Pawulo na Barinaba mu butumwa

Inyigisho yo ku cyumweru cya V cya Pasika C, ku wa 19 Gicurasi 2019

Amasomo matagatifu: Intu 14,21b-27; Z 114; Hish 21,1-5a; Yh 13,31-33a.34-35

Pasika ya Kristu iragenda irushaho gukura no gusagamba mu bemera

Turangije ibyumweru bine bya Pasika. Dutangiye icya 5. Pasika ya Yezu Kristu iragenda irushaho gukura no kuba Pasika y’abemera. Intumwa za Yezu n’abo zigenda zitora ngo bazifashe bafite umwanya ukomeye cyane mu kwamamaza Yezu wazutse. Ni bo bahamya nyabo kandi b’ikubitiro b’izuka rya Nyagasani. Ni mu gihe, biboneye imbonankubone Yezu wazutse, we wagiye abiyereka ku buryo bwinshi kugera n’ubwo asangiye na bo kugira ngo bashire amazeze, bemere, batazagera ubwo bashidikanya. Uwo bamamaza, ni Kristu muzima; yarazutse. Si umuzimu; ariho, abeshaho abe, ntahwema kubiyereka no kubakomeza mu butumwa bwabo abakoresha ibimenyetso n’ibitangaza bigaragara.

Kudacika intege no kudacogora

Inyigisho yo ku wa gatandatu, uwa 18 Gicurasi 2019, Icyumweru cya 4 cya Pasika, C

Isomo rya Mbere : Intu 13,44-52 ; Zaburi 98(97),1-4 ; Ivanjiri: Yh 14,7-14

 Bakristu Bavandimwe, Ijambo ry’Imana tuzirikana uyu munsi riratwibutsa ko Ukwemera gushyitse ari urufunguzo rw’Ubushobozi, kugeza n’ubwo n’ibyo twaba tudashoboye tubisaba kubera kwa kwemera, mu Izina rya Yezu tukabihabwa. Gusa rero ibyo duhabwa byose bigomba kutubyarira gukuza Imana kurushaho.

Nyuma ya Pasika twagiye twumva kenshi intumwa n’abigishwa ba Yezu batotezwa, bamwe bakwira imishwaro abandi baricwa. Aho babaga bageze hose bakomeje kwera Imbuto z’ukwemera bari bifitemo n’ubwo bwose bari bacyoga mu bigeragezo n’ibitotezo. Birashoboka ko hari bamwe bumvaga bibaza uko ibyo bintu bizarangira.

Yezu yaje guca imanza ?

Inyigisho yo kuwa gatatu w’icyumweru cya IV cya Pasika/C, ku ya 15 Gicurasi 2019

“Sinazanywe no gucira isi urubanza, ahubwo naje gukiza isi”

Amasomo: Ibyakozwe n’Intumwa 12,24-13, 5ª;   Yohani 12,44-50

Yezu Kirisitu naganze iteka.

Bavandimwe, Yezu Kirisitu umucunguzi wacu, mu Nkuru Nziza tumaze kumva, yongeye kutwibutsa icyamuzanye kuri iyi si yacu: “Nihagira uwumva amagambo yanjye ntayakurikize, si jye umucira urubanza, kuko ntazanywe no gucira isi urubanza, ahubwo naje gukiza isi”. Yezu ubwo butumwa bwo gukiza isi, abukora atwibutsa ko ari we rumuri rumurikira intambwe zacu kugira ngo tutagenda mu mwijima tukayoba. Iyo dukurikiye urumuri rwe, rutugeza ku gucungurwa, ari byo kugira umugabane ku bugingo bw’iteka. Ni ngombwa guhora twibuka rwa rumuri twahawe igihe tubatijwe. Dusabwe kwirinda kuruzimya ahubwo tukihatira kugenda ducanira abo rwazimanye, ndetse tukanamurikira abatararwigeze cyangwa abarutaye, kuko iyo babonye uko tubayeho n’ibyo dukora byiza bahera aho bakagarukira Imana, yo soko ya byose.

Amasomo yo ku munsi mukuru wa Pasika

Isomo rya 1: Ibyakozwe n’Intumwa 10,34a.37-43

Nuko Petero aterura agira ati «Mwese muzi ibyabaye muri Yudeya yose, bihereye mu Galileya nyuma ya batisimu Yohani yigishaga. Muzi n’ibya Yezu w’i Nazareti: ukuntu Imana yamusize amavuta y’ubutore ibigirishije Roho Mutagatifu, ikamuha n’ububasha; n’uko yagendaga agira neza aho anyuze hose, akiza abahanzweho na Sekibi bose, kuko Imana yari kumwe na we. Natwe rero turi abahamya b’ibyo yakoze mu gihugu cy’Abayahudi kimwe n’i Yeruzalemu. Bamwishe bamumanitse ku giti, ariko Imana yamuzuye ku munsi wa gatatu, imuha no kwigaragaza; atari kuri rubanda rwose, ahubwo ku bahamya batoranyijwe n’Imana hakiri kare, twebwe abariye kandi tukanywa kumwe na we aho amariye kuzuka mu bapfuye. Nuko adutegeka kwamamaza no guhamya muri rubanda ko ari we washyizweho n’Imana kuba umucamanza w’abazima n’abapfuye; abahanuzi bose bemeza ko umwemera wese azaronka imbabazi z’ibyaha, abikesha ububasha bw’izina rye.»

Zaburi ya 117 (118), 1-2, 3-4, 16-17, 22-23

R/Nguyu umunsi Nyagasani yigeneye: nutubere umunsi w’ibirori n’ibyishimo, Alleluya! 

Nimusingize Uhoraho kuko ari umugwaneza,

kandi urukundo rwe rugahoraho iteka !

Abatinya Uhoraho nibabivuge babisubiremo,

bati «Urukundo rwe ruhoraho iteka !»

 

Indyo y’Uhoraho yarihanukiriye,

maze indyo y’Uhoraho igaragaza ibigwi !

Oya ntabwo nzapfa, ahubwo nzaramba,

maze mpore namamaza ibikorwa by’Uhoraho.

 

Ibuye abubatsi bari barajugunye,

ni ryo ryahindutse ibuye ry’indemyanzu !

Uhoraho ni we wagennye ko biba bityo,

maze biba agatangaza mu maso yacu.

Isomo ryo 2: Abanyakolosi 3,1-4

Bavandimwe, ubwo mwazukanye na Kristu, nimuharanire ibyo mu ijuru, aho Kristu ari, yicaye iburyo bw’Imana; nimurangamire iby’ijuru, aho kurarikira iby’isi. Koko mwapfanye na Kristu, none ubugingo bwanyu bwihishe hamwe na We mu Mana. Aho Kristu azigaragariza, We bugingo bwanyu, icyo gihe namwe muzagaragara muri kumwe na We, mu ikuzo ryisesuye.

Indirimbo y’igisingizo cy’Iyobera ry’Izuka rya Nyagasani.