Amasomo yo kuri Kristu Umwami, icyumweru cya 34 Gisanzwe, A

Isomo rya mbere : EzekiyeIi 34, 11-12.15-17

11Nyagasani Uhoraho aravuze ati «Dore jye ubwanjye ngiye gukenura amatungo yanjye kandi nyiteho. 12Uko umushumba yita ku matungo ye igihe aba ari hagati y’intama zibyagiye, nanjye ni ko nzita ku ntama zanjye, nzivane ahantu hose zatatanirijwe ku munsi w’ibihu n’umwijima. 15Ni jye ubwanjye uziragirira intama zanjye -uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze – jye nzazibyagiza ziruhuke. 16Nzashakashaka iyazimiye, ngarure iyari yatannye, iyakomeretse nyomore, naho iyari irwaye nyondore, ibyibushye ikanagira ubuzima bwiza nkomeze kuyitaho. Nzaziragira zose nkurikije ubutabera. 17Naho mwebwe rero ntama zanjye, nimwumve uko Nyagasani Uhoraho avuze : Dore ngiye gukiranura inyagazi n’izindi ntama, nkiranure amapfizi y’intama n’amasekurume.»

Zaburi 23 (22), 1-2a, 2b-3, 4, 5, 6

  

R/ Uhoraho ni we mushumba wanjye, nta cyo nzabura !

Uhoraho ni we mushumba wanjye,

nta cyo nzabura !

Andagira mu rwuri rutoshye.

Anshora ku mariba y’amazi afutse,

maze akankomeza umutima.

Anyobora inzira y’ubutungane,

abigiriye kubahiriza izina rye.

N’aho nanyura mu manga yijimye,

nta cyankura umutima kuko uba uri kumwe nanjye,

inkoni yawe y’ubushumba intera ubugabo.

Imbere yanjye uhategura ameza,

abanzi banjye bareba,

ukansiga amavuta mu mutwe,

inkongoro yanjye ukayisendereza.

Koko ineza n’urukundo byawe biramperekeza,

mu gihe cyose nzaba nkiriho.

Nanjye rero nzaza niturire mu Ngoro y’Uhoraho,

abe ari ho nibera iminsi yose.

Isomo rya kabiri : 1 Abanyakorinti 15, 20-26.28

Bavandimwe, 20Kristu yazutse koko mu bapfuye, aba umuzukambere mu bapfuye bose. 21Nk’uko kandi urupfu rwakuruwe n’umuntu umwe, ni na ko izuka ry’abapfuye ryazanywe n’umuntu umwe. 22Kimwe n’uko bose boramye bitewe na Adamu, ni na ko bose bazasubizwa ubugingo biturutse kuri Kristu ; 23nyamara buri wese mu rwego rwe : uw’ibanze ni Kristu, nyuma hateho abamuyobotse igihe azazira. 24Nuko byose bizarangire igihe azegurira Ubwami Imana se, amaze gusenyagura icyitwa ubuhangange, ubutegetsi n’ububasha cyose. 25Kuko agomba kwima ingoma kugeza ko azashyira abanzi be bose mu nsi y’ibirenge bye. 26Umwanzi w’imperuka uzarimburwa ni urupfu. 28Nuko rero igihe byose bizaba bimaze kumuyoboka, ubwo Mwana na we aziyegurire Se wamweguriye byose, kugira ngo Imana ibe byose muri bose.

Ivanjili ya Mutagatifu Matayo 25, 31-46

Muri icyo gihe, Yezu yabwiraga abigishwa be iby’ihindukira rye agira ati 31« Igihe Umwana w’umuntu azaza yuje ikuzo, ashagawe n’abamalayika bose, ubwo azicara ku ntebe ye y’ikuzo. 32Ibihugu byose bizakoranyirizwa imbere ye, maze azatandukanye abantu nk’uko umushumba asobanura intama n’ihene. 33Azashyira intama iburyo bwe, n’ihene ibumoso.

34Nuko rero Umwami azabwire abari iburyo bwe ati ‘Nimuze abahawe umugisha na Data, muhabwe Ingoma mwateguriwe kuva isi ikiremwa; 35kuko nashonje mukamfungurira ; nagize inyota mumpa icyo kunywa; naje ndi umugenzi murancumbikira; 36nari nambaye ubusa muranyambika ; nari ndwaye muransura ; nari imbohe muza kundeba.’ 37Nuko intungane zizamusubize ziti ‘Nyagasani, twakubonye ryari ushonje maze turagufungurira ; ufite inyota tuguha icyo kunywa ; 38uri umugenzi turagucumbikira; wambaye ubusa turakwambika ; 39urwaye cyangwa se uri imbohe tuza kukureba?’ 40Nuko Umwami azabasubize ati ‘Ndababwira ukuri : ibyo mwagiriye umwe muri abo bavandimwe banjye baciye bugufi, : ni jye rnwabaga mubigiriye.’

41Hanyuma azabwire n’ab’ibumoso ati‘Nimumve iruhande mwa bivume mwe, mujye mu muriro w’iteka wagenewe Sekibi n’abamalayika be; 42kuko nashonje ntimwamfungurira; nagize inyota ntimwampa icyo nywa; 43naje ndi umugenzi ntimwancumbikira ; nari nambaye ubusa ntimwanyambika ; nari ndwaye cyangwa ndi imbohe ntimwaza kunsura.’ 44Nuko abo na bo bazamubaze bati‘Nyagasani, twakubonye ryari ushonje cyangwa ufite inyota ; uri umugenzi cyangwa wambaye ubusa; urwaye cyangwa uri imbohe ntitwagufasha?’ 45Nuko azabasubize ati ‘Ndababwira ukuri : ibyo mutagiriye umwe muri abo baciye bugufi, ni jye mutabigiriye.’ 46Maze abo bazajye mu bubabare bw’iteka, naho intungane zijye mu bugingo bw’iteka”.