1 Abanyakorinti 2,1-5

Isomo ryo mu Ibaruwa ya mbere Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti 2,1-5

Bavandimwe, igihe niyiziye ubwanjye iwanyu kwamamaza amabanga y’Imana, sinakoresheje amagambo y’akarimi keza cyangwa y’ubwenge. Koko rero nta kindi kindi nashatse kwibandaho usibye kubamenyesha Yezu Kristu, kandi Yezu Kristu wabambwe ku musaraba. Igihe nari kumwe namwe nari mfite intege nke, ntinya kandi ndagadwa, kandi amagambo nakoresheje mbamamazamo Inkuru Nziza nta ho yari  ahuriye n’iby’ubwenge buhanitse, ahubwo yabemeje ku bw’ububasha  bwa Roho w’Imana. Bityo ukwemera kwanyu kuba kudashingiye ku bwenge bw’abantu, ahubwo ku bubasha bw’Imana.

Ivanjili ya Luka 4,16-30

Ivanjili ya Mutagatifu Luka 4,16-30

Muri icyo gihe, Yezu ajya i Nazareti aho yari yararerewe, maze nk’uko yabimenyereye yinjira mu isengero ku munsi w’isabato ; nuko arahaguruka ngo asome Ibyanditswe bitagatifu. Bamuhereza igitabo cy’umuhanuzi Izayi, arakibumbura, abona ahanditse ngo «Roho wa Nyagasani arantwikiriye, kuko yantoye akansiga amavuta, agira ngo ngeze Inkuru Nziza ku bakene, ntangarize imbohe ko zibohowe, n’impumyi ko zihumutse, n’abapfukiranwaga ko babohowe, kandi namamaze umwaka w’impuhwe za Nyagasani.» Yezu abumba igitabo, agisubiza umuhereza maze aricara ; mu isengero bose bari bamuhanze amaso. Nuko atangira kubabwira ati « Ibiri mu isomo mumaze kumva, mumenye ko byujujwe uyu munsi.» Bose baramushima, kandi batangazwa n’amagambo y’ineza yababwiraga. Ni ko kuvuga bati «Uyu si mwene Yozefu?» Yezu arababwira ati «Nta gushidikanya mugiye kuncira wa mugani ngo ‘Muganga, banza wivure ubwawe!’ Twumvise ibyo wakoreye i Kafarinawumu byose, ngaho bikorere na hano iwanyu.» Yungamo ati « Ndababwira ukuri: nta muhanuzi ushimwa iwabo. Ndababwiza ukuri rwose : hariho abapfakazi benshi muri Israheli mu gihe cya Eliya, ubwo imvura yamaraga imyaka itatu n’amezi atandatu itagwa, inzara ikoreka igihugu cyose ; nyamara muri bo nta n’umwe Eliya yoherejweho, uretse umupfakazi w’i Sareputa ho mu gihugu cya Sidoni. Hari kandi n’ababembe benshi muri Israheli mu gihe cy’umuhanuzi Elisha; nyamara muri bo nta n’umwe wakijijwe uretse Nahamani w’Umunyasiriya.» Abari mu isengero bumvise ayo magambo bose barabisha, nuko bahagurukira icyarimwe bamusohora mu mugi wabo, bamujyana hejuru y’imanga y’umusozi umugi wabo wari wubatseho, bagira ngo bahamurohe. Nyamara we abanyura hagati arigendera.

Umwaka w’impuhwe za Nyagasani

Ku wa mbere w’icyumweru cya 22 B gisanzwe

Ku ya 3 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 2, 1-5; Zaburi 119 (118); Luka 4, 16-30

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Umwaka w’Impuhwe za Nyagasani

Kuri uyu munsi Nyagasani Yezu aratangirira ubutumwa bwe imbere y’imbaga igizwe ahanini na bene wabo, mu isengero, ku munsi w’isabato. Ijambo ry’Imana ryo mu gitabo cy’umuhanuzi Izayi ahasomera n’amagambo ababwira nyuma y’iryo somo arabereka Yezu uwo ari we n’icyerekezo cy’ubutumwa bwe. Maze ibyo bigakurikirwa n’impaka n’ibitotezo. Kugeza ubwo bamujyana hejuru y’imanga y’ umusozi muremure ngo bahamurohe. Ariko Yezu abanyura hagati arigendera. Ibiba none rero mu itangizwa ry’ubutumwa bwa Yezu bizakomeza kubera aho Ivanjiri izamamazwa hose kugera ku ndunduro y’ibihe. Nyagasani Yezu rero aratangiza Umwaka w’Impuhwe za Nyagasani azamamaza we ubwe ku isi. Agashyira izo mpuhwe mu bikorwa igihe adupfira ababariye n’abishi be. Akazuka ataje kwihorera, ahubwo aje kubeshaho abishi be no guhumuriza abamwihakanye. Maze agashinga Kiliziya ye ngo ibe umuryango w’abababariwe kandi nabo bakemera guhora ari abanyambabazi. Bityo ku bw’imbaraga za Roho Mutagatifu, Kiliziya ikaba ikomeza kwamamaza Umwaka w’impuhwe za Nyagasani kandi ikanazigabura ikoresheje Ijambo ry’Imana, amasakaramentu n’ibikorwa by’urukundo.

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje none kuvugurura cyangwa se gutangiza rwose bundi bushya uwo mwaka w’impuhwe ze. Kugira ngo twebwe abagize Kiriziya ye twivugururemo imbaraga nshyashya zo kurangwa n’impuhwe. Kandi turusheho gukataza mu bikorwa byo kuzamamaza. Twiyumanganya ibitotezo kandi tubabarira tubikuye ku mutima abatuziza bose uruhare dufite ku mpuhwe za Nyagasani Yezu Kristu wapfuye akazuka. Ibikorwa rero by’Umwaka w’Impuhwe tugomba kwitabira twese abemeye Yezu Kristu ko yadupfiriye akazuka, ibyo bikorwa bibumbiye muri discours-programme cyangwa mu Ijambo Yezu yahisemo kuvuga bwa mbere yereka abantu icyerekezo cy’ubutumwa bwe. Nyagasani rero wavuze ko ariya magambo y’umuhanuzi Izayi ari aye ubwe, uyu munsi aratubwira ati ‹‹Roho wa Nyagasani arantwikiriye,kuko yantoye akansiga amavuta, agira ngo ngeze Inkuru Nziza ku bakene, ntangarize imbohe ko zibohowe, n’impumyi ko zihumutse, n’abapfukiranwaga ko babohowe, kandi namamaze umwaka w’impuhwe za Nyagasani››

Kwamamaza umwaka w’Impuhwe za Nyagasani urebye bibumbye ibindi bikorwa byose bibanziriza ayo magambo. Koko rero kugeza Inkuru Nziza ku bakene, gutangariza imbohe ko zibohowe n’abapfukiranwaga ko babohowe ni ibikorwa bifatika by’Impuhwe za Nyagasani. Kubera iyo mpamvu rero, niba koko twemera ko turi abakristu, Nyagasani aduhamagarira none kwinjira koko muri uwo mwaka w’impuhwe ze. Tukemera gutwikirwa na Roho Mutagatifu aho kwitwikira ijoro duhemuka cyangwa kuryihishamo twanga kugaragazwa n’urumuri. Tukemera gutwikirwa na Roho Mutagatifu aho gushaka gutwikirwa cyangwa kurindwa n’imbaraga zacu bwite cyangwa iz’abitwa ko bakomeye ba hano munsi. Tukemera kwegera abakene kugira ngo tubamenyeshe Yezu Kristu wapfuye akazuka. Bityo inyungu za hano munsi tukazifasha hasi. Ibyishimo byacu bikaba kugeza Yezu Kristu ku bamukeneye. Ntusange hari Paruwasi runaka yabuze abayamamazamo Impuhwe za Yezu Kristu kuko icyennye cyangwa idafite icyo igenera abayikoramo ubutumwa kijyanye n’imibereho yabo ya buri munsi. Tugatangariza imbohe ko zibohowe mu izina rya Yezu Kristu twishimira gutanga Penetensiya, kuyihabwa no kuyigisha abandi kugira ngo abantu bakire ubudahwema impuhwe Nyagasani Yezu yambitse iryo sakaramentu. Tukirinda kuba igikoresho cyo kuboha abantu ku mubiri cyangwa kuri roho. Umukristu aharanira ko imfungwa zigabanuka mu magereza, kandi agahora abisaba mu masengesho ye hamwe na Kiliziya yose. Umukristu yirinda burundu kugira umuntu yafungisha. Ubundi cyane cyane akirinda kuba intandaro yo gufungisha abantu kwa Sekibi. Akirinda akomeje rwose kugira abo ababera umuryango ubohereza mu busambanyi no mu ngeso mbi zinyuranye. Kuko azi neza igihano gikaze giteganyirijwe abagusha abandi mu cyaha. Kandi akaba azi neza n’igihembo cy’agatangaza kigenewe abazafasha abandi kwakira impuhwe za Nyagasani basezerera ingeso mbi zabo (Mt 5, 19; 13, 41-43).

Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe rero none kwakira Yezu Nyirimpuhwe uje adusanga kugira ngo atugire abahamya b’impuhwe ze. Bityo twebwe ubwacu dukizwe n’izo mpuhwe ze. Tubohorwe na zo kuri roho no ku mubiri. Bityo tubonereho natwe kuba ibikoresho bizima by’Impuhwe za Nyagasani Yezu Kristu wapfuye akazuka. Nasingizwe we Byishimo byacu ubu n’iteka ryose.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

Amasomo, ku cyumweru cya 22 B gisanzwe

Isomo rya 1: Igitabo cy’Ivugururamategeko 4,1-2.6-8

None rero, Israheli, umva amategeko n’imigenzo mbigisha ubwanjye gukurikiza, maze muzabone kubaho no kwinjira mu gihugu Uhoraho Imana y’abasokuruza banyu abahaye ngo mukigarurire. Ntimuzagire icyo mwongera ku magambo y’amategeko mbahaye, ntimuzagire n’icyo mugabanyaho, kugira ngo mukomeze amategeko y’Uhoraho Imana yanyu mbashyikirije. Muzayakomereho, muzayakurikize; ni cyo kizatuma muba abanyabwenge mu maso y’amahanga. Abazabwirwa iby’aya mategeko yose, bazavuga bati “Ntakabuza, iri hanga rikomeye ritya rigomba kuba ari iry’abantu b’abanyabwenge kandi b’impuguke!” Koko se, hari irindi hanga rikomeye ryagira imana ziriba hafi nk’uko Uhoraho Imana yacu abigenza igihe cyose tumutabaje? Ni irihe hanga rikomeye ryagira amategeko n’imigenzo biboneye nk’iri Tegeko mbagejejeho uyu munsi? 

 

Isomo rya 2: Ibaruwa ya Yakobo 1,17-18.21b-22.27

Bavandimwe, icyitwa ingabire y’agaciro cyose, n’ituro rishyitse iryo ari ryo ryose, bikomoka mu ijuru ku Mubyeyi w’urumuri, we udahinduka kandi ntatume habaho umwijima uturutse ku mihindagurikire y’ibihe. Ni ku bwende bwe bwite yatwibyariye akoresheje ijambo rye ry’amanyakuri, kugira ngo tube imena mu biremwa bye. Mwakirane urugwiro ijambo ryababibwemo kandi rishobora kubakira. Mube abantu bagaragaza mu bikorwa ijambo ry’Imana, kuko kwishimira kuryumva byonyine ari ukwibeshya. Iyobokamana risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y’Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi n’abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugira ngo ube umuziranenge.