Ivanjili ya Mutagatifu Yohani 16,29-33 – Ku wa mbere, VII, Pasika

Muri icyo gihe, Yezu agiye kuva kuri iyi si ngo asange Se, aganira n’abigishwa be. Nuko abigishwa be baramubwira bati « Erega noneho uravuga weruye, ntukivugira mu bigereranyo ! Ubu tumenye ko uzi byose, kandi ntukeneye ko hari uwakwirirwa agira icyo akubaza ; ngicyo n’igituma twemera ko ukomoka ku Mana. » Yezu arabasubiza ati «Noneho muremeye? Dore igihe kiregereje ndetse cyageze, maze mugatatana, umwe ukwe undi ukwe; mukansiga jyenyine. Mumenye ariko ko ntari jyenyine, kuko Data ari kurnwe nanjye. Ibi mbibabwiye ngira ngo muhore munkesha amahoro. Hano mu nsi muzahagirira amakuba, ariko nimukomere: isi narayitsinze.»

Publié le