Zaburi ya 7,2-3, 9bc-10, 11-12a.18b

Zaburi ya 7,2-3, 9bc-10, 11-12a.18b

Uhoraho Mana yanjye, ni wowe buhungiro bwanjye;

ntabara, unkize abankurikirana bose!

Naho ubundi, barampotora nk’intare,

bakantanyaguza, nta we ubatesheje.

 

Uhoraho, urancire urubanza ukurikije ubutungane,

n’ubuziranenge bwanjye.

Ubugome bw’abagizi ba nabi nibuhoshe,

ukomeze ushyigikire intungane!

Koko rero uzi akari mu mutima no mu nda y’umuntu,

wowe Mana Nyir’ubutabera.

 

Ingabo inkingira ni Imana ubwayo,

ari na yo mukiza w’abafite umutima utunganye.

Imana ni umucamanza utabera.

Nzashimira Uhoraho ubutabera bwe,

ndirimbe izina ry’Uhoraho, Umusumbabyose.

Publié le