1 Abanyakorinti 11,17-26

Isomo ryo mu Ibaruwa ya mbere Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti 11,17-26

Tuvuye muri ibyo hari n’ibindi ntabashimaho: amakoraniro yanyu, aho kubagirira akamaro, abagwa nabi. Icya mbere cyo, bambwiye ko, iyo muhuriye mu ikoraniro, mwiremamo ibice kandi bisa n’aho ari byo: wagira ngo ni ngombwa ko muri mwe habamo amakimbirane, kugira ngo ababakomeyeho babigaragaze. Igihe rero muteraniye hamwe, ntimuhuzwa n’isangira rya Nyagasani, kuko buri wese amaranira kurya ibyo yizaniye, ku buryo umwe yicwa n’inzara, undi yasinze. Mbese nta mazu mugira yo kuriramo no kunyweramo? Cyangwa muzanwa no gusuzugura imbaga y’Imana, no gukoza isoni abagira icyo bafite? Mbabwira iki se? Mbashime se? Oya, muri ibyo simbashimye. Jyewe rero dore ibyo nashyikirijwe na Nyagasani, bikaba ari byo nabagejejeho: Nyagasani Yezu araye ari butangwe, yafashe umugati, amaze gushimira, arawumanyura, avuga ati “Iki ni umubiri wanjye ubatangiwe; mujye mubikora namwe bibe urwibutso rwanjye.” Barangije kurya, n’inkongoro ayigenzereza atyo, avuga ati “Iyi ni inkongoro y’Isezerano rishya, rishingiye ku maraso yanjye; mujye mubikora namwe, kandi igihe cyose muyinywereyeho, bibe urwibutso rwanjye.” Kuko igihe cyoes murya uyu mugati, mukanywa no kuri iyi nkongoro, muba mwamamaza urupfu rwa Nyagasani, kugeza igihe azazira.