Ntimukagire uwo murenganya n’uwo mubeshyera

Inyigisho yo ku cyumweru cya 3 cya Adiventi, C, 16 Ukuboza 2018

Amasomo: 1º. Sof 3, 14-18; Zab 12 (13), 2-6; Fil 4, 4-7; Lk 3, 10-18

1.Ishime uhimbarwe

Iki ni icyumweru cya gatatu cya Adiventi cyitwa icy’ibyishimo (Gaudete). Sofoniya Umuhanuzi arashishikariza Yeruzalemu kwishima. Pawulo intumwa na we ni uko: abwira abanyafilipi natwe twese ati: “Muhore mwishima muri Nyagasani”.

Abakirisitu bishimiye ko Noheli yegereje. Ku isi yose Noheli ni umunsi mukuru uzanira benshi ibyishimo. Cyakora benshi cyane ikiba kibashimishije ni ugukamata amafaranga. Baracuruza kakahava. Hari igice kinini cy’abantu ku isi Noheli itagira ikindi isigira usibye umurengwa no kuyagara mu by’isi. Ariko se kuri njye nawe, ibyishimo turismo bishingiye he ?

Nyagasani ntahwema gusanga no gusanganira abe

Inyigisho yo ku wa 6 w’Icyumweru cya 2 cya Adiventi, C, Ku wa 15 Ukuboza 2018

Amasomo: Sirak 48,1-4.9-11  // Mt 17,10-13

    Bavandimwe, dukomeje urugendo rutuganisha ku byishimo n’amahoro dukesha amaza y’Umukiza w’isi Yezu Kristu. Amasomo ya Liturujiya akomeza kutwinjiza muri iryo banga, uburyo abantu biteguye Umwana w’Imana n’intangiriro y’indunduro y’ibyamuvuzwe byose. Kuva kuri uyu wa kane, hakomojwe ku nteguza ya Yezu. Uyu munsi iragereranywa na Eliya.

  1. Kuki Eliya agarukwaho mu maza y’umukiza?

    Mu bijyanye n’amateka y’icungurwa rya muntu n’isanasanwa ry’iyi si, tubona uburyo Imana yigaragarije cyangwa yabanye n’Umuryango wayo nk’uko tubisoma mu bitabo Bitanu byitirirwa Musa ndetse n’ibindi bivuga ku buhanuzi mu buryo butandukanye. Muri abo bahanuzi ba kera, Eliya akagaragazwa nk’uruta abandi bose nk’uko yari anabahagarariye ubwo yaganiraga na Yezu na Musa igihe Yezu yihinduraga ukundi (Mt 17,3). Igitabo cy’Abami kitubwira ubuzima bwa Eliya n’uburyo yazuye umwana w’umupfakazi (1 Bami 17,1-19,21). Na ho Mwene Siraki agatsindagira ibigwi n’ububasha bye bigereranywa n’umuriro ndetse n’ijambo rye ritwika nk’uburyo bwo gusukura no kurema ibintu bushya. Icyakora bamwe bakibaza impamvu mu bitangaza Imana yakoresheje Eliya, havugwamo n’ibyagize ingaruka mbi ku bantu nk’inzara, amapfa no kumanura umuriro. Ariko ibyo byose, muri iyo mvugo ya kera, byari bigambiriye gukiza benshi basigaye no gukangura bose kubera ubugomeramana bwari bukabije kandi bworeka imbaga nyamwinshi. Ariko ubusanzwe Imana ntiyishimira urupfu rw’umuntu kabone n’ubwo yaba ari umunyabyaha. Byongeye, kubera ko Eliya yajyanywe ku ijuru bamureba, bumvaga ko azagaruka ( 2 Bami 2,11-13) bityo agashyirwa mu miburo y’ibihe bishya bizaza bizabeshaho n’abazaba barapfuye umwanditsi yita ko bazaba “basinziriye mu rukundo” (Sirak 48,11). Kubera iyi mpamvu, Eliya agafatwa nk’umuhanuzi ukwiye mu gutegura bya hafi amaza y’Umukiza uko umuhanuzi Malakiya yabitsindagiye (Mal 3,23-24).

Witinya. Menya ugutabara

Inyigisho yo ku wa Kane w’icyumweru cya 2 cya Adiventi, C, 13 Ukuboza 2018

Amasomo: 1º. Iz 41, 13-20; Zab 125 (144), 9-13; Mt 11, 11-15

Mu gihe dukomeje urugendo rugana Noheli, uyu munsi ijambo rya Nyagasani Imana Data Ushoborabyose ritubwiye impamvu nyayo twishimiye gutegura Umunsi mukuru w’ivuka rya Yezu.

Ni Yezu Kirisitu Umwana w’Imana nzima uje gukiza isi. Isi yarazahaye bikabije. Abantu bahindutse ibinyamaswa. Inzirakarengane ziraboroga impande zose z’isi. Abagome bitwara kinyamaswa bahagurukiye gukorera Shitani. Ibirwara by’ibyorezo biriho. Ibiza bizahaza na byo bizira abantu. Ibyo byose bigaragara ku isi ni byo bituma bene muntu batagira amahoro. Ariko kandi, ntawakwiheba kuko abantu bose batoramye. Abakorera shitani ni bo bake ariko ibikorwa byabo byomongana kurusha ibindi byose. Abaharanira kumenya icyiza gihuje n’ibyo muntu yaremewe, abo ni bo benshi. Barangwa n’ubwiyoroshye no kwicisha bugufi. Ni yo mpamvu batikanyiza ngo bomongane mu mpinga z’imisozi. Baratuje, barasenga, bakurikiye Yezu waje mu nsi aje kudukiza. Ndetse bene abo, ni kenshi abantu bifata nk’ibikoko babatoteza. Abo batotezwa bagacurwa bufuni na buhoro abenshi muri bo ni nka Mutagatifu Lusiya wahowe Imana.

Nimuze tugane Yezu

Inyigisho yo ku wa 3 w’icyumweru cya 2 cya Adiventi, C, 12 Ukuboza 2018

                Amasomo: Izayi 40; 25-31; Matayo 11, 28-30

Bavandimwe, nimugire ineza, umugisha n’amahoro biva ku Mana Data Umubyeyi wacu no kuri Yezu Kristu Umucunguzi.

Haciye iminsi itari myinshi dutangiye igihe cy’umwaka wa Liturujiya/C. Kikaba igihe titwibutsa kwitegura guhimbaza umunsi wa Noheli. Umunsi twibukaho Ukuza cyangwa ukuvuka k’Umucunguzi wacu Yezu Kristu. Ni igihe cy’amizero no gutegura imitima yacu ngo Umukiza avukire mu mitima yacu, ari yo Ngoro imunyura guturamo kurusha izindi.

Amasomo matagatifu tuzirikana none, araduhamagarira twese nta n’umwe usigaye kugana Yezu. Baba abagashize, abanezerewe, abarushye n’abaremerewe ntawe aheza, buri wese aramutumira ku musanga, kugira ngo turonke imaragahinda y’ibitubuza amahoro n’ibiduhangayikisha. Abitubwire neza muri aya mgambo: “Nimungane mwese, abarushye n’abaremerewe, jye nzabaruhura”. Ese hari uwajya hariya akirarira ngo yaragashize nka Gashamura uko bivugwa n’abakuru. Kwaba ari ukwirarira kuko naje gusanga buri wese agira akamuraje ishinga ndetse kakamuhangayikisha cyangwa kakamuremerera, mu gihe abamureba inyuma bavuga ngo namba nawe/ na we: “Warahiriwe/Yarahiriwe”. Nyamara tutirengagije ukuri, abakuru baravuga ngo: “Umubyeyi ahoza undi kandi Ujya kuvuga aba atarabona”. Kubera iki? Kuko hari ubwo wiririra, ukavuga ko wagowe, urushye nyamara undi yakubwira uko abayeho ugaca uhora, ugasanga wirizaga n’ubwo nawe uba utorohewe.