Yeremiya 26,11-19

ISOMO RYO MU GITABO CY’UMUHANUZI YEREMIYA 26,11-19

Abaherezabitambo n’abahanuzi bari bicaye imbere y’Umuryango Mushya w’Ingoro, bamaze kumva amagambo ya Yeremiya, babwira abatware n’umuryango wose bati “Uyu muntu akwiye igihano cyo gupfa! Yavugiye kuri uyu mugi amagambo namwe ubwanyu mwiyumviye.” Yeremiya abwira abatware n’umuryango wose ati “Uhoraho ni we wanyohereje guhanurira kuri iyi Ngoro no kuri uyu mugi, ibyo namwe mwiyumviye. Ariko guhera ubu, nimuvugurura imyifatire yanyu n’imigenzereze yanyu, mukumva ijwi ry’Uhoraho Imana yanyu, Uhoraho azareka amakuba yari yariyemeje kubateza. Naho jyewe ndi mu maboko yanyu; nimunkoreshe icyo mushaka, icyo mubona gikwiye. Cyakora nimuramuka munyishe, mumenye ko mwebwe kimwe n’uyu mugi n’abaturage bawo, muraba mwihamije icyaha cyo kwica umwere, kuko mu by’ukuri, Uhoraho ari we wanyohereje kuvuga aya magambo yose kugira ngo muyumve.” Abatware n’umuryango wose babwira abaherezabitambo n’abahanuzi bati “Uyu muntu ntakwiye igihano cyo gupfa : yatubwiye mu izina ry’Uhoraho Imana yacu.” Bamwe mu bakuru b’umuryango barahaguruka, babwira imbaga yose yari ikoraniye aho bati “Mika w’i Moresheti wari umuhanuzi ku ngoma ya Hezekiya, umwami wa Yuda, yabwiye umuryango wose wa Yuda ati ‘Uhoraho Umugaba w’ingabo avuze atya : Siyoni izahingwa nk’umurima, Yeruzalemu ibe itongo, naho umusozi w’Ingoro ube impinga y’ibihuru.’ Hari ubwo se Hezekiya, umwami wa Yuda n’imbaga ye bigeze bica uwo muhanuzi? Ahubwo ntibagaragarije Uhoraho icyubahiro, bagahagurukira kumwurura? Uhoraho na we areka amakuba yari yiyemeje kubateza, none twebwe twari tugiye kwikururira ishyano.”