Matayo ahagarariye abo bose twahaye akato

Inyigisho yo ku Munsi Mukuru wa Mutagatifu Matayo, Intumwa;
Ku wa 21 Nzeri 2020.

Amasomo : Ef 4, 1-7.11-13; Zab 19(18); Mt 9, 9-13

Yigiye imbere abona Matayo aramubwira ati: “ Nkurikira”

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe, Kuri uyu wa mbere w’icyumweru cya 25 Gisanzwe, turahimbaza umunsi mukuru wa Mutagatifu Matayo Intumwa, umwe muri ba cumi na babiri akaba n’umwanditsi w’Inkuru Nziza ya Yezu Kristu uko yanditswe na Matayo .

Umuhire mu bihe byose

   “Kuva ubu amasekuruza yose azanyita umuhire”

  Umunsi Mukuru wa BIKIRA MARIYA ajyanwa mu ijuru, 15 Kanama 2020.

 Amasomo: Hish 11, 19ª; 12,1-6ª.10ab; Zab 44, 11-12a,12b-13, 14-15a, 15b-16;   1Kor 15,20-26; Lk 1,39-56              

Nimugire Yezu, Mariya na Yozefu.

Uyu munsi mukuru wa Bikira Mariya duhimbaza, ni umunsi rwose w’ibyishimo n’amizero y’umuntu wese uzirikana ukuntu Imana yatugejejeho umukiro wayo tubikesha umwana wayo Yezu Kristu na Bikira Mariya umubyeyi we, wemeye ko uwo mugambi wo gucungurwa kwacu wuzuzwa. Uwavuga ko ari umunsi w’umutsindo w’Imana Data ku cyaha n’urupfu byari byaraboshye inyoko muntu.

Ni iki cyatubuza gutaraka tugahimbarwa, kubera ko twizeye ko aho Bikira Mariya aganje wese, mu mubiri na roho byakujijwe, natwe tuzahataha tubikesha Umwana we Yezu Kirisitu watwicunguriye.

Amasomo y’umunsi wa Mutagatifu Andereya, Intumwa

Isomo rya 1: Abanyaroma 10,9-18

Kuko niba wamamarisha umunwa wawe ko Kristu ari Nyagasani kandi ukemera mu mutima wawe ko Imana yamuzuye mu bapfuye, uzarokorwa. Nuko rero umuntu yemera n’umutima bikamuha ubutungane, yakwamamarisha umunwa bikamuha uburokorwe. Kuko Ibyanditswe bivuga ngo « Umwemera wese ntazakozwa isoni. » Nta tandukanyirizo rero hagati y’Umuyahudi n’Umugereki: Nyagasani ni umwe kuri bose, akungahaza abamwambaza bose. Kuko « Umuntu wese uzambaza izina rya Nyagasani azarokorwa. » Bakwiyambaza bate rero Uwo bataremera? Bakwemera bate se Uwo batarumva? Bamwumva bate ntawamwamamaje? Bamwamamaza bate niba batatumwe? Nk’uko byanditswe ngo « Mbega ngo biraba byiza ibirenge by’abogeza inkuru nziza! » Nyamara si ko bose bumviye Inkuru Nziza. Koko rero Izayi yaravuze ati « Nyagasani, ni nde wemeye inyigisho zacu? » Bityo rero, ukwemera gushingira ku nyigisho, inyigisho na yo ku ijambo rya Kristu. Reka nanjye mbabaze: mbese ntibumvise?Barumvise. Ahubwo ndetse ngo « Ijwi ryabo ryakwiriye isi yose, n’ijambo ryabo rigera ku mpera z’isi. » Nongere mbaze: mbese Israheli yaba itarasobanukiwe? Musa ni we wabanje kuvuga ati « Nzabaharika ikitari umuryango muterwe ishyari n’ihanga ritagira ubwenge. »

Amasomo yo ku wa 09 Ugushyingo: Bazilika ya Laterano yeguriweho Imana

Isomo rya 1: Ezekiyeli 47, 1-2. 8-9. 12

Mu gihe nariho mbonekerwa n’Uhoraho, umuntu wanyoboraga aranjyana no ku muryango w’Ingoro, nuko mbona amazi yavubukaga munsi y’igitabo cy’umuryango w’Ingoro aherekera mu burasirazuba, kuko Ingoro nyine yarebaga mu burasirazuba. Ayo mazi yatembaga agana iburyo bw’Ingoro, akanyura mu majyepfo y’urutambiro. Uwo muntu aransohokana anyujije mu irembo ryo mu majyaruguru, antambagiza aho hanze kugeza ku irembo ryo hanze ryarebaga mu burasirazuba ; ndebye mbona ya mazi atemba agana iburyo. Wa muntu arambwira ati « Ariya mazi aratemba agana mu ntara y’iburasirazuba, akamanukira muri Araba maze akiroha mu nyanja y’Umunyu; yamara kuyirohamo, amazi yayo agahinduka meza. Ikinyabuzima cyose kizaba kiri aho uwo mugezi unyura kizabaho ; amafi azaba menshi cyane kuko aho ayo mazi yinjiye ayo ahasanze aba meza, n’ubuzima buzasagambe aho uwo mugezi uzanyura hose. Ku nkombe zombi z’umugezi hazamera amoko yose y’ibiti byera imbuto ziribwa, amababi yabyo ntazigera arabirana, n’imbuto zabyo ntizizahundura. Bizajya bihora byera buri kwezi, bibikesha aya mazi avubuka mu Ngoro. Imbuto zabyo bazazirya, naho amababi bayakuremo umuti. »