“Twese tuzahinguka imbere y’urukiko rwa Kristu”

Inyigisho yo ku cyumweru cya 11 gisanzwe, Umwaka B, 13 Kamena 2021.

Bavandimwe muri Kristu, nimugire ineza n’amahoro bituruka ku Mana Data na Mwana na Roho Mutagatifu.

Uyu munsi turahimbaza icyumweru cya 11 mu byumweru bisanzwe by’umwaka wa liturujiya, umwaka B mu myaka y’igiharwe.

Amasomo matagatifu tuzirikana muri iturujiya ya none aratubwira iby’ingoma y’Imana duhamagarirwa guharanira ariko kandi tugasabwa kwizigira imbaraga z’Imana kuko ku bwacu ntacyo dushobora kwigezaho.

AMASOMO:

Isomo rya mbere: Ezk 17, 22-24; Zaburi ni iya 91; isomo rya kabiri: 1Kor 5,6-10; naho Ivanjili ni Mk 4, 26-34.

Mu isomo rya mbere mu mvugo ijimije ya gihanuzi, Nyagasani arahumuriza umuryango we akawubwira ko atazawurakarira ubuziraherezo ahubwo nyuma yo guhabwa igihano gihuje no guteshuka ku isezerano azawugarukira akawiyegereza.

Ibi Nyagasani avugisha umuhanuzi Ezekiyeri ni byo byagiye biranga amateka y’umuryango w’Imana mu bihe binyuranye. Ni ubuhemu bukurikirwa n’ibihano hakaza gutakamba cyangwa gutakambirwa biherezwa imbabazi z’Imana.

Amateka atwereka ko inshuro nyinshi umuryango w’Imana wagiye uhanishwa kugabizwa ihanga ry’abapagani rikawugirira nabi, cyane cyane tuwubona watwawe bunyago uri ishyanga.

Uru rugendo rw’umuryango w’Imana mu bihe bitandukanye nirwo rugendo umuryango w’abakristu ukora none mu nzira igana ijuru. Ngo nta mahoro y’umunyabyaha; igihe cyose duteye Imana  umugongo tukiyobokera ibigirwamana byo muri iyi si bitugiraho ingaruka uko byagenda kose. Hari izishobora kuba iz’ako kanya hari n’izishobora kuza zitinze.

Nyamara ariko Nyagasani ntaduciraho iteka ngo tugendanire ko ahora adutegeye amaboko, adutegereje ari nako adutumaho abaduhanura. Iyo tumugarukiye aratwakira nk’umubyeyi w’Impuhwe akongera kuduhaza ineza, urukundo n’amahoro tuba twari twivukije.

Amasomo yo ku wa 06 Kanama: Yezu yihindura ukundi

Isomo rya 1: Daniyeli 7,9-10.13-14

Uko nakitegereje, mbona intebe z’ubucamanza ziratewe, maze Umukambwe aricara. Umwambaro we wereranaga nk’urubura, imisatsi ye yera nk’ubwoya bw’intama. Intebe ye y’ubwami yari indimi z’umuriro, inziga zayo ari nk’umuriro ugurumana. Uruzi rw’umuriro rwaravubukaga, maze rugatemba imbere ye. Urujya n’uruza rw’amagana n’amagana bariho bamukorera, ibihumbi n’ibihumbi bihagaze imbere ye. Ubwo urubanza rurashingwa, maze ibitabo birabumburwa. Nijoro kandi nariho nitegereza ibyo nabonaga: mbona uje mu bicu byo mu kirere umeze nk’Umwana w’umuntu. Ubwo yigira hafi ya wa Mukambwe, maze ajyanwa imbere ye. Nuko yegurirwa ingoma, icyubahiro n’ubwami; imiryango yose, amahanga yose n’indimi zose biramuyoboka. Ubwami bwe, ni ubwami buhoraho iteka ntibuzashira, n’ingoma ye ni ingoma itazagira ikiyitsimbura.

Publié le
Catégorisé comme UMWAKA B

Amasomo yo ku munsi wa Mutagatifu Mariya Madalena

Isomo rya 2: 2 Abanyakorinti 5, 14-17

Urukundo rwa Kristu ruraduhihibikanya, iyo tuzirikanye ukuntu umwe yapfiriye bose, bikaba rero ko bose bapfuye. Kandi koko yapfiriye bose, kugira ngo abariho bataberaho bo ubwabo, ahubwo babereho uwabapfiriye kandi akazukira kubakiza.
Ni cyo gituma kuva ubu nta muntu n’umwe tukimenya ku buryo busanzwe; ndetse na Kristu, niba twarigeze kumumenya ku buryo bw’abantu, ubu ntitukimumenya dutyo. Bityo, umuntu wese uri muri Kristu, yabaye ikiremwa gishya. Ibishaje byarayoyotse, none ngaha byose byahindutse bishya.
Publié le
Catégorisé comme UMWAKA B

Amasomo: Umutima utagira inenge wa Bikira Mariya

Isomo rya 1: Izayi 61,9-11

Ababakomokaho bazamenyekana mu mahanga,

urubyaro rwanyu rwamamare mu miryango;

abazarubona bose bazamenyereho

ko ari urubyaro Uhoraho yahaye umugisha.Ndasabagizwa n’ibyishimo muri Uhoraho,

umutima wanjye uhimbajwe n’Imana yanjye,

kuko yanyambitse umwambaro w’umukiro,

akansesuraho umwitero w’ubutungane.

Nishimye nk’umukwe utamirije ikamba rye,

cyangwa umugeni witatse imirimbo ye.

Uko ubutaka bumeza imbuto zabwo,

n’ubusitani bugakuza icyo bwabibwemo,

ni na ko Uhoraho azameza ubutungane n’ibisingizo,

imbere y’amahanga yose.

Publié le
Catégorisé comme UMWAKA B