Amasomo ya Misa ku munsi wa Bikira Mariya, Umwamikazi wa Kibeho

Isomo rya 1: Izayi 2,1-5

Ibyo Izayi mwene Amosi yabonye, byerekeye Yuda na Yeruzalemu.

Mu bihe bizaza, hari ubwo umusozi w’Ingoro

uzashyirwa ku kanunga usumbe imisozi yose.

Nuko amahanga yose agende awugana.

Abantu b’ibihugu byinshi bahaguruke, bavuga bati

«Nimuze tuzamuke, tujye ku musozi w’Uhoraho,

ku Ngoro y’Imana ya Yakobo.

Azatwereka inzira ze, tuzikurikire.»

Ni byo koko, amategeko ava i Siyoni,

i Yeruzalemu hagaturuka ijambo ry’Uhoraho.

Azacira amahanga imanza,

akiranure abantu b’ibihugu byinshi.

Inkota zabo bazazicuramo amasuka,

amacumu yabo bayacuremo ibihabuzo.

Ihanga ntirizongera gutera irindi inkota,

ntibazongera ukundi kwiga kurwana.

Nzu ya Yakobo, nimuze,

tugendere mu rumuri rw’Uhoraho.

Zaburi ya 121(122),1-2,3.4a,4b-5,6-7,8-9

Mbega ibyishimo nagize igihe bambwiye,

bati «Ngwino tujye mu Ngoro y’Uhoraho!»

None urugendo rwacu rutugejeje

ku marembo yawe, Yeruzalemu!

Yeruzalemu, uri umurwa wubatse neza,

umugi ucinyiye cyane.

Aho ni ho imiryango ya Israheli,

imiryango y’Uhoraho iza mu mutambagiro,

gusingiza Uhoraho uko Israheli yabitegetswe.

Aho ni ho hari intebe y’ukomoka kuri Dawudi,

intebe yicaraho igihe aca imanza.

Nimwifurize Yeruzalemu amahoro,

muti «Abagukunda bose baragahorana ituze;

amahoro naganze mu nkike zawe,

n’ituze rikwire mu rugo rwawe!»

Kubera abavandimwe banjye n’incuti zanjye,

mpimbajwe no kukubwira nti «Amahoro naganze iwawe!»

Kubera Ingoro y’Uhoraho Imana yacu,

nkwifurije ishya n’ihirwe!

Ivanjili ya Mutagatifu Matayo 8,5-11

Yezu abaye akinjira muri Kafarinawumu, umutegeka w’abasirikare aramwegera, aramwinginga, avuga ati «Nyagasani, umugaragu wanjye aryamye mu nzu iwanjye; ni ikimuga kitinyagambura kandi arababaye cyane». Yezu aramubwira ati «Ndaje mukize». Uwo mutegeka aravuga ati «Nyagasani, sinkwiye ko wakwinjira mu nzu yanjye, ariko uvuge ijambo rimwe gusa maze umugaragu wanjye akire. N’ubwo nanjye ndi umuntu utegekwa, mfite abasirikare; nabwira umwe nti ‘Genda’, akagenda; undi nti ‘Ngwino’, akaza; n’umugaragu wanjye nti ’Kora iki’, akagikora.» Yezu abyumvise, aratangara maze abwira abamukurikiye, ati «Ndababwira ukuri, muri Israheli nta muntu nigeze nsangana ukwemera nk’uku. Ndabibabwiye: benshi bazava aho izuba rituruka n’aho rirengera, basangire na Abrahamu na Izaki na Yakobo mu Ngoma y’ijuru, naho abana b’Ingoma bazatabwa hanze mu mwijima: aho bazaririra kandi bagahekenya amenyo.» Hanyuma Yezu abwira uwo mutegeka w’abasirikare, ati «Genda, uko wemeye abe ari ko ugirirwa.» Nuko wa mugaragu akira ako kanya.

Publié le

“Nyagasani, sinkwiye ko wakwinjira mu nzu yanjye”

Inyigisho yo ku ya 28 Ugushyingo 2014: Umunsi mukuru wa Bikira Mariya Nyina wa Jambo Umwamikazi wa Kibeho

AMASOMO : Iz 2,1-5; Zaburi 121,1-2,3.4a,4b-5,6-7,8-9; Mt 8,5-11.

Nyagasani, sinkwiye ko wakwinjira mu nzu yanjye, ariko uvuge ijambo rimwe gusa maze umugaragu wanjye akire.”

Bavandimwe none ni umunsi mukuru wa Bikira Mariya Umwamikazi wa Kibeho “Nyina wa Jambo”; ni umunsi ukomeye kuri Kiliziya y’Urwanda no kuri Kiliziya y’isi yose muri rusange. Ni igihe gikomeye kandi cy’ingirakamaro, aho twongera kuzirikana ku byiza ab’ijuru batuzanira iwacu. Twibuka uburyo Umubyeyi wacu Bikira Mariya Nyina wa Jambo uhora adutakambira ku Mwana We Yezu Kristu yaje iwacu i Rwanda akaduha impanuro n’inyigisho zidufasha mu bukristu bwacu bwa buri munsi.

Amasomo matagatifu y’uyu munsi arongera kudukoraho adusaba kuba abantu barangwa n’ukwemera kutajegajega. Mu Ivanjili y’uyu munsi turabona Nyagasani Yezu amaze gutanga Inyigisho ndende kandi irambuye hejuru y’umusozi, noneho akaba yamanutse ajya muri Kafarinawumu. Nyuma yo kwigisha, imbaga y’abantu benshi baramukurikiye, nawe agenda akora ibitangaza aho anyuze hose, akiza abarwayi; n’uyu munsi twumvise aho akijije umugaragu w’umutegeka w’abasirikare. Nyagasani atangariye mbere na mbere ukwemera kw’uyu mutegeka w’abasirikari agira ati: “Ndababwira ukuri, muri Israheli nta muntu nigeze nsangana ukwemera nk’uku.” Nyagasani aradukiza, akatugirira neza atitaye ku ngano y’ukwemera kwacu. Ukwemera kurakiza, kandi intungane ikabeshwaho n’ubutungane bwayo kuko iyo iramutse iretse kwemera irapfa ntakabuza ( soma Ezk 18,25)! Nyagasani ashimishwa n’uko twemera gutungwa na We, tugatungwa n’ijambo rye, tugashimishwa no kumuhabwa muri Ukaristiya Ntagatifu. Iyo tubayeho dutya ni bwo twitwa abavandimwe ba Yezu Kristu, We babwiye ko Nyina n’abavandimwe be bamushaka, akavuga ko Nyina n’abavandimwe be ari abakurikiza ijambo ry’Imana (soma Lk 8,19-21).

Amasomo yo ku wa Gatanu – icya 34 gisanzwe, A, Mbangikane

Isomo rya 1: Ibyahishuwe 20, 1-4.11-15; 21, 1-2

Nuko mbona umumalayika wamanukaga mu ijuru, afite mu kiganza urufunguzo rw’ikuzimu n’umunyururu munini. Afata cya Gikoko, Inzoka ya kera na kare, ari yo Sekibi na Sekinyoma, maze arakiboha ngo kigume ku ngoyi imyaka igihumbi . Nuko akiroha mu nyenga, arahafunga, arahadanangira, kugira ngo kitazongera kuyobya amahanga, kuzageza ko hashira imyaka igihumbi; ariko hanyuma y’ibyo, kigomba kuzarekurwa igihe gitoya. Mbona kandi intebe; abaje kuzicaraho bahabwa ububasha bwo guca imanza. Hanyuma mbona abishwe baciwe imitwe, bazize kuba abahamya ba Yezu n’ab’ijambo ry’Imana; mbona n’abanze gusenga Igikoko n’ishusho yacyo, kandi batigeze bashyirwaho ikimenyetso cyacyo ku gahanga no ku kiganza. Nuko bongera kuba bazima , maze bima ingoma hamwe na Kristu imyaka igihumbi. Nuko mbona intebe nini yererana n’Uwari uyicayeho. Isi n’ijuru biramuhunga, ntibyongera kugaragara ukundi. Hanyuma mbona abapfuye, abakuru n’abato, bari bahagaze imbere y’intebe y’ubwami ; nuko ibitabo birabumburwa. Habumburwa ikindi gitabo, ari cyo cy’ubugingo; maze abapfuye bacirwa imanza hakurikijwe ibikorwa byabo byanditswe muri ibyo bitabo. Inyanja irekura abapfuye bayirimo, Urupfu n’Ukuzimu na byo birekura abapfuye byari bifite, maze buri wese acirwa urubanza hakurikijwe ibikorwa bye. Nuko Urupfu n’Ukuzimu birohwa mu nyenga y’umuriro. Iyo nyenga y’umuriro rero, ni yo rupfu rwa kabiri. Kandi n’umuntu wese utari wanditse mu gitabo cy’ubugingo, na we yaroshywe muri iyo nyenga y’umuriro. Hanyuma mbona ijuru rishya, n’isi nshya; koko rero ijuru rya mbere n’isi ya mbere byari byazimiye, n’inyanja itakiriho . Nuko mbona Umurwa mutagatifu, Yeruzalemu nshya, yururukaga iva mu ijuru ku Mana, yabukereye nk’umugeni witeguye gusanganira umugabo we.

Zaburi ya 83(84), 2-3, 4, 5-6, 11

Uhoraho, Mugaba w’ingabo,

mbega ngo ingoro zawe zirantera ubwuzu!

Umutima wanjye wahogojwe

no gukumbura inkomane z’Uhoraho;

umutima wanjye n’umubiri wanjye,

biravugiriza impundu, Imana Nyir’ubuzima.

Ndetse n’igishwi cyibonera inzu,

n’intashya icyari ishyiramo ibyana byayo,

ku ntambiro zawe, Uhoraho, Mugaba w’ingabo,

Mwami wanjye, kandi Mana yanjye!

Hahirwa abatuye mu Ngoro yawe,

bakagusingiza ubudahwema! 

Hahirwa abantu bisunga ububasha bwawe,

bahorana umugambi wo kugana Ingoro yawe.

Kuko umunsi umwe mu nkomane zawe

undutira iyindi igihumbi namara ahandi,

mpisemo kwigumira mu irebe ry’Ingoro y’Imana yanjye,

aho gutura mu mahema y’abagiranabi.

Ivanjili ya Mutagatifu Luka 21,29-33

Nuko abacira umugani ati «Nimwitegereze umutini n’ibindi biti. Iyo birabije, mumenya ko igihe cy’imbuto cyegereje. Namwe rero nimubona ibyo bibaye, muzamenye ko Ingoma y’Imana yegereje. Ndababwira ukuri: iki gisekuru ntikizashira ibyo byose bitabaye. Ijuru n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye ntazashira.

Publié le