Ivanjili ya Mutagatifu Luka 7,36-50

Ivanjili ya Mutagatifu Luka 7,36-50

Nuko umwe mu Bafarizayi, atumira Yezu ngo basangire; yinjira iwe, ajya ku meza. Maze haza umugore wari ihabara mu mugi. Yari yamenye ko Yezu ari ku meza, mu nzu y’uwo Mufarizayi, aza afite urweso rurimo umubavu. Nuko aturuka inyuma ya Yezu, yunama ku birenge bye arira. Amarira atonyangira ku birenge bya Yezu, abihanaguza imisatsi ye, agumya kubisoma, anabisiga umubavu. Umufarizayi wari wamutumiye, ngo abibone, aribwira ati “Uyu muntu, iyo aba umuhanuzi koko, aba yamenye uyu mugore umukora uwo ari we, n’icyo ari cyo: ko ari umunyabyaha.” Yezu araterura, aramubwira ati “Simoni, mfite icyo nkubwira.” Undi aravuga ati “Mbwira, Mwigisha.” Yezu ati “Umuntu yari afite abantu babiri bamurimo umwenda; umwe yari amurimo amadenari magana atatu, undi mirongo itanu. Babuze icyo bishyura, abarekera uwo mwenda. Muri abo bombi, ni uwuhe uzarusha undi kumukunda.” Simoni arasubiza ati “Ndasanga ari uwarekewe umwenda munini.” Yezu aramubwira ati “Ushubije neza.” Nuko ahindukirira wa mugore, abwira Simoni ati “Urabona uyu mugore? Ninjiye mu nzu yawe, ntiwansuka amazi ku birenge; naho we, yuhagije ibirenge byanjye amarira ye, maze abihanaguza imisatsi ye. Ntiwampobeye unsoma; naho we, kuva aho yinjiriye mu nzu, ntiyahwemye kunsoma ibirenge. Ntiwansize amavuta ahumura mu mutwe; naho we, yansize umubavu ku birenge. Ni cyo gitumye nkubwira nti: ibyaha bye byose uko bingana arabibabariwe, kubera urukundo rwinshi. Naho ubabariwe bike, akunda buke.” Nuko Yezu abwira wa mugore ati “Ibyaha byawe birakijijwe.” Abari kumwe na we ku meza batangira kwibaza bati “Uyu ni muntu ki ugeza n’aho gukiza ibyaha?” Nuko Yezu abwira wa mugore ati “Ukwemera kwawe kuragukijije; genda amahoro.”