Inyigisho yo ku wa mbere, nyuma y’Ukwigaragaza kwa Nyagasani
Ku ya 7 mutarama 2013, Igihe cya Noheli
Yateguwe na Padiri Alexandre UWIZEYE
Bavandimwe, turakomeza kuryoherwa n’munsi mukuru wa Noheli. Ejo twahimbaje umunsi mukuru w’Ukwigaragaza kwa Nyagasani.
-
Ubutumwa bw’abashumba
Yezu yavukiye i Betelehemu ya Yudeya. Abashumba babimenyeshwa n’abamalayika, baza kumuramya. Barangije bajya mu butumwa. Si abamalayika babohereje. Si Yozefu wabohereje cyangwa se Mariya. Babonye Yezu rumuri nya rumuri rumurikira umuntu wese uje kuri iyi si. Bava mu mwijima. Biyumvishemo ko batagomba kwihererana iyo nkuru nziza. Bajya kumenyesha hose inkuru nziza y’ivuka rya Yezu.
-
Abanyabwenge bamaze kuramya Yezu banyura indi nzira
Ivanjili ya Matayo itubwira uko abanyabwenge nabo baturutse iburasirazuba, bagakora urugendo rurerure, bakaza kuramya Yezu bamuzaniye n’amaturo (Mt 2, 1-12)
Baje bakurikiye inyenyeri idasanzwe. Banyura kwa Herodi bayoboza. Bageze aho umwana Yezu ari, baca bugufi, barapfukama baramuramya. ( Ese aho tujya tumenya guca bugufi?) Bamaze kumuramya bamuha amaturo: zahabu, ububani n’imibavu. Hanyuma baburirwa mu nzozi kudasubira kwa Herodi, banyura indi nzira.