2 Abanyakorinti 9,6-10

ISOMO RYO MU IBARUWA YA KABIRI PAWULO INTUMWA

YANDIKIYE ABANYAKORINTI 9,6-10

Muramenye ko “Uwabibye ubusa, asarura ubusa, naho uwabibye byinshi agasarura byinshi!” Buri wese rero atange uko umutima we ubimubwira, atinuba, adahaswe, kuko Imana ikunda utanga yishimye. Imana ifite ububasha bwo kubasenderezaho ibyiza bw’ubwoko bwose, kugira ngo muhorane ibya ngombwa igihe cyose no muri byose, mugasarura ndetse n’ibibafasha gukora ibikorwa byiza. Nk’uko byanditswe ngo “Yatanze ku buntu, akwiza abakene; ubutungane bwe buzahoraho iteka.” Uha umuhinzi imbuto zo kubiba, akanamuha umugati wo kurya, azabaha namwe imbuto, azirumbure kandi azigwizemo umusaruro w’ubutungane bwanyu.