Genda uhanurire umuryango wanjye

KU WA KANE W’ICYUMWERU CYA 13 GISANZWE B,

5 NYAKANGA 2012:

 

AMASOMO:

1º. Am 7, 10-17

. Mt 9,1-8

 

GENDA UHANURIRE UMURYANGO WANJYE ISRAHELI

 

Abahanuzi Imana Data Ushoborabyose yatumaga ku muryango we Israheli, si abantu bavugaga ibyo bihimbiye. Bavugaga ibyo babwiwe n’Imana kugira ngo abantu bose bamenye icyo Uhoraho abashakaho. Abahanuzi ntibari babereyeho gushimagiza rubanda. Nta maronko yandi bari bimirije imbere. Abavugaga amagambo asize umunyu ngo batiteranya, ni ababaga barangwa n’amaco y’inda. Abo bagaragaweho kuba abahanuzi b’ibinyoma kuko ubuhanuzi bwabo butigeze busohora. Abahanuzi batangiraga ubutumwa bw’Imana mu ngoro yayo. Aabaherezabitambo b’umutima woroheje ukunda Imana koko, bashyigikiraga ubutumwa bw’abahanuzi. Ariko rero, nk’uko habayeho abahanuzi b’ibinyoma, ni na ko habayeho abaherezabitambo boramye mu bujiji. Twumvishe ibya Amosi umuhanuzi wahanganye na Amasiya umuherezabitambo w’ i Beteli. Ngo ntibari bagishoboye kwihanganira ibyo Amosi yavugaga. Ni uko Amasiya yagendaga avuga impuha agamije kurwanya ubutumwa bw’Imana no gutanga Amosi i bwami kwa Yerobowamu umwami wa Israheli.

 

Ubutumwa bw’abahanuzi ntibucubywa n’ibitotezo. Amosi yahamirije Amasiya ko Uhoraho ari we wamutoye: “Uhoraho yankuye inyuma y’amatungo, nuko arambwira ati ‘genda uhanurire umuryango wanjye Israheli!’”. Si abahanuzi ba kera gusa babayeho. Mu bihe byose, Uhoraho atuma ku muryango we kugira ngo urusheho kugendera mu nzira y’ubugingo bw’iteka. Uko ni ukuri kw’ibihe byose. Ubwo butumwa ntibushobora guhagarara kugeza igihe isi izashirira. Impamvu ni uko ku isi abantu bahora bakeneye kwibutswa inzira nziza. Ni kenshi bagira intege nke bakadohoka ku muhamagararo wabo. Ni kenshi na kenshi bitandukanya n’Imana. Ni kenshi binjirwamo n’ubugome. Ni yo mpamvu rero mu bihe byose abahanuzi bakenewe kugira ngo bahore bacyamura abari ku isi. YEZU KRISTU yatwinjije mu buhanuzi bw’Isezerano Rishya. Uwabatijwe wese, afite uruhare kuri ubwo buhanuzi. Ntitukigire indangare. Ubwo butumwa ariko, ntibworoshye. Umuhanuzi wese, iyo ari we koko, iyo atibeshya, iyo ari Uhoraho umutuma, ntabura guhura n’abashaka kumuhungabanya kuko baba badashaka kumenya icyo Uhoraho yategetse ku buryo budakuka. Biroroha kwibera mu bidushimisha. Ibishimisha Imana byo biradusharirira. Ni ko korama kwacu. Iyo twumvishe ijwi ry’abatwibutsa icyo Nyagasani adushakaho, iyo Sebyaha itaraturengana mu buvumo bwayo, dushobora kugaruka mu nzira nziza amazi atararenga inkombe.

 

Ibihe turimo na byo, bikeneye abahanuzi bemera gusohoza ubutumwa bw’Imana Data Ushoborabyose, Se wa YEZU KRISTU. Ibimenyetso byo kuyoba birigaragaza. Ubuyobe ntibuganisha aheza. Nyagasani ashaka ko tumugarukira. Amategeko ye twarayirengagije. Dushaka kugurukana n’ibiguruka. Ntidushaka kwigora. Dufite ubwoba bw’abagiranabi. Intambara ziracyasesa amaraso y’inzirakarengane hirya no hino. Abakristu baratotezwa bagacurwa bufuni na buhoro. Impinja ziricirwa mu nda zitaravuka. Ingeso mbi zirakwiriye hirya no hino. Ubuhemu ni bwose. Ingo z’abashakanye ziratandukana abana bakangara hirya no hino. Ikinyoma, amatiku n’ubukocanyi ntibyatanzwe.

 

Amizero tuyafite muri YEZU KRISTU. Yaje kuzuza amasezerano. Yaje gushyira umukono ku byahanuwe. Ni We ndunduro y’ubuhanuzi bwose. Na We, kimwe n’abahanuzi nka Amosi, yarwanyijwe n’abaherezabitambo. Ubutumwa bwe ntibwabuze ariko kuzuzwa. Yakoze ibitangaza byinshi. Yerekanye ko yatumwe n’Imana Data Ushoborabyose. Tumwegere adukize uburema bwacu. Kumusanga, ni ko guhamya ko twamwemeye. Ibyaha byaratwigaruriye. Tumusangane ukwemera. Dukeneye kumva ijwi rye riduhumuriza: “Izere, mwana wanjye, ibyaha byawe urabikijijwe”. Ibyaha byaratumugaje. Twararemaye rwose. Tumusangane ukwemera. Natwe araduhagurutsa kuko afite ububasha bwose bwo gukiza ibyaha. Buri wese muri twe, nahumurizwe n’ijwi ry’Umukiza. Namuhereze n’abe bose bamugaye bumve ijwi rye ribahagurutsa: “Haguruka, ufate ingobyi yawe, witahire”.

 

Dusabirane imbaraga za roho tubashe gusohoza ubutumwa yagasani ashaka ko dutangaza. Ubwoba, ubugwari, byose tubitsinde kugira ngo duhumurize bose tubagezaho ugushaka kw’Imana Data Ushoborabyose. Nta waremewe korama. Buri wese, n’aho yaba yarazikamye kure cyane, ashobora kumva Ukuri akagaruka i buntu akaba muzima rwose. Nyahasani asingirizwe abavuga beruye mu Izina rye.

 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Kugira ngo mushobore kubaho

KU WA GATATU W’ICYUMWERU CYA 13 GISANZWE B,

4 NYAKANGA 2012:

 

AMASOMO:

1º. Am 5, 14-15. 21-24

. Mt 8,28-34

 

KUGIRA NGO MUSHOBORE KUBAHO

 

Twese dushaka kubaho. Yee, ni byiza! Ikibazo gikomeye ariko, ni uko twese atari ko tuzi kubaho icyo ari cyo. Dushaka kubaho neza. Ni byiza. Ariko icy’ingenzi, ni ukumenya kubaho neza icyo ari cyo. Kubimenya na byo, ntibihagije. Intera ikwiye kugerwaho, ni ugushaka ibya ngombwa byose bituma tubaho neza. Ni cyo Nyagasani ashaka kutwigisha mu isomo rya mbere. N’Ivanjili kandi na yo, iratwereka uburyo YEZU KRISTU agamije kuturinda ibitubuza kubaho neza. 

Ikizatuma tubaho neza, ni ugushaka ikiri icyiza. Umuntu yahawe ubwenge bwo kumenya ikiri icyiza. Imana yamuremye ishaka ko abaho neza. Iyo yemeye kuyumvira, nta kabuza amenya inzira y’icyiza. Iyo yihaye kugena ku bwe icyiza yishakiye, arayoba agakurikira inzira mbi, amaherezo akazagwa ruhabo. Kuyoba kw’abantu, kugaragaza ko ubwenge bwabo bubaroha mu bibi, nta we bishobora gutangaza. Inkurikizi z’icyaha cy’inkomoko turazizi. Cyakora ikibazo dukunze kwibaza, ni impamvu muntu yacunguwe na YEZU KRISTU ariko na n’ubu akagumya kwiyangiza ku buryo butangaje. Igisubizo dufite, ni ubwigenge Imana yahaye umuntu wese. Twese dufite ubwigenge bwo guhitamo. Uhisemo ikibi, n’ubwo kimukindura, Imana Data Ushoborabyose, nta ko aba atamugize, ariko nyine, utera intumva amara amanonko! None se koko, ni iki Data Ushoborabyose atakoze ngo atwereke inzira nziza? None se yohereje Umwana we YEZU KRISTU ari ugukina? Ubu se imibabaro YEZU WACU yababaye, yari ikinamico? Ariko se kuki abantu tutumva? Nimwirorerere kwirirwa mumeneka umutwe mwibaza ku mvo n’imvano y’ubuyobe bukomeje kuduhuma umutima. Tumenye ko Umushukanyi atapfuye. Shitani ari yo Sebyaha, Dayimoni nkuru twita Roho mbi, wa mumalayika wigometse ku Mana, ni roho. Ntipfa rero. Ibereyeho kuyobya abantu. Umuntu wese kandi uwo yaba ari we wese, iyo Kareganyi ishobora kumwararika. Turagowe noneho! Tubigenze dute? 

Tuzatsinda mu izina rya YEZU. Akaga ni ukumusuzugura. Inzira yo gutsinda Shitani, ni ukwemera gukurikira inzira YEZU KRISTU yatweretse. Ni we Nzira, Ukuri n’Ubugingo. Ni we wenyine ushobora kudutsindira Sekibi. Kumwemera no kumukunda, ni yo nzira yonyine ituma tubaho. Ni we wenyine ushobora kuduha imbaraga zo gukora icyiza. Ni we wenyine udutera inkunga ku rugamba turwana na Sekibi. Uwa-KRISTU wese, ari ku rugamba. Niba uvuga ko uri uwa-KRISTU ariko ukaba wibereye aho, ukaba ubona bucya bukira utanitaye ku byo ukora, menya ko Sekibi ikuri hafi. Irakubungamo rwose. Haguruka utangire kubaho. Kubaho umuntu atariho, ni ukwibera ku isi nk’uwagashize, ni ukubaho nta cyo witayeho, ni ukudashimishwa n’icyiza kinogeye Nyagasani, ni ukutarwanya ikibi cyose kibangamiye ubuzima nyobokamana. Kwegera YEZU KRISTU ku buryo buvuye ku mutima, ni ko gutsinda amayeri yose ya Sekibi. Hari abantu batari bake bavuga ko Shitani itabaho! Iyo ibumva babivuga batyo, ikora umunsi mukuru kuko yikomereza akazi kayo. Nta we ushobora kurwanya Shitani avuga ko itabaho. Ibyo birumvikana. Abahawe ubutumwa bwo kwirukana amashitani muri iki gihe, bahangayikishijwe n’uko muri Kiliziya hari abavuga ko Shitani itabaho. Ibyo tubisoma ku rupapuro rwa 7 n’urwa 8 mu gitabo giherutse kwandikwa na Padiri Gabriel AMORTH, umwe mu bafite ubutumwa bwo kwirukana amashitani. Akorera i Roma. 

Nta gushidikanya, ibikorwa bibi tubona mu isi, ni imbuto zirura zivuburwa na roho mbi. Ni yo mpamvu YEZU KRISTU, mu butumwa bwe yihatiye kwirukana roho mbi zose. Ivanjili twumvishe yabisobanuye. Si ukubeshya, si imigani yahimbwe, ni ukuri koko, YEZU KRISTU yirukanye amashitani. Amashitani dukunze gutinya, ni ariya yinjira mu muntu akamwitwarira pe. Agakoreshawa na yo ku buryo bugaragara nk’uko Ivanjili ibitubwira. Ariko kandi, ibikorwa bya roho mbi byigaragaza ku buryo bwinshi. Tumenye ko n’abantu barangwa n’ubugome no kurenganya, shitani iba ibakoreramo n’ubwo basa n’ababihakana. Ni yo mpamvu iyo migirire yose, dukwiye kuyamagana kugira ngo abantu babohorwe byuzuye ku bubasha bwa roho mbi. Tuzirikane aya magambo y’umuhanuzi Amosi: “Nimwange ikibi, mukunde icyiza, nimusubize ubucamanza umwanya wabwo mu rukiko”. 

Nta we ukwiye kwibeshya ngo ari kumwe n’Imana Data Ushoborabyose mu gihe cyose asenga ariko asengera ku bikorwa bya Sebyaha. Tuzirikane aya magambo yabwiwe Amosi umuhanuzi: “Nanga urunuka kandi nkagaya ingendo mukora muje kundamya, sinshobora gushimishwa n’amakoraniro yanyu…no mu maturo yanyu nta na rimwe rinshimisha…Igiza kure urusaku rw’indirimbo zawe, n’umurya w’inanga zanyu sinshobora kuwumva. Ahubwo uburenganzira nibudendeze nk’amazi, n’ubutabera butembe nk’umugezi udakama!”.

Ngicyo icyo isi ya none ikwiye gukora kugira ngo ibeho. Ni cyo buri wese akwiye gukora kugira ngo ashobore kubaho. Kubaho mu nzira y’ubutungane bwa Nyagasani, kubaho uharanira ineza wirinda inzira zose z’ibinyoma, kubaho uharanira ubutabera n’ukuri, ni ko kubaho neza. Ni yo nzira y’ijuru. Ni ko gutsinda ruhenu Sekibi. Ubuzima buhoraho, ubuzima bw’iteka, ubuzima bw’ijuru, ni bwo muntu yaremewe. Nta waremewe umuriro w’iteka. Twitoze kuwuhunga kandi dukore ibishoboka byose kugira ngo abashaka kuwirohamo tubatabare nta bwoba. Duhore dusabirana imbaraga zo gutsinda Sebyaha mu izina rya YEZU KRISTU WAPFUYE AKAZUKA.

 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

 

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Reka kuba umuhakanyi, maze ube umwemezi

KU YA 3 NYAKANGA 2012:

MUTAGATIFU TOMASI INTUMWA

 

AMASOMO:

1º. Ef 2, 19-22

. Yh 20,24-29

 

REKA KUBA UMUHAKANYI, UBE UMWEMEZI

 

MUTAGATIFU TOMASI Intumwa ahimbazwa mu Kiliziya kuva mu kinyejana cya 6. Nta bintu byinshi bizwi neza ku buzima bwe. Cyakora, amateka yemeza ko yigishije Inkuru Nziza muri Etiyopia, mu Buhinde, muri Perse no mu duce tuhakikije. Ubuzima bw’Intumwa za YEZU KRISTU, ni inyigisho ikomeye duhabwa kugira ngo yubake imitima yacu. Amagambo menshi bavuze bagamije kwemeza abavandimwe iby’Umukiro, ntiyari inkuru z’ururimi gusa. Ni ukwemera gukomeye bari baragezeho mu gukurikira YEZU KRISTU batabeshya. Tugire bimwe na bimwe tuvuga kuri TOMASI Intumwa.

 

MUTAGATIFU TOMASI Intumwa, ni umuyahudi wo muri Galileya. Kimwe n’abandi benshi, yari atunzwe n’umurimo w’uburobyi bw’amafi. Ahagana mu mwaka wa 31, yahuye na YEZU amutorera kumukurikira. Kuva ubwo yagendanye na We hamwe n’izindi ntumwa uko bose bari cumi na babiri. Nyuma y’urupfu rwa YEZU, yagize ihirwe ryo kwemera IZUKA abanje ariko kwibonera YEZU MUZIMA. Yamamaje Inkuru Nziza kugeza ayipfiriye. Yiciwe ahitwa Coromandel mu Buhinde. Yishwe atewe amacumu dore ko ubwo buryo ari bwo bwakoreshwaga muri izo nce mu kwica abo babaga baruciriye. Hari ibintu byinshi byagaragaje umwihariko wa TOMASI.

 

Icya mbere, ni ishyaka yari afitiye YEZU. Twibuke igihe YEZU abwiye abigishwa be ko afite umugambi wo kujya i Yeruzalemu kubabarizwa yo. Benshi bahiye ubwoba barahindagana rwose ndetse baratura batwama YEZU ngo areke kwishora mu babisha. Ariko TOMASI we, yarahagobotse, nk’uko Ivanjili ibitunyuriramo: “Nuko TOMASI witwa Didimi abwira abandi bigishwa, ati ‘Reka tujyane, natwe tuzapfane na na we” (Yh 11, 16). Ayo magambo ye, si uguhubuka. Ni ikimenyetso cy’ubutwari bukomeye yari yifitemo. Ni ubuhamya bukomeye kuri twe.

 

Icya kabiri tutakwirengagiza, ni ubuhanga buhanitse bwa TOMASI Intumwa. Bwagaragariye mu bibazo yagiye abaza YEZU. YEZU na We, yaheraga kuri ibyo bibazo bya TOMASI agasobanura neza amabanga amwerekeye. Twibuke igihe YEZU abwiye abigishwa be ko agiye kandi ko aho agiye bahazi n’inzira ijyayo. TOMASI yateye hejuru ati: “Nyagasani, tube tutazi aho ugiye, ukabona ko twamenya inzira dute?” (Yh 14, 5). Uko guhuguka kwa TOMASI, ni ko kwatumye YEZU asobanura ko ari we Nzira, Ukuri n’Ubugingo. Biragaragara ko TOMASI atari umuntu wibereye aho gusa. Si umuntu ugendera ku mabwiriza atangwa gusa. Ahubwo ahora ateze amatwi kugira ngo asobanukirwe neza. N’ubundi, bumwe mu buryo bugaragaza ko dukurikiye abatwigisha, ni uko dutega amatwi maze icyo tutumvishe neza tukabaza. Tuvuga ko kubaza bitera kumenya. Ni byo koko. Nta wahamya ko yumva ijana ku ijana isomo mwarimu atanga. Ugira ubwoba bwo kubaza, ahorana ubujiji kuko atabaza ibyo atumva neza. Ni yo mpamvu twemeje ko TOMASI yari UMUHANGA ku buryo bugaragara.

 

Icya gatatu, TOMASI azwi ho kuba ataremeye ubuhamya bwa bagenzi be bemezaga ko biboneye YEZU ari muzima. Dukunze gutangazwa n’uburyo TOMASI yatinze kwemera IZUKA. Ariko nyamara, nta gitangaje kirimo. Muri kiriya gihe cy’intangiriro ya Kiliziya, byari bikomeye cyane kwemeza iryo banga nta bimenyetso wiboneye. IZUKA rya YEZU ryabaye ikintu karahabutaka kitashoboraga kumvikana mu bwenge bw’abantu. Aha hatwumvisha kandi ko koko IZUKA ari ryo ryatumye ibyo YEZU yari yaravuze bisobanuka. Mbere y’umutsindo we, ibyinshi mu byo YEZU yabwiraga abigishwa be, byakirwaga nk’umugani usanzwe. YEZU KRISTU ubwe yagombye kubonekera buri wese mu ntumwa ze kugira ngo abakomeze mu kwemera k’uko ari Muzima kandi ari kumwe na bo ubuziraherezo. Muri iki gihe turimo, ibonekerwa si ryo rya ngombwa kuko tuzi neza ibimenyetso byinshi cyane Nyagasani yagiye agaragarizamo ko ari kumwe n’abe. Gushidikanya mu gihe cy’ikubitiro, birumvikana. Kujijita nyuma y’imyaka irenga ibihumbi bibiri, byo ni ukwisubiza inyuma.

 

Rimwe mu masomo yumutse twakwigira kuri TOMASI Intumwa, ni ukwiyoroshya no kwicisha bugufi. TOMASI yemeye kwiyoroshya agaragaza ko yifitemo ubujiji butuma atemera ko YEZU yazutse uko yari yarabivuze. Aho kwigira imbonera mu kwemera, yigize ubusabusa imbere ya bose. Muri iki gihe no mu bihe byose, abantu dukunze kwirata ngo tuzi YEZU KRISTU, ngo turi Aba-KRISTU. Ubwo bwirasi butuma twishyira ejuru tugasuzugura abantu boroheje barangwa n’ubuyoboke. Uko TOMASI atemeye “inkuru” abagore babyutse bakwiza, ntiyemere ndetse na bagenzi be, ni ko natwe tunangira imbere y’abakristu boroheje cyangwa bakennye ku buryo bwinshi. Ku byerekeye TOMASI byo, twavuze uburyo byari bitoroshye kwemera ndetse bijyanye n’umutima we ushakashaka gusobanuza. Kuri twebwe, ntibyumvikana: agasuzuguro dushobora kugirira abakristu b’abakene cyangwa biyoroheje, ubwirasi twigiramo n’andi matwara yandi atameshe. Ibyo byose bitume dupfukama twiyambaze TOMASI INTUMWA adusabire guhora duhamya ukwemera kwacu muri YEZU KRISTU WAPFUYE AKAZUKA. Tubikorane umutima ukeye kandi wiyoroheje.

 

BIKIRAMARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Kabiri gatatu Israheli icumura!

KU WA MBERE W’ ICYUMWERU CYA 13 GISANZWE B,

2 NYAKANGA 2012

 

AMASOMO:

1º. Am 2, 6-10.13-16

. Mt 8,18-22

 

KABIRI GATATU ISRAHELI ICUMURA!

 

Imana Data Ushoborabyose, ashaka ko umuryango we umubera indahemuka. Nta nyungu zindi agamije. Icyo yifuriza abana be bose, ni ubuzima buzira ibizinga. Abifuriza amahoro. Ubwo buzima buzira umuze, ayo mahoro asesuye, byose bituruka mu kubaha Amategeko yabahaye. Ihanga ryose ryubashye inzira y’icyiza, riyobora abantu bose ku mahoro nyakuri. Umuntu wese wiyemeje kugendera mu budahemuka, yinjira mu bugingo bw’iteka. Uko tubibona mu Isezerano rya Kera, Israheli Umuryango w’Uhoraho, wagiye wisenya igihe cyose abami bawo basuzuguraga Imana bakohoka mu bigirwamana ndetse bakayobya batyo abaturage. Uko kuri, no mu bihe bya nyuma turimo, ntidukwiye kukwirengagiza. Igihe cyose tutihatira gukora ibijyanye n’Amategeko y’Imana, nta cyiza kindi tuba twitegurira usibye urupfu rwigaragaza ku buryo bwinshi. 

Imwe mu nzira zaturonkera umukiro, ni ibikorwa by’abahanuzi baberaho kutwibutsa kugarukira Imana mu gihe twayobye. Imana Data Ushoborabyose, ntishobora kudutererana. Igihe cyose idutumaho abashobora kutwibutsa ugushaka kwayo. Umurimo wa gihanuzi wabayeho kuva kera. N’uyu munsi, Kiliziya ya YEZU KRISTU irawushishikarira. Yatorewe kuba mu isi nk’ikimenyetso cy’Umukiro. Yatorewe kuba urumuri rw’amahanga. Muri iyi mpeshyi, hirya no hino ku isi, hazatangwa ubusaseridoti. Twese uko tungana muri Kiliziya, tujye ku mavi, dusabire abo basore biyemeje kubaho bumvira KRISTU We Musaseridoti, Umuhanuzi n’Umwami. Nibihatira kumutega amatwi buri munsi, ntibaziganda mu kwamamaza Ukuri mu isi yose. Mu izina rya YEZU KRISTU, bazamamaza Inkuru Nziza y’Umukiro banamagane Sebyaha yigaragariza mu mayeri menshi igamije guhurika isi yose mu ngeso mbi zibangamiye Amategeko y’Imana, ya yandi ashobora kugeza buri wese mu Bugingo bw’iteka. 

Abahanuzi b’Imana Data Ushoborabyose n’ Abahanuzi b’ Isezerano Rishya kandi rizahoraho iteka rishingiye ku Maraso Matagatifu YEZU yasesewe ku Musaraba, nta n’umwe muri bo ushobora guceceka mu gihe Sebyaha ari yo Sekibi, umushukanyi wa kera na kare, uwo Ibyanditswe byita Kareganyi na Sekinyoma akomeje gushuka abana b’Imana. Tugaruke gato ku bibi umuhanuzi Amosi yabonaga mu muryango w’Imana maze agahabwa imbaraga zo kubyamagana. 

Icya mbere avuga, ni ikibazo kijyanye n’uburyo hagaragaraga ikandamiza rikabije mu muryango w’Imana. Ngo “Bagurana intungane amafeza, umukene bakamugurana umuguru w’inkweto, kubera ko bakandamiza rubanda rugufi bakayobya abakene inzira”. Nta na rimwe Imana yishimira amatwara akandamiza abantu. Ayo matwara iyo adakosowe, abyara ingorane zinyuranye hirya no hino ku isi. Duhora dusabira abayobora ibihugu, kugira ngo bite ku micungire myiza y’imitungo iri ku isi. Nta n’umwe wayiremye. Ni Imana yaremye byose ibishyira mu biganza bya muntu ngo bimutunge, bigirire akamaro buri wese. Nta n’umwe wari ukwiye gutindahazwa kandi ibyiza Imana yaremye atari umwihariko wa bamwe. Mu bihugu bimwe na bimwe by’Uburayi muri iki gihe, babuze ayo bacira n’ayo bamira. Hagaragara irindimuka ry’ubukungu. Hari kandi n’ ubusumbane. Hari abakize cyane hakaba n’abatindahaye. Impamvu yabyo ugasanga ari umutima wo kwikubira wa bamwe tutibagiwe n’amategeko bashyiraho arwanya Imana. Ibyo ntibyabagwa amahoro. Mu bindi bihugu byiganjemo abicwa n’inzara, ntituyobewe ko imwe mu mpamvu yabyo ari ubusambo bw’abaherwe n’intambara z’urudaca zabaye akarande kubera inyota y’ubutegetsi. Ibyo byose, bikwiye gutuma dukanguka maze abakwiye kwamamaza Inkuru Nziza bakayamamaza babishimikiriye. 

Icya kabiri Umuhanuzi Amosi yamaganaga, ni imico yarwanyaga imibereho myiza Nyagasani atahwemye kwibutsa Umuryango we. Abivuga muri aya magambo: “Kubera ko umuhungu na se bahurira ku ihabara imwe ngo basebye izina ryanjye ritagatifu”. Kuva icyaha cy’inkomoko cyaduka, kamere muntu yahindutse ibirere bigurumana mu kanya gato. Ni kamere yakomerekejwe n’icyaha. Ni kamere ihora isonzeye icyaha. Twese tuzi ukuntu kamere yacu itwarwa n’irari ry’umubiri maze hakagaragara amatwara n’imyifatire iteye isoni. YEZU KRISTU, ni we wenyine ushobora kutubohora iyo ngoyi y’icyaha. Ikibazo ariko, ni uko Kareganyi twavuze na yo ihora ari maso kugira ngo ituyobye itwereka ko kwishimisha mbere ya byose ari byo byatugirira akamaro. Ni yo mpamvu abantu bamwe na bamwe usanga bagenda batakirwambaye ngo keretse bibereye mu maraha yose ashoboka kuri iyi si. Ibyo byose birabayobya bikabasenya bagahinduka ibishushungwe kugeza aho ikintu cyose Imana ibabwira batacyumva. Imyifatire nk’iyo iriho muri iki gihe ni iyihe? Ese dutinyuka kuburira bose ngo bave muri iyo nzira y’umwijima? Nyamara rwose birashoboka ku bw’imbaraga n’impuhwe YEZU KRISTU adusesekazaho. Yazanywe no kuducungura aducurukura. Izina rye ni ritagatifu. Nitumukunde tumwumvire. 

Icya gatatu cyari gihangayikishiuje Uhoraho gikubiye muri aya magambo Amosi yavuze agira ati: “Kubera ko imyambaro batwaye ho bayicuje urutambiro, no kubera divayi batwaye ho ingwate bakayinywera mu nzu z’Imana yabo”. Mu ncamake, ibyo bisobanuye ibikorwa byose abantu bakoraga bitwa ngo barasenga, baratura ibitambo Uhoraho kandi mu by’ukuri amatwara yabo atandukanye n’ugushaka kwe. Na none byatuma dutekereza ibikorwa byo gutesha agaciro ibintu bitagatifu. Igihe cyose imitima yacu itihatira kugendera mu Kuri k’Umusumbabyose, amasengesho y’urudaca dushobora kuvuga, nta cyo ashobora kutugezaho. Dukeneye kwigiramo amatwara atunganiye iby’ijuru. Dukeneye gushyira imbere Urukundo YEZU yatweretse. Dukeneye guca ukubiri n’imigirire iteye isoni igatesha agaciro izina ry’Imana Data Ushoborabyose. Icyo ni cyo twaremewe. Twaremewe kubana n’Imana YEZU KRISTU yatugarigarije. Kubana na we tukiri ku isi, ni ko kwitegura kwinjira mu ijuru. Kwikosora tukisubiraho tureka ibyo intumwa ze zitubuza kuko bidahuje n’Ukuri nyajkuri, ni ko kurokoka urupfu Sebyaha ihora iducira. Gucumura rimwe, kabiri, gatatu se, tutarabona ko tugana ahabi, ayo ni amakuba akarishye atwototera. 

Dusabirane twese kwisubiraho ubwo twumvishe iri jwi ridukangura rigira riti: Kabiri gatatu Israheli icumura! Buri wese muri twe, nabyiyerekezeho agira ati: kabiri gatatu jye K… ncumura! Nkiza Nyagasani. Nshaka kugukurikira. Mpa kugukurikira, ndeke abapfu bahambe abapfu babo nk’uko wambwiye mu Ivanjili ya none.

 

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA