Itegeko riruta ayandi

Inyigisho yo ku wa gatanu, 20 gisanzwe, C, 2013

Ku wa 23 Kanama 2013 – Mutagatifu Roza wa Lima

Mwayiteguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Ruta 1,1.3-6.14b-16.22; 2º.Mt 22,34-40

Ngo amategeko arusha amabuye kuremera! Byavuzwe ku mategeko asanzwe y’abantu. Abategetsi bashyiraho amategeko bakayakomeza n’ibihano ku batayubahiriza bikarushaho gukara. Imbere y’ayo mategeko, abantu baratinya bakaba ibikange. Batinya ibihano bikarishye bahabwa iyo bishe itegeko iri n’iri. Ariko se ayo mategeko yose yo mu isi aruta Amategeko y’Imana? Kuki abantu muri rusange badatinya batyo Amategeko y’Imana? Kuki yo bakeka ko nta buremere afite?

Impamvu z’ibyo byose, ni uko ibihano by’abica Amategeko y’Imana bitigaragaza vuba mu buzima bwo ku isi. Ikindi kandi Imana ubwayo nta bihano itanga. Ntiyaremeye abantu kubakorera umutwaro w’amategeko batinya ku buryo bahinduka ibikange. Yabaremanye kwigenga no kwiyumvisha akamaro ko gukurikiza Amategeko yayo. Umuntu waramuka amenye Amategeko y’Imana akayubahiriza by’ubwoba, uwo nguwo nta bwigenge bw’abana b’Imana yaba afite. Imana iraguhamagara ikakugaragariza URUKUNDO rwayo ugahora ukururwa na rwo rukaryoshya ubuzima bwawe bwose kuko kubahiriza Amategeko bitanga ubuzima bwiza butagize aho buhuriye n’umuzigo uremereye. Amategeko y’Imana cyakora yifitemo ubundi buryo buhana.

Ibihano bitugeraho igihe twishe Amategeko y’Imana, twabyita ingaruka nyirizina z’icyaha. Icyaha icyo ari cyo cyose kiba gifite Itegeko ry’Imana iri n’iri cyishe. Igihano si Imana igitanga, ni icyaha ubwacyo cyifitemo imbaraga zihana. Igihano cya mbere umuntu yikururira, ni ukubura amahoro mu mutima. Nta muntu witandukanya n’Imana wigiramo amahoro. Iyo yibwira ko afite amahoro, aba yibeshya. Iyo atabyumvishe hakiri kare ashobora kubyumvishwa n’iminsi cyangwa akazabyibonera atagifite umwanya wo kwikosora ngo agire amahoro. Usibye kubura amahoro y’umutima, hari n’ingaruka z’ibyaha zigaragariza mu nkurikizi z’ibikorwa byacu bibi. Ingero twatanga ni nyinshi: umuntu ufite ingeso yo kwiba ashobora kwibwira ko ntacyo bitwaye! Nyamara igihe cyose ntagenda yemye ni uguhora akebaguza nta mahoro yifitemo. Igihe iminsi 40 igeze agafatwa agahondagurwa akamererwa nabi, ubwo igihano kiba cyigaragaye. Umwicanyi w’umurozi cyangwa w’urugomo ashobora ate kwiyumvamo amahoro? Arahembwa se cyangwa ategerejwe n’umuriro w’iteka yikururira? Umuntu ashobora gusambana akandura sida cyangwa izindi ndwara; icyo si igihano ubusambanyi bwifitemo se?

Dutinya kandi tukumvira amategeko y’abantu. Dukwiye gutinya no kumvira kurushaho Amategeko y’Imana. Ni yo aruta ayandi yose uhereye ku ryo gukunda Imana n’umutima wawe wose kuruta byose. Gukunda Imana kuruta byose, ni ryo Tegeko riruta ayandi, ni na yo ntangiriro yo kubahiriza n’andi mategeko mu nzira ituzanira amahoro. Twese biratureba, abakuru n’abato, abakomeye n’aboroheje, abategetsi n’abategekwa, abanyacyubahiro na rubanda rwa giseseka. Nidukunda Imana Data Ushoborabyose tukubahiriza Amategeko yayo, tukihatira kumenya imibereho ya YEZU KRISTU n’Inkuru Niza ye, tuzamererwa neza mu mitima yacu, tuzakwiza ituze n’amahoro aho turi hose, tuzabana n’Imana ubuziraherezo mu ijuru.

YEZU KRISTU ASINGIZWE. Umubyeyi Bikira Mariya aduhakirwe. Abatagatifu badusabire.

23 KANAMA – Abatagatifu Kiliziya yizihiza: 

Roza, Asteri, Filipo Beniti, Ewujeni, Abundiyo na Irene

Mutagatifukazi Roza wa Lima (30/04/1586-24/08/1617)

Mutagatifu Roza yavukiye mu mugi wa Lima muri Peru ku wa 30 Mata 1586. Ababyeyi be (Gasipari Flores na Mariya wa Oliva) bakomokaga mu gihugu cya Espagne. Izina bahaye umukobwa wabo ni Izabela Flores de Oliva maze nyuma bamuhimba Roza kubera ubwiza butangaje bw’umubiri we.

Inyigisho – Umuntu utambaye iby’ubukwe

Ku wa kane w’icyumweru cya 20 C, gisanzwe: 22 Kanama 2013: BIKIRA MARIYA UMWAMIKAZI

Inyigisho yateguwe na Padiri Sipriyani BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Abac 11, 29-39a; 2º.Mt 22,1-14

Kuri iyi tariki, Kiliziya ihimbaza umunsi mukuru wa Bikira Mariya Umwamikazi. Ni Papa Piyo wa 12 wawushyizeho mu mwaka w’1954 mu nyandiko ye ivuga ku Mwamikazi w’ijuru yitwa “Ad coeli Reginam” . Cyakora abakristu batangiye kwita Bikira Mariya Umwamikazi kuva kera cyane mu kinyejana cya kane.

Birakwiye guhimbaza by’umwihariko uwo Mubyeyi wacu twibutsa ko ari We Mwamikazi w’isi n’ijuru ufite ububasha bwo kudufasha kwitegura kwinjira mu Bukwe bwa Ntama. Twese turatumiwe, ariko si ko twese twumva neza ubwo butumire. Hariho n’abantu banga rwose kwakira abatumwe kubahamagarira kwinjira mu Bukwe. Abagira amahire ni abisunga Umubyeyi Bikira Mariya akabafasha kumva neza ubutumire no kubwitabira. Kuko ari Umubyeyi usukuye anafasha abamwisunga kwisukura no gutegura neza umwambaro ukwiye guserukanwa kwa Ntama. Mu by’ukuri, uwo mwambaro ni wa wundi wa Batisimu duhabwa tubatizwa. Hari abamara kubatizwa bagahita bawinyugushura bakawujugunya, abandi bakawuhindanya ku buryo nyuma y’imyaka usanga rwose icyari umweru cyarahindutse imirayi y’umukara. Abo bose rero, ni bo biteraijeki bibwira ko bashobora gupfa kwinjira mu cyumba cy’ubukwe bwa Ntama. Ntibashobora kuhahinguka, ni yo mpamvu bagera ku muryango bagasubizwa inyuma.

Umubyeyi Bikira Mariya Umwamikazi w’ijuru n’isi ashaka gufasha abana be gusukura umwambaro wabo kugira ngo bahore bakereye kwinjira mu birori bya Ntama. Kumwitegereza tukarangamira ububengerane bwe, ni ryo banga ryo gucengerwa no kwifuza kuzinjira mu Bukwe bwa Ntama. Umuntu wabatijwe agakurana inyota y’ubutungane, akunda Imana mu Batatu, agakunda BIKIRA MARIYA kandi akiyumvamo inyota y’ijuru. Ibintu byose bimuryohera bimukurura ariko binifitemo ubumara bwo kumukurubana mu nyenga abona ubuvugizi bwa Bikira Mariya akabihonoka.

Twese dusabirane guhora dusukura Umwambaro twambitswe. Niba turi muri Kilizya kandi dukunda by’ukuri Abijuru, tuzabona ubufasha bwinshi: abatorewe kutuyobora bazadufasha guhabwa imbaraga z’amasakaramentu, abafite ingabire y’ubuyobozi bwa roho bazadukomeza mu gushidikanya kwacu duhore dufata ibyemezo bidukiza, Umubyeyi Bikira Mariya azadufasha kandi azishimira kutwakira dukeye mu Bukwe bwa Ntama. Nyamuneka dufashanye hatazagira usohorwa nabi mu cyumba cy’ubukwe akajugunywa mu mwijima aho yazarira kandi agahekenya amenyo ubuziraherezo. Twitondere imyidagaduro duhururira muri iyi si kuko nidutandukanya n’Ubugingo, ibyishimo bya ntabyo bizasimburwa n’amarira n’amaganya. Ibyo ntibikabe. Hazuzuzwe ibyiza by’ijuru kuri buri wese.

YEZU KRISTU ASINGIZWE. BIKIRA MARIYA UMWAMIKAZI ADUHAKIRWE, Abatagatifu ba Kiliziya badusabire.

Undebye nabi kuko ngize neza?

Inyigisho yo ku wa gatatu,  Icyumweru cya 20 C, gisanzwe

Ku ya 21 Kanama 2013 – Mutagatifu Piyo wa X

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Abac 9, 6-15; 2º.Mt 20,1-16

Ivanjili ya none igamije kutwumvisha akamaro bidufitiye gukora mu Murima wa Data Udukunda. Kumukorera nta gihombo kirimo, umukorera neza ugahabwa igihembo yageneye abo bose yagiye ararika mu bihe byose n’ahantu hose. Igihembo ni kimwe ku bantu bose bemera kumusanga no gukorana na We mu mizabibu ye. Abakorana na We, abasezeranya ubugingo bw’iteka, kandi uburimo aruzuye: umuntu wese agera mu ijuru agahabwa igihembo yakoreye akumva kimushimishije nta kurarikira umwanya w’abandi. Tuzishima twese mu ijuru ariko, nk’urugero rwumvikana, nta n’umwe ushobora kwibwira ko yagira umwanya nk’uwo Bikira Mariya afiteyo. Umuntu wese yishimiye umwanya arimo, aruzuye, ntakenera umugisha w’abandi.

Inkuru yerekeye abakozi batatangiriye rimwe mu Murima wa Data, iratwumvisha ko ku isi abantu bashobora guhabwa igihembo cyabo ariko bakaba barangwa n’ishyari mu gihe uwakoze igihe gito cyangwa utavunitse cyane ahembwe kimwe na bo cyangwa neza kubarusha. Nyir’uguhemba ashobora kurebwa nabi kubera ineza ye ituma agena igihembo cyiza kuri bose. Mu byerekeye ijuru, igihembo gihabwa uwemeye guca ukubiri n’uburangare bwe bwa kera agahinduka incuti ya YEZU KRISTU. Ni yo mvugo yerekeye GUHINDUKA. Kugira amahindwe yo guhindukirira Nyagasani umuntu agifite umubiri, biba bihagije kugira ngo azaronke ubugingo bw’iteka kabone n’aho yaba yaramaze igihe kinini cy’amateka ye mu matagaragasi kure y’Ingoma y’Imana. Ibi ntibivuga ko uwibereye mu bye akirengagiza gukorera Imana agira igihe cy’ibyishimo kingana n’uwabanye na YEZU akivuka! N’ubwo umuntu yahinduka uwa KRISTU asigaje amazuba make ngo apfe, ntashobora kurangiza urugendo rwo kwisukura ibyo atatunganyije imyaka myinshi. Ni yo mpamvu na Purugatori ishobora kuba ndende kandi ikababaza. Icyiza ni ukumva ijwi rya YEZU riduhamagarira buri munsi kumukorera kugira ngo ibyishimo by’igihembo adutegurira bitangire hakiri kare.

Mu gukorera ijuru, twirinda uburangare n’ubwirasi byatuma tuba ibiseswa kandi twaratangiye neza. Aba mbere bashobora kuba aba nyuma n’aba nyuma bakaba aba mbere. Ibi biratwumvisha ko icy’ingenzi ari ukwifuza guhorana na YEZU KRISTU mu murima we tuzi neza igihembo nyakuri aduteganyiriza. Ibi bisobanuye kwitoza kumukorera twimirije imbere amatwara ye y’URUKUNDO n’UBUDAHEMUKA ku Mana Data Ushoborabyose. Dusabirane kutazasubira inyuma mu busabaniramana duhagazemo. Dufashanye guhora tuvugurura umubano wacu na YEZU KRISTU wadukunze kugeza ku ndundura akaba ahora yiteguye kutwakira mu Bwami bwe aho tuzabana na We ubuziraherezo.

YEZU KRISTU ASINGIZWE. Umubyeyi Bikira Mariya aduhakirwe, abatagatifu badusabire.

21 KANAMA , Kiliziya irahimbaza abatagatifu:

Piyo wa 10, Privati, Grasiya, Siriyaka, Yozefu Dang Dinh, Abahire Vigitoriya Rasoamanarivo na Ramoni Peiro.

Mutagatifu Piyo wa 10 (1835-20/08/1914)

Mutagatifu Piyo wa 10, ni umwe mu Bapapa ba Kiliziya bashyizwe mu rwego rw’abatagatifu mu bihe bya vuba bitwegereye. Yahawe uburere bwa gikristu mu Butaliyani agera ku busaseridoti yifitemo ingabire ikomeye yo gutunganya imirimo ye mu nzira y’ubutagatifu mbere ya byose.

Mu mwaka w’1903, yatorewe kuba Papa maze ahitamo intego kuvugurura byose muri KRISTU (Instaurare Omnia in Christo). Yakurikije iyo ntego ubuzima bwe bwose kuko yitangiraga ubutumwa mu bwiyoroshye n’ukwicisha bugufi, ubukene n’imbaraga za Roho. Yagaragaje impumeko nshya mu buzima bwa Kiliziya. Yabaye intwari mu kurwanya yivuye inyuma ibitekerezo by’ubuyobe byari bitangiye kwinjirana Kiliziya.

Mutagatifu Piyo wa 10 nasabire Kiliziya ya KRISTU ihorane abashumba bashaka kwitagatifuza kugira ngo babere urugero rwiza abayoboke bose.

Ni nde ubasha kurokoka?

Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 20 gisanzwe, C, 2013

Ku wa 20 Kanama 2013 – Mutagatifu Berinarudo, umwarimu wa Kiliziya

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Abac 6, 11-24a, 2º.Mt 19,23-30

YEZU yatangarije abigishwa be ko kwinjira mu Ngoma y’ijuru bikomeye cyane. Na bo babyumvishe basa n’abakanagranye bibaza uwabasha kurokoka. Nyamara ariko, icyo gihe YEZU yibanze ku cyiciro cy’abakungu avuga ko kuri bo kwinjira mu Ngoma y’ijuru bikomeye cyane. Ikigereranyo yatanze ni cyo cyabaye intandaro y’ukwiheba kw’abigishwa: kubona ingamiya ishobora kwitunatuna ikinjira mu mwenge w’urushinge kandi umukungu we n’aho yagira ate atashobora kwinjira mu ngoma y’ijuru!

Ni ukuvuga ko umuryango w’ijuru ufunganye kurusha umwenge w’urushinge! N’ubwo bitoroshye ariko, YEZU KRISTU yatanze icyizere cy’uko kwinjira mu Ngoma y’ijuru bishoboka; n’ikimenyimenyi ngo hari abo mu ba nyuma bazaba aba mbere maze bamwe mu bo mu ba mbere bazaba ana nyuma! Abo bazarokoka bakinjira mu ngoma y’ijuru, ni abemera kwiziga no kwitarura iby’isi ntibigenge ubuzima bwabo. Bo ubwabo ntibabishobora, ni Imana itanga izo mbaraga zo kwinyugushura iby’isi. Ku bantu ntibishoboka, ariko byose birashoboka ku bw’ingabire y’Imana.

Petero amaze kumva amagambo ya YEZU kuri icyo kibazo, yitegereje ukuntu mu isi abantu biruka inyuma y’ibintu nta mutima wo gukunda Imana maze yifuza kubaza YEZU uko ibyabo bizamera kandi barasize byose. Igisubizo cyaje gisobanura neza kandi gihumuriza abantu bose biyemeza gukurikira Imana ubuzima bwabo bwose. Igihe byose bizavugururwa, intumwa zizicarana na YEZU KRISTU ku ntebe y’ikuzo maze zakire mu Buzima bw’iteka imiryango yose yo ku isi. Uwiyemeza kandi gusiga byose kubera ikuzo rya YEZU KRISTU, azabisubizwa karijana. Ni ko bimeze, nta no gutegereza igihe kirekire, iyo umuntu agiye mu by’Imana akabitunganya neza, asesekarizwa ubukungu bwose: abona abavandimwe b’ukuri bafatanya akagira n’abana benshi ba roho. Ntawe ukwiye kwinangira ahamagarirwa gukurikira YEZU, nta n’uwari ukwiye guhora yimyoza ngo ari wenyine. Uri kumwe na YEZU KISTU, nta cyo abuze.

YEZU KRISTU asingizwe. Umubyeyi Bikira Mariya aduhakirwe. Abatagatifu badusabire.

20 KANAMA

Berinarudo, Filiberiti, Samweli, Lewovijilidi, Kristobali

Mutagatifu Berinarudo (1090-1153)

Mutagatifu Berinarudo yavukiye hafi y’ahitwa Dijon mu Bufaransa mu mwaka w’ 1090. Yahawe uburere bwiza mu muryango we no mu mashuri yize atozwa ubukristu. Mu mwaka w’1111 yinjiye mu bamonaki b’i Cister. Ntibyatinze maze atorerwa kuba umukuru wa Monasiteri y’i Claraval. Uwo murimo yawutunganyije neza abera urugero abihayimana bose. Muri ibyo bihe, Kiliziya yari mu ngorane zikomeye z’ubwumvikane buke. Mutagatifu Berinarudo yazengurutse uburayi bwose ahamagarira bose ubumwe n’amahoro.

Mutagatifu Berinarudo yabaye umuntu wacengewe n’imbaraga za Roho Mutagatifu agasenga bitangaje, akigomwa, agakunda Bikira Mariya, akigisha bihambaye iby’URUKUNDO. Tumuziho kwivugira kenshi ko igipimo cy’Urukundo ari ugukunda nta gipimo. Yanditse ibitabo byinshi bya Tewolojiya.

Mutagatifu Berinarudo, natoze abiyeguriyimana bose umutima ukunda ubutungane. Nadusabire twese kumenya neza inzira nyazo z’Urukundo.