Umugati nzatanga ni umubiri wanjye

KU WA KANE W’ICYUMWERU CYA GATATU CYA PASIKA,

26 MATA 2012

 

AMASOMO:

1º. Intu 8, 26-40

2º. Yh 6, 44-51

 

UMUGATI NZATANGA NI UMUBIRI WANJYE

 

Muri iki gihe cya Pasika, YEZU KRISTU akomeje kudusobanurira aho tugomba gushakira ifunguro ridutunga. Abayahudi bagaragaje ko ikibakurura cyane ari amafunguro y’umubiri. Nyuma y’imyaka igera ku bihumbi bibiri, natwe dukomeje kugaragaza ko tutarasobanukirwa n’iryo banga rikomeye ry’ukwemera kwacu mu gihe tutiyumvamo ubushake bwo guhabwa neza UKARISITIYA. Uyu munsi YEZU ashaka kutwibutsa amahirwe dufite yo kumenya iryo banga no gutungwa na ryo. Ubwenge bwa muntu ariko ntibushobora kuryihishurira.

YEZU yemeza ko umubiri we ugomba kuribwa kuko utanga ubugingo. Nta muntu ushobora kubaho mu mubiri atarya. Bityo, nta n’ushobora kubaho ku bwa roho atarya. Umubiri ukeneye amafunguro yawo. Na roho ikeneye amafunguro yayo. Mwenemuntu ntabangukirwa no gusobanukirwa n’ibitangaza. Umuntu ubonye igitangaza abura icyo avuga akumirwa. Ibitangaza YEZU yakoze na byo byabaye inshoberamahanga ku bantu bo mu gihe cye. Natwe kandi ntitwakwemeza ko tubyumva neza. Igitangaza gihebuje kandi gihambaye, kinasumbye ibyo muntu ashobora gutekereza, ni uguhindura umugati tuzi ukaba inyama, divayi na yo ikaba amaraso. Icyo gitangaza YEZU yagikoze bwa mbere na mbere ku wa Kane Mutagatifu araye ari budupfire. Ibyo yari yarabwiye intumwa ze ko umubiri we ari wo mugati nyakuri, yabyujuje kuri uwo wa kane wabaye agatangaza rwose. Ntiyikiniraga igihe abigenje atya: “Nuko yakira inkongoro bamuhereje, ashimira Imana maze arababwira ati: ‘Nimwakire musangire. Koko ndabibabwiye: sinzongera kunywa ukundi ku mbuto y’imizabibu, kugeza igihe Ingoma y’Imana izaba yaje’. Hanyuma afata n’umugati, ashimira Imana, arawumanyura, awubahereza avuga ati ‘Iki ni umubiri wanjye ubatangiwe; mujye mubikora namwe bibe urwibutso rwanjye’. Barangije kurya, n’inkongoro ayigenzereza atyo, avuga ati ‘Iyi ni inkongoro y’Isezerano rishya, rishingiye ku maraso yanjye abamenewe’” (Mt 22, 17-20). Ngicyo igitangaza gikomeje gukorwa na Kiliziya mu Izina rya YEZU igihe cyose hatuwe igitambo cy’Ukarisitiya.

Misa ntagatifu ifite agaciro gakomeye mu buzima bw’umukristu wagize amahirwe yo kwinjira muri Kiliziya yakomeye ku ruhererekane rw’inyigisho YEZU yaraze intumwa ze. Koko rero, muri Kiliziya amasakaramentu yose ahatangirwa aronkera imbaraga za roho abayahabwa. UKARISITIYA ikaba isoko y’andi masakaramentu yose. Iyo umukristu agisinziriye mu migenzereze y’ubusabaniramana budahagije, iyo akangutse, atugaragariza ubuyoboke buhambaye mu gukunda misa ntagatifu.

Iyo padiri amaze guhamagara Roho Mutagatifu ngo amanukire ku mugati no kuri divayi kugira ngo abihindure umubiri n’amaraso bya KRISTU, azamura ijwi asa n’uwiyamirira ati: “IRI NI IYOBERA RIKOMEYE RY’UKWEMERA”. Kuvuga iyobera binasobanura IBANGA RIHANITSE. Nta muntu n’umwe ushobora kwiyumvisha mu bwenge bwe ijana ku ijana uko urya mugati uhinduka inyama na ya divayi igahinduka amaraso. Turamutse twemera ko koko YEZU KRISTU arimo ku buryo bw’agatangaza, ntitwasiba umunsi n’umwe kumuhabwa. Iyo umuntu ahindutse by’ukuri kandi ari muri Kiliziya Gatolika, ikintu akunda kuruta ibindi byose ni UKARISITIYA. Ikindi kandi ayihabwana ukwemera, urukundo n’ubuyoboke bushinze imizi ku mutima. Umuntu agira ubwuzu adashobora gusobanuza amagambo asanzwe. Misa ituranywe ubwo busabaniramana buhamye ni umusogongero w’ijuru.

Isakaramentu ry’UKARISITIYA rirakomeye cyane kuryumva. YEZU amaze kubona ko ku buryo bunyuranye abantu batarisobanukiweho, yakunze gukora ibitangaza bigamije kwemeza ko UKARISITIYA ari umubiri we koko. Ibyo bimenyetso byagaragaye mu mateka ya Kiliziya ni byinshi cyane. Dushobora kuzabona undi mwanya wo kubivugaho. Kimwe muri byo ni icyagaragaye ahitwa Lanciano mu Butaliyani mu kinyejana cya munani. Ubwo umumonaki yari arangije konsekrasiyo yinjiwe n’ugushidikanya yibaza ukuntu YEZU arimo koko. Ni bwo rero habaye igitangaza gikomeye: umugati uhinduka inyama, amaraso na yo ahinduka amaraso yigabanyijemo udusoro dutanu. Ibyo bimenyetso bitagatifu byabitswe neza kandi hakozwe ubushakashatsi buhagije bwabyemeje.

Abatagatifu benshi bazwiho gukunda cyane UKARISITIYA. Bakiriye neza inyigisho YEZU yitangira muri Kiliziya ye. Ni ngombwa muri iki gihe kwigisha no gufasha abantu kwinjira muri iryo banga ry’agatangaza. Uko Filipo yasobanuriye umutware w’Umunyetiyopiya akamugeza ku bumenyi bwa YEZU KRISTU ni ko natwe muri iki gihe dukwiye kwitangira ubutumwa mu bice byose by’abantu tubamenyesha YEZU KRISTU. Ni We Mugati atanga kugira ngo isi igire ubugingo.

 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU ASINGIZWE

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Uzemera akabatizwa azakira

KU WA 25 MATA:

MUGATATU MARIKO, UMWANDITSI W’IVANJILI

 

AMASOMO:

1º. 1 Pet 5, 5b-14

. Mk 16, 15-20

 

UZEMERA AKABATIZWA AZAKIRA

 

Kuri iyi tariki tubaye turetse amasomo y’igihe cya Pasika kugira ngo tuvome ubuhamya bukomeye mu guhimbaza ubutwari bwa Mutagatifu MARIKO umwe mu banditse INKURU NZIZA YA YEZU KRISTU.

Ubuzima bw’abatagatifu ni inyigisho ubwayo. Muri bo, bane bazwiho kuba barakunze YEZU KRISTU maze mu kwifuza ko yamenywa na bose, bandika ubuzima bwe n’ibyo yakoze babashaga kwibuka. Bashyize mu bikorwa ibyo YEZU KRISTU yabasabye agiye gusubira iburyo bw’Imana Data Ushoborabyose. yarababwiye ati: “Nimujye mu isi hose, mwamamaze Inkuru Nziza mu biremwa byose. Uzemera akabatizwa azakira; utazemera azacibwa”.

Kuri uyu munsi, dufite ibyishimo byo kuririmba duhimbawe igisingizo cy’Imana Data Ushoborabyose. Mu misa zose, icyo gisingizo kirumvikana hose kuko umurage MARIKO MUTAGATIFU yadusigiye wagiriye akamaro isi.

Yaduhayemo urugero. Yumvise inyigisho z’intumwa aremera, arabatizwa, aharanira umukiro YEZU yasezeranyije abazemera bose. MARIKO ntiyiboneye YEZU. Yabaye umwigishwa wa PETERO Inumwa. Yabatijwe na we. Petero abiduhamiriza mu magambo twumvise mu isomo rya mbere: “Imbaga y’abatowe iri i Babiloni irabaramutsa, kimwe na MARIKO UMWANA WANJYE”. Iyo Babiloni avuga ni ROMA. Icyo gihe abakristu ba mbere bahimbaga umujyi wa Roma “Babiloni” kubera ingeso mbi z’abari bawutuyemo. MARIKO yakomeje gukurikira Petero maze amukomoraho ibyo yanditse byerekeye YEZU KRISTU. Bahamya ko yakoze ibishoboka kugira ngo mu magambo atarambiranye atugezeho ibyo YEZU yavuze n’ibyo yakoze. MARIKO yamamaje INKURU NZIZA ya KRISTU i Alexandiriya mu Misiri. Ni we washinzeyo Kiliziya ayibera umwepisikopi wa mbere. Ni ho yiciwe ahowe KRISTU ku wa 25 Mata mu mwaka wa 68.

Kuba MARIKO yaramamaje YEZU KRISTU kugeza abizize, bikwiye kutwigisha natwe gusaba buri munsi imbaraga zo kuba intwari ku rugamba rw’ubukristu. Isomo rya mbere rya none riradushishikariza guhora turi maso kuko sekibi ihora iduhigira kutugusha. Sekibi ntikunda ahamamazwa IZINA rya KRISTU. Ntishaka ko ingoma yayo isenyuka. Nta muntu n’umwe ubura guhura n’imitego yayo. Aho igitoteza abakristu ibaziza kwamamaza YEZU, bari mu mibabaro nk’iyo aba mbere bahuye na yo. Hari n’abo sekibi ihora irembuza ishaka kubagira igikoresho cy’abagenga b’isi bari mu mwijima. Muri abo, ikoresha uburiganya, ibinyoma, iterabwoba n’ubundi bugome. Hari n’abandi ariko sekibi ihora irembuza ibashukisha iraha ry’umubiri n’iby’isi bishashagirana. Ni yo mpamvu tubona ibimenyetso byinshi mu isi ya none bisa n’ibya Sodoma na Gomora za kera cyangwa nyine iyo “Babiloni” yo mu gihe cy’abakristu ba mbere. Nta n’umwe sekibi idashaka gushora muri nibura kimwe muri ibyo twavuze. Gutsindwa n’ayo moshya ni ko kwikururira umuriro kuri iyi si ndetse no mu isi izaza.

Inzira yo gukiza isi izo ngoyi za nyakibi ni iyo kwitangira ubutumwa bwo kwamamaza INKURU NZIZA YA KRISTU nta bwoba nk’uko intumwa ze zabigenje. Kabone n’aho twagomba kubihorwa. Dukwiye gusabira cyane abatorewe kwigisha abandi inzira ya KRISTU. Tubasabire guhora bumva ko YEZU KRISTU ubwe ari kumwe na bo. Ibimenyetso biranga abemera IZINA rye biriho hirya no hino ku isi ku buryo nta wari ukwiye gushidikanya ko YEZU MUZIMA aturi hafi. Mu Izina rye, roho mbi zirirukanwa, imvugo nshya y’urukundo nyakuri ikiza abavandimwe, abarwayi barakira mu Izina rya YEZU n’ibindi byinshi bijyanye n’ibyishimo n’amahoro tuvoma muri We.

Hari byinshi bitsikamiye mwene muntu. Dushobora kwibaza impamvu hari benshi bakomeje gutsikamirwa n’isi. Impamvu ni nyinshi. Imwe muri zo ni uko hari ababatizwa bataremera kuyoborwa na YEZU KRISTU. Abo ni abinjira mu bukirisitu ariko mu by’ukuri ari amacuti ya sekibi. Uwemera YEZU KRISTU ni uwiyemeza gusangira na We byose ndetse n’umusaraba. Hari ukumwemera bya nyirarureshwa ari byo bituma Batisimu n’andi masakaramentu bisa n’aho nta cyo bimarira bamwe mu bayahabwa. Nta kwiheba ariko. YEZU yaratsinze kandi azatsinda. Abamwemera bakamuhabwa mu masakaramentu barakira. Abatemera izina rye bakamurwanya, abahitamo inzira ya sekibi, abo bose bamerewe nabi. Tubasabire bamenye UKURI. Twitangire kwamamaza INKURU NZIZA YA YEZU KRISTU igihe n’imburagihe. Tubikorane ukwemera, ukwiyoroshya n’ubwizige. Abana, urubyiruko n’abandi tugendana bazamenya YEZU KRISTU BAKIRE.

MUTAGATIFU MARIKO ADUSABIRE

YEZU ASINGIZWE

 Padiri Sipriyani BIZIMANA

Ni jyewe Mugati utanga ubugingo. Unsanga ntazasonza bibaho

KU WA KABIRI W’ICYUMWERU CYA GATATU CYA PASIKA

Ku wa 24 Mata 2012

AMASOMO:

Intu 7,51-8,1ª; Zab 31 (30): Yh 6,30-35


‹NI JYEWE MUGATI UTANGA UBUGINGO.UNSANGA WESE NTAZASONZA BIBAHO, N’UNYEMERA NTAZAGIRA INYOTA BIBAHO›

Yezu araganiriza abantu yari yaraye agaburiye imigati n’amafi yatubuye. Yari yafashe imigati itanu y’ingano za bushoki n’amafi abiri agaburira ikivunge cy’abantu. Bararya barijuta baranasagura. Muri icyo kivunge cy’abantu , abagabo barimo bari nk’ibihumbi bitanu. Uyu munsi Yezu arahura n’abo bantú kuko bwarakeye bongera kumushaka. Yezu agihura na bo bamubwiye amagambo meza bamwereka ko bamukeneye rwose. Ariko Yezu we arababwira, ati “ndababwira ukuri koko: ntimunshakira ko mwabonye ibimenyetso, ahubwo muranshakira ko mwariye imigati mugahaga. Nimujye mukora mudaharanira ibiribwa bishira, ahubwo nimuharanire ibiribwa bihoraho mu bugingo bw’iteka, ibyo Umwana w’umuntu azabaha, kuko ari we Imana Data yashyizeho ikimenyetso”(Yh 6,26-27). Ikiganiro kirakomeza baka Yezu ikimenyetso kigaragaza ko yaturutse Kuri Uhoraho nk’uko Musa yagaragaje ko ibyo akora bituruka ku Mana ihoraho agaburira manu abasekuruza babo mu butayu. Nyamara Yezu arabakosora ababwira ko atari Musa wabagaburiye umugati wo mu Ijuru ahubwo ko ari Se wa Yezu uri mu ijuru wawubagaburiye. Yezu ahera aho ngaho abasobanurira ko umugati Uhoraho atanga ari uw’ukuri, uturuka mu ijuru kandi ukazanira isi ubugingo. Amaze kubabwira iby’uwo mugati bumvise bifuje guhora bawurya maze bamusaba guhora awubaha. Nibwo Yezu abasubije, ati “ni jyewe mugati utanga ubugingo. Unsanga wese ntazasonza bibaho,n’unyemera wese ntazagira inyota bibaho”.

Nk’iyo mbaga,uyu munsi ni twe Yezu abwira ko ari umugati utanga ubugingo. Nitwe abwira ko nitumusanga tutazasonza. Ko nitumwemera tutazagira inyota bibaho. Natwe arabitubwira kuko atubonamo inzara n’inyota y’ibindi bitari we cyangwa se y’ibindi bisenya rwose ubuzima bwe muri twe. Arabitubwira kuko abona tumukurikiye, tumushakira kubura hasi no hejuru, ariko tugira ngo atugaburire turye nta kindi dupfana na we. Aratubwira ariya magambo kubera ko abona duhangayitse kubera ibiribwa n’ibinyobwa cyangwa kubera n’ibindi bintu bijyanye n’imibereho ya hano ku isi. Arabitubwira aduha nk’igisubizo cy’amasengesho menshi tuvuga dusabira abantu imibereho ya hano ku isi: abo dusabira kubona akazi, dipolome, uruhusa rwo gutwara ibinyabiziga, n’andi mahirwe anyuranye ya hano munsi nko kushyingirwa cyangwa kubyara. Yezu natwe aratubwira ririya Jambo nk’aho yagize ati, “ibyo byose murarikiye, mufitiye inzara cyangwa inyota, mumenye ko atari byo bitanga ubugingo. Ni jyewe mugati utanga ubugingo”. Koko rero mu buzima busanzwe, umuntu ntaramuka kuko yariye cyangwa yanyoye. Umuntu amara kabiri kuko Nyagasani Uhoraho akimuhagaritse. Akenshi rero twebwe abantu twibeshya ko tubeshejweho n’umugati turya wa hano munsi. Nyagasani uyu munsi aratwereka ko twibeshya rwose. Ko ubuzima atari ubwo dukesha amafunguro. Ahubwod ko ubuzima bwacu bw’ukuri ari We ubwe, Mugati nyakuri utanga ubugingo.Kwemera ko Yezu ari Umugati utanga ubugingo bivuga rero kwemera kugaburirwa na we. Kwemera kubeshwaho na we.

Ni byo koko Nyagasani uyu munsi araduhamagarira guhindura “imirire n’iminywere”. Hari abajya bavuga ngo mbwira icyo urya nzakubwira uwo uri we. Ni yo mpamvu twakwibaza uyu munsi: ku byerekeranye n’umubiri,;ese ibitunga umubiri wanjye bikomoka Kuri Yezu Kristu Mugati utanga ubugingo? Mu yandi magambo ibintunga cyangwa ibyo ntunze ari na byo ntekereza ko bintunze nabironse binyuze mu zihe nzira? Niba bikomoka Kuri ruswa, uburaya, ubwicanyi, amanyanga, ubujura bunyuranye, amahugu…Yezu uyu munsi araguhamagarira kubigenza nka Zakewusi (Lk 19,1-10) cyangwa nka Mariya Madalena. Wishidikanya. Yezu waremye umubiri ntazawuburira n’ikiwutunga kimuturukaho, niba wiyemeje gutura muri we. Naho ku birebana n’ifunguro rya roho; twakwibaza ibitunze roho yacu. Muri make mu buzima bwawe ni iki kigutera guhimbarwa ngo wumve uguwe neza mu mutima wawe? Ese ibyo bigutera akanyamuneza no guhimbarwa bikomoka kuri Kristu bikamuganaho? Ese bifitanye isano n’ibyamuhimbaje na n’ubu bikimutera kwishima hamwe n’Ijuru ryose ( Mt 11,25-30; Lk 15,7)? Ese ni iki kijya gitera umutima wawe kubabara? Ese ibikubabaza mu mutima wawe ni cyo bibabaza na Kristu (Lk 6,21; 19,41)? Koko rero kubabarana na Kristu no kwishimira muri we ni ibanga rya Pasika ye mu buzima bwacu. Ni bwo buzima bushya aduha (Kol 3,1-4).Kubera iyo mpamvu rero, Ibyo cyangwa abo twirukaho bose, tumenye neza ko nta n’umwe ufite ububasha bwo kutubeshaho. Kristu ni we Mugati utanga ubugingo bw’ukuri.

Umubyeyi Bikira Mariya, Nyina wa Yezu Kristu uri mu Ukaristiya nadusabire twese uyu munsi kwakira Yezu Kristu Mugati utanga ubugingo. Twemere gutura muri we, gutungwa na we no gutagatifuzwa n’ubutungane bumuturukaho.

Padiri Jérémie Habyarimana

Igikorwa Imana ishima

KU WA MBERE W’ICYUMWERU CYA GATATU CYA PASIKA,

23 MATA 2012

 

AMASOMO:

1º. Intu 6, 8-15

2º. Yh 6, 22-29

 

IGIKORWA IMANA ISHIMA

 

Imana Data Ushoborabyose ni umubyeyi wacu udukunda. Ibyo dusanzwe tubizi kuko twabibwiwe kenshi. Nta sakaramentu na rimwe twateguriwe tutabwirwa ko Imana twemera ari Umubyeyi wacu. Twagize amahirwe tunamenya ko yohereje Umwana wayo mu isi ngo atumare amazeze ku byerekeye Umugenga wa byose, Data wacu udukunda. Niba rero twemera ko Imana ari Umubyeyi wacu, ni ngombwa kwihatira gukora ibyo ishaka. Gukora ibyo Imana Data ishaka, ni yo nzira y’Umukiro.

Uyu munsi, YEZU KRISTU ubwe ashaka kutwigisha ko igikorwa Imana ishima ari ukwemera uwo yatumye. Kwemera YEZU KRISTU ni cyo gishimisha Imana. Ayo ni yo magambo dukoresha mu mvugo ya muntu. Ariko icyo bishatse kuvuga, ni uko ibyishimo n’amahoro tubikesha kunga ubumwe n’Imana Data Ushoborabyose muri YEZU KRISTU.

Hari ibintu bibiri bitubuza gukora icyo Imana ishima: inda nini n’ikinyoma. Inyigisho y’uyu munsi iradufasha kwipakurura ibyo bibi no kwibibamo imbuto y’ubugingo bw’iteka. Reka tubizirikaneho mu magambo akurikira.

Gushyira imbere inda yacu cyangwa se kwibanda ku by’isi, kuba ari byo duhibikanira gusa, ni uburyo butuzuye bwo kuba ku isi. Birakomeye kumva inzira ya YEZU utibohoye ibyo by’isi. YEZU yatubuye imigati abayahudi bayirira ubuntu bahaga bavuga ngo: “Koko ni ukuri, uyu ni wa Muhanuzi ugomba kuza mu isi” (Yh 6, 14). Ukwemera kuje gutyo, ni kwa kundi kwa Bashimiramwiriro. Ibindi bimenyetso yari yarerekanye mbere akiza abarwayi, yigishanya ububasha, byose bisa n’aho nta cyo byari byarababwiye. Ubwenge bwabo bwari bwerekeje mu isi gusa. YEZU KRISTU yababwije ukuri ati: “Nimujye mukora mudaharanira ibiribwa bishira, ahubwo nimuharanire ibiribwa bihoraho mu bugingo bw’iteka”. Ibyo biribwa kandi YEZU arahamya ko ari we ubitanga. Mwene muntu azi ubwenge bwo gushakashaka ibimufitiye inyungu kugira ngo abeho neza, arye neza, yambare neza n’ibindi. Ubwo bwenge n’abanyarwanda barabuzi kuva kera kuko bemezaga ko kimwe mu bigeza ku mahirwe nyakuri ari ugutunga no gutunganirwa. Hariho ababatijwe hirya no hino ku isi bibwira ko icyo bategereje ku bukristu ari ukubaho neza kuri iyi si. Basenga basaba ahanini iby’isi. Mu gihe bigenda nta kibazo bafite, bajya mu kiliziya. Iyo bahuye n’ingorane nk’izo, batangira kwijujutira Imana bavuga ko itabumva. Bene uko kwemera ni igicagate. Ntigushobora kumurikira isi ngo kuyivane mu kangaratete. Iyo myumvire ntaho itaniye cyane n’abashobora kujya kwiyegurira Imana bashyize imbere iby’isi: kurya no kunywa neza, kwambara neza, guharanira ibigezweho, gushakisha ifaranga ku nyungu zabo, kwifurahisha mu buryo bwose. Kwemera YEZU KRISTU ni ukwemera kunyura mu nzira yanyuzemo kuva avukiye ahantu hakennye kugeza asuzuguriwe ku musaraba. Icyo YEZU yari ashyize imbere ni iki? Jyewe se, wowe se, icyo dushyira imbere ni iki?

Ikindi kitubuza gukora ibyo Imana ishima, ni ikinyoma. Isomo rya mbere rirabitwumvisha neza. Ikinyoma akenshi kijyana no kurwanya ukuri. Sitefano yari yuzuye Roho Mutagatifu akagaragaza ibimenyetso n’ibitangaza bikomeye. Abanzi ba YEZU KRISTU babibonye bahekenya amenyo. Baramuhagurukiye kugeza ubwo bakoresheje ibinyoma. Abashinjabinyoma barahamagajwe mu Nama Nkuru maze si ukumuharabika barasizora. Ibyo binyoma byari bigamije kumucisha umutwe kandi babigezeho nk’uko tuzakomeza kubisoma mu bindi bika by’iki gitabo cyitwa Ibyakozwe n’intumwa. Sekibi yangisha Ukuri iriho mu isi. Abemera KRISTU nibabe maso barangwe n’ubushishozi batsinde sekibi-sekinyoma. Ahari ikinyoma nta kuri kuhashakwa. Ahari ikinyoma ntibashaka utangaza ukuri. Sitefano aziregura ariko ntibazabura kumwica kuko bicariwe na sekinyoma yunze ubumwe n’amaco y’inda twavuze. Nta mukristu ukwiriye guhindurwa igikoresho cya sekinyoma. Ni ngombwa guhora dusaba imbaraga zo gutsinda ikinyoma nta bwoba mu Izina rya YEZU KRISTU WATSINZE URUPFU.

YEZU KRISTU ni muzima. Aduha imbaraga. Twihatire kuzikoresha twamamaza UKURI kwe. Nitumusanga tugamije kumwumva no kumubaza icyo dukwiye gukora, tuzatsinda urugamba rw’umwijima w’ibyaha by’inda nini n’ ibinyoma. Tuzakunda YEZU KRISTU we wenyine ushobora kutuyobora inzira y’ijuru.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU ASINGIZWE.  

Padiri Sipriyani BIZIMANA