Komera!

Ku wa kane w’icyumweru cya 7 cya Pasika,

24 GICURASI 2012 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Intu 22,30; 23,6-11; 2º. Yh 17, 20-26 

Komera!

Mu gihe tugeze ku munsi wa karindwi twitegura Penekositi, YEZU KRISTU abwiye buri wese muri twe ati: “Komera!”. Igihe cyose dusoma Ijambo ry’Umukiro, ntiturifata nk’inkuru z’amateka ya kera. Roho Mutagatifu ukorera muri Kiliziya ayivugurura, ni We uhora avugurura Ijambo tugaburirwa. Ni yo mpamvu rero n’igihe Nyagasani abwiye Pawulo ati: “Komera! Uko wambereye umugabo i Yeruzalemu, ni ko ugomba no kuzambera umugabo n’i Roma”, yabonaga ko natwe iryo Jambo rizatugeraho igihe cyose tuzaba twaramwemeye tunashaka kumuvuga imbere y’abanzi be. Iyo umuntu abonekewe na YEZU akamuha Roho we Mutagatifu, nk’uko byagendekeye Pawulo, atangira ubuzima bushya butuma azinukwa isi. Ni na yo mpamvu atabura gutotezwa. Ariko iryo Jambo rihumuriza rya Nyagasani rikomeza kumugeraho. Cyakora iyo umuntu yakiriye YEZU ku buryo bwa nyirarureshwa, bwo nta cyo yirwa yigoraho kuko kuba imberabyombi, nta ngorane bimukururira ku isi. Mu beza aba mwiza, mu babi no ho ntiyivune agaragaza ukuri ngo atavaho yikururira ingorane. Ayo matwara se ni yo YEZU KRISTU wicaye i buryo bw’Imana Data ashaka? 

Mumenye ubushyo mwaragijwe na Roho Mutagatifu

Ku wa gatatu w’icyumweru cya 7 cya Pasika,

23 GICURASI 2012 

AMASOMO: 1º. Intu 20, 28-38

2º. Yh 17, 11b-19 

Mumenye ubushyo mwaragijwe na Roho Mutagatifu

Uyu munsi, Nyagasani agaragaje ko afite ku mutima abana be bose. Pawulo intumwa agiriye inama ikomeye abakuru ba Kiliziya ya Efezi. Yabanje kubibutsa ibigwi bye ku murimo yatorewe muri Kiliziya. Ntatanga inama mu magambo gusa. Nta we ushidikanya ku rugero yagaragaje mu kwitangira roho z’abayoboke ba KRISTU. Na bo kandi barabyiboneye barabimushimira. Ni yo mpamvu bamusezeraho barira. Ibyo byose, biragaragaza ineza Nyagasani afitiye abana be. YEZU KRISTU na we, ageze hagati isengesho rirerire yavuze asabira abe kuba umwe. Icyo na cyo, kiragaragaza ko Nyagasani ashakira ineza nyayo abana be. Duhereye aho, tuzirikane ku butumwa bw’ibanze Nyagasani adufitiye none. 

Ishime muvandimwe, wowe wamenye inzira y’ubukristu. KRISTU wamenye ukamwemera ukamukurikira, azakwitaho igihe cyose. Si ukuvuga ko azaguha kamere y’abamalayika. Uzabaho ku isi ariko uzi neza ko utari uw’isi. Azakwitaho agusenderezaho Roho Mutagatifu uzakuyobora inzira y’ijuru. Tugeze ku munsi wa gatandatu wa noveni yitegura Penekositi. Biduhaye rero kuzirikana ku byiza by’igisagirane Nyagasani aduhera muri Roho Mutagatifu. Ishime unezerwe wowe wamenye gusenga usaba Roho Mutagatifu. Igihe umuntu yiyoroheje akakira Roho Mutagatifu, nta kabuza, ibyiza Nyagasani yamuteganyirije aba yabyinjiyemo. Ishime rero kuko ku bw’ineza y’Imana Data Ushoborabyose, watangiye kumenya aho ubuzima bwawe bugana. Iyi si n’ibiyirimo, si ryo herezo ry’ubuzima. Hari benshi ubu bahangayitse kuko bareba imbere bagasanga nta kindi kibategereje usibye urupfu. Hari benshi batekereza ku mitungo yabo, ku by’isi batunze, ku mibiri yabo n’ibindi, ariko batekereza ku iherezo rya byose bagakuka umutima. Wowe wakiriye Roho Mutagatifu uzi neza agaciro k’ubuzima wahawe, uzi neza ko uzishima iteka mu ijuru. Hari abantu bajya bambwira ko bumva batizera neza ko ijuru ribaho. Abo mbanza kubabaza niba barabatijwe bagahazwa bagakomezwa bagakomeza kuba abayoboke muri Kiliziya ya YEZU KRISTU. Ntangazwa n’uko bambwira ko ari abakristu. Ubwo rero mpita mbasubiza ko niba ari abakristu bakaba batemera ko ijuru ribateganyirijwe, ari ukuvuga ko batemera YEZU KRISTU WAPFUYE AKAZUKA. Uwemera YEZU KRISTU by’ukuri, ahabwa Roho we Mutagatifu. Ntashobora guheranwa n’amatiriganya yo mu isi. Ntidushobora kwirengagiza ariko ko hari igihe isi ituremerera ikaba yanaturusha imbaraga. Bityo rero, abayoboke ba KRISTU bagomba guhora bafashwa ubudahwema, bibutswa ibyiza basezeranyijwe. Ni yo ngingo yindi ya ngombwa Nyagasani atugezaho uyu munsi. 

Nawe muvandimwe watorewe ubutumwa mu muryango w’Imana, uyu munsi YEZU KRISTU akugejejeho ijambo rigukangura rikagukomeza. Nk’uko YEZU yatumwe mu isi, nawe yagutumye ku isi. Yagutumye kwitangira Inkuru Nziza. Yagutumye kwamamaza igihe n’imbura gihe umukiro w’ijuru. Yagutumye kumenyekanisha YEZU KRISTU. Irinde kwiberaho uri umudabagizi cyangwa nta cyo witayeho. Irinde kwiruka inyuma y’ifaranga. Irinde kuyobywa n’abantu. Irinde kuyobya ab’umutima woroheje. Irinde gukururwa n’amaraha. Irinde kugendana n’ibiguruka. Irinde gusebya YEZU KRISTU wagutoye. Irinde gusuzugura Roho Mutagatifu. Twese abayobozi muri Kiliziya ku nzego zose, dukwiye gushyira ku mutima iri jambo Roho Mutagatifu abwirije Pawulo intumwa kutugezaho: “Murimenye rero ubwanyu, mumenye n’ubushyo mwaragijwe na Roho Mutagatifu, mube abashumba ba Kiliziya y’Imana, YEZU yacunguje amaraso ye bwite”. Izo nama nituzikurikiza, tuzabasha guhangana n’ibirura by’ibihubuzi biyobya ubushyo bwa Nyagasani. Ahantu hose hari ikoraniro ry’abayoboke ba KRISTU, bashobora gutera imbere ku buryo bushimishije, iyo abayobozi babaye maso kugira ngo bashobore kuyobora buri wese mu nzira y’umukiro. Ni ngombwa gusabira abayobozi bose cyane cyane abapadiri kugira ngo Roho Mutagatifu abaturemo bagaburire abo bashinzwe ibyiza bya Roho. Nta we utanga icyo adafite: iyo barangaye, ubuyobe buriyonera. 

Dusabirane twese kumvira Roho Mutagatifu. Naduturamo tuzabasha kuba abayobozi beza ba roho z’abavandimwe, buri wese ku rwego rwe. Ni byo bihesha Imana ikuzo.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Nakoreye Nyagasani, niyoroheje ku buryo bwose

Ku wa kabiri w’icyumweru cya 7 cya Pasika,

22 Gicurasi 2012 

AMASOMO: 1º. Intu 20, 17-27

2º. Yh 17, 1-11a 

Nakoreye Nyagasani, niyoroheje ku buryo bwose 

Uyu munsi, ni umunsi wo kurata ibigwi byacu. Buri wese muri twe, akwiye gutobora akarata ibigwi bye muri Nyagasani YEZU. Dore tugeze ku munsi wa gatanu dusenga ngo Roho Mutagatifu atumanukire. Dukomeze kwitegura neza iyo Penekositi. Dukeneye kuvugururwa muri Roho Mutagatifu kugira ngo ibyishimo bimuturukaho byongere uburyohe aho turi hose. Uwo dukurikiye, YEZU KRISTU watubwiye IMANA Y’UKURI, na We ntiyigeze arambirwa mu kutugezaho ibyivugo bye. 

Mu Ivanjili ya none, YEZU aragaragazanya ishema icyivugo cye: “Jye naguhesheje ikuzo, ndangiza igikorwa wampaye gukora… Namamaje izina ryawe mu bantu wampaye ubakuye mu nsi”. Icyivugo cya YEZU, ni uguhesha ikuzo Data Ushoborabyose. Guhesha ikuzo Data, ni ukudaha urwaho ikinyoma aho kiva kikagera. Ni ukubaho mu Kuri. YEZU yarabigaragaje. Yabaye mu Kuri ubuzima bwe bose. Ubwe nyine, yabaye mu isi ari UKURI, INZIRA n’UBUGINGO. Abigishwa be ndetse n’abahakanye barabyiboneye. Abigishwa bishimiraga ko YEZU yatangazaga Ukuri ku buryo butandukanye n’ubucanshuro bwa bamwe mu Batware ba Isiraheli. Bambwe muri rubanda ariko n’abigishamategeko baramurwanyije. Ntiyigeze adohoka mu gutangaza ukuri. Ikivugo cye kiranga ibigwi bye, ni uko yahamije Ukuri kwa Data kugeza ubwo ahamijwe umusaraba. Umusaraba wabaye umukono w’abemeye gukurikira YEZU batabeshyabeshya. Nta n’umwe ariko wabishoboye atambaje Roho Mutagatifu: imbaraga z’Izuka rya KRISTU zabatemberagamo maze bakaba indatsimburwa mu guhamya IMANA y’UKURI nta kubeshyabeshya. Ibindi bigwi bivugwa none, ni ibyo Pawulo Mutagatifu aririmbana umutima ukeye. 

Ni byo koko, Pawulo intumwa afite ikivugo gihamye: “Nakoreye Nyagasani, niyoroheje ku buryo bwose, mu marira no mumagorwa naterwaga n’ubugambanyi bw’abayahudi”. Ni nk’aho iyo ntumwa idacogora yavuga ati: Ndi Rudakangwa ibitotezo. Ndi Mwene YEZU KRISTU. Kuva aho yemereye YEZU, Pawulo yabaye intwari yabyirukiye gutsinda imitego yose. Yagiriye akamaro amakoraniro yagiye ashinga. Yabasigiye umurage udashingiye ku karimi keza. Uwo murage, ni uwo gukunda cyane YEZU KRSTU. Iyo urwo rukundo rukataje turufitiye YEZU KRISTU, nta kabuza, imbaraga z’umutsindo wa YEZU zirigaragaza. 

Icyivugo cya YEZU cyakongeje umutima wa Pawulo maze na we agakora mu nganzo akavuga ibigwi bye, nikidutere natwe muri iki gihe guharanira ko ubugwari bwose butsindwa mu Izina rya YEZU KRISTU. Nta mwigishwa w’ukuri wigeze arangwa n’ubwangwe. Iryo shyano rigwira Kiliziya, iyo abashinzwe kuyobora abandi muri Kiliziya badashyize imbere gukiza roho zumiranye. Iyo bishyira imbere bagamije ibyubahiro n’amakuzo, nta yindi manga bahirimaho itari ukurangiza nabi, nta bigwi bifatika bafite bishingiye ku Ivanjili. Iyi mpanuro irareba umuntu wese wabatijwe mu Izina rya Data na Mwana na Roho Mutagatifu. Kwisuzuma, kwivugurura, buri wese arabikeneye kugira ngo yinjire muri Penekositi Nshya y’ibyishimo, amahoro n’ubutwari buranga uwemera gushinga ubuzima bwe ku KURI kw’IMANA y’UKURI iduhamagarira kumenya YEZU KRISTU yatumye kutuyobora inzira y’UBUGINGO BW’ITEKA”. Ese ikivugo cyawe muri YEZU, ni ikihe? Ibigwi byawe, ni ibihe? Ese amiringiro yawe, ni ayahe? Itoze kubigaragariza abandi imbere n’inyuma, sebyaha izatsindwa haganze YEZU KRISTU WATSINZE URUPFU AKAZUKA. 

BIKIRA MARIYA ASINGIZWE.

YEZU KRISTU AKUZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Mbese igihe mwemeye, mwaba mwarahawe Roho Mutagatifu?

Ku wa mbere w’icyumweru cya 7 cya Pasika,

21 GICURASI 2012 

AMASOMO:

1º. Intu 19, 1-8

2º. Yh 16, 29-33 

Mbese igihe mwemeye, mwaba mwarahawe Roho Mutagatifu?

(Intu 19, 2). 

Tugeze ku munsi wa kane dukora noveni yo kwitegura guhimbaza Penekositi. Iki kibazo Pawulo yabajije abigishwa b’i Efezi, ni cyo kibaye umurongo w’inyigisho y’uyu munsi. Buri wese muri twe yari akwiye kwibaza niba yarahawe Roho Mutagatifu. Nta Roho Mutagatifu, nta kintu na kimwe twashobora. Ese guhabwa Roho Mutagatifu bivuga iki?

Umuntu wese wigishijwe Inkuru Nziza akemera YEZU KRISTU ashimishwa no kuyobora ubuzima bwe mu nzira y’Ivanjili ya KRISTU. Inyigisho zose zitangwa za gatigisimu, zigamije kumvisha umwigishwa ubuzima bwa YEZU no kumugeza ku masakaramentu matagatifu. Muri ayo masakaramentu, turonka imbaraga zidutagatifuza. Ikintu cy’ingenzi kigamijwe muri gahunda zose, ni ugufasha umwigishwa kugera ku MEZA MATAGATIFU. Inzira y’ubukristu iganisha kuri UKARISITIYA. Ni yo yubaka Kiliziya, ni yo igize ubuzima bw’uwemera wese. Ni yo tuboneramo YEZU KRISTU MUZIMA. Amakoraniro yose yavukaga hirya no hino, yashishikazwaga no kumanyurira umugati hamwe, ari byo nyine guhuzwa n’Ukarisitiya (reba Intu 2, 42-47). Ikimenyetso gikomeye cyigaragazaga gishimangira ubuyoboke bwabo, ni ukumanukirwaho na Roho Mutagatifu. Intumwa ni zo zabaramburiragaho ibiganza zisaba ko Roho Mutagatifu abamanukiraho. Ibimenyetso by’uko koko bahawe Roho Mutagatifu, byari ukwiyumvamo ibyishimo by’igisagirane no kubasha gusingiza Imana mu buryo bwo kuvuga mu ndimi. Imbaraga z’Uwazutse, ni uko zabasenderagamo. Ntidushobora gusobanura ijana ku ijana uko ubwo buzima bushya bwabatemberagamo nk’uko na n’ubu umuntu wakiriye YEZU agahinduka mushya koko adashobora gusobanura ijana ku ijana uko yiyumva. Ubuzima Roho Mutagatifu adukongezamo ntibusobanuzwa amagambo. Nyir’ukubwakira arabunyungutira maze abari basanzwe bamuzi bagasigara bibaza uko byamugendekeye. Iryo ni ihirwe rihambaye. Ni ibanga rihanitse rya YEZU KRISTU.

Ni ngombwa ko dusaba izo mbaraga za Roho Mutagatifu. Kiliziya ibidufashamo idutegurira Isakaramentu ry’ugukomezwa. Ariko tuzirikane ko umuntu atakiriye muri we Roho Mutagatifu adashobora kuzuza umurimo ashinzwe. Ni yo mpamvu natwe twese dufite ubutumwa bwo kuyobora amakoraniro y’abakristu hirya no hino, tugomba guhora twisuzuma kugira ngo tumenye niba ibyo dukora tubikorana imbaraga za Roho Mutagatifu. Ni imbaraga z’Imana ubwayo muri twe. Dupfukame twambaze Roho Mutagatifu atumanukireho. Penekositi duhimbaza buri mwaka ijye itubera penekositi nshya mbese nk’igihe Roho Mutagatifu amanukiye ku ntumwa bwa mbere.

Yezu ashaka ko twakira Roho Mutagatifu kugira ngo atubere imbaraga zitsinda amakuba yatubwiye tuzagirira hano mu isi. Nta muntu n’umwe ushobora gutsinda isi adatuwemo na Roho Mutagatifu. Isi ntituyitsinda kubera ko dufite ingufu nk’iz’intare, ntituyitsinda kubera ko twize menshi, ntituyitsinda kubera ko turi abanyacyubahiro. Tuzatsinda ku bw’imbaraga YEZU atubuganizamo za Roho Mutagatifu. Yatubwiye ati: “…nimukomere: isi narayitsinze”. Ni nko kutubwira ati: muzatsindira muri jye, ni imbaraga zanjye zizabaha gutsinda.

Dukomeze gutegura Penekositi kandi dusabirane kumvira Roho Mutagatifu twahawe. Ntitukamushavuze cyangwa ngo tumupfushe ubusa. Nitureke adukoreremo duhore tuvuga ibisingizo by’Uhoraho amanywa n’ijoro mu mvugo no mu ngiro, mu mashyi no mu mudiho.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU ASINGIZWE UBU N’ITEKA RYOSE MU MITIMA YACU. 

Padiri Sipriyani BIZIMANA