Bimwe mu biranga “Yego” ya Bikira Mariya

Umunsi Mukuru wa Bikira Mariya amenyeshwa ko azabyara Umukiza

Tariki ya 9 Mata 2018

Bakristu bavandimwe,

Uyu munsi hamwe na Kiliziya yose dufite ibyishimo byo guhimbaza Umunsi mukuru wa Bikira Mariya amenyeshwa ko azabyara Umukiza. Ubusanzwe uyu munsi tuwizihiza ku itariki ya 25 Werurwe. Ariko wimuriwe uyu munsi kuko iyi tariki yahuriranye n’Icyumweru cya Mashami n’Ububabare bwa Nyagasani.

Ndifuza ko tuzikana muri make kuri « Yego » ya Bikira Mariya, dusanga mu ijambo yavuze yakira ubutore bwo kuzabyara Umukiza, igihe agize ati : « Dore ndi umuja wa Nyagasani, byose bimbeho nk’uko ubivuze » (Lk 1, 38).

  1. « Yego » ya Bikira Mariya ni « Yego » yamuranze kuva mu buto bwe

Kuva mu buto bwe kugera ku ndunduro y’ubuzima bwe hano ku isi, Bikira Mariya yaranzwe na “Yego”. « Yego » yo mu buto bwe yamuteguriraga ubutore Nyagasani yari yaramutoreye kuva akimuremera mu nda ya nyina. Koko rero kuva agisamwa, Nyagasani yamurinze ubusembwa bw’icyaha. Ni ukuvuga ko yarinze Umwari Mariya n’ikintu cyose cyashoboraga gutokoza « Yego » yagombaga kuvuga igihe kigeze cyo kutubyarira Umucunguzi.