Umurezi w’intangarugero

1.4.3. Umurezi w’intangarugero

Musenyeri Hiriti agitangira ubutumwa yabaye mu ishuri akamenya kuyobora no kwigisha cyane. Twavuga ko ubwo buhanga yabukomoye kuri Se wamutozaga kwiga ashyizeho umwete no kunoza impano yo kwandika yamubonagamo.

Uwo mwepisikopi w’imico myiza, yari azi kurera ashyira imbere gutanga urugero rwiza no gukunda abo arera. Uwo mutima wa kibyeyi awukomora kuri nyina umubyara. Bavuga ko uwo mubyeyi, Gatarina, yari umuntu utuje kandi usenga cyane akagirira bose urugwiro n’ubwuzu butangaje mu bana be.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko nyinshi twasomye zerekeranye n’amashuri n’amaseminari yagiye atangiza, Musenyeri Hiriti yashyiraga ingufu nyinshi mu kwita kuri abo bana yashakaga guhereza Nyagasani ngo bamamaze Inkuru Nziza ye muri Afurika. Yifuzaga ko abanyura muri ayo mashuri bahava ari abagabo koko bazagirira akamaro Kiliziya n’ibihugu byabo. Ni yo mpamvu yabatozaga kugira umurongo ugaragara bagenderaho, ibyo twakwita disipuline (discipline). Gukunda Yezu Kirisitu mbere ya byose, ni yo soko bagombaga kuvomaho indi mico myiza yose ikenewe kugira ngo abantu bigiremo ubuzima bwuzuye. Inyota y’ibya Yezu Hiriti yari afite, yifuzaga ko n’abandi bose ibagurumanamo bagashaka mbere na mbere uko bakora ugushaka kw’Imana. Intego ye ya gishumba, Sitio- Mfite inyota, itwumvisha icyerekezo gihamye yari afite. Hiriti yifuzaga iteka kurera abana bakaba abantu bakunda ukuri. Yifuzaga ko sosiyete yagira abagabo bahamye bayifasha gutera imbere. Birumvikana ko umurava wo kwiga iby’ubwenge busanzwe wagombaga kubanzirizwa n’umutima wo guharanira ukuri n’ubutungane muri byose. Nta kindi yari agamije mu kwiyuha akuya yigisha amahanga iby’ubuhanga n’ubwenge.

Urugero mu bapadiri

 

1.4. Umwuka w’ubutagatifu

Musenyeri Yohani Yozefu Hiriti yari umusaseridoti wifitemo mbere na mbere guharanira ubutungane n’ubutagatifu. Aho ni ho yavanye imbaraga zo gukora ibikorwa byinshi by’iyogezabutumwa aho yashinze amaseminari mato n’amakuru, za misiyoni na za diyosezi.

Iyo dusomye amabaruwa ye n’ibindi bitabo byanditswe cyane cyane ku itangizwa rya kiliziya mu karere U Rwanda rubarizwamo, twibonera neza ko Umwepisikopi Hiriti yashakaga mbere na mbere ubutagatifu we wemeye gusiga byose, akarangwa n’ubutwari mu butumwa, akaba intangarugero mu kurera.

1.4.1. Gusiga byose

Kuva akiyumvamo umuhamagaro wo kuba umumisiyoneri, ntiyazuyaje mu gusiga igihugu cye, ababyeyi be n’abavandimwe be mu gihe yagombaga kujya mu bice bya Afurika kandi yari azi neza ingorane ziremereye abamisiyoneri bahura na zo. Mu mabaruwa yandikiraga ababyeyi be, dusomamo ubwitange buranga umutima uharanira ubutagatifu. Dusome amwe mu magambo yandikiye se mu Kuboza 1879. Yagize ati: “Ibikorwa byanyu byose mubigirira Imana.Nsabagizwa n’ibyishimo iyo ntekereje umunsi muhire uzaduhuriza mu bumwe bw’intatana. Mu byo nifuza byose, ntegereje uwo munsi uzaba intangiriro y’ubuzima bw’iteka butarangwa n’umubabaro, imvune n’iminaniro. Mubyeyi nkunda ifatanye nanjye mu kwifuza uwo munsi inshuro nyinshi ku munsi (…) kuko iyo twifuza cyane ikintu biratinda tukakigeraho1.

Umushinga wo kurera abapadiri

Abapadiri bera bamaze kugera mu Rwanda, umushinga wihutirwa bashyize imbere, ni ugushaka ukuntu haboneka abapadiri kavukire. Babonaga ari ngombwa cyane kwamamaza ubutumwa bafatanyije n’abanyarwanda ubwabo. Kugira ngo tubyumve neza, turahera ku buzima bwa Musenyeri Yohani Yozefu Hiriti ari we nyine wiswe Mwuhirakare. Ararikwiye kuko n’ubwo twavuze ko hifuzwaga kurera ba kavukire, mu by’ukuri hari Abamisiyoneri benshi babirwanyaga cyane ku buryo Hiriti yabaye umuyobozi ukwiye wabonaga neza uko byari bikwiye gutegura Kiliziya hakiri kare.

1.Musenyeri Yohani Yozefu Hiriti

1.1.Amavuko n’umuryango we

Musenyeri Yohani Yozefu Hiriti yavukiye ahitwa Spechbach-le-Bas (Sipekibahloba). Iyo ni imwe mu makomini 904 agize intara ya Alsace iri mu Majyaruguru y’Uburasirazuba mu Bufaransa. Iyo ntara ihana imbibi n’Ubudage mu Burasirazuba n’ubusuwisi mu Majyepfo. Ako gace kose kavugwamo ikidage n’igifaransa. Yohani Yozefu Hirth yakuze azivuga neza.

Padiri mu Rwanda

Bavandimwe, dutangiye gahunda ya rimwe mu cyumweru, gahunda yerekeranye n’imyiteguro irimbanyije mu Rwanda, imyiteguro yo guhimbaza Yubile y’Ubupadiri.

Nk’uko tubizi, abanyarwanda ba mbere bahawe ubupadiri, ni GAFUKU Balthazar na REBERAHO Donat. Babuherewe i Kabgayi tariki ya 7 Ukwakira 1917.

Ku wa 7 Ukwakira 2017, imyaka ijana izaba yuzuye neza U Rwanda rubonye abana barwo biyemeje kuberaho kwamamaza Inkuru Nziza ya Yezu Kirisitu wapfuye akazuka. Ubupadiri mu Rwanda, ni ikintu gishyashya cyihuse cyane ugereranyije no mu bindi bihugu. Mbere y’uko Abamisiyoneri bagera mu Rwanda, abanyarwanda ntibari barigeze bumva Inkuru Nziza y’Umukiro wa Yezu Kirisitu, nta n’akanunu bari bafite ku mibereho y’abitwa abapadiri. Muri iki kiganiro cya mbere, tugiye kurebera hamwe uko Abamisiyoneri binjije umuco mushya mu Rwanda kandi bakihutira kurera abakavukire ngo na bo bahamwe ingabire y’ubusaseridoti.