho bushingiye. Twibuke wa mufarizayi wagiye mu isengero maze akarata ko asiba kurya igisubizo yahawe n’Uhoraho icyo ari cyo (Luka 18, 9-14). Twibuke kandi ko ku munsi w’urubanza ntaho tuzabazwa incuro twasibye kurya (Mt 25,31-46). Hato ejo hatazagira ubyishyuza Yezu ku munsi w’urubanza. Ariko kandi twibuke ko gusiba kurya bitabujijwe. Ariko hari amategeko ya Kiliziya abigenga. Ushaka kubisobanukirwa kurushaho yegera umusaseridoti wa Paruwasi ye. Gusa rero abo bifasha bashobora kubikoresha nk’uburyo buherekeza isengesho ryabo kandi bugateza imbere itegeko ry’urukundo. Ariko ntawe Yezu abitegeka. Kuko azi neza ko ubuzima yaremye bukeneye ifunguro. We watwigishije gusenga agira ati ‹‹Dawe…ifunguro ridutunga uriduhe none›› (Mt 6,11). Aba Kristu si abarushije abandi gusiba kurya iminsi myinshi. Ahubwo aba Kristu ni abakundana nk’uko Kristu yadukunze (Yh 13,34).

Umubyeyi Bikira Mariya adufashe kumva ibanga ry’Urukundo no kuryakira nka Divayi nshya Yezu aha abamwemera. Maze bakarangwa n’urukundo nyarwo baharanira gukiza roho za bose, birinda kugira n’imwe baroha. Baharanira ubuvandimwe hagati y’abantu bose batitaye ku mabara yabo, amazuru yabo, amazu yabo cyangwa akazi kabo. Bityo twese dusingize Yezu Kristu watugize umwe akoresheje Urupfu rwe ruhire n’Izuka rye ry’agatangaza.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

Inyigisho: Erekeza ubwato mu mazi magari

Ku wa kane w’icyumweru cya 22 B gisanzwe

Ku ya 6 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 3,18-23; Zaburi 24 (23), 1-6; Luka 5, 1-11

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹ Erekeza ubwato mu mazi magari, murohe incundura zanyu murobe››

Uyu munsi Yezu arigisha rubanda yicaye mu bwato bwari ubwa Simoni. Yabasanze ku nyanja aho bari baraye bagoka ijoro ryose, ariko nta fi n’imwe bafashe. Nuko Yezu abasaba kumutiza ubwato no kubutsura gato berekeza mu mazi. Kugira ngo abone uko yigisha imbaga y’abantu ayitegeye. Bityo na bo bashobora kumwumva biboroheye kurushaho. Kandi ntawe umuhutaza kuko bamuniganagaho ari benshi bashaka kumva Ijambo ry’Imana. Ubwo Yezu amaze kubigisha yahindukiriye Simoni na bagenzi be abasaba kwerekeza ubwato bwabo mu mazi magari. Maze bakaroha inshundura zabo bakaroba. Bamubwiye ko bo bari bagotse ijoro ryose ntibagire icyo bafata. Dore ko ubundi hari amafi arobwa nijoro. Kubera ko bacana urumuri rukayakurura akaza arukurikiye. Maze abayafata bakayabona batyo. Yezu rero yabasabye kongera gusubizamo incundura kandi bwari bwakeye. Nibwo bamubwiye ko ubwo ari we ubivuze, bagiye kubikora. Ubwo basubiyemo bararoba. Bafata amafi batashoboraga gukurura bonyine. Maze bitabaza bagenzi babo. Amato yombi aruzura hafi yo kurohama.

Ubwo Simoni amaze kubona ibyo Yezu akoze, yapfukamye imbere ye asaba imbabazi z’ibyaha bye agira ‹‹igirayo, Nyagasani, kuko ndi umunyabyaha!›› Nuko Yezu amugirira impuhwe maze aramubwira ati ‹‹witinya, kuva ubu uzajya uroba abantu.›› Nibwo abo barobyi bagaruye amato yabo ku nkombe. Basiga aho byose baramukurikira. Nguko uko Yezu yahamagaye Simoni Petero na Andereya murumuna we, na bene Zebedeyi ari bo Yakobo na Yohani. Ni yo mpamvu uyu munsi Yezu Kristu wapfuye akazuka asesekaye muri Kiliziya ye Ntagatifu kugira ngo ahamagarire abantu yishakiye gusiga byose bakamukurikira. Bityo hashobore kuboneka abigisha Ijambo rye imbaga nyamwinshi irifitiye inyota. Koko rero Ijambo rya Nyagasani rifite rwose ububasha bwo gukiza abantu cyangwa kubaroba cyangwa se ahubwo kubarohora. Kuko umuntu iyo aguye mu nyanja ntaba agiye guturamo. Aba agiye gupfiramo.

Uyu munsi rero Yezu arashakisha abegera Ijambo rye ritanga ubugingo buhoraho. Ku ruhande rero rumwe hakenewe abasonzera Ijambo ry’Imana. Bakarigirira inzara n’inyota nk’uko bariya baniganaga kuri Yezu bashaka kumva Ijambo rye.Naho ku rundi ruhande hakenewe abaritangaza. Ari na bo Yezu aha ubutumwa none ku buryo bwihariye. Koko rero abashinzwe kwamamaza Ijambo ry’Imana none Yezu arabasaba kwerekeza ubwato mu mazi magari. Maze bakaroha incundura bakaroba. Kandi icyo abohereje kuroba si amafi. Ahubwo ni abantu. Icya mbere rero Yezu asaba abo yatoreye kumwamamaza ni ukwerekeza ubwato mu mazi magari. Abazi iby’inyanja, mu mazi magari hari ingorane nyinshi kurusha ku nkombe. Ariko kandi hari amafi meza manini kurusha ku nkombe. Kabone naho ku nkombe naho haba hari amafi dushobora gufata, ya yandi yishyira abarobyi, ibyo ntibikuraho ko ubwato bugomba kwerekera mu mazi magari kugira ngo haboneke amafi manini kandi meza kurushaho. Ubwo bwato bushushanya Kiliziya Gatolika Ntagatifu iyobowe na Papa Umusimbura wa Petero Intumwa. Nk’uko Petero yari atwaye buriya bwato ni na ko ubu Papa Benedigito XVI ayoboye Kiliziya Gatolika. Ni yo mpamvu Kiliziya igomba gukomeza ubutumwa bwo kongera abayoboke ba Kristu Yezu. Kiliziya igomba kwemera kugana ahakomeye ishakisha umukiro w’abantu, idatinya ingorane ishobora guhura na zo. Kuko ari Kristu Yezu wapfuye akazuka uyibisaba. Nk’uko Simoni Petero yavuze ati ‹‹Mwigisha, twagotse Ijoro ryose, ntitwagira icyo dufata, ariko ubwo ubivuze, ngiye kuroha inshundura.››

Nta bwoba rero Kiliziya igomba kugira igihe ikora ubutumwa bwayo bwo kuroba abantu ibakura mu nyanja y’icyaha n’iy’urupfu. Kuko Yezu Kristu wapfuye akazuka uyihamagarira kwerekeza aho rukomeye, ni we ubwe ukora byose. Nk’uko mu by’ukuri ariya mafi, atari ba Petero bayarobye. Ahubwo ari Kristu wayabarobeye ku buryo bw’igitangaza. Kiliziya nayo uko yakora kose, abahanga yakoresha abo ari bo bose, monasiteri yakwiyambaza iyo ari yo yose, diplomasi yakoresha izo ari zo zose, nta roho n’imwe ishobora kurokora atari Yezu Kristu ubigizemo uruhare. Nta muntu n’umwe dufite ububasha bwo gutandukanya n’ibyaha byamuboshye. Nyagasani Yezu wenyine ni we ushobora kubidushoboza. Simoni Petero na bagenzi be baraye ijoro ntibafata ifi n’imwe. Ariko aho Yezu Kristu aziye, bafata amafi menshi yose ashoboka. Natwe nta roho n’imwe dushobora kurokora ku bwacu. Ejo hatazagira uwirata ngo akora ibitangaza cyangwa se ngo ni umwogezabutumwa w’icyamamare, umusaseridoti cyangwa umwepiskopi w’akataraboneka.

Koko rero twese ntacyo turi cyo. Yezu Kristu wapfuye akazuka ni we Mutegetsi n’Umukiza rukumbi. Iyo tujya kuvanga ibintu twigira abategetsi n’abantu bakomeye. Ese muri abo bose baza bagusanga bagira ngo ubagire inama, muri abo bakugendaho kuko Yezu abafashiriza muri wowe, muri iyo mbaga y’abantu ikuri imbere yaje mu misa cyangwa mu yindi mihango mitagatifu, ko ushobora kwibeshya nawe ukayireba ukumva na we uri umuntu ukomeye, hari n’umwe muri bo ukesha umukiro amaraso yawe? Hari n’umwe wameneye nibura agatonyanga k’amaraso kugira ngo ukize roho ye? Bose baguzwe igiciro gihambaye cy’ amaraso ya Kristu (1Kor 6, 20, Intu 20, 28). Aho kwiratana rero ibyo dushinzwe muri Kiliziya cyangwa ibyo tuhakora, uyu munsi ni igihe cyo gusaba Yezu imbabazi nka Petero. Kuko turamutse tubaye intumwa nyazo Yezu yakiza benshi atwifashishije. Ariko kubera ububi bwacu, ubwo bwirasi n’ibindi byaha buri wese yiyiziho, usanga tubangamiye igikorwa cya Kristu cyo gukiza abantu. Ugasanga aho kugenda mu bwato tugiye kurohora abarohamye. Ahunbwo turabugendamo turoha mu nyanja y’ibyaha abo twari kumwe muri ubwo bwato. Buri wese abikuye ku mutima akwiye kubwira Yezu Kristu uje adusanga ngo adusane ati ‹‹igirayo, Nyagasani, kuko ndi umunyabyaha.›› Nuko Yezu Nyirimpuhwe abonereho kuturamburiraho ibiganza by’impuhwe ze. Maze ubutumwa bwacu tubukomeze twunze koko ubumwe na we. Kuko atahwemye kutubwira ko tutari kumwe na we nta cyo twashobora (Yh 15, 5).

Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe none kwakira Yezu Kristu uje adusanga ngo adukangurire gukunda kumva Ijambo rye no kuryamamaza kugira ngo turohore abarohamye mu nyanja y’icyaha n’urupfu. Bityo abasingiza Yezu Kristu wapfuye akazuka bahore biyongera uko bwije n’uko bukeye. Nahabwe rero ikuzo we wapfuye akazukira kudukiza icyaha n’urupfu.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

No mu yindi migi ngomba kuhamamaza Inkuru Nziza

Ku wa gatatu w’icyumweru cya 22 B gisanzwe

Ku ya 5 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 3, 1-9a; Zaburi 33 (32); Luka 4, 38-44

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹No mu yindi migi ngomba kuhamamaza Inkuru Nziza y’Ingoma y’Imana kuko ari cyo natumwe ››

Yezu arajya kwa Simoni maze akize nyirabukwe wari urwaye. Baramumwingingiye, maze Yezu yumva isengesho ryabo maze amugirira impuhwe. Nuko amaze gukira arabyuka arabazimanira. Izuba rimaze kurenga bamuzaniye abarwayi benshi. Maze bose Yezu abakirana impuhwe. Abaramburiraho ibiganza maze arabakiza. N’abahanzweho na roho mbi yazibameneshagamo maze zikamenengana zivuga ko ari Umwana w’Imana. Ariko Yezu akazicyaha azibuza kuvuga uwo ari we kuko zo zari zizi ko ari we Kristu. Bukeye Yezu yagiye ahantu hiherereye maze baramushakisha. Aho bamuboneye baramwinginga ngo agumane na bo. Ariko we abasubiza agira ati‹‹no mu yindi migi ngomba kuhamamaza Inkuru Nziza y’Ingoma y’Imana, kuko ari cyo natumwe››

Uyu munsi rero Yezu Kristu wapfuye akazuka adusesekayemo yuzuye imbaraga zo kudukiza indwara zinyuranye, kutwirukanamo roho mbi no kutwamamazamo Inkuru Nziza y’Urupfu n’Izuka rye. Uyu munsi turahura na Yezu udukiza. Uyu munsi turahura na Yezu utubwira ko ari we Mukiza n’Umutegetsi rukumbi kandi akabigaragaza amenesha amashitani ku bw’ububasha bwe bushobora byose. Ibyo byose abikorera kugira ngo tumuyoboke. Kandi natwe dufatanye na we, ubutumwa bwo kumwamamaza nk’uko twabisezeranye muri Batisimu twahawe.

Koko rero na twe dukeneye none ko Yezu adukiza indwara z’umubiri n’iza roho turwaye. Akabikora uko abishaka. Akabikoresha urukundo rwe runyampuhwe. Akabikorera kugira ngo tubone urukundo n’ububasha bwe maze tumubere abahamya imbere y’isi yose. Koko rero nta murwayi uvura abandi. Dukeneye kuvurwa na Yezu. Kugira ngo natwe dushobore kuvura imitima y’abandi. Kuko iyo turwaye kuri roho cyangwa se no ku mubiri, hari abandi twanduza indwara turwaye. Cyangwa se tukabanduza izindi ndwara. Bityo nta murwayi ushobora guhamiriza abandi ko Yezu yamukijije kandi indwara akiyigendana cyangwa ikimugendamo. Yaba yibeshyera. Yaba abeshya abantu akabeshya na Kristu Yezu wapfuye akazuka.

Uyu munsi ni ugusaba rwose Yezu ngo ntahite atadukozeho. Ni ukumusaba ngo ntahite adakoze ku bo dusabira. Nk’uko bariya bose bamusangaga yabagiriraga impuhwe kubera ukwemera kwabo akabakiza. Natwe tumutakambire tumwemera. Kandi tunamwemerera ko aduturamo. Impuhwe za Yezu Kristu ni igisagirane rwose. Abe bamwemera kandi bamukunda ntashobora kureka kumva isengesho ryabo. Nk’uko yumvise isengesho ry’abasabiraga nyirabukwe wa Petero.

Dusabire by’umwihariko intumwa za Yezu Kristu zo muri ibi bihe, kugira ngo bashobore kumva ko ubutumwa bwabo bw’ibanze kandi busumbye ubundi bwose akaba ari na bwo bububyara ari ukwamamaza Inkuru Nziza ya Yezu Kristu wapfuye akazuka. Maze igihe cyose bahore biteguye gutumwa aho ari hose badatinye imvura yaho, inzara yaho cyangwa izuba ryaho, amazi yaho cyangwa umuriro waho, imisozi yaho cyangwa imirambi yaho. Tubasabire kugira ngo ho kugira ahantu cyangwa abantu babigarurira ngo babagire ibikoresho by’ibitekerezo byabo bya kimuntu. Ahubwo bahore bambariye kwamamaza Inkuru Nziza ya Kristu bishimiye kubwira bose ibyerekeye uwakunze abantu kugeza aho abapfira kugira ngo bo batazapfa. Ahubwo babeho muri we iteka ryose (2Korinti 5, 14-15).

Umubyeyi Bikira Mariya nadusabire twese Yezu kudukiza ibyo turwaye byose kuri roho no ku mubiri. Bityo abonereho kutugira intumwa zimwizihiye. Zidatinya gutumwa aho ariho hose n’igihe cyose.

Yezu Kristu wapfuye akazuka ni we Byishimo byacu ubu n’iteka ryose.