Mariko 7,1-8.14-15.21-23

Ivanjili ya Mariko 7,1-8.14-15.21-23

Abafarizayi na bamwe mu bigishamategeko bari baturutse i Yeruzalemu, bateranira iruhande rwa Yezu. Babona bamwe mu bigishwa be barisha intoki zanduye, ari byo kuvuga zidakarabye. Koko rero, Abafarizayi n’Abayahudi bose ntibarya batabanje gukaraba ibiganza kugera mu nkokora, bakurikije akamenyero k’abakurambere, n’iyo bavuye mu materaniro, ntibarya batabanje kwitera amazi. Hariho kandi n’imigenzo myinshi bakurikiza iby’akarande, nko koza ibikombe, ibibindi, n’amasahani… Nuko rero, Abafarizayi n’abigishamategeko baramubaza bati “Ni iki gituma abigishwa bawe badakurikiza umuco w’abakurambere, bakarisha intoki zanduye?” Arabasubiza ati “Izayi yabahanuye neza, mwa ndyarya mwe! Nk’uko byanditswe ngo ‘Uyu muryango unyubahisha akarimi gusa, naho imitima yabo indi kure. Icyubahiro bampa ni amanjwe: inyigisho bigisha ni amategeko y’abantu gusa.’ Murenga ku itegeko ry’Imana mukibanda ku muco w’abantu.” Yongera guhamagara rubanda, arababwira ati “Nimutege amatwi mwese, kandi munyumve neza! Nta kintu kijya mu muntu giturutse inyuma kimuhumanya, ahubwo ikivuye mu muntu ni cyo kimuhumanya. Kuko mu mutima w’abantu ariho haturuka imigambi mibi: ubusambanyi, ubujura, ubwicanyi, ubuhabara; umururumba, ingeso mbi, ishyari, gutukana, ubwirasi n’amafuti. Ibyo bintu byose biva mu mutima, ni byo bihumanya umuntu.”