Ivanjili ya Yohani 1,19-28 [Ku ya 02 Mutarama]

Dore ubuhamya bwa Yohani igihe Abayahudi b’i Yeruzalemu bamutumyeho abaherezabitambo n’Abalevi kumubaza ngo «Uri nde?» Yohani yaremeje ntiyahakana, ahamya agira ati «Sindi Kristu.» Na bo baramubaza bati «Bite se? Uzabe uri Eliya?» Arabasubiza ati «Sindi we.» — «Uzabe se uri wa Muhanuzi ugomba kuza?» Arabasubiza ati «Oya.» Baramubwira bati «Rwose uri nde, kugira ngo tugire icyo dusubiza abadutumye. Wibwira ko uri nde?» Arabasubiza ati «Ndi ijwi ry’uvugira mu butayu aranguruye ati ‘Nimutunganye inzira ya Nyagasani’,nk’uko umuhanuzi Izayi yabivuze.» Abari batumwe bari abo mu Bafarizayi. Bongera kumubaza bati «None se ko ubatiza, kandi utari Kristu, ntube Eliya, ntube na wa Muhanuzi, ubiterwa n’iki?» Yohani arabasubiza ati «Jyewe mbatiriza mu mazi, ariko hagati yanyu hari Uwo mutazi. Ni we ugiye kuza ankurikiye; sinkwiye no gupfundura umushumi w’inkweto ze.» Ibyo byabereye i Betaniya, hakurya ya Yorudani, aho Yohani yabatirizaga.

Publié le