Yezu arinjira amufata akaboko, maze umukobwa arahaguruka

KU WA MBERE W’ICYUMWERU CYA 14 GISANZWE

KU YA 9 NYAKANGA 2012

AMASOMO:

HOZEYA 2,16.17b-18.21-22; Zaburi 145 (144); MATAYO 9,18-26

‹‹YEZU ARINJIRA AMUFATA AKABOKO, MAZE UMUKOBWA ARAHAGURUKA.››

 

Yezu Kristu uyu munsi aragaragariza ububasha bwe abamwemera. Aragaragaza ububasha ku ndwara yari yarananiranye. Aragaragaza ububasha yihariye afite ku rupfu. Byose arabikorera abamwemera bakamwegerana ukwicisha bugufi. Maze bakamwingingana ukwizera. Umutware wari umaze gupfusha umukobwa we, yabadukanye ikibatsi cy’ukwemera maze asanga Yezu adashidikanya, amupfukama imbere maze amwinginga agira ati ‹‹umukobwa wanjye amaze gupfa; ngwino umuramburireho ikiganza arakira.››

Iryo sengesho rivuganywe ukwemera n’ukwicisha bugufi, kandi rivuga ibintu uko biteye nta gukabya cyangwa gufobya, ryatumye Yezu ahagurukana bwangu n’abigishwa be agana mu rugo rw’ uwo mutware kugira ngo akize umwana we urupfu. Umugore wari aho ngaho yumvise ukwemera k’uwo mutware udashidikanya ko Yezu ashobora rwose kuzura n’abapfuye, uwo mugore na we byamwongereye ukwemera maze yemera rwose ko Yezu ashobora kumukiza indwara yo kuva yari amaranye imyaka cumi n’ibiri. Nuko asa n’utanguranwa ngo Yezu atamusiga mu burwayi bwe, maze amuturuka inyuma akora ku ncunda y’igishura cye, yemera rwose ko namukoraho byonyine biri bumukize. Nuko Yezu amurebana impuhwe aramubwira ati ‹‹humura Mwana wanjye, ukwemera kwawe kuragukijije.›› Maze ako kanya ahita akira koko. Naho Yezu akomeza urugendo rwamugejeje kwa wa mutware, arinjira, afata akaboko k’umukobwa wari wapfuye maze aramuhagurutsa.

Uyu munsi rero Yezu Kristu wapfuye akazuka ari rwa gati muri twe nk’uko yabidusezeranyije(Mt 28,20). Dufite rwose aho tuzi neza ko tumusanga tukavugana na we imbona nkubone. Tukaba dushobora kumutakira, kumutabaza, kumukoraho ndetse no kuba umwe na we tumuhabwa. Aho nta handi ni mu Ukaristiya. Ku buryo bwihariye igihe haturwa igitambo cy’Ukaristiya ububasha bwose bwa Yezu Kristu budukiza indwara za roho n’iz’umubiri burakora rwose bwose uko bwakabaye. Misa ni Yezu Kristu wapfuye akazuka uhagaze rwagati muri twe adukiza. Mbese muri make mu Misa y’uyu munsi Yezu Kristu wapfuye akazuka aratwigaragariza maze nitumwakirana ukwicisha bugufi n’ukwemera tukamutakambira nta buryarya, turamukoraho dukire, maze nadukoraho atuzure. Ngira ngo ari indwara ari n’urupfu ibyo byose ntacyo tudafite. Icyo tubuze ni ukwemera ko Yezu Kristu ari Umutegetsi n’Umukiza rukumbi. Mbese muri make ko ashobora rwose kudukiza icyaha icyo ari cyo cyose n’urupfu urwo ari rwo rwose.

Koko rero dufite indwara nyinshi zatuzonze ari ku mutima ari no ku mubiri . Ubwo burwayi bwacu bwigaragariza mu myitwarire cyangwa amarangamutima akurikira: ubwoba, agahinda, intimba, impagarara,kubura amahoro n’amahwemo, kubura ibitotsi, ubusambanyi, ubwomanzi n’ubuhabara, ikinyoma, agasuzuguro n’umujinya, urwango, urwikekwe no kuburira bose ikizere n’ urugwiro n’akanyamuneza, umushiha n’ikirungurira cy’umutima, kutanyurwa n’umuhamagaro urimo ukawomeka ku yindi uhemukira Isezerano, kwiheba, kwigunga, kutiyakira no kwiyitaho ukirema bushyashya, irari ry’ibintu, ruswa, ikimenyane n’ivangura, kujarajara mu buzima ntugire Ukuri uhora wiziritseho maze ugahora wemeza ibyo abo ukeka ko bakurusha ubwenge cyangwa imbaraga cyangwa ifaranga bashyigikiye, kugendera ku bitekerezo by’abandi gusa ntiwumve ko nawe ufite uruhare n’uburenganzira ku mitekerereze ya muntu, inzika, inzigo n’ubwicanyi bukoresha amarozi, amasasu, ubupfumu cyangwa intwaro gakondo z’abanyarwanda, ibitutsi n’imivumo , intonganya, ubugugu ,ubusambo n’amahugu, isoni zo kwanga ikibi ngo utagawa cyangwa zo gukora icyiza ngo udasekwa n’ibindi….Hari igihe rero tubaho tutariho. Muri roho ubuzima bwacu bugasa n’ubwazimye kubera kuzikama muri ibi tumaze kuvuga, ibisa na byo, ibibyarwa na byo cyangwa ibyo byo ubwabyo bibyara. Ugasanga Yezu ntaho tugihuriye rwose na we.Nta guhabwa amasakaramentu, nta guhinguka mu kiriziya, ndetse n’igihe cyo gushyingira cyangwa gushyingura umuntu agahera inyuma y’umuryango wa kiriziya.Agahora akora uko ashoboye ngo ahunge ahantu hose cyangwa umuntu wese ushobora kumwegereza Yezu. Ibyo rero ni ibimenyetso by’urupfu rwa roho. Bene uwo usanga atagishoboye no kwegura akaboko ngo akore ku kimenyetso cy’umusaraba, amasengesho yose ageraho akamuhanagurikamo, ndetse na Ndakuramutsa Mariya. Bene abo turabazi cyangwa turabana., cyangwa ni twebwe ubwacu. Urwo rupfu rero ruturimo. Abo rero ni ukubatabariza, maze Yezu ubwe akabasanga aho baryamye kugira ngo abahagurutse. Kandi ni twe Yezu ashaka gukoresha nk’umuhanuzi Ezekiyeri (Ezk 37,1-14) kugirango ubutumwa bwacu buzure abo bapfuye ( Mt 10,8). 

Ariko ubanza ubuzahare buruta ubundi ari ukubura ukwemera kuko bidufungira inzira igana ku mukiro w’iteka no ku mukiza nyakuri. None se uyu munsi Yezu nakubwira ati ‹‹ukwemera kwawe kuragukijije›› hari icyo biri bukumarire kandi uko kwemera kwawe nta guhari? Kubikubwira byo arabikubwira kuko biri kuri gahunda ye y’uyu munsi. Hano twese dushobora kwibaza ibyo twemera ko Yezu ashobora kudukorera. Ni iki wiyumvisha kandi wemera ko Yezu Kristu ashobora gukora mu buzima bwawe cyangwa ubw’abandi? Koko rero hariho nk’abantu bemera rwose ububasha bw’amashitani, bagahorana ubwoba bwayo, kugeza ubwo bemeye kuyayoboka no kuyakorera kugira ngo atabahitana. Abo bantú bumva ko nta bubasha Yezu afite bwo kubakingira amashitani. Niyo mpamvu bahitamo kwiyegurira Shitani bicisha indasago aribyo bisobanura kunywana na yo; abandi bakayegurira amazu yabo bayatabamo ibinyabubasha byayo; abandi bakayambarira ibimenyetso cyangwa impigi kugira ngo ububasha bwayo bujye bubaherekeza ahantu hose. Ntacyo twiriwe tuvuga ku bayigurishaho roho zabo kugira ngo ibahe ubumenyi, ubukorikori cyangwa ibikoroto. Abo bantú Sekibi barayemera, bakemera n’ububasha bwayo. Ni abayo barayiyeguriye rwose.Ariko bahisemo nabi. Iyo baje mu Kiriziya baba baharí badahari, baje kubeshya abakristu banibeshya ubwabo kuko Yezu Kristu we atabeshywa. None se twe Abakristu Yezu tumwemera dute?Twemera rwose ko ashobora byose kandi tukamwemerera kumuyoboka muri byose dukoresheje ubuzima bwacu bwose?

Koko rero abo bemera Sekibi baribeshya kuko si we Mutegetsi (Nyagasani). Si we Mukiza. Uwahawe ububasha bwose mu Ijuru no munsi ni Yezu Kristu wapfuye akazuka. Ni we Mutegetsi n’Umukiza rukumbi (Mt 28, 18-19; intu 2,36). Abo rero bose Sekibi yashyize ku nkeke y’ubwoba maze bakamukorera ubutaruhuka n’ubutarora inyuma, Yezu Kristu wapfuye akazuka aje abasanga niba bagitera akuka ngo bamukoreho abakize. Niba kandi bararangije gupfa ngo we ubwe abafate akaboko abahagurutse. Kuko na byo abishoboye.

Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe twese uyu munsi kwakira Yezu Kristu wapfuye akazuka , Umutegetsi n’Umukiza rukumbi maze guhura na we none biduhe kumutura ubuzima bwacu, abuzure, abuvure kandi azahore abusingirizwamo ubuziraherezo.

 

Padiri Jérémie Habyarimana

Nta handi umuhanuzi asuzugurwa, uretse mu gihugu cye no muri bene wabo

ICYUMWERU CYA 14 GISANZWE B

KU WA 8 NYAKANGA 2012

 

AMASOMO:

Ezekiyeri 2, 2-5; Zaburi 123(122); 2 Korinti 12, 7b-10; Mariko 6,1-6

 

‹‹NTA HANDI UMUHANUZI ASUZUGURWA, URETSE MU GIHUGU CYE, MURI WENE WABO NO MU RUGO IWABO››

 

Uyu munsi Yezu Kristu Umuhanuzi ahingutse mu karere k’iwabo aje kubigisha no kubakiza. Aho i Nazareti Yezu abasanze abakunze urukundo rwihariye. Nk’umwana uje iwabo aje abafitiye urukumbuzi. Yishimiye gusangira na bo ububasha ndengakamere adendejemo; kugira ngo abature imitima yabo ayitereke mu gituza cya Data wamutumye. Yezu yiteguye rwose. Byose biri Kuri gahunda. Mbega inyigisho nziza! Mbega urukundo mbega ububasha! Arabereka impuhwe zamusagutse abaganiriza ku biganisha mu Bugingo. Abarwayi babo arabakiza nta kindi abakeneyeho usibye kwakira Umukiro. Impuhwe z’Uhoraho zabatashyeho kugirango bazabeho ubuziraherezo. Ariko se baramwumva? Barabona se? Barashaka gukira se? Byahe byo kajya! Aho kugira ngo bamubonemo Umukiza n’Umutegetsi Umwana w’Imana Nzima, bo barirebera Umubaji mwene Mariya. Aho kumubonamo Uhoraho Nyirijuru ufite Ububasha burenze kure ubw’abantu, bo baribonera uwo babana bisanzwe bakaba baranarongoye abo bita bashiki be, naho abo bita abavandimwe be bakaba banaziranye rwose bitwa ba Yakobo, Yozeto, Yuda na Simoni. Muri makeya Yezu baramuzi n’ibye byose n’abe bose. Ahubwo ibyo batumva na busa ni ibyo yihangishijeho byo kwigisha no gukiza abarwayi.

Ni nk’aho bamubwiye, bati ‹‹ umunsi waretse kuba mwene Mariya, umunsi waretse kuba uwo tuzi neza ko uri we, icyo gihe tuzemera ibyo utubwira n’ibyo ukora››. Kuko Umwana w’Imana yahisemo kudukiza yigize umuntu, ibyo ni uguhakana rwose igikorwa cyo kuducungura kwe. Ariko ntibibuza Yezu kubasohozaho ubutumwa bwe. Bityo hakuzuzwa ubuhanuzi bwo mu isomo rya mbere bugira, buti ‹‹Mwana w’Umuntu ngutumye ku Bayisraheli, Kuri ibyo birara byanyigometseho. Bo n’abasekuruza babo banyigometseho kugeza uyu munsi. Urwo rubyaro rufite umutwe ukomeye n’umutima unangiye; ndugutumyeho ngo uzarubwire uti “niko Nyagasani Uhoraho avuze”.Bakumva cyangwa batakumva, kuko ari inyoko y’ibirara,ariko nibura bazamenye ko barimo umuhanuzi››(Ezk 2,3-5). Yezu atangazwa no gutotezwa na bene wabo bagombye kwishimira no gushyigikira ingabire Uhoraho agaragariza muri umwe muri bo. Koko rero Yezu imbere ya bene wabo aragaragara nk’umunyantege nke, nk’umuntu utabafiteho ububasha bwo kubumvisha ukuri no kukubemeza. Yezu aragaragara nk’umunyantege nke udashobora kubuza abo bantu kumupinga no kumucira urubanza mu bitekerezo byabo byuzuye umwijima. Yezu ntabuza Sekibi kumusekagura akoresheje amagambo mabisha kandi yuzuye agasuguro n’ihinyu asohoka mu kamwa ka benewabo b’i Nazareti. Bityo ibyabaye ku ntumwa ye Pawulo avuga mu isomo rya kabiri bikabanza kwigaragariza muri Kristu uhimbarirwa mu mage mu bitutsi no mu bitotezo ngo akize abantu icyaha n’icyago (Mt 5,11-12).

Kuri iki cyumweru rero Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga natwe iwacu. Aje nk’umuntu w’iwacu tuzi neza. Ese mama aho twebwe turamwakira uyu munsi? Bamwe bati ‹‹tubuzwa n’iki? Ni iki wowe cyakubuza kwakira Yezu wagucunguye? Turamwakira. Turamwakira rwose.›› Ni byo koko! Namanukira mu gicu mumureba, akagwa budege ku kibuga cya kiriziya yanyu. Agahagarara Kuri aritari abengerana ubwiza n’ikuzo. Akabigisha ari mwene Uhoraho yambaye ububasha bw’Ijuru, umureba mu maso ugahuma, wamukoraho ugashya. Ndahamya rwose ko twese turi bumwakire. Ariko si ko ari bubigenze. Ahubwo arinjira ananiwe, yabize ibyuya, yipfuna cyangwa yitsamura, akorora cyangwa yayura, yishima mu mutwe cyangwa mu mugongo, acumbagira cyangwa yambaye inkweto zishaje, afite uruhara cyangwa imvi, yarawogoshe akamaraho cyangwa yibagiwe gusokoza, avuga abantu ntibumve kubera uburimi cyangwa ururimi cyangwa ijwi, yibabarijwe n’ibibazo by’isi cyangwa adahisha ibyishimo atewe n’ibyago by’abandi… ariko abasomere Ivanjiri, abagaburire umubiri wa Kristu kandi abahereze Imana Se Kuri Aritari Ntagatifu. Naza se atyo aho turamwakira? Ngiryo rero ibanga rikomeye ry’Umukiro uhoraho twaronkewe n’Ukwigira umuntu, gupfa no kuzuka bya Yezu Kristu. M u musaseridoti uri bubasomere Misa uyu munsi akabigisha, akabahaza Ukaristiya ni Yezu ubwe uba uje. Ni Yezu Kristu wabishatse atyo kandi ntidushobora kubihindura. Koko rero Yezu Kristu yohereza intumwa ze abasaseridoti ababwira ati‹‹ndababwira ukuri koko: uwakiriye uwo ntumye ni jye aba yakiriye, kandi unyakiriye aba yakiriye Uwantumye (Yh 13,20). Ubakiriye neza, ni jye aba yakiriye, n’unyakiriye aba yakiriye Uwantumye. Uwakiriye neza umuhanuzi kuko ari umuhanuzi, azahabwa ingororano y’umuhanuzi; n’uwakiriye intungane kuko ari intungane, azahabwa ingororano y’intungane (Mt 10,40-41).››

Kuri iki cyumweru rero Yezu aje mu bo tuzi adusanga. Kuko kabone naho twaba tutaziranye na bo tuzi nibura aho bavuka ko ari i bunaka, nitunabakubita amaso ibindi turabyifindurira. Iyo bigeze mu mavangura y’amasura, amoko n’amarange n’inkomoko ho birahuhuka! Aho kubona Yezu Kristu ukibonera umwirabura, umuzungu, umugande, umurundi, umunyarwanda, umukiga , umunyanduga, umututsi,umuhutu, umuhunde, umunande, umushi, umutwa, umukene, umutindi… Byajya guhuhuka tukaba tumuziho ingeso mbi runaka kandi tutamubeshyera! None ko Yezu yemeye kumunyuraho ngo wowe agukize? Uwo mukiro urawangira iki? Yezu ntakubwiye ngo wakire ibyaha by’umukuzaniye. Aragusaba kumwakira we ubwenk’Umukiza n’Umutegetsi rukumbi. Reka guhera ku byo urebesha amaso y’Umubiri ufungure amaso y’ukwemera maze ubone Yezu mu Ijambo rye no mu Ukaristiya utitaye ku bo akorereramo. Yego ugusha abandi ntituyobewe ko agowe (Lk 17,1-2). Ariko akenshi turangazwa cyane nabo Yezu adutumaho maze we ntitwigere tumurangamira. Bityo natwe tugakomeza kuba ibyigomeke, tukanangira umutima nk’abo mu gihe cy’umuhanuzi Ezekiyeri cyangwa abo mu gihe Yezu yari I Nazareti. Niyo mpamvu hamwe n’Umuririmbyi wa Zaburi dusaba Nyagasani imbabazi tuti ‹‹TUGIRIRE IMPUHWE, UHORAHO TUGIRIRE IMPUHWE››.

Tumenye neza ko niba Yezu tutemeye ko aduhanurira muri abo tuzi, abo tutazi ntituzigera duhura na bo. Tumenye kandi ko abo Yezu yahanuriye bikabagirira akamaro kurusha abandi ari Mariya na Yozefu. Kandi bo usibye no kumumenya bari ababyeyi be. Nyamara barenze Kuri ibyo bakira Umukiro umuturukaho. Kubera iyo mpamvu rero, natwe Kuri iki cyumweru nimureke twakire Yezu Kristu uje adusanga ngo adukize burundu icyaha n’urupfu. Twanangiye umutima kenshi tumutera rwose intimba. Twabaye babi bihagije cyangwa se bikabije, ariko se rwose byatugejeje kuki? Ko ahubwo biduteye isoni n’ikimwaro nk’uko Pawulo yatuburiye atubwira (Rom 6, 19-23). Tubuze iki rwose ngo twubure umutwe duhange amaso Kristu Yezu wapfuye akazuka? Tubuze iki ngo ngo tureke kwigomeka ku mucunguzi? Tubuze iki ngo tureke kwizirika ku busambanyi ko atari cyo Nyagasani yaturemeye(1Kor 6,12-20, 1Tes 4,1-8)? Abanyarwanda, abarundi n’abanyakongo b’abagatolika tubuze iki ngo dutoze abandi kubana mu rukundo nyarwo nk’uko Yezu Kristu yarudutegetse, akarudutoza kandi akarudutungisha? Tubuze iki ngo twumve ko kuba Aba Kristu birusha kure agaciro kuba aba Hutu cyangwa aba Tutsi (Gal 3, 25-29)? Ni twebwe Uhoraho abwira uyu munsi ko tunangiye umutima ko turi ibyigomeke. Koko rero twigometse rwose ku rukundo rwe maze duhitamo amacakubiri y’amako cyangwa y’ibindi byose biduteranya. Kuri iki cyumweru Yezu Kristu wapfuye akazuka araduhamagara atwinginga rwose ngo twebwe abe turangwe n’urukundo nyarwo bityo duhindure amateka yacu bwite n’ay’abatubona bose(Yh 13,34-35).

Yezu Kristu aradusura none ngo adusohore mu ngeso mbi zose adosohoze kwa Se twasukujwe Amaraso ya Ntama. Umubyeyi Bikira Mariya nadusabire rwose uyu munsi ube intangiro y’Ubuzima bushya Kuri buri wese; maze guhera ubu duhore duhimbajwe no guhanura duhamagarira abandi guhaguruka mu byaha no guhura na Yezu Kristu wapfuye akazuka we Byishimo byacu ubu n’iteka ryose.

 

 Padiri Jérémie Habyarimana

Divayi nshya mu masaho mashya

KU WA GATANDATU W’ICYUMWERU CYA 13 GISANZWE

Kuri 7 Nyakanga 2012

AMASOMO: Amosi 9,11-15; Zaburi 85 (84); MATAYO 9, 14-17

 

DIVAYI NSHYA MU MASAHO MASHYA

Uyu munsi Yezu Kristu arakira abigishwa ba Yohani maze abasobanurire ibyerekeranye no gusiba kurya. Wari umuhango ngo bari bakomeyeho cyane. Bamaze kumva ibyerekeye Yezu n’inyigisho ze bishimiye cyane uwo muhanuzi w’agatangaza wuzuye urukundo n’ububasha. Ariko basigarana ikibazo cy’uko abigishwa be badasiba kurya. Babaye intwari cyane bajya kumwibariza ubwe nta wundi boherejeyo. Nta wundi bagombye kunyuzaho ikibazo cyabo. Bari bashishikajwe no kubona urumuri mu bibazo byazitiraga ukwemera kwabo. Bo n’abafarizayi basiba kurya. Ariko abigishwa be ntibasibe kurya. Bashakaga kumenya impamvu.

Impamvu rero nta yindi ni uko ibihe bitakiri bya bindi. Yezu Kristu yinjije abe mu bihe Bishya. Gusiba kurya n’indi mihango byajyanaga n’akababaro ko kuba kure y’Umukiro n’Umukiza. Maze abakoraga iyo mihango bakibabaza bagira ngo bahinduke ituro rituma Uhoraho yihutisha ukwigaragaza kw’ Ingoma y’Ijuru. None muri Yezu Kristu iyo ngoma y’Ijuru iri rwagati mu bayakiriye. Ni igihe gikwiye cyo kuyirekurira akaba ariyo ihinduka ibyishimo by’abayemera.Ni igihe cyo kwishimana n’Umukwe uri hagati y’abe. Kandi bakamenya kwifatanya na we mu gihe cye cyo kubavanwamo. Kuko iyo ngoma y’Ijuru ni Yezu Kristu ubwe. Abari kumwe na we nta nzara nta n’inyota bagira. Kuko usibye no gutubura imigati n’amafi akabagaburira; we ubwe ni Umugati udutunga kandi ni iriba ridakama rivubuka amazi atanga ubugingo buhoraho( Yh 6,51; 7,36-39; Lk 17, 21).

Kubera iyo mpamvu rero, Abigishwa be bari mu byishimo by’Ubukwe nta gihe bafite cyo kwiyiriza ubusa. Kandi bari kumwe na Yezu Kristu Ifunguro ryabo. Yewe no kumwumva ubwabyo ni ifunguro ry’agatangaza kuko Ijambo rye ari ikiribwa gitanga ubugingo buhoraho (Yh 6,68). Abigishwa rero ba Yohani nibamenye ibihe Bishya Yezu yatangije. Muri ibyo bihe icy’ingenzi si ukutanywa Divayi, ahubwo ni ukuyinywera mu Masaho Mashya kuko ari Divayi Nshya isukwa mu masaho ashaje akamenagurika.

Kuvanga imihango ya kiyahudi n’Ivanjiri mu buryo bubangamiye Roho Mutagatifu, bizakomeza bibere Yezu inzitizi mu butumwa bwe. Kandi na nyuma ye intumwa zizahangana n’icyo kibazo kugeza na n’uyu munsi. Benshi mu bibwira ko bemera Kristu Yezu bakomeza kwitwara nk’abigishwa ba Yohani n’abafarizayi maze bagaha agaciro amabwiriza n’amategeko ya Musa, aho gutega amatwi Kristu Jambo w’Imana nk’uko Se ari na we Data Uhoraho abitubwira Musa na Eliya bahibereye ati, ‹‹uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira; nimumwumve!›› (Mt 17,5)Ubu rero twe Abakristu turi mu bihe Bishya, tugengwa n’itegeko Rishya kandi tugatungwa na Divayi Nshya twambaye umwambaro mushya udateyeho ikiremo gishaje.

Koko rero nta mpamvu yo kugerekeranya itegeko rya Kristu n’irya Musa. Kuko Kristu Yezu ni we amategeko yose yuzurizwamo. Kandi ibyamubanjirije byose birimo kugenywa no guhimbaza isabato byari amarenga y’Ukuri nyako twari dutegereje, Yezu Kristu ubwe wadupfiriye akazukira kudukiza (Rom 10,4; Yh 13, 34-35; Rom 13,10; Kolosi 2,17). Dutege rero Kristu yezu amatwi. Maze uyu munsi ducike ku muco wo kumuvanga n’ico ry’ibicumuro n’ibidafite agaciro. Divayi nshyashya adutungisha urebye ku buryo bwihariye ni Ukaristiya duhabwa. Ese amasaho tumwakiriramo ateye ate? Ayo masaho ni imitima yacu, ni ubuzima bwacu. Iyo tumuhawe turi bashya atwuzuza ubuzima bushya tukarushaho kuba bashya, tukarushaho kuba Abatagatifu. Naho iyo tumuhawe dushwetse ubushanguke turashwanyagurika. Mutagatifu Pawulo intumwa wumvise iryo banga aratuburira ngo tureke gusuzugura Kristu tumusunikira mu isayo ry’ibyaha tubyagiramo, tukabibyara cyangwa tukanabibyariramo. Nyamara ibyo byose ntibitubuze gukomeza gukimbagira tujya aho abandi bagiye mu gihe cyo kwegera ameza matagatifu (1Korinti 11,23-30).

Kristu Yezu ni urukundo ruzima ntabangikanywa rwose n’urwango rwanga abantu rushaka kubakura ku isi cyangwa rubabuza kwinjira mu Ijuru rubakururira ingeso mbi. Igihe cyose tudashaka gufasha urwango hasi ngo twigarurirwe n’urukundo, dukwiye no kujya tureka guhazwa. Umubyeyi Bikira Mariya afashe abigishwa ba Musa bose kugana mu muryango Imana Data yakinguye ngo twinjiriremo tumusanga (Yh 14,6). Umubyeyi Bikira Mariya nafashe abakristu bose Gatorika gutandukana n’ingeso mbi zose zanduza umutima wabo (ubusambanyi, ubuhabara,ubwomanzi, gusenga ibigirwamana, kuroga, kwangana, gukurura intonganya, ishyari, uburakari, kwikuza, amazimwe, amakimbirane, inzika, ubusinzi, ubusambo…Gal 5,19) maze bajye bahora bakereye guhazwa Yezu Kristu wapfuye akazuka uduha Ubuzima bushya kandi buhoraho iteka. 

Padiri Jérémie Habyarimana

Kuki Yezu asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?

KU WA GATANU W’ICYUMWERU CYA 13 GISANZWE B,

6 NYAKANGA 2012:

 

AMASOMO:

1º. Am 8, 4-6.9-12

. Mt 9,9-13

KUKI YEZU ASANGIRA N’ABASORESHA N’ABANYABYAHA?

 

Mu Bayahudi, abigishamategeko n’abafarizayi bari abantu bigize intungane bakarebera ku rutugu abandi bose cyane cyane abatubahiriza amahame y’idini yabo. Bahoraga barikanuye kandi barebuzwa ibyo YEZU yakoraga byose. Wagira ngo bari babereyeho kumunenga muri byose. Bityo benshi muri bo, bivukije Umukiro YEZU KRISTU yari abazaniye. Natwe twitonde muri ibi bihe turimo, hato tutagwa mu mutego w’abo bantu batemeye YEZU bakibera abasongareri. Twitondere ubwirasi bwabo. 

Kwitondera ubwirasi bw’abafarizayi n’abigishamategeko, ni ukugira umutima w’impuhwe imbere y’abanyabyaha bose. YEZU KRISTU yaduhaye urugero. Nta munyabyaha yigeze asubiza inyuma. Erega yazanywe no gukiza abanyabyaha! Kandi twese turi abanyabyaha. Amatwara yo kwiyoroshya no kwimenya mu byaha byacu, ni yo atuma dushyikirana na YEZU. Ayo matwara yo kwitwararika ku mutima atuma dusanga YEZU ngo aduhumurize. Ishime wowe munyabyaha, kuko YEZU KRISTU Umwana w’Imana Nzima ari wowe watumye aza kwigaragaza ku isi. Ntuzapfira mu byaha kuko wiyemeje gukunda YEZU KRISTU. 

Kuri iyi ngingo, hari ikitonderwa: Kuki YEZU yemera ko abanyabyaha bamusanga? Kuki asangira na bo? Kuki bamutumira akemera? Si ikindi kindi, ni ukugira ngo abakize. Ntasabana n’abanyabyaha ibi bya nyirarureshwa bitagize icyo bigeraho. Dushobora kugwa mu mutego wo kutumva neza uko kwegera abanyabyaha no gusabana na bo. Hari uwakwibwira ko ubwo YEZU atigizayo abanyabyaha, afite uruhushya rwo gukomeza kwibera mu rupfu rw’ibyaha. Oya! YEZU anyegera kugira ngo ankize. Ndamutumira akaza iwanjye kugira ngo numve ijambo rye. Yemera gusangira nanjye kugira ngo mbashe gusangira na We inzira y’ijuru n’ibyiza byayo. YEZU ntiyegeraga abasoresha kugira ngo bakomeze barye ruswa cyangwa bapakire imifuka yabo kijura. YEZU ntiyegereye amahabara kugira ngo yikomereze ubuhabara bwayo. YEZU ntiyasangaga abarwayi kugira ngo bakomeze gushengurwa n’uburwayi. Ahubwo abasoresha, abasambanyi n’abandi bumugaye ku buryo bunyuranye, bose bagiye bumva ijambo rye bagahinduka bahindutse, bagakira rwose. 

Ese natwe ni ko tubigenza? Tubana n’abantu tugamije kubagezaho Ijambo ryabakiza? Ese aho ntidufite ubwoba? Ese ntitwumva ko bapfuye byarangiye, ko badashobora kuzanzamuka? Nta mukristu ukwiye guta igihe mu mahuriro y’amanjwe. Akwiye kugenzwa no kubwira abo bahura bose Inkuru Nziza. Gutsinda ubwoba n’amasoni, ni ngombwa kugira ngo umushyikirano tugirana n’abantu abo ari bo bose ubafashe guhesha Imana Data Ushoborabyose ikuzo. Hari umuntu twahuye dufatanya urugendo. Mbere y’uko duhaguruka, nateye ikimenyetso cy’umusaraba na Ndakuramutsa Mariya. Byaramutangaje cyane. Yamaze iminsi abibwira abantu nk’ikintu cyamutunguye rwose. Nyamara se, igitangaza kiri he muri ibyo? Abakristu twasezeranye gusingiza Nyagasani iteka n’ahantu hose. Ntidukwiye kwigiramo ubwangwe. Ahubwo tumuheshe ikuzo aho turi hose. 

Hari umutego ukomeye dukunze kugwamo: ngo icya ngombwa ni ukwihatira kubana neza n’abantu. Tujya tuvuga ngo “Kanaka azi kubana, abana neza na bose…”. Tugomba gushishoza tukamenya neza niba iyo mibanire ifasha abo bose kumenya inzira y’Ukuri. Bimaze iki se kugendana kenshi n’umujura niba akomeza ubujura bwe! Kubana neza n’umunyangeso mbi bitagize icyo bimuhinduyeho se, byo bimaze iki? Umubano w’umurato ntaho uganisha. YEZU KRISTU si rwo rugero yadusigiye. Intumwa ze na zo, si uko zabayeho. Ntizataye igihe mu mibano itagira aho iganisha. Urugero rw’abakristu ba mbere na rwo ruratumurikira: bahoraga basangira bashyize hambwe kandi basingiza Imana Data Ushoborabyose. Ntibemeraga ko hagira umuntu ubavangira anabatesha igihe. Natwe rero, nta mubano n’umwe ukwiye kudutesha igihe. Twubahe bose mu bwiyoroshye no mu bwizige. Nitugira amahirwe tukamenyana n’abahabye, twibande ku kubasha kumenya YEZU KRISTU. Nibanga, ni akazi kabo. Icyo tutazitaho, ni ugukurikira ab’isi batubuza inzira twatangiye y’ubukristu. 

Uyu munsi dusabire abacuruzi bose kurangwa n’ubudahemuka mu murimo wabo. Birinde kumera nka bariya Amosi yavuze bishimira kwica iminzani bagamije guhenda rubanda no kunguka ibyamirenge. Dusabire abasoresha gukora neza umurimo bashinzwe. Dusabire n’ abanyabyaha bose. Tubasabire guhura na YEZU no kwihatira kudahemuka mu mibereho yabo.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA