Yeremiya 15,10.16-21

ISOMO RYO MU GITABO CY’UMUHANUZI YEREMIYA 15,10.16-21

Mbega ibyago, mawe, kubona warambyaye! None nkaba ndi umuntu igihugu cyose kinubira, kikanamvuguruza! Nta we nigeze nguza cyangwa ngo mugurize, ariko bose baramvuma! Iyo numvise amagambo yawe ndayamira: ijambo ryawe ryaranyuze, rinsendereza umunezero. Nitiriwe izina ryawe, Uhoraho Imana, Umugaba w’ingabo. Sinshakira ibyishimo gushyikirana n’abikinira ; ikiganza cyawe kintegeka kubitarura kuko wantegetse kuvugana ubukana. Kuki akababaro kanjye kambayeho akaramata, igikomere cyanjye ntigikire, kikananira imiti? Rwose wambereye nk’isoko idashobora kwizerwa, ntigire amazi igihe cyose. None rero Uhoraho avuze atya: “Nungarukira ari jye ukugaruye, uzampagarara imbere. Nuvuga amagambo ashyira mu gaciro, ukareka amahomvu, umunwa wawe uzaba uwanjye. Bazakugarukira, ariko wowe ntugomba kubasanga. Imbere y’abo bantu, nkugize nk’inkike ikomeye y’umuringa. Bazakurwanya ariko ntacyo bazagukoraho; humura turi kumwe, ndagutabara kandi nkurenganure. Uwo ni Uhoraho ubivuze! Ndakuvana mu kiganza cy’abagome, nkugobotore mu nzara z’abanyarugomo.