Uhoraho afitanye urubanza n’umuryango we

KU WA MBERE W’ICYUMWERU CYA 16 GISANZWE B,

23 NYAKANGA 2012:

         

AMASOMO:

1º. Mik 6,1-4.6-8

2º. Mt 12, 38-42

 

     UHORAHO AFITANYE URUBANZA N’UMURYANGO WE

 

Amasomo y’uyu munsi asa n’aho ahuriza kuri urwo rubanza. Umuhanuzi mika yatumwe kuvuga ya magambo y’amaganya turirimba ku wa Gatanu Mutatifu: Muryango wanjye nagutwaye iki? Icyo naguhemuyeho se ni ikihe?…Ivanjili na yo iratwibutsa ko ku munsi w’urubanza Abanyaninivi bazatsinda kurusha abantu bo mu gihe cya YEZU. Nimucyo tuzizirikane kuri izo ngingo tugire umwanzuro tuvanamo. 

Uhoraho aributsa umuryango we ibyiza yawugiriye awugobotora ingoyi ya Farawo wo mu Misiri. Ababajwe n’uko nta somo bavanyemo ahubwo bagakomeza kumuhemukira. Igihe abibutsa agira ati: “Naba nzira se ko nakuvanye mu gihugu cya Misiri, nkakugobotora mu nzu y’uburetwa?”, arashaka kubahamagarira kuzirikana ibihe bibi banyuzemo bakabihonoka ku bw’impuhwe ze. Kumva ayo magambo Uhoraho abwira umuryango we, bituma dutekereza hamwe n’umuhanga w’umunyarwanda wagize ati: “Ubugiraneza bw’inkware bwayigonze ijosi”. Uhoraho ariko aduha urugero mu kubabarira umuryango we. Birashoboka ko natwe twagiriye neza abantu nyamara ariko iyo neza igahera. Ibyo birababaza: kugirira neza umuntu nyuma aho yakwituye akaguhemukira! Ibyo bitera ibikomere bikaze mu mutima. Ntidushobora kubikira ku bwacu. Twitegereza urugero Uhoraho yagiye aduha mu mibanire n’umuryango we Israheli. N’ubwo wagiye umuhemukira, we ntiyawurimbuye. Yakomeje kuwihanganira ndetse bigeza ubwo yohereje Umwana we w’ikinege YEZU KRISTU. Ni muri we dushobora kuronka ihumurizwa n’imbaraga zibabarira abavandimwe. Ni mu nyigisho yatanze dusanga muri Bibiliya Ntagatifu, duhabwa inama zose za ngombwa kugira ngo tugaruke mu nzira nziza. Twagize amahirwe yo kuba abantu b’Ingoma ya KRISTU mu bihe bishya ari na byo bya nyuma kuko hirya y’ubuzima bwa YEZU,nta wundi dutegereje uzaza kutuyobora iby’ijuru. Ni yo marenga yaduciriye mu Ivanjili twumvishe. 

Urubanza Nyagasani afitanye n’umuryango we, rurangirizwa muri YEZU KRISTU. Kumwemera no kumukunda ni ko gutsinda urubanza. Impamvu twemeza uko Kuri, ni uko ubuhemu bwacu bwose buhanagurirwa muri KRISTU YEZU. Ni We utugorora n’Imana Data Umubyeyi wacu. Tutaramenya YEZU KRISTU twari mu mwijima w’ibyaha bitagira ingano. Aho twumviye inyigisho ye, twahawe Roho Mutagatifu utuma ducengera amabanga ya YEZU KRISTU. Kwemera YEZU KRISTU bidufasha korohera Roho Mutagatifu, bityo tukagira ubuzima buzima butazima bwa roho. Nta kintu na kimwe dushobora kwitwaza tuvuga ko tutabwiwe aho umukiro wacu ushingiye. Kwemera inyigisho idushishikariza kumenya YEZU no guharanira iby’ijuru, ni ko gukurikiza umurage mwiza dusangana Abanyaninivi YEZU yaduhayeho urugero. Bumvishe inyigisho ya Yonasi baremera barakizwa. Iyo tunangiye tukivumbura ku Mana, ingaruka zikurikiraho ziba agahomamunwa. Byanze bikunze umutima mubi unangira nta handi ugeza nyirawo usibye kwijugunywa mu muriro utazima. Ni ko gutsindwa n’urubanza. Nta bimenyetso bindi dutegereje bitwemeza ibyo YEZU atubwira. We ubwe yatsinze urupfu arazuka. Hari abahora bavuga ngo ntibazi neza ko ijuru ribaho. Ikimenyetso kindi bahabwa ni ikihe uretse IZUKA rya KRISTU? 

Dusabirane imbaraga zo gutsinda ibintu byose bituma ukwemera kwacu gucika intege. Tuzirikane ibyiza Nyagasani yatugiriye, twiyemeze gukurikira inzira ze zose. Dusabe cyane cyane haboneke abantu batwigisha nta bwoba badufashe guhinduka nyabyo.

 

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU AKUZWE ITEKA MU BUZIMA BWACU BWOSE.

 

Padiri Sipriyani BIZIMANA            

   

 

Amasomo ku cyumweru cya 16 B

ISOMO RYO MU GITABO CY’UMUHANUZI IZAYI 23,1-6

Baragowe abashumba batererana ubushyo bwanjye bukagwa mu rwuri! Uwo ni Uhoraho ubivuze. None rero, Uhoraho Imana ya Israheli avuze atya ku bashumba baragiye umuryango wanjye: Ni mwebwe mwatereranye ubushyo bwanjye murabutatanya, ntimwabwitaho. Nyamara ariko jyewe – uwo ni Uhoraho ubivuze – ngiye kubahagurukira mbahanire ubugome bwanyu! Jyewe nzakoranya ayarokotse mu mashyo yanjye, nyavane mu bihugu byose nayatatanyirijemo, nyagarure mu biraro byayo maze yororoke. Nzayashinga abashumba bayaragire; kuva ubwo ntazongera kugira Ubwoba cyangwa ngo akangarane, kandi nta na rimwe muri yo rizongera kuzimira uwo ni Uhoraho ubivuze. Igihe kiregereje – uwo ni Uhoraho ubivuze – maze nzagoborere Dawudi umumero, umwuzukuru w’indahemuka; azaza ari umwami ufite ubushishozi, kandi uharanira ubutabera. N’ubutungane mu gihugu. Ku ngoma ye Yuda izarokorwa, maze Israheli iture mu mutekano. lzina azitwa ni iri : «Uhoraho ni We butabera bwacu.»

 

ISOMO RYO MU IBARUWA PAWULO INTUMWA YANDIKIYE ABANYEFEZI 2,13-18

Bavandimwe, Ubu ngubu muri Yezu Kristu, mwebwe abari kure y’Imana kera mwigijwe bugufi yayo mubikesha amaraso ya Kristu. Koko rero ni We mahoro yacu; Abayahudi n’abatari bo yabahurije mu muryango umwe, maze aca urwango rwabatandukanyaga rwari rumeze nk’urukuta ruri hagati yabo. Yakuyeho itegeko n’amabwiriza ariherekeza, kimwe n’imigenzo yabyo, kugira ngo bombi ari Umuyahudi ari n’utari we, abahindure umuntu umwe mushya muri We bityo agarure amahoro, maze bombi abagire umubiri umwe, abagorore n’Imana abigirishije umusaraba we, awutsembeshe inzangano zose. Yazanywe no kubamamazamo inkuru nziza y’amahoro, mwebwe mwari kure kimwe n’abari hafi. Ubu rero twese uko twari amoko abiri, tumukesha guhinguka imbere y’Imana Data tubumbwe na Roho umwe.  

 

Mariko 6,30-34

IVANJILI YA MARIKO 6,30-34

Muri icyo gihe, Intumwa zivuye mu butumwa bwazo ari na bwo bwa mbere ziteranira iruhande rwa Yezu, maze zimumenyesha ibyo zari zakoze byose n’ibyo zari zigishije byose. Nuko arazibwira ati “Nimuze ahitaruye hadatuwe, maze muruhuke gatoya.” Koko rero abazaga n’abagendaga bari benshi, bigatuma batabona n’umwanya wo kurya. Nuko bajya mu bwato bambukira ahantu hadatuwe bagira ngo biherere. Abenshi mu bababonye bagenda barabamenya, nuko baza ku maguru baturuka mu migi yose bahirukira, ndetse barahabatanga. Yezu amaze kwambuka abona iyo mbaga nyamwinshi y’abantu, abagirira impuhwe kuko bari bameze nk’intama zitagira umushumba, atangira kubigisha byinshi.

Abashumba batererana ubushyo bwanjye…

ICYUMWERU CYA 16 GISANZWE B, 22 NYAKANGA 2012:

 

AMASOMO:

1º. Yer 23,1-6

2º. Ef 2, 13-18

3º. Mk 6, 30-34

 

ABASHUMBA BATERERANA UBUSHYO BWANJYE…

 

1. Abashumba ni bande? 

Inyigisho y’iki cyumweru ni iyihe? Duhisemo kuyita dutyo duhereye ku magambo ya mbere y’amasomo y’uyu munsi. Amasomo yose ya none urebye, araganisha ku bashumba b’ubushyo bwa Nyagasani Imana Data Ushoborabyose. Ni we Mushumba mukuru mukuru. Ariko ku isi, abantu bamwe biyemeza kureka ibintu byose bibazanira inyungu kugira ngo bakenure ubushyo bwa Nyagasani. Abantu bose bafite umurimo w’ubuyobozi mu bandi, ntibagomba kumva ko babikora ku nyungu zabo gusa. Imbaga ituye isi, ni iy’Uhoraho. Abafite uruhare ku migendekere myiza y’ubuzima bw’ibihugu, bose bagomba kwiyumvamo ko ijisho ry’Uhoraho ribari hafi. Dukunze kuvuga ko ubutegetsi bwose buva ku Mana. Tubivuga dutyo, nyuma tugakora uko twishakiye. Kwemera ko ubutegetsi bwose buturuka ku Mana, ni ukwiyemeza kuyoborana urukundo abo dushinzwe. Ni ukwivanamo ubwirasi bwose butuma dupyinagaza abatishoboye. Imibereho mibi y’abatuye isi, iterwa ahanini n’ibyaha bikorwa n’ababayobora. Ubuyobozi bubereyeho kurwanya akajagari n’akarengane. Buri muntu wese mu gihugu ntashobora gutegeka. Ibyo byaba akavuyo kadafite shige. Abatorerwa gutegeka bakwiye kwiyumvamo ko abo bashinzwe kimwe na bo bose hamwe ari abana b’Imana. Bose ni intama za Nyagasani aragiye yifashishije abemera umutwaro wo guhagarara imbere y’abandi no kuyobora. Uwo murimo wa gishumba tuwusobanuye ku buryo bwa rusange. 

Duhereye mu Isezerano rya Kera, tubona ko abayobozi bose baba abami n’ababafasha hamwe n’abayobora imihango y’idini ya kiyahudi, bose batahirizaga umugozi umwe. Umuryango w’Imana wari ugize igihugu kimwe n’ukwemera kumwe. Abami ba Israheli na Yuda bayoboraga umuryango w’Imana bakurikije amabwiriza y’Uhoraho. Iyo bayobaga bakigira mu bigirwamana cyangwa bakabushabusha abaturage, Nyagasani yatumaga abahanuzi kubahanurira. Ni kuri ubwo buryo mu Isezerano rya Kera, abantu bari bamenyereye ko ubutegetsi n’iyobokamana bijyana. Gahoro gahoro byagaragaye ko ibihanga bibiri bidatekwa mu nkono imwe. Abategetsi mu bya politikebagaragaje ko badashoboye guhuza politike zabo n’iyobokamana. YEZU na we yadusobanuriye ko abagenga b’isi bakandamiza amahanga. Yaboneyeho guhamagarira abigishwa be kutigana imitegekere y’isi. Mu Ngoma y’Ijuru, ntihakora igitugu no kwikanyiza, umukuru yigira umuhereza wa bose (soma Mt 20, 20-28).

 

2. Ubusaserodoti bwa gihereza 

Ku buryo bw’umwihariko, hari abantu bitwa abashumba b’ubushyo bwa Nyagasani. Abo ni abatorerwa ubusaseroditi bwa gihereza. Abepiskopi, abapadiri n’abadiyakoni. Bunganirwa n’abayobozi ku nzego zose mu bijyanye n’iyobokamana. Abo na bo bayobora umuryango w’Imana, babihabwa n’ubusaseridoti bwa cyami duhererwa muri Batisimu. Ubwo busaserodoti bwa cyami busobanura ko twahawe ubwigenge busesuye ku cyitwa icyaha cyose. Abashakanye mu nzira nziza y’amasakaramentu, bagize umuryango mutagatifu mu ngo zabo. Umugabo n’umugore, ni abashumba b’ intama za Nyagasani zivukamo. Twahawe imbaraga zo kwitwa abana b’Imana. Ntitukiri abacakara ba Sebyaha n’ umwijima akwiza ku isi yose. Kuva ku babyeyi mu rugo rwabo no mu Muryangoremezo kugeza kuri Papa, abo bose, ni abashumba b’intama z’Imana. 

Mu gihe turimo ari cyo cy’Isezerano Rishya, tugwa mu mutego wo kumva ko abashumba babwirwa ari abasaseridoti gusa. Ibyo si byo. Buri wese uri mu buyobozi arabwirizwa n’Imana Data Ushoborabyose kwitwararika mu migirire ye kugira ngo atazava aho ayobya abavandimwe ashinzwe kuyobora. Abategetsi b’ibihugu n’ababunganira, si bo bazahezwa hanze y’Ingoma y’Imana. Na bo YEZU KRISTU yarabapfiriye. Kuyobora mu nzira imumenya ikamwubahisha, ni wo mukiro wabo. Ni ko kuzuza inshingano bahawe. 

Cyakora mu mateka maremare ya Kiliziya, byaragaragaye ko abashumba mu rwego rw’iyobokamana bafite uruhare rugaragara kandi rwihariye mu kwibutsa inzira y’Umukiro. Hari igihe abategetsi barangazwa n’inyungu zabo maze bakibagirwa inshingano zabo. Abasaserodoti rero bahawe ingabire yo gusiga byose no guhara amagara yabo bagiriye intama z’Imana. Bashinzwe kwigisha Ukuri nk’uko uwo bahagarariye yabahaye urugero. Roho Mutagatifu yabahaye, si Roho w’ubwoba ubaheza mu bucakara. Ni Roho w’imbaraga n’ubutwari butuma bavuga ugushaka kw’Imana batarya iminwa. Ni Roho utanga ubuzima agatuma batabungabunga gusa ubuzima bwo ku isi kugira ngo nibiba ngombwa bapfire ubugingo bw’iteka. Kuvugira abarengana n’abandi batagira kivurira, ngiyo imwe mu nshingano bafite mu muryango w’Imana Data Ushoborabyose. Nibita ku murimo batorewe bakurikije umurage wa YEZU KRISTU bazabaho nk’abashumba beza bizihiye Nyir’ingoma.

 

3. Zimwe mu nshingano z’abatorewe ubusaserodoti 

Nyagasani YEZU KRISTU ashaka kubibutsa mu nyigisho ya none zimwe mu nshingano za ngombwa bakwiye kuzirikana mu bihe by’ubu. Icya mbere, ni ugukenura ubushyo bwa Nyagasani. Ikenurabushyo, ni ijambo ryiza ryumvikanisha neza umurimo abasaseridoti batorewe. Gukenura ubushyo, ni ukubwitaho kuri roho no ku mubiri. Iyo abasaseridoti bitangira umurimo wo kwigisha abayoboke ba KRISTU, buzuza batyo umugambi Imana idufiteho wo kudutagatifuza. Dutagatifuzwa n’ukwemera twagezeho tumaze kwakira Inkuru Nziza y’Umukiro. Uko kwemera ni ko kuyobora imigenzereza yacu yose. Uwemera ahinduka umwemezi kuko ijambo avuga riyoborwa n’ukwemera asangiza abavandimwe bose bahura. Uwemera ntavuga ibyo adakunda mu buzima bwe. Iyo akunda iby’ubukristu abivugana ubwuzu ku buryo bigera ku mutima w’abamwumva. Inyigisho iganisha ku Bwami bw’ijuru ni ngombwa. Kwibutsa igihe cyose iyo nzira birihutirwa. Iyo nyigisho igira uruhare mu kubohora no gukiza ababoshywe na Sebyaha. Inyigisho yinjiza mu Rukundo rwa KRISTU, rwa rundi ruduhuriza hamwe tugatera imbere mu majyambere ya roho n’ay’umubiri.

 

Gukenura ubushyo bwa Nyagasani, ni ukugerageza guhuriza abantu mu bumwe. Ubumwe n’ubuvandimwe, ni cyo kimenyetso gikomeye cy’abayobowe n’Ivanjili ya YEZU KRISTU. Abunze ubumwe biturutse ku Ivanjili, ni ikimenyetso cy’ubuhamya bukomeye Kiliziya yagaragarije amahanga kuva yatangira. Ahari ivangura n’amacakubiri, nta bukristu buharangwa. Abantu bashobora kwibeshya ngo ni aba-KRISTU igihe cyose bifitemo urwango n’amatiku ashingiye ku bidutandukanya bitaduturutseho. Kuvanga imisengere n’uwo mutima w’urwango, ni nko kwambariza Imana ku ishyiga. Ubukristu si uruvangavange rw’imico y’icyuka itifitemo ireme ry’Urukundo. Ku buryo bugaragarira amaso, abantu turatandukanye. Kuba tudafite imisusire imwe, si twe biturukaho. Si icyaha rwose. Nta wihitiyemo kuvuka ari umwirabura cyangwa umuzungu. Nta wahisemo kuba umukobwa cyangwa umuhungu. Nta wihitiyemo ubwoko yavukiyemo. Nta wahisemo kuvuka ari umukene cyangwa umukire. Izo nkuta zidutandukanya, YEZU KRISTU yarazihigitse atugira ihanga rimwe rihuriye ku RUKUNDO RWE. Urwo rukundo rugera kuri buri wese. Ni rwo rusabanya abantu kabone n’aho baba bafite byinshi badahuje. Hari ibihugu cyane cyane by’i Burayi bimaze kumirwa kubera kubura abahabwa ubusaseridoti bwa gihereza. Hari n’ibihugu byo muri Afrika ndeste n’indi migabane bisangiye icyo kibazo cy’ingutu. Ikibabaje ariko, ni uko urukuta rw’amoko n’uturere tutaremera ko ruhirikwa n’Ivanjili ya YEZU KRISTU. Hari aho usanga abasaseridoti batakirwa neza ngo kubera ko abantu baho (abalayiki n’abapadiri) badakunda abanyamahanga! Ako ni akumiro. Twakwemeza dute ko twese twumvishe Ivanjili ya YEZU kimwe? Hari ibibazo byinshi by’iyogezwabutumwa bizakemuka nituramuka twemeye guhirika urukuta rw’urwango n’ivangura Sekibi yatubibyemo.

 

4. Dusabire abasaserodoti 

Dusabire abashumba bose cyane cyane abepiskopi kugira ngo bayobore intama za Nyagasani mu nzira y’Urukundo, ubuvandimwe n’amahoro nyakuri. Iyogezabutumwa Rishya Papa amaze iminsi adushishikariza, rizagerwaho twebwe aba-KRISTU b’iki gihe (cyane cyane Abepiskopi n’abapadiri) nitwagura umutima wacu tukakira umuvandimwe wese tugamije gusangira ibyiza bya Nyagasani. Dukomeze tuzirikane aya magambo yabwiwe Yeremiya Umuhanuzi: “Baragowe abashumba batererana ubushyo bwanjye bukagwa mu rwuri!”. Tubonereho gusabira abapadiri n’abepiskopi kwita ku murimo mutagatifu batorewe bakawemera. Birinde kugurukana n’ibiguruka. Babe umusemburo w’ubukristu nyakuri burata Inkuru Nziza ya YEZU KRISTU bukanacyaha ibiyibangamiye byose byatuma havangwa amasaka n’amasakaramentu. Kutubwira ko tugowe mu gihe dutererana ubushyo bwa Nyagasani, si ukutuvumira ku gahera. Ni inyigisho ityaye igamije kudukangura. Ni byiza guhora twibutswa iby’umukiro wacu. Ni byiza guhora twibutsa ubushyo bwa Nyagasani inzira nziza igana ijuru. Ni bwo buryo bw’ibanze bwo kubukenura.

 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU KRISTU NAKUZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA