Matayo 19,3-12

IVANJILI YA MATAYO 19,3-12

Nuko Abafarizayi baramwegera, bamubaza bamwinja, bati “Ese biremewe ko umugabo yasenda umugore we ku mpamvu ibonetse yose?” Arabasubiza ati “Ntimwasomye ko kuva mu ntangiriro, Rurema yabaremye ari umugabo n’umugore, kandi ko yavuze ati ‘Ni cyo gituma umugabo azasiga se na nyina kugira ngo yegukire umugore we, maze bombi bakaba umubiri umwe gusa’. Bityo rero ntibaba bakiri babiri, ahubwo baba umubiri umwe. Nuko rero icyo Imana yafatanyije, umuntu ntakagitandukanye!” Baramusubiza bati “Ariko se, ni iki gituma Musa yategetse gutanga urwandiko rw’isenda mbere yo kwirukana umugore?” Arabasubiza ati “Ni umutima wanyu w’indashoboka watumye Musa abemerera kwirukana abagore banyu, ariko si ko byahoze. Naho jye mbabwiye ko umuntu wese wirukanye umugore we – uretse iyo babanaga bitemewe n’Amatageko – kandi akazana undi, aba Asambanye.” Abigishwa baramubwira bati “Niba ari uko bimeze ku mugabo n’umugore, ikiruta ni ukudashaka.” Niko kubasubiza ati “Bose ntibumva iyo mvugo, kereka ababihawe bonyine. Koko rero hariho abantu bavutse ari ibiremba, hari abandi babigizwe n’abantu, kandi hari n’abandi bigize batyo kubera Ingoma y’ijuru. Ushobora kumva, niyumve!”