IVANJILI YA MATAYO 19,13-15
Nuko bamuzanira abana bato ngo abashyireho ibiganza abasabira, maze abigishwa barabakabukira. Yezu ni ko kubabwira ati “Nimureke abana bansange, mwibabuza kunyegera, kuko Ingoma y’Ijuru ari iy’abameze nka bo.” Nuko amaze kubashyiraho ibiganza, ava aho hantu.