Ubutumwa bwa Yezu: Kwigisha no gukiza

Inyigisho yo ku wa mbere, nyuma y’Ukwigaragaza kwa Nyagasani

Ku ya 7 mutarama 2013, Igihe cya Noheli

Yateguwe na Padiri Alexandre UWIZEYE

Bavandimwe, turakomeza kuryoherwa n’munsi mukuru wa Noheli. Ejo twahimbaje umunsi mukuru w’Ukwigaragaza kwa Nyagasani.

  1. Ubutumwa bw’abashumba

Yezu yavukiye i Betelehemu ya Yudeya. Abashumba babimenyeshwa n’abamalayika, baza kumuramya. Barangije bajya mu butumwa. Si abamalayika babohereje. Si Yozefu wabohereje cyangwa se Mariya. Babonye Yezu rumuri nya rumuri rumurikira umuntu wese uje kuri iyi si. Bava mu mwijima. Biyumvishemo ko batagomba kwihererana iyo nkuru nziza. Bajya kumenyesha hose inkuru nziza y’ivuka rya Yezu.

  1. Abanyabwenge bamaze kuramya Yezu banyura indi nzira

Ivanjili ya Matayo itubwira uko abanyabwenge nabo baturutse iburasirazuba, bagakora urugendo rurerure, bakaza kuramya Yezu bamuzaniye n’amaturo (Mt 2, 1-12)

Baje bakurikiye inyenyeri idasanzwe. Banyura kwa Herodi bayoboza. Bageze aho umwana Yezu ari, baca bugufi, barapfukama baramuramya. ( Ese aho tujya tumenya guca bugufi?) Bamaze kumuramya bamuha amaturo: zahabu, ububani n’imibavu. Hanyuma baburirwa mu nzozi kudasubira kwa Herodi, banyura indi nzira.

Tuje kumuramya

UMUNSI W’UKWIGARAGAZA KWA NYAGASANI:

Ku ya 06 Mutarama 2013,

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Iz 60, 1-6; 2º. Ef 3, 2-3ª.5-6; 3º. Mt 2, 1-12

Tuje kumuramya

1. Nta kindi kitugenza

Icyatumye abanyabwenge bahaguruka berekeza i Betelehemu, ni cyo tugiye kuzirikanaho kuri iki cyumweru. Urugendo bakoze abo bitwa abami cyangwa inzobere mu by’ubumenyi bw’isi, rushobora gushushanya urugendo buri wese akora arangajwe imbrere n’Urumuri rwatangaje YEZU KRISTU. Urugendo rwabo kandi rwadufasha gutekereza ku rugendo natwe dukora tujya gusenga. Ubuzima bwacu bwose ni urugendo rutwerekeje mu kurangamira no kuramya YEZU KRISTU ubuziraherezo. Tumuramya nk’abanyabwenge bikatugirira akamaro, bikaronkera amahoro isi yose. Tumuramya nka Herodi, ibyacu n’iby’isi bikaba umwaku.

Tugomba gukundana

Inyigisho yo ku wa 5 Mutarama 2013, Igihe cya Noheli

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. 1 Yh 3, 11-21; 2º. Yh 1, 43-51

Tugomba gukundana

Kuri uyu munsi, twongere dutsindagire ubutumwa twumvise kuva muntangiririro. Ubwo butumwa ni wo mutima w’inyigisho zose duhabwa mu Kiliziya ya YEZU KRISTU. N’ahandi hantu hose dusanga ababwiriza, umutima w’inyigisho ni uwo: Tugomba gukundana.

Ni itegeko Rishya YEZU yaduhaye. Ni ryo duhora twibukiranya. Ni na ryo dutatira kenshi. Mu Kiliziya, kuva mu ntangiriro kugera mu iherezo, inyigisho zose zizahora zibutsa ubwo butumwa bw’ibanze. Nta kindi YEZU yaje kutwigisha kitari ugukunda Imana Se ari We Data wa twese udukunda. Kumukunda ni yo nzira yo gukunda bagenzi bacu. Ni kenshi twibeshya twibwira ko isoko y’URUKUNDO ari ugukunda bagenzi bacu. Oya! Isoko y’URUKUNDO ni Imana Data na Mwana mu bumwe bwa Roho Mutagatifu. Mu rwego rw’Amategeko y’Imana, iry’ibanze kandi riyabumbye yose, ni ugukunda Imana Data Ushoborabyose. Mu rwego rw’ibikorwa, gukunda mugenzi wacu, ni ryo rya mbere. Ibikorwa bigaragarira amaso kandi bifatika mu ngingo z’umubiri wacu, tubikorera mugenzi wacu. Tubimukorera ariko kuko nyine twumvise URUKUNDO rwitanga YEZU KRISTU yatwigishije mu mvugo no mu ngiro ze. Igikorwa cyose giturutse muri iyo Soko, kifitemo gukwiza ubwuka w’ubusabaniramana mu bo gikorewe. Ibikorwa byose bitabyawe n’URUKUNDO rw’Imana, bishobora kugirira abantu akamaro, ariko ntibihagije kuko hari igihe ingufu dukoresha twubaka ari na zo dukoresha dusenya!

Twana twanjye, ntihakagire ubayobya

Inyigisho yo ku ya 4 Mutarama 2013, Igihe cya Noheli

yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. 1 Yh 3, 7-10; 2º. Yh 1, 35-42

Twana twanjye, ntihakagire ubayobya

Yohani intumwa agamije guhugura abana be mu kwemera. Afite impungenge z’abantu badukanye amatwara n’ibitekerezo bihabanye n’Inkuru Nziza ya YEZU KRISTU. Uwa KRISTU ushidukira ibintu byose biciye ukubiri n’Ivanjili, uwo ntaba akiri uwa KRISTU, aba yikuye mu bigishwa ba KRISTU. KRISTU ntashobora kuduhugura ngo turangize twumvira ba Muyobya.

Amwe mu matwara yacaga intege aba-KRISTU, ni ubugome bw’abarwanyaga iryo zina. Bicaga aba-KRISTU bagategeka abayoboke be kugaruka mu bigirwamana. Ab’intege nke cyangwa b’umutima woroshye bahitagamo guhakana ubukristu binjijwemo na Batisimu.