Isomo: 1 Abanyakorinti 3,18-23

Isomo ryo mu Ibaruwa ya mbere Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti 3,18-23

Bavandimwe, Ntihakagire uwihenda: niba hari uwikekaho kuba umuhanga ku bw’iyi si, nabanze yihindure umusazi kugira ngo abe umunyabwenge nyakuri; kuko ubuhanga bw’iyi si ari ubusazi mu maso y’Imana, nk’uko byanditswe ngo “Ni Yo ifatira abanyabwenge mu mutego w’uburiganya bwabo”, kandi ngo “Nyagasani acengera ibitekerezo by’abahanga, agasanga byose ari amanjwe.” Ku bw’iyo mpamvu rero, ntihakagire ushingira ikuzo rye ku bantu, kuko byose ari ibyanyu: yaba Pawulo, yaba Apolo cyangwa Kefasi, yaba isi, bwaba ubugingo cyangwa urupfu, byaba ibiriho cyangwa ibizaza byose ni ibyanyu, naho mwebwe muri aba Kristu, na We Kristu akaba uw’Imana.