Matayo 9,14-17

IVANJILI YA MATAYO 9,14-17

Muri icyo gihe, abigishwa ba Yohani basanga Yezu, ni ko kumubaza bati “Ni iki gituma twebwe n’Abafarizayi dusiba kurya, naho abigishwa bawe ntibasibe ?” Yezu arabasubiza ati “Birakwiye se ko abakwe bagira ishavu bakiri kumwe n’umukwe ? Ariko hazaza igihe umukwe azabavanwamo, ni bwo bazasiba. Ntawe utera igitambaro gishya ku mwenda ushaje, kuko icyo kiremo cyakurura uwo mwenda ukarushaho gucika. Nta n’ushyira divayi nshya mu masaho ashaje, naho ubundi amasaho yasandara, divayi ikameneka, kandi na ya masaho akaba apfuye ubusa. Ubusanzwe bashyira divayi nshya mu masaho mashya, byombi bikarama.”