Matayo 14,1-12

IVANJILI YA MATAYO 14,1-12

Muri icyo gihe, Herodi umutware w’intara ya Galileya, yumva iby’ubwamamare bwa Yezu. Nuko abwira ibyegera bye ati «Uriya muntu ni Yohani Batisita, ni we wazutse mu bapfuye! Ni cyo gituma afite ububasha bwo gukora ibitangaza.» Koko Herodi yari yarafashe Yohani aramuboha, aranamufungisha abitewe na Herodiya, umugore w’umuvandimwe we Filipo. Kuko Yohani yamubwiraga ati «Ntibyemewe ko umutunga.» Herodi asigara ashaka kumwica, ariko agatinya rubanda rwabonaga ko Yohani ari umuhanuzi. Ku munsi wo kwibuka ivuka rya Herodi, umukobwa wa Herodiya abyinira mu ruhame, Herodi aranyurwa. Ni bwo arahiriye kumuha icyo ari bumusabe cyose. Nuko uwo mukobwa amaze kugirwa inama na nyina, aravuga ati «Ngaho mpera aha ngaha ku mbehe, umutwe wa Yohani Batisita.» Umwami ni ko kubabara, ariko kubera indahiro yagiriye imbere y’abatumirwa be, ategeka ko bawumuha. Yohereza ujya gucira Yohani umutwe mu nzu y’imbohe. Umutwe bawuzana ku mbehe bawuha wa mukobwa, awushyira nyina. Nuko abigishwa ba Yohani baraza batwara umurambo we, barawuhamba. Hanyuma bajya kubimenyesha Yezu.