Ivanjili ya Mutagatifu Luka 1,39-56 – Asomusiyo

Muri iyo minsi Mariya yarahagurutse agenda yihuta, ajya mu misozi miremire mu mugi wa Yuda, agera kwa Zakariya aramutsa Elizabeti, Nuko Elizabeti yumvise indamutso ya Mariya, umwana atwite yisimbiza mu nda, maze Elizabeti yuzura Roho Mutagatifu. Arangurura ijwi ati « Wahebuje abagore bose umugisha, n’Umwana utwite arasingizwa. Mbikesha iki kugira ngo nyina w’Umutegetsi wanjye angenderere? Dore mbaye ncyumva indamutso yawe, umwana yisimbagizanya ibyishimo mu nda yanjye. Urahirwa wowe wemeye ko ibyo watumweho na Nyagasani bizaba.» Nuko Mariya nawe aravuga ati «Umutima wanjye urasingiza Nyagasani, kandi uhimbajwe n’Imana Umukiza wanjye. Kuko yibutse umuja we utavugwaga; rwose kuva ubu amasekuruza yose azanyita umuhire. Ushoborabyose yankoreye ibitangaza, Izina rye ni ritagatifu. Impuhwe ze zisesekarizwa abamutinya bo mu bihe byose. Yagaragaje ububasha bw’amaboko ye atatanya abantu birata; yahanantuye abakomeye abakura ku ntebe zabo, maze akuza ab’intamenyekana; abashonje yabagwirije ibintu, abakungu abasezerera amara masa; yagobotse Israheli umugaragu we bityo yibuka impuhwe ze, nk’uko yari yarabibwiye abakurambere bacu, abigirira Abrahamu n’urubyaro rwe iteka.» Mariya yamaranye na Elizabeti nk’amezi atatu, abona gutaha.