Kuzinjira mu Ngoma y’Imana biraruhije ku bakungu

Ku wa mbere w’icyumweru cya 8 gisanzwe(B- imbangikane),

28 GICURASI 2012 

AMASOMO: 1º. 1 Pet 1, 3-9

2º. Mk 10, 17-27 

Kuzinjira mu Ngoma y’Imana biraruhije ku bakungu

Ejo twarangije igihe cya Pasika. Uyu munsi dutangiye amasomo y’igihe gisanzwe cy’Umwaka wa Liturujiya. Mbere y’igisibo twari twasubikiye ku cyumweru cya karindwi. Ubu dukomereje ku cyumweru cya munani gisanzwe, Umwaka B, imbangikane. Kuko ejo ari bwo twizihije Pentekositi, turacyanyungutira imbuto nziza imyiteguro yayo yadusigiye. Twongeye kuzirikana ko Roho Mutagatifu akomeje kuyobora Kiliziya ndetse na buri wese mu bamwiyambaza. Twishimiye ko tubasha kuvuga muri We ko YEZU KRISTU ari NYAGASANI

Aho ni ho tuzashingira mu gukomera ku butorwe bwacu nk’uko Petero intumwa yabidushishikarije mu isomo rya mbere. Nk’uko abivuga koko, ubwononekare bwose buzanwa n’irari ryiruka mu buzima bwacu. Irari ry’ibintu, irari ry’amakuzo n’ibyubahiro ndetse tutibagiwe n’irari ry’umubiri ubu ryoretse benshi bibeshya ko ari ryo bagaragarizamo urukundo. Igihe cyose tubayeho cyangwa tubana n’abandi tuyobowe na rimwe muri ayo marari, nta mbuto za Roho Mutagatifu twera. Ubukristu bwacu burarumba. Ni yo mpamvu buri wese muri twe, akwiye guhora arwana inkundura kugira ngo adaheranwa na sebyaha. Icyo mpamya, ni uko n’abantu bagerageza kuba abakristu beza, sebyaha, yuririye kuri rimwe muri ayo marari, abagabaho ibitero. Abiyemeza kwibera mu by’isi, bo nta cyo twabavugaho kuko baba basa n’abapfuye rwose ntacyo bumva mu bijyanye na roho. Usibye ko na bo tugomba kubasabira kandi ntitugire ubwoba bwo kubigisha UKURI gukiza. Ugerageza kwitagatifuza, wa wundi babona agaragara imbere y’abandi mu bukristu, uwo nguwo agomba kwitonda by’umwihariko kuko aba ashakishwa na sebyaha. Impamvu ni uko iyo aguye, hagwa n’abandi benshi basaga n’abamugenderaho. Ni uko tugenda tubibona mu buzima bwa Kiliziya. Intwaro yitwaza ni uguhambwa YEZU kenshi mu misa, kwicuza ibyaha kenshi no kwisunga Umubyeyi Bikira Mariya. 

Ku buryo bw’umwihariko, nimucyo uyu munsi dusabire abakungu. Koko birakomeye kubona abantu badafite icyo babuze mu by’isi bemera Imana bakagenda mu bwiyoroshye bw’Ivanjili. Yego hari bamwe na bamwe b’abaherwe bagize amahirwe yo kwinjira mu kwemera, ariko usanga ibitekerezo byiganza mu isi ari uko abantu batagize icyo babura mu isi biha kunnyega iby’ubukristu muri rusange. Birazwi ko bivugwa ko uko abantu bagenda bakira mu majyambere y’isi, ngo ari ko bagenda banadohoka mu by’Imana. Uko bagenda basirimuka mu misusire y’isi, ni ko bagenda bahindanya ishusho y’Imana! Ni akumiro! Ni ishyano rwose! Hari n’abavuga ko ibihugu by’Afrika nibitsinda ubukene, abanyafrika bazibagirwa Imana! Iri ni ishyano ryaguye! Ibyo bintu bigenda bigaragara bityo mu isi. Cyakora njye mbona hari n’indi mpamvu itajya yibukwa: iyo Kiliziya itabaye maso, abayiyobora bagashyira imbere ibyo isi ishyira imbere, nta kabuza, abantu bakurikira isi kurusha uko bakurikira Kiliziya. 

Ni ngombwa rero gusabira cyane abayobozi ba Kiliziya, ku nzego zose, kugira ngo bakore ubutumwa igihe n’imbura gihe, badashingiye ku bukungu bw’isi, ahubwo bashaka gukiza roho z’abantu batwawe bunyago n’irari ry’iby’isi. Dusabire kandi abakungu bose kugira ngo Roho Mutagatifu abamurikire, bubure amaso bamenye ko iby’isi byose bizashira, maze bashakashake iby’ijuru bizabageza mu bugingo bw’iteka. 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Nimwakire Roho Mutagatifu

UMUNSI MUKURU WA PENTEKOSITI

27 GICURASI 2012 

AMASOMO: 1º. Intu 2,1-11

2º. I Kor 12,3b-7.12-13

3º. Yh 20, 19-23 

Nimwakire Roho Mutagatifu 

Igihe YEZU KRISTU asubiye mu ijuru, ntiyasize abe ari imfubyi. Yabasezeranyije kuzaboherereza Umuvugizi. Igihe kigeze rero, yabasenderejeho ROHO MUTAGATIFU. Ni yo mpano isumba izindi yabageneye. Ntibyaheze mu magambo, kuri PENTEKOSITI, ROHO w’Imana yaramanutse maze bose batangira kubona ingabire zinyuranye zigamije kubaka Kiliziya ya YEZU KRISTU. Mu by’ukuri, Ntidutegereza ROHO MUTAGATIFU igihe kirekire. Igihe cyose twemeye YEZU WAPFUYE AKAZUKA, igihe cyose duhamya ko ari muzima, igihe cyose twiyemeje gushingira ubuzima bwacu kuri We, igihe cyose twiyumvamo ikinyotera cyo kumukurikira n’icyifuzo gihamye cyo guharanira ijuru mu by’ukuri, ubwo rwose tuba twamubonye Umuhoza. Iyo twakiriye ROHO MUTAGATIFU, ibyiza byose by’ijuru bidusesekaramo ku buryo dushobora kugera aho twiyamira nka Bikira Mariya tuti: “Umutima wanjye urasingiza Nyagasani” (Lk 1, 47). Uwakiriye ROHO MUTAGATIFU asohoka mu gice cy’abahora baganya akinjira mu cyiciro cy’abahorana ibisingizo mu mutima no ku rurimi rwabo. Ubuzima bw’ibisingizo, ni ikimenyetso cy’uko ROHO MUTAGATIFU adutuyemo. Buri kanya, iteka n’ahantu hose, uwo atuyemo arizihirwa akarangurura ati: “YEZU ni Nyagasani” (1 Kor 12, 3). Nta muntu utuwemo na ROHO MUTAGATIFU ushobora kubura amahoro: YEZU, ni wowe utanga amahoro, YEZU ni wowe ukora ibitangaza…oya! Ntabwo nzahwema kugutaramira. Ese habura iki kugira ngo ibyabaye kuri PENTEKOSITI ya mbere muri Kiliziya, n’uyu munsi bishoboke. Habura iki kugira ngo tuvuge mu ndimi? Habura iki kugira ngo dutangaze hose n’umutima ukeye ibitangaza by’Imana? Habura iki kugira ngo abantu b’amahanga yose twumvikane duhuriye ku Kuri kwa YEZU KRISTU? Habura iki kugira ngo buri wese agaragaze ibyo ROHO w’Imana amukoreramo? 

Ikibuze ni iki: GUKANGUKA. “Kanguka, wowe usinziriye! Haguruka, uve mu bapfuye, maze KRISTU akumurikire!” (Ef 5,14). Birashoboka ko abenshi twibereye mu bukristu bw’akamenyero. Uko twamye ni ko turi. Nta gihinduka. Twibereye aho, nta kindi dutekereza. Twumva uko turi, nta cyahindukaho. Turi abantu bakonje. Twajya mu misa tutajyayo, twahabwa amasakaramentu, tutayahabwa, twibereye aho, nta cyo twikopa! Ibintu byose bisa n’aho ntacyo bitubwiye: byagenda neza mu isi cyangwa muri Kiliziya, byagenda nabi, ntacyo bitubwiye cyane. Dupfa kubona icyo dushyira mu nda, na ho ibindi byo, nta kwigora. Kugira icyo dukora mu Kiliziya, kugira ubutumwa dusohoza mu itsinda iri n’iri ry’abasenga, ibyo nta mwanya twabibonera. N’iyo kandi twirebye dusanga nta byaha tugira! Ubukristu nk’ubwo, ni agahomamunwa. Ni ubukonje. Nta cyo bwunguye umuryango w’Imana. I Bulayi, abantu benshi bashishikajwe no kubatirisha abana babo, gukora iminsi mikuru y’agatangaza ku munsi w’Ukarisitiya ya mbere, ariko ntibashaka gukurikiza Ivanjili ya YEZU KRISTU. Bagendera cyane ku ivanjili y’isi barimo. No muri Afrika, ni ukwitonda tugakomeza guhugura abayoboke ba KRISTU. Nibitaba ibyo tuzinjira mu bujiji bw’iyobokamana nk’ubugaragara mu bibwira ko bakize. Abantu benshi muri iki gihe basinziriye mu buzima bw’amanjwe bibwira ko bageze ku Rukundo, rwa rundi Imana idushakaho. Bageze aho bitiranya urwo Rukundo n’amarangamutima abahuza bagasangira ibyaha bitagira ingano. Ese kuva mu rupfu birashoboka? 

Dufate urugero rw’ukuntu Ivugururwa muri ROHO MUTAGATIFU ryatangiye. Mu mwaka wa 1967, abarimu batatu bigishaga muri Kaminuza ya Duquesne muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bamaze iminsi bibaza ku bukristu bwabo. Bari bahangayikishijwe n’ukuntu bumvaga hari icyo babuze ugereranyije n’ukuntu intumwa zakiriye ROHO MUTAGATIFU kuri PENTEKOSITI ya mbere. Ni bwo rero bafunguye amaso y’umutima wabo bumva ko na n’ubu ROHO MUTAGATIFU akorera muri Kiliziya ariko ababatijwe bakaba batakibyitayeho ngo bamwiyambaze. Batangiye gusoma Bibiliya cyane cyane Isezerano Rishya bibanda mu Byakozwe n’intumwa. Ku wa 20 Mutarama 1967, bagiye mu isengesho baramburirwaho ibiganza biyumvamo amahoro adasanzwe batangira kuvuga mu ndimi. Icyo gikorwa ROHO MUTAGATIFU adukoreramo mu gihe dusabiwe n’abavandimwe bemera YEZU KRISTU MUZIMA, ni cyo twita Batisimu muri ROHO MUTAGATIFU cyangwa ISENDEREZWA MURI ROHO MUTAGATIFU. Muri iki gihe hakunze gutegurwa igihe cy’ibyumweru birindwi bisozwa no gusaba Isenderezwa muri ROHO MUTAGATIFU. Ariko rero, ROHO MUTAGATIFU ntagira imipaka y’ibihe n’ahantu: igihe cyose twambaza tubishyizeho umutima, nta kabuza amanukira ku bamushaka akabavugurura. 

Kuri iyi PENTEKOSITI, twibaze natwe uko duhagaze mu buzima bwa roho. Ese twumva duhagaze neza imbere ya YEZU KRISTU? Ni ngombwa kwigiramo iyo nyota yo guhora twivugurura. ROHO MUTAGATIFU ahora ashaka kuducamutsa ngo dutsinde ubukonje bwose mu by’Imana. Atuzamo tukareka kuba akazuyazi. Acengera ubuzima bwose. Ayobora imibereho yacu yose. Twaba maso twaba turyamye, ROHO MUTAGATIFU aratuyobora tukarindwa imyambi ya sebyaha. Ayobora imitekerereze yacu. Anatwereka uburyo dukwiye kwifata imbere n’inyuma. Ni We utubwira amatwara ahwitse akwiye kuturanga twebwe abakristu. Atubwiriza uburyo dukundana. Atwereka ahantu hose hari icyaha tukahirinda. Anatwereka uko dukwiye kwambara. Uyobowe na ROHO MUTAGATIFU ntiyambara uko abonye kimwe n’uko atavuga ibyo abonye byose cyangwa se ngo agende aho ashaka hose. Ibyo akora byose bigaragaza niba atuwemo na ROHO MUTAGATIFU cyangwa se niba arangaye rwose. 

Muri iki gihe abantu badukanye ibitekerezo bivuga ko umuntu wese afite uburenganzira bwo kwitwara uko ashaka! Icyo gitekerezo gishimisha cyane shitani kuko icyitwaza igasesera abantu ikabamunga ikabayobya. None se ROHO MUTAGATIFU yakwemera ko umuntu agenda yambaye ubusa cyangwa ku buryo buteye isoni? Ese ROHO MUTAGATIFU ashobora kwemera ko abantu bakora imibonano mpuzabitsina bayita urukundo kandi nta sakaramentu ry’ugushyingirwa bahawe? Secyaha ababeshya ko kurwanya iyo mikundanire bishingiye ku bitekerezo bishaje! 

Nta muntu n’umwe ushobora guhindura iri jambo ry’ukuri YEZU atubwira yifashishije Pawulo intumwa. Yatubwiye ibiranga Urukundo nyakuri kuko ari yo mbuto ya ROHO MUTAGATIFU: “ibyishimo, amahoro, kwihangana, ubugwaneza, Ubuntu, ubudahemuka, imico myiza, kumenya kwifata” (Gal 5, 22-23). Uwakiriye ROHO MUTAGATIFU, ntashobora kubeshywa ko ibikorwa by’umubiri bibyarwa na ROHO MUTAGATIFU. Ibyo bikorwa by’umubiri byo ni indurwe za sebyaha: ubusambanyi, ubuhabara, ubwomanzi, gusenga ibigirwamana, kuroga, kwangana, gukurura intonganya, ishyari, uburakari, kwikuza, amazimwe, amakimbirane, inzika, ubusinzi, ubusambo n’ibindi nk’ibyo” (Gal 5, 19-21). 

ROHO MUTAGATIFU, iyo tumuhamagaye tumushaka koko, atuzamo akaduhugura akaduha ubwenge dukeneye bwose kugira ngo tunyure muri iyi si ku buryo butandukanye n’ibisimba bidatekereza. Dusabirane twese ubwo bwenge atanga. 

Iyi ndirimbo itubere akanozangendo k’uyu munsi.

UDUHE KUMENYA UBWENGE

R/ Ngwino we Roho Mutagatifu, ni wowe twifuza twese, uze ukomeze abakwifuza, uduhe inema zawe.

  1. Uduhe kumenya ubwenge, no kudukundisha iby’Imana, abe ari wowe utegeka, imitima y’abana bawe.

  2. Uwubaha Imana wese, ni we uzagwirizwa inema za yo: Roho w’Imana udukize, utubwirize kubakunda.

  3. Maze ujye utugira inama, tutayobywa, n’amashitani, tumenye ikizadukiza, kikazatugeza ku Mana.

  4. Wateye intumwa umwete wo kwemeza rubanda bose, ujye udukomeza twese, tubone gutsinda ibitwoshya.

  5. Uko wibukije intumwa ibyari byavuzwe na Yezu, ujye ubitwibutsa twese, tureke kubishidikanyaho.

  6. Ujye uduha kubakunda, dukore gusa ibitunganye, twoye gukunda ingeso mbi, dukunde twese uwadukunze.

  7. Dutinye Imana yonyine, kuko ari yo itegeka byose, nitugenza uko ishaka izatwitura ibidukiza. 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU MITIMA YACU.

 Padiri Sipriyani BIZIMANA

Hari n’ibindi byinshi Yezu yakoze

Ku wa gatandatu w’icyumweru cya 7 cya Pasika,

26 GICURASI 2012 

AMASOMO: 1º. Intu 28,16-20.30-31

2º. Yh 21,20-25 

Hari n’ibindi byinshi Yezu yakoze

Tugeze ku munsi wa nyuma wa noveni ya Penekositi. Twitegure kwinjira muri Penekositi mu byishimo byinshi bya roho. Ni We uzadusobanurira ibindi byose YEZU KRISTU atwifuzaho. Igihe cya Pasika kirarangira ku mugoroba ubwo duhimbaza igitaramo cya Penekositi. Ariko mu by’ukuri, Ivanjili twumvise kuri uyu munsi wa nyuma w’igihe cya Pasika itwinjije rwose mu ibanga ryo gukomeza kuvoma ubumenyi bw’iby’ijuru mu Bitabo Bitagatifu, ariko tuzi neza ko ibyo YEZU yakoze byose bitashoboye kwandikwa. Ni byinshi, nta wabona ibitabo bikwiramo. Bityo, hirya y’ibyo dusoma muri Bibiliya Ntagatifu, Roho Mutagatifu aratugoboka akadusobanurira ibyo tudashobora kwihishurira. Ni ngombwa kumutega amatwi. 

Ivanjili ya none, iduhaye kwibutsa buri wese kudata igihe mu tubazo dutoduto ashobora kwibaza tukamukereza mu nzira yo kumva icyo Nyagasani amushakaho. Hari abantu bibaza byinshi ku buzima bwa YEZU akiri umwana muto cyane, hari abibaza kuri Bikira Mariya ku birebana n’ubuzima bwe bwose kuva avutse. Icyo dukwiye kuzirikana, ni uko Bibiliya itugezaho ibya ngombwa byose byatuma umuntu atera imbere mu buzima bwa roho. Iby’amatsiko ya muntu byo, ntituzabigeraho kandi nta n’icyo byongera ku mubano wacu na YEZU KRISTU kuko icy’ingenzi twubatseho turakizi, ni URUPFU N’IZUKA BYA KRISTU. Hakomeje kuboneka abantu mu mateka bagiye bahimba inkuru zinyuranye ngo bagamije gusobanura ibintu byose byerekeye ab’ijuru. Benshi bagiye bagwa mu bintu by’ibihimbano bidafitenye isano n’ukuri. Kuva ku bitabo byitwa “apocryphes” kugera ku bandi bose bagiye bahimbahimba inkuru zinyuranye, byose nta cyo bitwungura mu cy’ingenzi roho yacu ikeneye. Cyakora hariho ibintu bimwe na bimwe byagiye bihishurirwa roho zimwe na zimwe z’abatagatifu Kiliziya yemera: nko muri iyi minsi, haravugwa igitabo cyitwa La vie occulte de la Vierge Marie mu kinyarwanda twavuga: Ubuzima butazwi bwa Bikira Mariya. Icyo gitabo kivuga ibyo Mutagatifu Ana Catalina Emmerick (1774-1824) yahishuriwe. Yabwiwe ku bakurambere ba Bikira Mariya, ku buryo yasamwe nta nenge y’icyaha, ivuka rye n’imibereho ye yo mu bwana n’ibindi byinshi nk’urupfu rwa Yozefu n’imibereho ye i Efeso hamwe na Yohani no ku mipfire ye. Twibutse ko ibyo byose kandi bishobora guhishurirwa ababonekerwa, nta cyo bihindura ku Nkuru Nziza y’umukiro. 

Roho Mutagatifu ari kumwe natwe, kugira ngo agende adusobanurira amabanga y’ingenzi y’ukwemera kwacu tudashobora kumvisha ubwenge bwa muntu. Yose kandi, nta na rimwe tuvanyemo, asobanurwa na Roho Mutagatifu. N’ubwo inyigisho za Kiliziya zibisobanura neza mu mahame y’ukwemera twita dogmes, nta na rimwe ryinjira mu mutima utarakiriye Roho Mutagatifu. Roho Mutagatifu ni We uhondahonda amabango akomeye akayoroshya tukabona kuyacengera. Urugero: ni nde wakumva ibijyanye n’imibereho yo muri Purugatori atabibwirijwe na Roho Mutagatifu? 

Roho Mutagatifu aje kudushyigikira ku murimo wacu wo kwamamaza Inkuru Nziza dushize amanga nk’uko Pawulo yayamamaje hose kugera i Roma nk’uko twabyumvise mu isomo rya mbere. 

Dusabirane guhora dusoma Bibiliya Ntagatifu tugamije kumva neza icyo Roho Mutagatifu ashaka kutubwiriramo. Dusabire abashinzwe kwigisha Inkuru Nziza kudacika intege kabone n’aho bagomba kubabara. Ni Roho Mutagatifu uzabakomeza igihe cyose. 

BIKIRAMARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU ASINGIZWE UBU N’ITEKA RYOSE MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Urankunda? Nkurikira

Ku wa gatanu w’icyumweru cya 7 cya Pasika,

25 GICURASI 2012 

AMASOMO: 1º. Intu 25, 13-21

2º. Yh 21, 15-19  

Urankunda? Nkurikira.

Iki kibazo YEZU yabajije Simoni Petero, arakibaza buri wese muri twebwe uyu munsi. Yatwigaragarije ku buryo bwinshi, yatuvanye mu mwijima w’ubujiji atuyobora inzira y’ubugingo bw’iteka. None ubwo arangije ubuzima bwe hano ku isi, ashaka kudushinga umurimo wo kumuragirira intama ze. Ni ko kwemera kumukurikira. Uzamukunda atabeshya, azamukurikira kandi azafasha na benshi kumukurikira. Azamuyoborera intama nyinshi. Mu Rwanda tuvuga ko zitukwamo nkuru. Birumvikana ko umurimo w’ibanze ufite abashumba ba Kiliziya mu kuyobora abemera mu bwami bw’ijuru. Ariko na none buri wese muri twe, ukurikije urwego ariho, ahamagariwe kuyobora abandi mu nzira nziza ya YEZU KRISTU. Umwana mukuru, iyo yarezwe neza, abera urugero murumuna we. Uri mu mwaka wa mbere arebera kuri ba kuru be bageze mu myaka iri hejuru. Umugabo mu rugo rwe, iyo yagize amahirwe akitwa umukristu, afite inshingano yo kwita ku bukristu bw’urubyaro rwe. Umwarimu mu ishuri, na we ni uko: ntatanga ubumenyi bwa kimuntu gusa; anasangiza abo ashinzwe ibyiza yifitemo avoma mu kwemera Se wo mu ijuru. Mu rwego rwihariye rw’imigendekere ya Kiliziya, Padiri yihatira kubera urugero imbaga y’abakristu ashinzwe. Bigenda neza cyane iyo muri Diyosezi, Padiri abona n’urugero rudahinyuka rw’Umwepisikopi we mu gukunda YEZU KRISTU. 

Ibi mvuga, si ibitekerezo byo mu kirere. Ni ko bimeze. YEZU azi impamvu abanza kubaza inshuro eshatu zose Petero ku birebana n’urukundo amufitiye. Azi neza ko rwa rugero rwiza twavuze ruturuka ku Isoko y’Urukundo: umutima wa YEZU watikuwe icumu ukatuvuburira impuhwe ze, ni wo mu by’ukuri Soko ya rwa Rukundo ruzatuma duhora dukereye kumwamamaza. Kwinjira mu ibanga ry’umutima we, ni ko kwiyumvamo umukiro no kwigobotora umuzigo w’ibyaha byose, ibikomere, ubwoba n’ibindi byose byari byaratugonze ijosi. Iyo twinjiye muri iyo Soko y’Urukundo koko, twubura umutwe maze tugahata inzira ibirenge, intama twaragijwe zikatujya inyuma, tukamera nk’igitero kigabwe neza. Secyaha igira ubwoba ikadohoka, abana b’Imana bagahumeka ituze n’amahoro. Ingoyi yatubohesheje ziracikagurika tugataraka tuvuga ibigwi by’uwatwitangiye. Aho ni ho hagaragara ibyishimo byinshi muri Kiliziya guhera hejuru ukagera hasi. Iyo secyaha yaziritse bamwe, cyane cyane igaherana nk’umushumba (yaba Padiri cyangwa se undi ufite ubuyobozi muri Kiliziya), ibyishimo bisimburwa n’urwijiji rwigarurira imitima y’abayoboke. Habaho kujirajira no kuyoberwa uko abantu bakwiye kwifata. Ni ukuri kwigaragaza, iyo umushumba ayobye, intama nyinshi ziratatana, izindi zikicwa n’umudari kuko ziba zitagaburirwa bihagije. 

Nimucyo uyu munsi dusabire abashumba bose ba Kiliziya. Dushimire YEZU KRISTU ko yaduhaye umusimbura wa Petero ufite ubutwari n’urukundo rwe, Papa wacu Benedigito wa 16. Dusabire amadiyosezi yose n’abashumba bayo guhora bazirikana urukundo bafitiye YEZU KRISTU. Nirwiyongera, abayoboke na bo baziyongera mu bwinshi no mu bwiza. Dusabire abashumba bo mu bihugu by’i Burayi guhuguka muri ibi bihe bikomeye. Bamurikirwe na Roho Mutagatifu maze bagire ingamba nshya bafata kugira ngo bivugurure mu iyogezabutumwa kuko bigaragara ko hari benshi mu banyaburayi bigaruriwe n’ubujiji mu by’iyobokamana. Dusabire n’abashumba bo muri Afrika, kugira ngo ibibazo biri muri Afrika by’akarengane, ibinyoma no gupyinagaza abatishoboye babyamagane nk’abantu bavuga mu izina rya YEZU KRISTU nta bwoba. Tubasabire kandi kubasha gucunga neza umutungo akenshi ugizwe n’imishinga babonera imfashanyo yo mu mahanga. Tubasabire kutazikoresha ibintu binyuranye n’inyungu nyakuri z’intama batorewe kuyobora kuri YEZU KRISTU. Ntitwibagirwe n’abandi bepisikopi bo muri Amerika ya ruguru bahanganye n’imico ikarishye ishaka gusenya ivanjili. N’abo muri Amerika y’epfo bahanganye n’ubukene n’ibiyobyabwenge n’urugomo, tubazirikane muri iki gihe. Abo mu bihugu bya Aziya n’i Burasirazuba muri rusange bari mu bitotezo bitabarika, bose tubasabire. YEZU wabatoye mu ruhererekane rw’intumwa, ababere igihe cyose urugero. 

Icy’ibanze dusaba cyane, ni rwa Rukundo rwa YEZU WAZUTSE. Rwa rundi Petero yigeze kwihakana inshuro eshatu akiri mu bujiji bw’urupfu. Rwa rundi noneho asabwe gutangaza yemye ubugira gatatu kugira ngo ka gatatu ka mbere gasibangane burundu. Byabaye impamo koko, kuva aho Petero n’izindi ntumwa babonekewe na YEZU ari muzima, Urukundo rwikubye inshuro zitagira iherezo. Ntibigeze basubira inyuma mu guhamya YEZU KRISTU. Usibye n’ibyo kandi, bemeye no gupfa nk’uko YEZU yapfuye bamusanga batyo mu ijuru bakurikiwe n’imbaga ya roho nyinshi bayoboranye ubwuzu n’ubwira. Ni ngombwa ko natwe uyu munsi dusubiza YEZU niba tumukunda kuruta abandi bose. Ni ko twakwemeza ko twemeye ko mu mutima wacu YEZU ari we uhafite umwanya wa mbere. Na ho ubundi ntituzashobora gutsinda sebyaha ihora irungarunga ishaka kuduconshomera. 

YEZU we, uzi neza urugamba turwana muri iyi si, uzi ibiturushya, uzi ibishuko bya buri wese muri twe, uzi agahinda dutewe n’uko kamere yacu yagirijwe na mushukanyi, dutabare utwohererze Roho wawe atuyobore kandi aturinde kugeza igihe tuzapfira. Duhe kuba kuri iyi si dufite ubutwari bwo kukwamamaza nta bwoba kugira ngo abavandimwe bacu baboshywe bakire. Duhe ubutwari bwo kwinjira mu ibanga ry’IZUKA ryawe. Duhe kumurikirwa bihagije n’ubuzima bw’intumwa zawe Petero na Pawulo. Kuva mu gihe cyabo, na n’ubu Roho Mutagatifu aracyakora, ntazigera areka kuyobora abakwemera: mutwoherereze Dawe Mubyeyi. Turagukunda kandi dushaka kugukurikira. Urakoze YEZU. 

Dukomeze twitegure Penekositi kuri uyu munsi wa munani.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA