Ubuhamya bw’intumwa

UWA MBERE WA PASIKA, 9 MATA 2012.

AMASOMO:

1º. Intu 2, 14.22-32

2º. Mt 28, 8-15

 

1.YEZU YARAZUTSE KOKO: Ubuhamya bw’Intumwa

Mu gihe cya Pasika, liturujiya ya misa idutekerereza iby’IZUKA ya YEZU. Igitabo cy’ibyakozwe n’intumwa kitunyuriramo muri make uko intumwa zashize ubwoba zigatangira kwamamaza Inkuru Nziza y’umukiro. Na ho ivanjili yo yibanda ku buryo YEZU yakomeje kwigaragaza nyuma y’urupfu n’ihambwa rye.

2. GUHAKANA IZUKA RYA YEZU NI KO KWINJIRA MU RUPFU

Kuri uyu wa mbere wa Pasika, tuzirikane impamo y’ uko YEZU yazutse. Abarinzi boherejwe na Pilato ntibagize icyo basobanukirwa. Bene Pilato abo, bafatanije n’abakuru babo bacuze ikinyoma bidafite shinge na rugero.

Muri kamere muntu dusangamo ubwirasi butuma yumva ko ashobora kugenzura byose kugeza ku mugambi w’Imana. Umumalayika yamanutse mu ijuru, imva irakinguka n’ubwo bari baraye bayidanangiye. Abarinzi babonye umumalayika wa Nyagasani ameze nk’umurabyo bakuka umutima bikubita hasi nk’abapfuye. N’ubundi urupfu rwari rwabinjiyemo kare kuva ubwo bangaga kwemera ibimenyetso byose YEZU yari yarakomeje kugaragaza agira neza aho anyuze hose. Ni uko twese bitugendekera iyo duhakanye ukuri tukibera mu binyoma. Igihe kiragera ibinyoma byacu bigatahurwa tugakorwa n’ikimwaro. YEZU watsinze urupfu atwigisha kwinjira mu kuri kwe tugaca ukubiri n’ibinyoma bikwira hirya no hino kubera ubuyobe bwa muntu. Ibyo binyoma byose, bivuguruza urukundo rwa KRISTU.

3. KUBONA YEZU WAZUTSE: KUMUKUNDA BYIMAZEYO

Dutangarire urukundo bariya bagore bari bafitiye YEZU. Rwatumye bazindukira ku mva ye butaratandukana. Bagize ihirwe ryo kuba aba mbere mu kubona YEZU WAZUTSE. Abantu benshi bakunze kuvuga ko abogezabutumwa ba mbere babaye bariya bagore. Aha twazirikana ko urukundo rwa YEZU WAZUTSE rutuma tutarambirwa mu kumushakashaka. Ni kenshi duhura n’ibibazo binyuranye tukungikanya amasengesho dusaba kubihonoka. Hari ubwo turambirwa tukareka no kwiringira YEZU. Bariya bagore bagaragaje ko YEZU yigaragariza abirinda kurambirwa ku rugamba rwo gushaka uruhanga rwe. Utarambiwe ahura na YEZU akamuha imbaraga ze.

4. GUHURA NA YEZU WAZUTSE: GUHABWA ROHO WE

Amasomo y’uyu munsi na none aratwereka ko ari ngombwa gusaba ko ROHO WA YEZU WAZUTSE atuzamo. Inyigisho ityaye yatangiye gutangwa ubwo ROHO MUTAGATIFU amanukiye ku ntumwa. Uyu munsi dutangiye kumva uko Petero aterura yerurira Abayisiraheli ko YEZU bishe Imana yamuzuye imubohora ku ngoyi z’urupfu. Ntibyashobokaga ko rumuherana. Umugambi udakuka w’Imana wari uwo gukiza abantu. Yawujuje yemera gutanga Umwana wayo YEZU KRISTU. Ubwenge bwa muntu ntibwumva neza icyo gitangaza. Na n’ubu hari abantu bahakana bavuga ko IMANA idashobora kubambwa ku musaraba na muntu. Ni aha nyine yagaragarije ko ari Imana. Umuntu wese wemeye inzira y’ukwiyorshya no kwigira ubusabusa aho kubaho mu binyoma, mu bugome n’ibindi byaha by’urudubi, abona ikuzo ry’UWAZUTSE mu bapfuye, agira amahoro.

5. YEZU WAZUTSE NI WE UTANGA AMAHORO

Twese dusonzeye amahoro. Twongere twibutse ko ikintu cyose gituma umuntu atiyumvamo amahoro n’umutekano kibyarira isi urupfu. YEZU ni we utanga amahoro. YEZU abonekera abe yahitaga ababwira ati: “Nimugire amahoro” akabashishikariza kudatinya. Guhura na WE ubwabyo, kumubona ni bwo buryo bwo guhabwa amahoro y’umutima atuma dutera intambwe igana ijuru. Igihe umukristu arangwa n’ubwoba bwo kubaho mu kuri, aba akiri kure mu guhura na YEZU. Nta n’ubwo ashobora kwigisha Inkuru Nziza ashize amanga. Icyo gihe arangwa no guhuzagurika no kwivuguruza. Intumwa zagize ihirwe. Umunsi zihuye na YEZU WAZUTSE zikakira ROHO WE MUTAGATIFU, zahanuriye bose nta mazeze. Hakenewe abakristu buzuye ROHO MUTAGATIFU muri ibi bihe isi ihitamo ibinyoma irwanya ukuri. Gutoza mwene muntu akiri umwana kumenya YEZU KRISTU ni umuganda ukomeye wo kubaka isi y’abantu batifitemo ubwihebe, bahora bishimiye kubaho, kubaha abandi, kubifuriza umukiro no kumenya ko batagomba kuyobora isi uko babyishakiye.

6. DUSABE IMBARAGA

Duhereye ku masomo y’uyu munsi dusabe imbaraga zo gushira ubwoba maze twamaze dushize amanga Inkuru Nziza y’Umukiro YEZU WAZUTSE yatubuganijemo.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Izina rya Yezu

Gatagara, ukwezi kwa Rozari 2003

«Ujye wibuka Yezu Kristu wazutse mu bapfuye » 2Tim.2,8

Mubyeyi Bikiramariya,
Mwamikazi wa Rozari,
Mwamikazi w’Intumwa,
Fasha buri wese uzasoma ibi,
Akanwa ke kazahore kamamaza,
Izina risumba ayandi yose : « IZINA RYA YEZU »
Bityo Imana Se ahabwe ikuzo
Muri Roho Mutagatifu.(Fil.2,9-11)

« Kristu ni we Bugingo bwanjye »

 Abbé Marie-Jérémie HABYARIMANA NGAMIJEYEZU

0.INTANGILIRO

Mubyeyi Bikira Mariya, Mwamikazi wa Rozari, ubu se rwose Mubyeyi nkore iki kugira ngo abanyarwanda bashobore kuvuga izina rya YEZU?
Mbabazwa n’uko iryo zina ritazwi, ndetse n’abitwa ko barizi bakarizinzika. Mama wo mw’ijuru, ko nawe nzi ko bikubabaje se, tubigenze dute mubyeyi?
Ngaho reka dufatanye, Mama, Mubyeyi wa Yezu tugaragaze agaciro k’iryo zina rya YEZU, tuvuge ko ariryo rikwiye kwamamazwa, tuvuge uruhare rwawe muri iryo yamamazayezu ; dutange n’ubuhamya bw’abatabawe n’iryo zina, ku bw’amasengesho yawe hari uributangire agira ati  «YEZU»!

1.AGACIRO K’IZINA RYA YEZU

Amagambo tugiye kuvuga si yo aha agaciro izina rya YEZU. Ahubwo urebye neza wasanga amagambo yacu y’abantu ashobora gutesha iryo zina agaciro. Koko rero iryo zina ryumvikana bwa mbere ku isi ryari risohotse mu kanwa k’Umumalayika w’Uhoraho(Mt 1,21 ; Lk 1,31). Iryo zina rifite umwihariko waryo udasangana andi. N’ibyo turimo kuvuga, niryo ribiha agaciro. Iryo zina risumba andi yose kandi niryo riyaha agaciro(Fil2,5-11).
Dore bike mubyo twarivugaho byerekana ubuhangange n’ubudahangarwa bwaryo.

1.1.NIRYO RYONYINE RIKIZA

« Bikaba rero nta wundi wundi twakesha umukiro usibye we, kuko ku isi nta rindi zina abantu bahawe, ngo abe ari ryo turonkeramo uburokorwe »Int 4,12.
Ushaka kurokorwa wese rero ngiri izina ryo gutabaza : Yezu. Urashaka gukira icyaha ? Nta wundi uzagukiza usibye Yezu. Urashaka kurokoka urupfu ? Nta wundi uzakurokora usibye Yezu. Urashaka gukira indwara ? Nta wundi uzazigukiza usibye YEZU.
Urashaka gukingirwa shitani no kuzimenesha aho zanesheje ? Nta wundi uzitabaza usibye Yezu.