Ezekiyeli 16,1-15.59-60.63

ISOMO RYO MU GITABO

CY’UMUHANUZI EZEKIYELI 16,1-15.59-60.63

Uhoraho ambwira iri jambo ati “Mwana w’umuntu, menyesha Yeruzalemu amahano yose yakoze. Uzavuge uti ‘Dore uko Nyagasani abwira Yeruzalemu: Inkomoko yawe n’amavuko yawe ni igihugu cya Kanahani; so yari Umuhemori, na nyoko ari Umuhetikazi. Umunsi uvuka ntibakugenye, ntibakuhagije amazi ngo bagusukure, ntibagusize umuntu habe no kwirirwa bagufubika n’udutambaro. Nta n’umwe wigeze akurebana impuhwe, ngo abe yagukorera umwe muri iyo mirimo abitewe n’imbabazi akugiriye; ahubwo wajugunywe mu gasozi, kuko umunsi uvutse wari uteye ishozi.

Nanyuze hafi yawe, nkubona wigaragura mu maraso yawe, ariko n’ubwo wari ukigaragura mu maraso yawe bwose, ndakubwira nti ‘Baho.’ Ubwo ndagukuza nk’icyatsi mu murima; uriyongera, uragimbuka, ugera aho uba inkumi nziza, upfundura amabere, umusatsi wawe urakura uba mwinshi, ariko ubwo wari ucyambaye ubusa. Nza kunyura hafi yawe ndakubona nsanga ugeze mu gihe cyo kubengukwa, ngufubika igishura cyanjye, ndakwambika. Nakurahiye ko ntazaguhemukira, tugirana isezerano – uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze – maze uba uwanjye. Nagushyize mu mazi nkuhagira amaraso yari akuzuyeho maze ngusiga amavuta; nkwambika imyenda itatse amabara yose n’inkweto z’uruhu runogeye, ngukenyeza umwenda w’ihariri ngerekaho n’igishura cy’akataraboneka. Nagusesuyeho imitamirizo, nkwambika imiringa ku maboko n’urunigi mu ijoshi. Nashyize impeta ku zuru ryawe n’amaherena ku matwi yawe, nkwambika ikamba ritagira uko risa ku mutwe wawe. Wari wisesuyeho imitamirizo ya zahabu n’umuringa, wambaye imyenda y’ihariri y’akataraboneka n’indi itatse amabara yose, ugatungwa n’ifu n’inono, ubuki n’amavuta; bityo ugenda urushaho kugira uburanga maze umera nk’umwamikazi. Uburanga bwawe bwatumye wamamara mu mahanga kuko butagiraga amakemwa, wabukomoraga ku ikuzo ryanjye ribengerana; uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze. 

Nyamara wiringiye uburanga bwawe, wishingikiriza ubwamamare bwawe ujya mu buraya; usambana n’abahisi n’abagenzi. Nuko rero, Nyagasani Uhoraho aravuze ati ‘Nzakugenzereza nk’uko wangenje, wowe wazenze ku ndahiro ukageza n’aho wica amasezerano. Nyamara jyewe nzibuka Isezerano nagiranye nawe igihe cy’ubuto bwawe, maze nzagushyirireho Isezerano rihoraho. Ubonereho no kwibuka kandi ukorwe n’isoni; muri uko kwamamara kwawe woye kongera kubumbura umunwa, igihe nzaba nakubabariye ibyo wakoze byose, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.'”