Hozeya 10, 1-3.7-8.12

ISOMO RYO MU GITABO CY’UMUHANUZI HOZEYA 10, 1-3.7-8.12

Israheli yari umuzabibu mwiza, ukera imbuto zishimishije. Uko imbuto zayo ziyongeraga ni na ko yagwizaga intambiro; uko igihugu cyayo cyarushagaho kurumbuka, ni ko n’inkingi z’ibigirwamana zarushagaho kuba nziza. Umutima wabo ni ibinyoma bisa, none bagiye kubiryozwa. Uhoraho ubwe agiye gusenya intambiro zabo, no guhirika inkingi zabo. Ubwo noneho bazavuga bati “Nta mwami tukigira kuko tutubashye Uhoraho. Ariko se ubundi bwo, umwami yatumarira iki ?” Ibya Samariya byo birarangiye: umwami wayo aragenda ayobagurika nk’agashami gatwawe n’amazi. Amasengero y’ahirengeye y’i Aveni, ari na yo mvano y’icyaha cya Israheli, azasenywa; amahwa n’ibitovu bipfukirane intambiro zabo, maze bazabwire imisozi bati “Nimuturidukireho !”, n’utununga bati “Nimudutwikire !” Nimubiba mukurikije ubutungane, muzasarura imyaka myiza. Nimwitongorere imirima ikiri mishyashya; kuko ari cyo gihe cyo gushakashaka Uhoraho, kugeza ubwo azaza akadusesekazaho ubutungane.