Ceceka kandi uve muri uwo muntu

Ku wa kabiri w’icyumweru cya 22 B gisanzwe

Ku ya 4 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 2, 10B-16; Zaburi 145 (144); Luka 4, 31-37

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹Ceceka kandi uve muri uwo muntu ››

Kuri uyu munsi Yezu Kristu arigishiriza i Kafarinawumu umugi wo mu Galileya maze abantu batangarire ububasha bw’ijambo rye. Yezu kandi arirukana roho mbi akoresheje ububasha nyine yifitemo bwo gutsinda Sekibi no gukiza abamutakiye bose. Maze akabatandukanya n’inkeke baterwa n’Umwanzi Sekibi. Ubwo roho mbi yatangiye ivuza induru itaka. Maze yitabara ishaka gutaka Yezu. Yibeshya ko ayo magambo yayo y’uburyarya hari icyo ari buhindureho imigambi ya Yezu yo kuyimenesha. Koko Yezu ntiyarindiriye ko imutaka. Ahubwo yayibwiye ayikangara ati ‹‹Ceceka kandi uve muri uwo muntu!›› Nuko roho mbi imutura hasi imbere ya bose maze imuvamo ntacyo imutwaye. Ibyo byatumye abari aho ubwoba bubataha. Maze baravuga bati ‹‹mbega ijambo rikomeye! Arategeka na roho mbi zikamenengana!››

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje natwe iwacu none kugira ngo atwigishe kandi adukize amashitani atubangamiye. Twakire rero Yezu Kristu wapfuye akazuka utuzaniye Ijambo ridukiza. Twakire Yezu Kristu wapfuye akazuka uje none kutwamururaho ububasha bwa Sekibi budushikamiye. Maze bukadukoresha ibyo tudashaka. Kuko buba bwaratuganje. Yezu Kristu utangarirwa na bose ko afite ububasha bwo kumenesha amashitani, naze muri twe arangize ubutumwa bwe. Bityo natwe tubonereho kwigenga nyabyo. Dushobore gukora ibyo Yezu Kristu wapfuye akazuka adushakaho twuzuye ububasha bwe buturinda Nyakibi. Kandi tunakoreshe ubwo bubasha kugira ngo turinde abandi kwigarurirwa n’Umwanzi. Kandi ku bw’ububasha bwa Yezu Kristu wapfuye akazuka, dushobore rwose natwe kumenesha ububasha bubi bwose mu bantú dutumwaho.

Yezu Kristu rero aratwigisha uyu munsi uburyo bwo guhangana n’Umwanzi Sekibi no kumuhangara tukamumenesha. Icya mbere ni ukwigisha cyangwa kwigishwa. Igihe cyose Yezu Kristu yigishaga abantu mbere yo kubirukanamo amashitani. Koko rero byose bituruka mu Ijambo ry’Imana ryuje ububasha. Niba rero hari roho mbi izi n’izi turwana na zo zikaba rwose zaranangiye gusohoka. Tumenye ko nta handi tuzahurira mbere na mbere n’ububasha buzimenesha usibye mu Ijambo ry’Imana twumva n’inyigisho duhabwa.

Iyo Yezu Kristu n’Intumwa ze barata Ijambo ry’Imana, ni uko bazi ububasha ryifitemo bwo gukiza abantu icyaha n’urupfu no kubaha ubugingo bw’iteka. Koko rero nta muntu n’umwe wigeze ahinduka atigishijwe. Niyo mpamvu Yezu yohereje intumwa ze kwigisha (Mt 28, 19-20; Mk 16,15-16). Pawulo Intumwa akaba yumva rwose ari bwo butumwa bwe (1Kor 9,16) n’intumwa zindi zikaba zidashobora kureka ubwo butumwa bwo kwamamaza Ijambo ry’Imana ngo bajye kugabura (Intu 6,2). Yezu Kristu na we arata Ijambo ry’Imana henshi (Yh 6,63; 8,51; Mt 4,4; Lk 8,21; 11,28). Naho uwanditse Ibaruwa y’Abahebureyi agereranya Ijambo ry’Imana n’Inkota y’amugi abiri icengera mu misokora ya muntu, ntihagire ikintu na kimwe gisigara kitagiye ahagaragara (Heb 4,12-13).

Ahantu rero hose hatangwa inyigisho muri Kiliziya Gatolika, ku buryo bwemewe na Kiriziya, kandi mu izina rya Yezu Kristu wapfuye akazuka, dushobora rwose kuvuga ko kiba ari igikorwa gikomeye cyo kwirukana amashitani. Kubera iyo mpamvu rero uyu murimo wagombye kwitabwaho cyane muri Kiliziya. Abashinzwe kwigisha bakaboneka. N’abigishwa bakabyitabira. Umuntu ntabure igihe cyo gutega amatwi Kristu Umwigisha uvugira mu bo adutumaho. Kuko burya iyo tutemeye ngo Kristu atubwire (atwigishe), natwe ibyo tumubwira bigeraho bigata agaciro imbere ye.

Yezu Kristu rero ubundi buryo bwa kabiri atwigisha none bwo kwitandukanya na Sekibi, ni ukwirinda kuyitega amatwi. Hariho igihe twibeshya ngo ibyo itubwira nidusanga bitatunyuze turabyanga. Urabyanga yee. Ariko nturi bubiruke. Imbuto y’ijambo ryayo yayikubibyemo. Urebye nabi yakura. Ibyo wangaga none ejo akazaba ari wowe uza kubisabiriza Sekibi. ‹‹Ceceka kandi uve muri uwo muntu›› ni ryo jambo rikwiye kubwirwa Sekibi igihe cyose twumvise ko irimo kuvugira mu muntu. Nta kwibeshya ngo uvuge ngo reka wumve akamuvamo. Karamuvamo kajya he se? Kakujyamo. Nikakugeramo wamenya biri bugende gute? Hariho igihe turya uburozi bwa Sekibi, tuzi neza ko ari uburozi. Ariko tukibeshya ngo nibigera mu kanwa turabicira. Hanyuma bwa burozi bwayo bugahita budushwanyura kubera ububasha bwayo bwa kigome. Ntabwo rero ari igihe cyo gukina na Sekibi. Ni ighe cyo kuyicecekesha no kuyimenesha. Ntidukeneye kubanza kurebe ibyo ikora. Kuko ibikorwa byayo ntitubiyobewe (2Kor 2,11).

Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe none kwakira Yezu Kristu wapfuye akazuka uje yuje ububasha bwo kutwigisha no kutwirukanamo roho mbi zose kugira ngo duhinduke by’ukuri kandi tubifashemo n’abandi. Nuko igihe cyose tujye tumusingiza twizihiwe.

Singizwa Yezu Kristu wadupfiriye ukazuka.

Umwaka w’impuhwe za Nyagasani

Ku wa mbere w’icyumweru cya 22 B gisanzwe

Ku ya 3 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 2, 1-5; Zaburi 119 (118); Luka 4, 16-30

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Umwaka w’Impuhwe za Nyagasani

Kuri uyu munsi Nyagasani Yezu aratangirira ubutumwa bwe imbere y’imbaga igizwe ahanini na bene wabo, mu isengero, ku munsi w’isabato. Ijambo ry’Imana ryo mu gitabo cy’umuhanuzi Izayi ahasomera n’amagambo ababwira nyuma y’iryo somo arabereka Yezu uwo ari we n’icyerekezo cy’ubutumwa bwe. Maze ibyo bigakurikirwa n’impaka n’ibitotezo. Kugeza ubwo bamujyana hejuru y’imanga y’ umusozi muremure ngo bahamurohe. Ariko Yezu abanyura hagati arigendera. Ibiba none rero mu itangizwa ry’ubutumwa bwa Yezu bizakomeza kubera aho Ivanjiri izamamazwa hose kugera ku ndunduro y’ibihe. Nyagasani Yezu rero aratangiza Umwaka w’Impuhwe za Nyagasani azamamaza we ubwe ku isi. Agashyira izo mpuhwe mu bikorwa igihe adupfira ababariye n’abishi be. Akazuka ataje kwihorera, ahubwo aje kubeshaho abishi be no guhumuriza abamwihakanye. Maze agashinga Kiliziya ye ngo ibe umuryango w’abababariwe kandi nabo bakemera guhora ari abanyambabazi. Bityo ku bw’imbaraga za Roho Mutagatifu, Kiliziya ikaba ikomeza kwamamaza Umwaka w’impuhwe za Nyagasani kandi ikanazigabura ikoresheje Ijambo ry’Imana, amasakaramentu n’ibikorwa by’urukundo.

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje none kuvugurura cyangwa se gutangiza rwose bundi bushya uwo mwaka w’impuhwe ze. Kugira ngo twebwe abagize Kiriziya ye twivugururemo imbaraga nshyashya zo kurangwa n’impuhwe. Kandi turusheho gukataza mu bikorwa byo kuzamamaza. Twiyumanganya ibitotezo kandi tubabarira tubikuye ku mutima abatuziza bose uruhare dufite ku mpuhwe za Nyagasani Yezu Kristu wapfuye akazuka. Ibikorwa rero by’Umwaka w’Impuhwe tugomba kwitabira twese abemeye Yezu Kristu ko yadupfiriye akazuka, ibyo bikorwa bibumbiye muri discours-programme cyangwa mu Ijambo Yezu yahisemo kuvuga bwa mbere yereka abantu icyerekezo cy’ubutumwa bwe. Nyagasani rero wavuze ko ariya magambo y’umuhanuzi Izayi ari aye ubwe, uyu munsi aratubwira ati ‹‹Roho wa Nyagasani arantwikiriye,kuko yantoye akansiga amavuta, agira ngo ngeze Inkuru Nziza ku bakene, ntangarize imbohe ko zibohowe, n’impumyi ko zihumutse, n’abapfukiranwaga ko babohowe, kandi namamaze umwaka w’impuhwe za Nyagasani››

Kwamamaza umwaka w’Impuhwe za Nyagasani urebye bibumbye ibindi bikorwa byose bibanziriza ayo magambo. Koko rero kugeza Inkuru Nziza ku bakene, gutangariza imbohe ko zibohowe n’abapfukiranwaga ko babohowe ni ibikorwa bifatika by’Impuhwe za Nyagasani. Kubera iyo mpamvu rero, niba koko twemera ko turi abakristu, Nyagasani aduhamagarira none kwinjira koko muri uwo mwaka w’impuhwe ze. Tukemera gutwikirwa na Roho Mutagatifu aho kwitwikira ijoro duhemuka cyangwa kuryihishamo twanga kugaragazwa n’urumuri. Tukemera gutwikirwa na Roho Mutagatifu aho gushaka gutwikirwa cyangwa kurindwa n’imbaraga zacu bwite cyangwa iz’abitwa ko bakomeye ba hano munsi. Tukemera kwegera abakene kugira ngo tubamenyeshe Yezu Kristu wapfuye akazuka. Bityo inyungu za hano munsi tukazifasha hasi. Ibyishimo byacu bikaba kugeza Yezu Kristu ku bamukeneye. Ntusange hari Paruwasi runaka yabuze abayamamazamo Impuhwe za Yezu Kristu kuko icyennye cyangwa idafite icyo igenera abayikoramo ubutumwa kijyanye n’imibereho yabo ya buri munsi. Tugatangariza imbohe ko zibohowe mu izina rya Yezu Kristu twishimira gutanga Penetensiya, kuyihabwa no kuyigisha abandi kugira ngo abantu bakire ubudahwema impuhwe Nyagasani Yezu yambitse iryo sakaramentu. Tukirinda kuba igikoresho cyo kuboha abantu ku mubiri cyangwa kuri roho. Umukristu aharanira ko imfungwa zigabanuka mu magereza, kandi agahora abisaba mu masengesho ye hamwe na Kiliziya yose. Umukristu yirinda burundu kugira umuntu yafungisha. Ubundi cyane cyane akirinda kuba intandaro yo gufungisha abantu kwa Sekibi. Akirinda akomeje rwose kugira abo ababera umuryango ubohereza mu busambanyi no mu ngeso mbi zinyuranye. Kuko azi neza igihano gikaze giteganyirijwe abagusha abandi mu cyaha. Kandi akaba azi neza n’igihembo cy’agatangaza kigenewe abazafasha abandi kwakira impuhwe za Nyagasani basezerera ingeso mbi zabo (Mt 5, 19; 13, 41-43).

Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe rero none kwakira Yezu Nyirimpuhwe uje adusanga kugira ngo atugire abahamya b’impuhwe ze. Bityo twebwe ubwacu dukizwe n’izo mpuhwe ze. Tubohorwe na zo kuri roho no ku mubiri. Bityo tubonereho natwe kuba ibikoresho bizima by’Impuhwe za Nyagasani Yezu Kristu wapfuye akazuka. Nasingizwe we Byishimo byacu ubu n’iteka ryose.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

Mu mutima w’umuntu niho harutuka imigambi mibi

Icyumweru cya 22 B gisanzwe

Ku ya 2 Nzeri 2012

AMASOMO: Ivugururamategeko 4,1-2.6-8; Zaburi 15(14),2-3.5;

Yakobo 1,17-18.21b-22.27; Mariko 7,1-8.14-15.21-23

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Mu mutima w’umuntu ni ho harutuka imigambi mibi: ubusambanyi, ubujura, ubwicanyi, ubuhabara, umururumba, ubugome, uburyarya, ingeso mbi, ishyari, gutukana, ubwirasi n’amafuti.

  1. Uyu muryango unyubahisha akarimi gusa naho imitima yabo indi kure.

Uyu munsi Yezu Kristu aravuga yeruye abwira abafarizayi na bamwe mu bigishamategeko ko Izayi yabahanuye neza igihe yavugaga ko ari umuryango wubahisha Uhoraho akarimi gusa, naho imitima yabo iri kure ye. Icyubahiro bamuha ni amanjwe. Naho inyigisho bigisha ni amategeko y’abantu gusa. Yezu arababwira atyo kuko barimo kumucira urubanza we n’abigishwa be ko batubahirije umuhango wo guhumanura intoki mbere yo gufungura. Yezu rero abasubiza abaganisha mu mitima yabo ngo barebe niba hasukuye. Kuko ari aho mbere na mbere Uhoraho areba. Yezu akomeza rero abagaragariza uburyo bayobye bakayobya n’abandi. Bagatinyuka kurenga ku itegeko ry’Uhoraho bakarisimbuza iry’abantu.

Nyagasani Yezu wapfuye akazuka rero adusanze kuri iki cyumweru ngo atubwire natwe ibyacu uko biteye. Nta gushidikanya ko ririya jambo ritureba rwose. Natwe turi umuryango wubahisha Kristu akarimi gusa, naho imitima yacu imuri kure. Icyubahiro tumuha ni amanjwe naho inyigisho twigisha ni amategeko y’abantu gusa. Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga agira ngo buri wese muri twe amuhe kwisubiraho n’umutima we wose. Bityo buri wese ashobore guhuza ibyo ururimi rwe ruvuga n’ukuri kuri mu mutima we yegurira Kristu ngo awuturemo. Koko rero akenshi ibyo tuvuga bitandukanye cyane n’ukuri k’umutima Mutagatifu wa Kristu. Ariko ikibabaje kurushaho ni uko dutinyuka gushyiraho amategeko arwanya Ivanjiri ya Kristu haba mu rwego rw’umuntu ku giti cye. Haba mu rwego rw’urugo. Haba ndetse no mu rwego rw’imiyoborere y’abantu muri rusange. Urugero nk’umubyeyi utegeka umwana we kudakandagiza ikirenge cye ku mwanzi we agira ati ‹‹umunsi wakandagiye kwa kanaka nzaguca amaguru!›› Usibye gushyiraho amategeko mabi abangamiye Ivanjiri hari n’uko uburyarya bwacu bushingiye ku gushyiraho amategeko meza ariko ntidushobore kuyakurikiza. Hari no gusezerana mu ruhame amasezerano aya n’aya. Ariko ntidushobore kuyakurikiza. Ku karimí tukubaha dutyo Nyagasani. Ariko mu mutima turi rwose kure ye. Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje none kudukura muri iryo curaburindi. Kugira ngo imitima yacu ireke kuba isoko y’ingeso mbi. 

  1. Nta kintu na kimwe cyinjira mu muntu giturutse inyuma gishobora kumuhumanya

Yezu Kristu kandi arerurira abigishwa be ko nta kintu na kimwe giturutse hanze y’umubiri gihumanya umuntu. Ubuhumane ahubwo buri mu mutima wa muntu. Nta kiribwa cyangwa ikinyobwa gihumanya. Kuko kitinjira nyine mu mutima we. Ahubwo ibihumanya umuntu ni ibituruka mu mutima we: ubusambanyi, ubujura, ubwicanyi, ubuhabara, umururumba, ubugome, uburyarya, ingeso mbi, ishyari, gutukana, ubwirasi, n’amafuti.

Koko rero umuntu ntagirwa mubi n’ibyo yariye cyangwa yanyoye. Ahubwo ububi aba abwibitsemo. Gushingira rero imyigishirize n’imikirizwe ya muntu ku kureka inzoga n’itabi gusa. Kugeza aho umuntu adatinya guhagarara mu ruhame akemeza ko usoma ku nzoga wese adashobora kujya mu Ijuru. Imyitwarire nk’iyo ntihuje na Yezu Kristu wapfuye akazuka. Kuko hari abagome ruharwa bazirana ahubwo n’ikitwa inzoga cyose. Hari abasambanyi ruharwa binywera ka fanta gusa. Ntitugamije gushyigikira inzoga. Ariko kubwira abantu ko nibareka inzoga bazaba bakijijwe iyo na yo ni inyigisho y’abantu. Gusa rero iyo urebye uburyo abanyarwanda benshi basinda kandi ari abitwa abakristu wagira impungenge zikomeye ku byerekeranye na roho z’abo bantú bose zahoramiye. Ariko uburwayi bwabo si inzoga. Ahubwo ni uwo mutima wuzuye ubusambo n’irari, utajya umenya aho ugomba guhagarikira. Birakwiye rero ko abantu batozwa iyobokamana nyakuri.

  1. Iyobokamana nyakuri

Koko rero Iyobokamana nyakuri ni irihindura umutima wa muntu. Maze abifashijwemo n’ingabire y’urupfu n’Izuka bya Yezu Kristu agoshobora kubohora umutima we kuri ziriya ngeso mbi zose. Maze kandi akigana Yezu mu kugira neza nk’uko Roho Mutagatifu abitwigisha none agira ati ‹‹iyobokamana risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y’Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi n’abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugira ngo ube umuziranenge.›› Ngiryo itegeko abakristu tugomba gukurikiza kugira ngo tuzabone kubaho no kwinjira mu Ijuru. Ngiryo itegeko tugonba gukurikiza kugira ngo twitwe abanyabwenge nyabo mu maso y’ayandi madini n’imbere y’abapagani.

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje none kuduha iyo ngabire y’iyobokamana nyayo. Kugira ngo tuve mu bamubeshya n’abamuryarya twinjire mu bamubwiza ukuri kandi bakamutura umutima wabo ngo awuturemo. Tuve mu babunza akarimi, bakagirira abandi nabi kandi bagasebya bagenzi babo. Twubahe abatinya Uhoraho kandi bagakora ugushaka kwe muri Yezu Kristu wapfuye akazuka. Twirinde kwivuguruza mu byo twiyemeje byiza. Tugurize abandi nta rwunguko. Kandi twirinde kwakira ruswa cyangwa kuyitanga byatuma turenganya indacumura. Bityo muri Yezu Kristu tuzahore turi indatsimburwa ku bw’amasengesho ya Bikira Mariya.

  1. Bikira Mariya urugero rw’abafite umutima usukuye

Bikira Mariya yiziritse n’umutima we wose ku itegeko ry’Uhoraho. Umutima we wuzuye imigenzo myiza yose. Yuzuye ibisingizo by’Uhoraho kandi asendereye imigisha n’ingabire bya Roho Mutagatifu. Ni Mama wa Yezu Kristu. Kandi ni na Mama wa twese kuko ari ko Yezu Kristu yabishatse. Umutima we urarikira ibyiza gusa. Kuko yuzuye inema azira inenge. Uwo Mubyeyi rero nadutabare twebwe bene Eva. Nadutabare we Mubyeyi utabara abakristu maze atungure Umwanzi wadutangatanze amwirenze. Nuko twizihizwe no kuba aba Yezu nta zindi nzitizi. Hamwe na Bikira Mariya dusabe Data mu izina rya Yezu abuganize mu mitima yacu urukundo rw’izina rye ritagatifu bityo turusheho kunga ubumwe na we uko bwije n’uko bukeye. Nihasingizwe Yezu Kristu wapfuye akazuka we waduhaye uburenganzira n’ubushobozi bwo kwita Imana ko ari Data, Papa wuje impuhwe n’ubwiza bwose.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

Wabaye inyangamugayo mu bintu bike, nzagushinga ibisumbyeho

Ku wa gatandatu w’icyumweru cya 21 B gisanzwe

Ku ya 1 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 1, 26-31; Zaburi 33 (32); Matayo 25, 14-30

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹Wabaye inyangamugayo mu bintu bike, nzagushinga ibisumbyeho››

Uyu munsi Yezu arabwira abigishwa be ibyerekeye ukuza mu ikuzo k’Umwana w’umuntu. Arabibasobanurira akoresheje ikigereranyo. Iby’icyo gihe bizamera nk’umuntu wari ugiye kujya mu rugendo. Maze agasiga abikije imari ye abagaragu be. Uwabikijwe amatalenta atanu yarayacuruje yunguka andi atanu. Uwabikijwe abiri na we arakora yunguka andi abiri. Uwabikijwe rimwe aritaba mu gitaka arituriza. Aho Shebuja ahindukiriye yahembye abamwungukiye. Buri wese muri abo bakoze neza akamubwira ati ‹‹ni uko mugaragu mwiza kandi udahemuka, wabaye inyangamugayo mu bintu bike, nzagushinga ibisumbyeho; ngwino wishimane na Shobuja›› Naho umugaragu w’imburamumaro amwambura n’ibyo yari yaramuhaye. Kandi amujugunya hanze, aho azaririra kandi agahekenya amenyo.

Nyagasani Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje adusanga none kugira ngo adushishikarize gukora kugira ngo tumwungukire mu bye yatubikije. Kandi Nyagasani atuzaniye none imbaraga zo kudufasha gukora tumwungukira. Koko rero gukora byo hari igihe dukora tukavunika cyane tukanananirwa. Ariko atari Nyagasani dukorera cyangwa twungukira. Ahubwo dukorera Umwanzi Sekibi. Nyagasani Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje none kutwigisha kumukorera mu budahemuka. Bityo tugakomeza kwitwa abagaragu beza bungukira shebuja. Kandi badakorera ijisho cyangwa igitsure. Ahubwo bakorera mu bwigenge. Buzuye urukundo bafitiye Shebuja wabagiriye ikizere akabashinga ibyo yashoboraga guha abandi.

Uriya mugaragu mubi twirinde kuba babi kumusumbya. Twirinde no kumera nkawe kugira ngo hato tutazacirwa urubanza rwo kujugunywa hanze y’Ingoma y’Ijuru. Ibyaha bye rero tugomba kwirinda ni uko atagiriye Shebuja ikizere nk’uko na we yari yakimugiriye. Ahubwo impano yaragijwe akazitaba mu gitaka. Natwe hari byinshi twahawe duhitamo kubika aho kubikoresha kubera ikizere gicye dufitiye Nyagasani. Urugero ni nko gufasha abakene bigaragara rwose ko bababaye. Akenshi twe duhitamo guhunika muri banki cyangwa mu kimuga aho kugira ngo dufashe abantu nkabo. Kandi ikibidutera ni uko nta kizere dufitiye Nyagasani. Umuntu akavuga ati ‹‹ndamara gutagaguza amafaranga yanjye se muri bariya batindi, maze njyewe ejo nzamere nte?›› Ntitwumva ko ari Nyagasani tuba dushoreye imari kandi ko inyungu aba ari twe izagarukira. Ahubwo twumva ko ari ugutagaguza no gupfusha ubusa. Nyamara Nyagasani Yezu atubwira agira ati ‹‹mujye mutanga, namwe muzahabwa: icyibo gishimishije, gitsindagiye, gicugushije, gisheshekaje, ni cyo bazabuzuriza, kuko igipimisho mugeresha, ari cyo muzasubirizwamo.›› Ibyo Nyagasani atubwira hano ntitubifata nk’ukuri kuko nta kizere tumufitiye. Mu by’ukuri imyumvire dufite kuri Nyagasani ntaho itaniye n’iy’uriya mugaragu mubi we utaratinye kubwira Nyagasani ko ari umunyabugugu, asarura aho atabibye, akanura aho atanitse. Natwe twanga kugira icyo dufashisha Kiliziya ya Kristu mu butumwa bwayo. Tukanga no gufasha abakene. Tubwira Nyagasani amagambo nk’ariya. Cyangwa tubitekereza mu mitima yacu. None se koko birakwiye ko Paruwasi zacu zibura uburyo bwo gukora imirimo yo gutagatifuza imbaga y’abantu muri Kristu, kandi hari amafaranga Nyagasani yatubikije? Ese birakwiye ko abana be bicwa n’inzara kandi yaradushyize ku kigega ngo tubagaburire? Aha rero ni ho urubanza rw’abitwa ngo barakize ruzakomerera koko. Kuko inzara n’ubukene mu isi yuzuye ubukungu bizabazwa ababigizemo uruhare bose. Abo bose Nyagasani yabikije, aho kugira ngo imari ye bayikoreshe bubaka ingoma ye y’urukundo. Ahubwo bakubaka ingoma y’icyubahiro cyabo, ubwikunde ndetse n’ubwikanyize.

Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe gukoresha impano zose twahawe n’Imana Data. Byose twumve ko nta kindi twabiherewe, usibye kugira ngo bikoreshwe hubakwa Ingoma ya Kristu Yezu wapfuye akazuka. Ari yo y’urukundo, ibyishimo n’amahoro mu bantú yaremye kandi akabacunguza amaraso ye matagatifu. Nasingizwe iteka we Byishimo byacu.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.