Amaraso ya Kristu akiza ibikorwa bitera urupfu

Inyigisho yo ku wa gatandatu w’icyumweru cya 2 gisanzwe C,

Ku ya 26 Mutarama 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Heb 9, 2-3.11-14; 2º. Mk 3, 20-21

Amaraso ya Kristu akiza umubiri ibikorwa bitera urupfu

Yezu Kristu yagaragaje ko umurimo wo kwitangira abantu ngo bacungurwe ugomba ubwizige buhambaye. Hari n’igihe yirenzaga amasaha adasamuye yibereye ku murimo wo kwigisha no gukiza abantu. Ayo matwara ye ni na yo aba ishingiro ry’ubuzima bw’abatorerwa kuba abasaseridoti. Si abanyakazi bagengwa n’amasaha. Ni abapadiri amasaha 24 kuri 24. N’uwabatijwe wese ariko, iyo yihatira gushaka ubucuti buhamye na YEZU KRISTU anihatira kuba umukristu amasaha 24 kuri 24. Kubaho gutyo bishobora gutuma abantu bavuga ko udasanzwe, ko ufite ubuhengekerane, ko ibyawe bitari ku murongo! Ayo magambo ntacyo atwaye kuva tuzi ko na YEZU ubwe baje kumushaka bavuga ngo “yasaze!”.

Ubwo bwitange mu kwitagatifuza no gutagatifuza, ni ikimenyetso cy’uko intera y’ubuyoboke bw’Ikiragano cya kera tugenda tuyisezerera maze tukinjirana na KRISTU ahatagatifu rwose, hirya y’umubambiko watumaga tutabona neza Amasezerano Imana yatugiriye kuva kera. Ikindi kandi ubwo bwitange bushushanya, ni imibereho y’isengesho idashingiye ku mihango y’inyuma gusa. Umutima utuwemo na KRISTU urenga ibikorwa bigaragara by’ubuyoboke, ukivumbikamo ibyiza byose by’ijuru YEZU KRISTU ahora adushishikariza guharanira. Amasengesho yacu n’ibikorwa by’urukundo, byose bigomba gushibuka ku mutima wuzuye ubusabane kuri YEZU KRISTU, wa wundi urangamiye iby’ijuru mbere ya byose.

Uwo mutima ni wo ubasha kurwanya ibikorwa byose Sekibi ituremburisha kuturimbura. KRISTU udukunda yaduseseye amaraso ku musaraba. Ayo maraso ni yo tuvomamo imbaraga zo gusukura umutima wacu tuwuvanamo ibikorwa bitera urupfu. Nta muntu ugera ku isuku y’umutima wenyine. Ni kenshi umutima wacu uhinduka isibaniro ry’ibitekerezo n’imigambi Sekibi idusaba kuyifashamo! Gutsinda ibyo byose, ni ukwemera ko amaraso ya KRISTU adutemberamo. Ntiyadutemberamo tutemeye kubambanwa na we ku musaraba kugira ngo tubambe imibiri yacu n’ingeso mbi zose igihe bishaka kutworeka mu cyaha. Kwemera kubabara aho gucumura, ni ko gutera intambwe twicuza ibyaha n’ingeso mbi zose zituzamukamo.

 

YEZU KRISTU AKUZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

Urantotereza iki?

KU YA 25 MUTARAMA 2013:

Ihinduka rya Mutagatifu Pawulo Intumwa

Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Intu 22, 3-16 (cg 9,1-22); 2º. Mk 16, 15-18

Urantotereza iki?

Uwo ni YEZU KRISTU wampfiriye ku musaraba, ni We umbajije impamvu nkomeje kumutoteza. Uko gutabaza kwe, sinari narigeze kukumva. Sinzi uko bigenze! Numvise ijwi ridasanzwe ntigeze numva na rimwe. Nihasingizwe YEZU KRISTU wapfuye akazuka kuko noneho numvise ijwi rye n’icyo ansakaho!

Uko kwiganiriza biturutse kuri YEZU KRISTU wasembuye Pawulo wahoze yitwa Sawuli. Kwibwira ayo magambo, ni ikimenyetso cy’ubuzima bushya. Pawulo intumwa yagize ihirwe ryo kuyazirikana nyuma yo gukorerwaho igitangaza gihambaye cyatumye ahinduka umukristu aba uwa- KRISTU ku buryo bwuzuye. Nta we ushobora kubigeraho atabihawe. Aha ni ho tubonera ko koko ari ukuri ibyo YEZU yavuze ko ari kumwe n’intumwa ze iminsi yose kandi ko Kiliziya ye nta kizayisenya kibaho. Pawulo intumwa, nta kindi yatekerezaga kitari ugukurikirana abemeraga KRISTU no kujya kubafungira aho bababazwa bitavugwa. Aho yahingukaga hose, nta wahasigaraga ataboshywe. Ku buryo bw’abantu, nta cyashoboraga gukorwa ngo ahinduke amenye YEZU KRISTU areke gutoteza Kiliziya. Mu bihe byose, cyane cyane ahari itotezwa rya Kiliziya ku buryo bunyuranye, habura uburyo bwa muntu bwo gukemura ibibazo. Hari n’aho tuzi Kiliziya yashinze imizi kera none ubu hakaba harabaye imara nta mukristu n’umwe uhasigaye! Iyo twumvishe ibyo turiheba, twareba n’amayeri Sekibi yize muri iki gihe ngo igende icengera Kiliziya igamije kuyisenya, tugahungetwa. Nk’abantu batazi neza uko ibintu bizarangira, tugira ubwoba kuko tubona ko hari igihe kizagera ntihabe hakiri uwa-KRISTU n’umwe, habe n’uwa kirazira!

Yezu ashobora kurokora burundu abamunyuraho

Inyigisho yo ku wa 4 w’icyumweru 2 gisanzwe, Umwaka C

Ku ya 24 Mutarama 2013

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Heb 7, 25-28; 8,1-6; 2º.Mk 3, 7-12

Yezu ashobora kurokora burundu abamunyuraho…

Ni We watwibwiriye ko ari Inzira Ukuri n’Ubugingo akaba ntawe ugera kuri Data atamunyuzeho. Bagokera ubusa abantu bose binangira bagahakana ko KRISTU ari Imana Nzima kuko asangiye kamere na Se mu bumwe bwa Roho Mutagatifu. Yitesha igihe kandi uwabatijwe wese utana acikira inyigisho zirwanya YEZU KRISTU.

Dukomeje gusabira ubumwe bw’abakristu. Tuzirikana amasomo ya none, nimucyo tubikuye ku mutima, dusabire abo bose twavuze bahakana UKURI kwa YEZU KRISTU. Igitangaje ni uko twese tuvuga ko dushaka kugera ku Mana Data, nyamara ariko bamwe muri twe bagahunga inzira imugeraho. Bazakererwa mu makoni cyangwa bicuze igihe cyararenze! Mu kwemera nakiriye kandi kumvikana, tubaho tugana Imana Data Ushoborabyose tunyuze kuri YEZU KRISTU We Rutare rwacu. N’ubwo tutamubonesha amaso y’umubiri, tuzi ko yabaye ku isi nkatwe imyaka igera kuri mirongo itatu n’itatu. Ni ukuri kandi, azagaruka aje gucira imanza abazaba bakiriho n’abazaba barapfuye. Ariko mbere yaho, buri wese ahabwa umwanya wo kwerekwa ijana ku ijana ibyo yagombaga gukora akiri ku isi. Muri ka kanya amaso yacu y’umubiri abumba ubutagaruka, mu gihe ubwonko n’umutima bihagarara, amaso y’umutima arabumbuka maze umuntu akibonera URUMURI rutangaje ariko adashobora kwinjiramo atabanje kwisukura. Asobanukirwa n’Imana y’Ukuri yigaragaje muri YEZU KRISTU wamuhamagaye kenshi ariko akanangira. Yibonera ko nta mana yindi ibaho usibye Se wa YEZU KRISTU wamweretse Amategeko amufasha gukora ibyiza no kwamagana ibibi. Agira ishavu n’agahinda by’uko atamwemeye ngo akoreshe umubiri yahawe yuzuza Amategeko anigisha abandi kumenya YEZU KRISTU! Aho ngaho ntawe uba agifite ubushobozi bwo kwikosora kuko ingingo yari yaratijwe ngo zibimufashemo ziba zaracyuye igihe ubudahindukira! Ni bwo agomba kuba ahantu h’amarira kugeza igihe azasukurirwa muri roho ye akabona kwinjira mu buruhukiro bw’iteka.

Uri Umusaseridoti ku buryo bwa Malekisedeki

Inyigisho yo ku wa 3 w’icyumweru cya 2 gisanzwe, Umwaka C

Ku ya 23 Mutarama 2013

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Heb 7, 1-3.15b-17; 2º.Mk 3, 1-6

Uri Umusaseridoti ku buryo bwa Malekisedeki

Amasomo ya none yongeye kutuzamuramo ubwuzu duterwa n’ingabire ihanitse YEZU yahaye Kiliziya ye: ingabire ihambaye y’UBUSASERIDOTI. KRISTU Umusaseridoti Mukuru yashatse kudusangiza iyo ngabire twese abamwemera. Twese abalayiki n’abiyeguriyimana dusangiye ubusaseridoti bwa YEZU KRISTU, ubusaseridoti bwa cyami kuko kuva tubatijwe twabaye abana b’Imana bigenga ku mutima no ku mubiri. Twasezereye ubucakara bwose bwa Sekibi. Twabaye abana b’Imana koko. Ni nde udashimishwa no kumva ko ari umwana w’Imana Data Ushoborabyose? Ufite ubusaseridoti bwa cyami wese aheshwa na Batisimu agenda yemye nta kimugondetse ijosi cyane cyane iyo yiyumvamo iryo shema ryo kuba inkoramutima ya YEZU KRISTU. Ibyishimo by’ubusaseridoti bwa gihereza (bwa gipadiri) byo ntitubasha kubyisobanurira. Umusaseridoti utura igitambo cy’Ukarisitiya hamwe n’ikoraniro ry’abayoboke ba KRISTU bafite ubwuzu bwo guhabwa Umwiza uruta byose YEZU KRISTU, ni bo bitegereza maze bakanyungutirana ibyishimo ayo mabanga matagatifu. Uwabihiwe n’ubuzima kandi agashyira imbere iby’isi gusa, uwo arinda apfa ataricengezamo amayobera atera ubwuzu burenze imivugire.