Matayo 17,22-27

IVANJILI YA MATAYO 17,22-27

Umunsi umwe bateraniye mu Galileya, Yezu arababwira ati “Umwana w’umuntu agiye gushyirwa mu maboko y’abantu, bakazamwica, ariko akazazuka ku munsi wa gatatu.” Ibyo birabashavuza cyane. Bageze i Kafarinawumu, abasoresha b’Ingoro begera Petero, baramubaza bati “Mbese Umwigisha wanyu ntatanga ituro ry’Imana?” Arabasubiza ati “Araritanga.” Igihe bageze imuhira, Yezu aramutanguranwa, aramubwira ati “Simoni, ubyumva ute?” Abami b’isi bahabwa na bande imisoro cyangwa amaturo? Babihabwa n’abana babo cyangwa se na rubanda?” Amushubije ati “Ni rubanda”, Yezu arongera ati “Nuko rero abana ntibabitegekwa. Nyamara, kugira ngo tudaha urugero rubi bariya bantu, jya ku nyanja urohe ururobo. Ifi ya mbere uri bufate, uyasamure; urayisangamo igiceri, ukijyane, maze ukibaheho ituro ryanjye n’iryawe.”