Ni jye nzira, ukuri n’ubugingo

KU WA GATANU W’ICYUMWERU CYA KANE CYA PASIKA

Ku wa 4 Gicurasi 2012

AMASOMO: Intu 13, 26-33; Zab 2; Yh 14, 1-6


“NI JYE NZIRA, UKURI N’UBUGINGO. NTAWE UGERA KURI DATA ATANYUZEHO” (Yh 14,6)

Uyu munsi Yezu arahumuriza intumwa ze. Nyuma y’ibihe bikomeye yari amaze kubanyuzamo abahamiriza yeruye ko byarangiye urupfu rwe rwageze bahinze rwose umushyitsi. Mbese bakutse umutima. Byabaye ngombwa rero ko Yezu abahumuriza. Ntiyabahumurije ababeshya nk’uko akenshi twebwe abantu tubigenza. Ahubwo yababwije ukuri kuje urumuri n’urukundo. Yezu aratangira ababwira , ati “ntimugakuke umutima.” Hanyuma arabayobora mu nzira ibakiza ubwo bwoba bw’urupfu rwe rwari rwegereje n’izindi ngorane zose zo ku isi zijyanye na rwo. Arabahamiriza ko kwa Se aho agiye hari imyanya myinshi ibateganyirijwe. Kandi ko namara kugerayo azagaruka kubatwara. Maze aho azaba ari akaba ari na ho bazaba. Nuko akomeza ababwira ko aho agiye bahazi ndetse ko n’inzira yaho bayizi. Kubera ko amagambo ya Yezu yari amaze guhumuriza umutima wabo, basigaranye amatsiko yo kumenya aho agiye n’inzira iganayo. Nta gushidikanya ko Yezu yari yarabibigishije kenshi. Ariko kubyumva no kubisobanukirwa bari batarabihabwa na Roho Mutagatifu. Gusa rero ntibagize isoni zo gukomeza kumubaza. Ntibameze nk’umunyeshuri utinya kubaza mwarimu ngo abandi batamuseka bamwita umuswa. Yezu na we abasubizanya urukundo kuko azi intege nke zabo. Ntameze nk’umwarimu wuka inabi abanyeshuri bamubajije ibibazo. Nyagasani Yezu rero arasubiza Tomasi wari umweruriye ko ari inzira, ari n’aho agiye byose nta na kimwe bazi. Umwigisha mwiza agira, ati “ni jye nzira, n’ukuri n’ubugingo. Ntawe ugera Kuri Data atanyuzeho”. Nubwo Yezu yongeraho ibisobanuro, ariko igisubizo cy’ibibazo byose bya Tomasi Intumwa kirimo hano.

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero, nka ziriya Ntumwa, uyu munsi yicaranye natwe ngo aduhumurize. Kuko azi neza ko natwe dufite ibiduhagaritse umutima. Kandi ikibazo ni nk’icy’intumwa. Akenshi natwe turahangayitse kubera urupfu. Ntawakwirwa atinda Kuri iki cyago. Hato hatagira usubira aho Yezu akuye intumwa ze hamwe natwe. Ariko tumenye neza ko Yezu kristu wapfuye akazuka ariwe Nzira, Ukuri n’Ubugingo. Yatsinze urupfu nk’uko Pawulo Intumwa abyamamaza i Antiyokiya no rwagati muri twe uyu munsi. Wihangayikishwa n’urupfu uzapfa. Ahubwo haranira kugendera muri Yezu Kristu we uguha ubugingo bohoraho. Wiihagarika umutima kubera abawe bapfuye cyangwa barembye urupfu ukaba ubona ko rwatashye rwa gati muri mwe. Yezu Kristu ni Ubugingo buhoraho. Muhange ama so. Hanga amaso aho aganje mu Ijuru kwa Data Uhoraho. Aho muzibanira rwose ubuziraherezo. Mupfa kuba n’uyu munsi muri kumwe. Ngicyo ahubwo icyagombye kudutera inkeke. Ariko Yezu na byo arabizi kuko atwiyereka nk’Inzira. Umva ibyo Yezu Kristu wapfuye akazuka akwigisha uzabaho kandi ntuzigera utura mu kinyoma (Yh 8,12.32; Mt 11, 28-30; Mk 8,34-38; Mt 17,5). Yezu azakumurikira maze agufashe gutahura abantu bashaka kukwifatira maze ngo bagukoreshe ibyica roho yawe kandi bikagutesha agaciro mu isi no mu Ijuru.

Yezu rero araduhumuriza none. Ariko anaduhumura ngo tuve mu kinyoma tubeshya abandi. Cyangwa twigobotore ibinyoma tubeshywa na bene muntu utwizeza ibitangaza adashobora kudukorera. Kuko atari we Bugingo.Kuri iyi si rero hari ibikuramutima byinshi. Hari n’abatubwira ko nitutabakurikira tuzabona amakuba. Mbese ko tuzarimbuka burundu. Niba tutemeye amategeko bigisha uko bashaka kandi ngo duhabwe batisimu yabo.Hari n’abatubwira ko nitubakurikira tutazarwara, ntitubure akazi. Mbese rwose ko iwabo ari umudabagiro.Ko Imana bamamaza itanga byose! Ntabwo tugomba kwitiranya umukiro w’iteka n’amaramuko. Koko icyo gihe ntaho twaba dutaniye n’ibimera n’inyamaswa. Kuko nabyo bikeneye icyo kurya kandi Nyagasani arabigaburira. Niba rero natwe turi abo guha ibijumba n’ibishyimbo,amazi n’umugati,ikirayi n’ikigori… maze tugasingiza iyo mana nziza iduhaza. Ubwo se twaba dutaniye he n’inyana zagaburiwe urubingo? Oya! Yezu Kristu araduhamagarira uyu munsi kumurangamira we Nzira, ukuri n’ubugingo. Maze tugaharanira kuzicarana na we mu Ijuru twemera kuva uyu munsi kumukurikira mu nzira y’urukundo n’ukuri. Naho abibwira ko Umukiro uba iwabo gusa. Baribeshya kuko si bo Yezu Kristu. Si bo Nzira, Kuri na Bugingo. Nta na hamwe tubona Yezu yigeze abatwerekaho abantu bamuhagarariye. Ukuri nyako ni Kristu (Kol 2,17). Ahubwo icyo tuzi ni uko Petero Intumwa yahawe ububasha buhererekanywa kugeza ubu muri Kiriziya Gatolika kandi bukahigaragariza ku buryo bw’umwihariko (Mt 16,13-19). Ntawe ugomba rero kudutera ubwoba yitwaje amategeko ya Musa (Kol 2,6-23); Uwo duteze amatwi ni Yezu Kristu Nzira Kuri na Bugingo kandi abari muri we no ku bwe buzuriza amategeko yose ya Musa mu gukundana nk’uko Kristu yabakunze (Yh13,34-35; Rom 13,10. Ndetse bagakora n’ibindi byinshi abigishwa ba Musa bo mu bihe byose batigeze bashobora gukorera Uhoraho. Kubera Ububasha bwa Roho Mutagatifu dukesha Urupfu n’Izuka bya Yezu Kristu (Yh 14, 12).

Umubyeyi Bikira Mariya nafashe buri wese uyu munsi guhura na Yezu Kristu wapfuye akazuka we Nzira, Kuri na Bugingo. Bityo buri wese yemere kubeshwaho na Kristu aho gushaka kwibeshaho we ubwe . Buri wese yemere kubeshwaho na Kristu aho kumva ko hari undi muntu cyangwa itsinda ry’abantu akesha ubuzima. Buri wese yemere, ku bw’amasengesho ya Bikira Mariya, kubaho mu kuri imbere ya Kristu, imbere ya Kiriziya n’imbere y’abantu bose bo ku isi.

Padri Jérémie Habyarimana

Unyemera azakora imirimo nkora

KU YA 3 GICURASI:

ABATAGATIFU FILIPO NA YAKOBO INTUMWA

AMASOMO:

1º. 1 Kor 15, 1-8

2º. Yh 14, 6-14

 

UNYEMERA AZAKORA IMIRIMO NKORA

Kuri iyi tariki, Kiliziya ikora umunsi mukuru wo gusingiza intumwa za YEZU, FILIPO na YAKOBO. Bemeye YEZU baramukurikira maze bahabwa ububasha bwo gukora ibyo yakoze ari byo: kutwereka Imana Data Ushoborabyose, gutsinda icyaha n’ubushukanyi bwa secyaha n’urupfu, kwemera umusaraba. Twe twiyizi mu ntege nke zacu, ibyo intumwa zashoboye gukora kandi ziri mu mubiri nkatwe, twemeza ko ibyo byose ari ibitangaza. Ni ibitangaza byinjiza mu ijuru. Imbaraga zo kubikora zituruka mu kwemera YEZU KRISTU utwibukije ko umwemera azakora imirimo akora. Ni ukuvuga ko turamutse tumwemera koko, ibyo natwe twabikora. Igipimo cy’ukwemera kwacu, ni urugero tugezeho mu gukora ibyo YEZU yakoze byakozwe kandi n’intumwa ze. Nta wakwirata ngo afite ukwemera mu gihe atihatira kugendera mu nzira y’umusaraba wa YEZU. Impamvu ibyo YEZU n’intumwa ze bakoze bitunanira, ni uko twikundira inzira z’ibitworoheye dore ko tunanyuzamo tukemera ubushukanyi bwa secyaha ari we sekibi ushukana ku buryo bwinshi byabuze urugero.

Twiyambaze ku buryo bw’umwihariko intumwa FILIPO na YAKOBO baduhakirwe ku Mukunzi wabo YEZU KRISTU. FILIPO yavukiye i Betsayida mu ntara ya Galileya (Yh 1, 44). Yahoze ari umwigishwa wa Yohani Batisita. Muri ya minsi Yohani Batisita yerekanye YEZU avuga ati: “Dore Ntama w’Imana” (Yh 1, 36), ni ho FILIPO yahuye na YEZU wamubwiye at: “Nkurikira” (Yh 1, 44). Tuzi ko FILIPO yemeye gukurikira YEZU ndetse agahita akora ubutumwa kuri Natanayeli witwa Barutolomayo (Yh 1, 45). Mu gihe intumwa zakwiraga hirya no hino zihimbajwe no kwamamaza urupfu n’izuka bya YEZU, FILIPO yerekeje ahitwa Hierapolis ho muri Turukiya y’ubu. Aho ni ho yapfiriye abambwe ku musaraba ageze mu za bukuru ahagana mu mwaka wa 80 nyuma ya YEZU KRISTU.

YAKOBO we, ni we witwa Mwene Alufeyi (Kiliyofasi). Mu Ivanjili bamwita YAKOBO MUTO (Mk 15, 40) cyangwa murumuna wa YEZU, kugira ngo atitiranywa na Yakobo, umuvandimwe wa Yohani, Mwene Zebedeyi. YAKOBO duhimbaza none, ni umuvandimwe wa Yuda Tadeyo. Bakeka ko uwo Yuda Tadeyo ari we mwanditsi w’ ibaruwa tuzi imwitirirwa kuko ihamya ubwo buvandimwe: “Jyewe Yuda, umugaragu wa YEZU KRISTU n’umuvandimwe wa Yakobo…” (Yuda 1,1). Kera bakekaga ko YAKOBO duhimbaza none ari we wanditse ibaruwa imwitirirwa. Ubu ikivugwa cyane ni uko iyo baruwa yaba yaranditswe n’umwe mu bigishwa we washatse gukomeza inyigisho ze nyuma y’aho apfiriye ahowe KRISTU mu mwaka wa 62 nyuma ya YEZU. Ikizwi neza ni uko yagize uruhare rukomeye mu Ikoraniro ry’i Yeruzalemu. Yafatanije na Pawulo gukemura ibibazo byo guhuza umuco wa kiyahudi n’Ivanjili yagendaga ikundwa n’abanyamahanga batagenywe. Pawulo Intumwa atubwira ko YEZU WAZUTSE yabonekeye YAKOBO (ni uwo duhimbaza none).

Pawulo anavuga ko YEZU yabonekeye n’abavandimwe Magana atanu icya rimwe. Nimwibuke abantu bajya bajya impaka bashaka kutuyobya bihandagaza bakemeza ko ngo YEZU yagize abandi bavandimwe. Bityo bemeza ko Bikira Mariya yaba yabyaye abandi bana. Ni ngombwa gusobanukirwa ko ijambo ry’ikigereki adelfos rivuga umuvandimwe, umuvandimwe mu muryango nko kwa so wanyu cyangwa inshuti ikomeye yakubereye umuvandimwe rwose. Nta kwitiranya ibintu rero: none se isomo rya mbere ryaba ryatubwiye ko hari umuntu wabyaye abana Magana atanu?

Ubuzima bw’intumwa n’abandi batagatifu Kiliziya ikorera ibirori buri mwaka budutera ishyaka ryiza mu gutsinda isi. Bo ntibigeze biganda mu kwamamaza YEZU KRISTU WATSINZE ICYAHA N’URUPFU. Bakomeje kwibutsa ko Iyo Nkuru Nziza ari yo izadukiza niba tuyihambiriyeho. Ukwemera kwacu, amasengesho n’ibyo dukora byose bifitanye isano n’ubukristu byazatubera impfabusa igihe cyose turangwa n’uburyarya twikurikiraniye iby’isi gusa. Izo ntwari zabyirukiye gutsinda zagiye zumvira Roho Mutagatifu maze zigakemurana ubushishozi ibibazo byabaga byugarije Ikoraniro rihire.

Arahirwa umuntu wamenye YEZU KRISTU abikomoye ku Ntumwa ze. Zaramukunze. Yarazigaragarije aho amariye kuzuka mu bapfuye. Yazisigiye ububasha bwose bwo gukiza mu Izina rye. Zamukomoyeho kumenya neza Data Ushobora byose. Iyo tuvuga ko twemera Kiliziya imwe, ntagatifu, gatolika tunashimangira ko ikomoka ku Ntumwa. Ni ukuvuga ko yogeye ku isi hose ishingiye ku Ntumwa. Ihuriza mu bumwe abatagatifujwe bose barangamiye nyirayo, Nyirubutagatifu rwose. Ibyiza turonkera muri Kiliziya tunabikesha Intumwa zakomeye kuri YEZU maze mu ruhererekane rwazo zitugezaho umwikamire nyawo w’ukwemera kuzatugeza mu ijuru. Ubuyobe n’amatiku byagiye byaduka mu mateka y’isi na Kiliziya, ntibishobora kuduca intege. Dukomeze urugedo twisunze abo bakuru bacu badusabira. Twitoze gusaba nka bo ingabire zose zizatuma dutsinda amakuba yo mu isi.

FILIPO NA YAKOBO INTUMWA, MUDUSABIRE

BIKIRA MARIYA, UDUHAKIRWE

YEZU ASINGIZWE. 

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Naje gukiza isi

KU WA GATATU W’ICYUMWERU CYA KANE CYA PASIKA,

2 GICURASI 2012

 

AMASOMO:

1º. Intu 12, 24-13,5ª

2º. Yh 12, 44-50

 

NAJE GUKIZA ISI

 

Uyu munsi YEZU KRISTU atwibukije ko nta kindi cyamuzanye usibye gukiza isi. Umugambi we, ni wo w’uwamutumye: gukiza abantu bose. Nta kindi yaharaniye kuva mu ntangiriro kitari ukutuyobora twese kuri Se wamutumye kutuvana mu mwijima. Yaje mu nsi ari urumuri. Umwemera wese ntahera mu mwijima. Kugeza igihe isi izashirira, ijambo rye riramamazwa maze rigakiza abemera kuyoborwa na ryo. Ni na yo mpamvu na nyuma y’urupfu n’izuka bye yakomeje gutora abemera kwamamaza umukiro atanga. Isomo rya mbere ryatubwiye uko Pawulo na Barinaba bagiye mu kirwa cya Shipure kwamamaza Ijambo rya Kristu bamurikiwe na Roho Mutagatifu. Bageze n’ahandi henshi bashishikajwe no kumenyesha bose Inkuru Nziza y’Umukiro.

Icyo YEZU adusaba natwe, ni ukwakira amagambo ye tukiyemeza kuyagenderaho mu buzima bwacu ariko cyane cyane tukihatira kuyabwira abandi kuko ni yo mukiro wacu twese. Mu bihe byose, icyo abayobozi ba Kiliziya bihatira ni ukuzirikana amagambo ya KRISTU no kuyibutsa ubutaretsa abantu bose. Ntabwo umurimo w’ibanze wabo ari ugutanga amasakaramentu. Ntibatumwe kuba abantu batanga amasakaramentu gusa. Batumwe mbere na mbere kwigisha Ijambo ry’Imana YEZU KRISTU yatubwiye. Nyuma rero abemeye iryo JAMBO ry’agakiza bakabona guhimbazanya ibyishimo amasakaramentu abumbye inema ntagatifuza z’Imana Data Ushoborabyose. Pawulo Mutagatifu abisobanura neza agira ati: “Kuko KRISTU atanyohereje kubatiza, ahubwo yantumye kwamamaza Inkuru Nziza, atari mu magambo y’ubuhanga ngo hato umusaraba wa KRISTU udakurizaho guta agaciro” (1 Kor. 1, 17). Itangwa ku bwinshi ry’amasakaramentu abantu batihatira kubaha amagambo ya KRISTU rituma ivangwa ry’amasaka n’amasakaramentu riba karande.

Icyo YEZU adusaba, ni ukwemera kugokera umukiro w’abantu bose: “Nihagira uwumva amagambo yanjye ntayakurikize, si jye umucira urubanza, kuko ntazanywe no gucira isi urubanza, ahubwo naje gukiza isi…ijambo navuze ni ryo rizamucira urubanza ku munsi w’imperuka”. Ibyo ni ukuri. Dushobora kwibeshya dutekereza ko gusuzugura iby’ubukirisitu nta ngaruka byadukururira. Uko biri kose, gusuzugura YEZU KRISTU nta mahoro bitanga haba muri iyi si haba na nyuma y’urupfu rudashidikanywa rw’uyu mubiri. YEZU KRISTU yazanywe no gukiza isi no kuyikura mu mwijima. Umwijima ni icyo cyose kidashobora kutugeza ku mahoro nyayo y’umutima. Umwijima ni ikintu cyose kitubuza kumenya ko hirya y’urupfu rw’umubiri hari ubuzima bw’iteka. Bityo, umwijima ni ikintu cyose gituma duhakana YEZU KRISTU tugakingurira umutima wacu sebyaha ari we sekibi. Kunnyega iby’ubukristu, kwiberaho muri iyi nta gitekerezo kindi cy’ijuru, kutubaha ibyo KRISTU yavuze, kwihitiramo kugira igabo ry’ukunangira mu nzangano, induru n’induruburi, uwo ni umwijima ukabije. Nta kidi kiweyura usibye amagambo matagatifu ya YEZU KRISTU. Muntu wiyumvamo agashashi k’urumuri rwa KRISTU, haguruka dufatanye gukwiza URUMURI aho turi hose.

Nk’uko nta kindi abayobozi ba Kiliziya bashyira imbere usibye nyine amagambo ya YEZU KRISTU, uwitwa umubyeyi wese, nta kindi akwiye gushyira imbere kitari ukwigisha abana be kumenya Ijambo ry’Umukiro twazaniwe na YEZU KRISTU. Nta kindi wakwiye gusangira n’inshuti yawe y’amagara. Reba hirya urebe hino, urabona abantu bakundanira gusangira ibyaha. Basabire kubura amaso bahugure ubwenge bwabo bagarukira Ijambo ry’Umukiro YEZU KRISTU atugezaho.

Buri wese muri Kiliziya akwiye gutekereza icyakorerwa abana n’urubyiruko kugira ngo bakizwe umwijima isi ya none irimo. Nibamara kuva mu mwijima, bazibera mu rumuri kandi bazaruyoboramo abo bazabyara ejo hazaza. Kuvana urubyiruko mu icuraburindi ni ko kubaka isi nziza. YEZU yatwibukije ko yaje mu nsi ari urumuri kugira ngo umwemera adahera mu mwijima. Twebwe twiyita inshuti ze rero, dukwiye kwihatira gusangiza inshuti zacu ibyo twahawe n’Inshuti yacu YEZU KRISTU. Uwabatijwe wese yahawe urumuri rw’ubugingo bw’iteka. Akwiye kumurikira abantu bose bahura kugira ngo umwijima w’isi weyuke.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU ASINGIZWE

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Uriya si umwana wa wa mubaji?

KU WA KABIRI W’ICYUMWERU CYA KANE CYA PASIKA.

Umunsi wa Yozefu Mutagatifu urugero rw’abakozi.

Ku ya 1 Gicurasi 2012

AMASOMO: Intg 1, 26-2,3 ( cyangwa Kol 3, 14-15.17.23-24); Mt 13, 54-58


URIYA SI UMWANA WA WA MUBAJI? NYINA NTIYITWA MARIYA?

Uyu munsi turahimbaza Yozefu Mutagatifu,urugero rw’abakozi. Uyu munsi mukuru washyizweho na Papa Piyo wa 12 ku ya 1 Gicurasi 1955. Guhera icyo gihe, Yozefu Mutagatifu yagizwe urugero rw’abakozi n’umurinzi w’ingo zabo. Mu gihe kandi duhimbaza Yozefu Mutagatifu, turishimira no gutangira ukwezi kweguriwe Bikira Mariya.

Yezu rero uyu munsi arajya iwabo maze yigishe kandi akize. Ariko abantu bo mu karere k’iwabo aho kwishimira ko Uhoraho yabigaragarije muri umwe muri bo ngo barusheho kumusingiza, basuzuguye ibyo Yezu yakoraga. Ntibumvaga ibyo yari yihangishijeho. Nk’aho bakavuze, bati “mwene Yozefu se we kandi biriya ni ibiki yadukanye? Aha! Buriya se aribwira ko tumuyobewe ra? Se si umubaji? Nyina ntiyitwa Mariya? Bashiki be ntitubatunze? Uriya we turamuzi. Nareke gukomeza kutubeshya.” Ibitekerezo n’amagambo y’abantu bo mu karere k’iwabo banze kumwemera, byatumye Yezu atahakorera ibitangaza byinshi. Ariko yarangije ababwira ko nta handi umuhanuzi asuzugurwa keretse mu gihugu cye no muri bene wabo. Uko Kuri Yezu ababwiye kurakomeye. Kuko gusuzugura umuhanuzi ni icyaha gikomeye kandi cyaranze amateka ya Israheli. Kuko ntibyarangiriraga kukutabumva gusa. Ahubwo byarangiraga bishe uwo muhanuzi. Ni ko byagendekeye abahanuzi bose. Ni nako Yezu byamugendekeye( Mt 23,29-36; Intu 7,51-53).

Yezu rero uyu munsi arigishiriza iwacu. Uyumunsi arakorera ibitangaza iwacu. Ariko se twe aho turamwumva? Cyangwa natwe ibiba Kuri bariya ni byo bitwuzurizwaho? Yezu koko arigisha iwacu. Yezu arakora ibitangaza iwacu. Ariko ntitumwemera. Umutego bariya baguyemo natwe ni wo tugwamo. Nawe se Umwana w’Imana ihoraho yarabagendereye. Arigisha akora ibitangaza bigaragaza ko ari Imana ishobora byose; maze bo aho kuvuga bati “dore Uhoraho nguyu rwgati muri twe”, ahubwo baravuga bati “dore umwana wa wa mubaji Yozefu”. Natwe Yezu yadutumyeho Abasaseridoti bahagaze rwose mu izina rye, nk’uko na we yaje mu izina rya Se ( Yh 20,21; 13,20). Ariko se tubakira dute? Ese iyo batwigisha twumva ari Yezu utubwira cyangwa ko ari kanaka uvuka kwa kanaka? Ndetse benshi turabazira. Atari uko badututse cyangwa batugiriye nabi. Ahubwo tubaziza inyigisho batanga. Tubaziza ukuri batubwiye mu izina rya Kristu. Kristu Yezu akorera mu basaseridoti ibitangaza byinshi buri munsi. Kimwe muri byo cy’ibanze ni uko ku bw’ububasha bwa Roho Mutagatifu bahawe, Yezu Kristu wapfuye akazuka, Umutegetsi n’Umukiza rukumbi w’abantu bose, Imana Nzima, anyura mu biganza byabo akaza mu Ukaristiya maze tukamuhabwa. Ese icyo gitangaza tujya tuzirikana uburemere bwacyo burenze kure inabi n’ineza ya muntu? Turamutse twumva iryo banga ntabwo twavuga ngo sinzongera kujya mu misa yasomwe na kanaka. Ariko se uwo kanaka ko atari we uhazwa, rwose kuki wakwitesha iyo migisha? Ese niba akora nabi hari ubwo uhazwa ibyaha bye, ko uhazwa Yezu Kristu wapfuye akazuka? Hagowe umuntu ugusha abandi kubera ingeso mbi ze (Luka 17,1-3). Ariko kandi Umukristu uzi uwo yemeye azi neza ko uwo ahanze amaso ari Yezu (Heb 12, 2; 2 Tim 1,12).Ariko tuzi neza kandi ko turi abanyantegenke. Kubera iyo mpamvu, twisunze Yozefu Mutagatifu uyu munsi we na Bikira Mariya ngo badufashe gukira ubwo buhumyi, butuma tutabona Yezu mu Misa no mu masakaramentu anyuranye. Ubwo buhumyi butuma tutabona ibitangaza bikomeye Yezu akorera buri munsi muri Kiriziya iwacu. Nitumubona tuzaboneraho kumubanira no kumuyoboraho abandi. Kumuyoboka kandi bigaragarira mu gukorana ibyo dushinzwe urukundo nka Yozefu Mutagatifu (1 Kor 16,14) urugero rw’abakozi ba Kristu. Koko Yezu Kristu wapfuye akazuka ni we Byishimo byacu ubu n’iteka ryose.

 

Padri Jérémie Habyarimana