Isomo rya 1: Daniyeli 7,9-10.13-14
Uko nakitegereje, mbona intebe z’ubucamanza ziratewe, maze Umukambwe aricara. Umwambaro we wereranaga nk’urubura, imisatsi ye yera nk’ubwoya bw’intama. Intebe ye y’ubwami yari indimi z’umuriro, inziga zayo ari nk’umuriro ugurumana. Uruzi rw’umuriro rwaravubukaga, maze rugatemba imbere ye. Urujya n’uruza rw’amagana n’amagana bariho bamukorera, ibihumbi n’ibihumbi bihagaze imbere ye. Ubwo urubanza rurashingwa, maze ibitabo birabumburwa. Nijoro kandi nariho nitegereza ibyo nabonaga: mbona uje mu bicu byo mu kirere umeze nk’Umwana w’umuntu. Ubwo yigira hafi ya wa Mukambwe, maze ajyanwa imbere ye. Nuko yegurirwa ingoma, icyubahiro n’ubwami; imiryango yose, amahanga yose n’indimi zose biramuyoboka. Ubwami bwe, ni ubwami buhoraho iteka ntibuzashira, n’ingoma ye ni ingoma itazagira ikiyitsimbura.