Ibaruwa y’Abepiskopi Gatolika bo mu Rwanda mu mwaka udasanzwe w’ubwiyunge: “Kristu ni we bumwe bwacu”

Ibaruwa Abepiskopi Gatolika bandikiye Abakristu mu mwaka udasanzwe w’ubwiyunge.

Kristu ni we bumwe bwacu”

INTANGIRIRO

Bakristu bavandimwe,

  1. Gahunda y’imyaka itatu twihaye iragenda igana ku musozo. Twibuke ko mu mwaka wa 2016, twahimbaje umwaka w’Impuhwe z’Imana, muri 2017, twizihije Yubile y’ubusaseridoti naho uyu wa 2018, nk’uko twabibararikiye, dutangiye umwaka w’ ubwiyunge.

  1. Ubwiyunge ni inzira ndende isaba igihe, ubushishozi n’ubusabaniramana. Turifuza ko intambwe ishimishije y’ubwiyunge tumaze gutera twayikomeza: twiyunga n’Imana, twiyunga na twe ubwacu, tukiyunga n’abavandimwe ndetse n’ibidukikije nk’uko Papa Fransisko yabidusabye.

IGICE CYA MBERE

UBWIYUNGE NI INZIRA NDENDE Y’UBUSABANIRAMANA

Bakristu bavandimwe,

  1. Mu mateka y’abantu muri rusange n’ayacu nk’Abanyarwanda ku buryo bw’umwihariko, mu kinyejana cya makumyabiri usanga hari igihe kinini hagaragayemo urukundo ruke, akarengane gakabije gashingiye ku ivangura, ihezwa, ikandamizwa, ubwicanyi, intambara, ubuhunzi, ihohotera n’ubugome bukabije bigera no kuri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, icyaha kiruta ibyo abantu bashobora kugirira inyokomuntu. Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda yabaye umunzani wapimye ikigero cy’ubumuntu n’icy’ubukristu buke mu Banyarwanda. Hari benshi bijanditse muri icyo cyaha ndengakamere, hari n’abareberaga ntibagira icyo bakora ngo barwanye ako karengane. Ubuzima bw’umuntu bwateshejwe agaciro bigera aho kwica bihinduka ikintu gisanzwe.

Nyirubutungane Papa Fransisiko yasabye Imana imbabazi kubera jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki ya 20 werurwe 2017, i Vatikani, Nyirubutungane Papa Fransisiko, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi yakiriye Nyakubahwa Paul KAGAME, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Nk’uko tubikesha itangazo ryanyujijwe kuri Radio Vatican, Papa yasabye imbabazi. Izo mbabazi se yazisabiye iki? Yazisabye nde? Ziri mu wuhe murongo wa Kiliziya? Zitegerejweho izihe mbuto mu mubano wa Kiliziya na Leta y’u Rwanda? Ni byo tugiye gusesengura muri iri nyandiko.

Nk’uko tubikesha iryo tangazo, Papa Fransisiko yongeye gusaba Imana imbabazi nk’uko mugenzi we Papa Yohani Pawulo wa II yabikoze mu wa 2000. Yongeye gusaba Imana imbabazi « kubera ibyaha bya Kiliziya n’iby’abana bayo cyangwa abayigize, harimo n’abapadiri n’abihayimana ». Ibyo byaha kimwe n’ibyo Kiliziya n’abana bayo batabashije gukora (les manquements) kandi byari kugirira ikiremwa-muntu akamaro, Papa abisabira imbabazi ku Mana. Ibyo byose, ari ibibi byakozwe n’ibyiza bitabashije gukorwa, byagiye bihindanya isura nyayo ya Kiliziya, nk’uko Papa abivuga.

Papa ntavuga ibyaha muri rusange cyangwa mu kirere: iryo tangazo risobanura ko, abikuye ku mutima, asaba Imana imbabazi kubera bamwe mu bana ba Kiliziya harimo abapadiri n’abihayimana baranzwe no kwimika urwango, guhutaza no guhungabanya ikiremwa-muntu, bakaba baratatiye ubutumwa bw’Inkuru nziza ya Kristu ari yo bari bahamagariwe kubera intumwa n’abahamya.

By’umwihariko ageze ku mahano ya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, Papa yagize ati : « mu izina ryanjye bwite, no mu izina ry’Intebe Ntagatifu ya Petero mbereye umusimbura ndetse na Kiliziya y’isi yose, mbabajwe cyane na jenoside yakorewe  Abatutsi». Ati: «nifatanyije n’inzirakarengane zishwe muri yo, nifatanyije kandi n’abakomeje kubababara bashegeshwe n’ingaruka z’ayo mahano ndengakamere».

Papa, mu bwiyoroshye bwinshi, yemera ko amahano nk’ariya ya jenoside aba kubera haba habayeho uburangare, kujijwa, no gutereranana, noneho na Kiliziya yananirwa kugira icyo ibikoraho, isura yayo ikahangirikira. Ibi ni byo bituma Papa Fransisiko atinyuka, akagera ikirenge mu cya Yohani Pawulo wa II akemera amakosa n’ibyaha byakozwe, agasaba Imana imbabazi.

Ubwe yiteze ko imbabazi asaba zigamije isana n’isukura-mitima, gukuraho urwikekwe, kurema no kuvugurura icyizere hagamijwe kubaka ejo hazaza harangwa n’amahoro. Kubaka ejo hazaza heza harangwa n’amahoro bizashoboka ari uko abantu bunze ubumwe, bakubahana, bakabana (vivre avec) kandi bagafanya kuba abahamya n’abarengera icyubahiro n’ubusugire by’ikiremwamuntu. Ejo heza hazashoboka kandi abantu nibabana bakabanirana, bakabungabunga ubukungu rusange busangiwe neza (le bien commun).

Itangazo risobanura ko Papa asaba imbabazi amurikiwe n’imyanzuro yagezweho mu Umwaka mutagatifu w’impuhwe z’Imana (wahimbajwe muri 2016) ndetse n’Itangazo Abepiskopi Gatolika bo bu Rwanda banditse basoza umwaka mutagatifu wa yubile y’impuhwe z’Imana.

Itangazo risoza risobanura ko abayobozi bombi bibukiranyije kandi bishimira umubano mwiza uranga Kiliziya n’U Rwanda. Bishimiye intambwe imaze guterwa mu kubanisha abanyarwanda, muri politiki ndetse no mu iterambere. Bishimiye kandi ukuntu Leta na Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda bafatanya mu gusana no kunga abanyarwanda. Bunguranye n’ibitekerezo kuri politiki yo mu karere U Rwanda ruherereyemo: akarere kashegeshwe n’intambara, imyiryane n’ibiza. Papa Fransisiko yashimangiye ko hakenewe ubufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga hamwe n’Imiryango ihuza ibihugu by’akarere u Rwanda ruherereyemo mu gukemura ibibazo by’impunzi n’abimukira.

(soma hano iryo tangazo: Mu rurimi rw’Igifransa: http://fr.radiovaticana.va/news/2017/03/20/le_pape_demande_pardon_pour_le_g%C3%A9nocide_des_tutsis_au_rwanda/1299860).

Mu cyongereza: http://en.radiovaticana.va/news/2017/03/20/pope_francis_holds_audience_with_president_of_rwanda/1299855).

Reba kandi http://press.vatican.va/content/salastampa/it/bollettino/pubblico/2017/03/20/0169/00393.html 

Padiri Théophile NIYONSENGA

Publié le
Catégorisé comme Iteka

Kwisegura ku bakunzi ba yezu-akuzwe.org

Bavandimwe mwese,

Nimugire amahoro ya Yezu Kristu.

Nshuti, bavandimwe, bakunzi b’urubuga yezu-akuzwe.org. Hashize iminsi, urubuga rwacu rudakora, ngo rubagezeho inyigisho n’amasomo ya buri munsi.

Ibi byatewe n’uko twifuje kuruvugurura ngo tubashe kongera ubutumwa tubagezaho uko byifujwe na benshi. Mu minsi mike muzatangira kubona no kwakira ibyo twongeye ku butumwa dutanga. Muri ibyo harimo gusubiza ibibazo mwibaza bijyanye n’ukwemera kwacu,  kwakira ibitekerezo, amakuru ya Kiliziya n’ibindi.

Publié le
Catégorisé comme Iteka